APR FC idafite Adi yongeye gutsikira, ihagamwa na Espoir FC

Ikipe ya APR FC yongeye gutakaza andi manota abiri, nyuma yo kunanirwa gutsinda Espoir FC baguye miswi 0-0 kuri uyu wa Kane.

Iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu yari yasuye Espoir FC mu karere ka Rusizi, mu mukino w’ikirarane w’umunsi wa gatandatu wa shampiyona.

Ni umukino nanone yakinnye idafite abarimo umutoza mukuru Mohammed Adil Erradi cyo kimwe na Kapiteni Manishimwe Djabel bakiri mu bihano.

Muri uyu mukino nta buryo bwinshi bw’ibitego abasore b’umutoza Ben Moussa bagiye bagiye babona, nyuma yo kugorwa cyane n’ikibuga cya Stade ya Rusizi kitatumye bakina umukino wabo wo guhererekanya.

Byasabye ko amakipe yombi akina imipira miremire yo mu kirere, gusa abasore b’umutoza Bisengimana Justin bacishagamo bagahererekanya yemwe bakanateza ibibazo imbere y’izamu rya APR FC.

Uburyo bwinshi bw’ibitego abarangajwe imbere na Samson Ikechukwu, Ndikumana Trésor, Musasizi John na Niyonsaba Eric bagiye babona habura n’umwe wabwinjiza mu izamu rya Mutabaruka Alexandre.

Umukino wa Espoir FC ubaye uwa kabiri wikurikiranya APR FC inaniwe gutsinda, nyuma yo guhagarika umutoza Mohammed Adil Erradi.

Ni nyuma y’uko iyi kipe yaherukaga kugwa miswi na APR FC igitego 1-1; ibikomeza kwambura iyi kipe amahirwe y’Igikombe cya shampiyona.

APR FC mu mikino itandatu imaze gukina kuri ubu ifite amanota 11 yonyine, ikaba irushwa atanu na Kiyovu Sports iyoboye urutonde rwa shampiyona by’agateganyo.

Iyi kipe yagumye ku mwanya wa gatanu kuri ubu kandi irarushwa na Rayon Sports ya kabiri amanota ane, n’ubwo iyi kipe y’umutoza Haringingo Francis imaze gukina imikino itatu ya shampiyona yonyine.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *