Ikipe ya APR FC yakatishije itike ya ½ cy’irangiza cya CECAFA Kagame Cup ikomeje kubera muri Tanzania, nyuma yo gutsinda Mlandege FC yo muri Zanzibar ibitego 2-0.
Amakipe yombi yari yahuriye mu mukino wa kabiri wo mu tsinda rya kabiri wabereye kuri Stade yitiriwe Gen. Isamuhyo i Dar Es Salaam.
Umunya-Burkina Faso Raouf Memel Dao ni we wafunguriye ikipe y’Ingabo amazamu, ku gitego yatsinze ku munota wa 30, ku mupira yahawe na Hakim Kiwanuka agatera ishoti riremereye ryaruhukiye mu nshundura.
Iyi kipe yashoboraga gutsinda igitego cya kabiri ku munota wa 35 w’umukino ubwo yabonaga Penaliti, gusa William Togui ayiteye ikurwamo n’umunyezamu Alex Gidion wa Mlandege.
Igice cya mbere cy’umukino cyarangiye APR FC iri imbere n’igitego 1-0.
Byasabye umunota wa 48 w’umukino ngo Togui akosore ikosa ryo gutsinda Penaliti yari yakoze, arikosoza gutsindira ikipe ye igitego cya kabiri.
Ni ku mupira yari ahawe na Kiwanuka wari wabanje gusiga ab’inyuma bose ba Mlandege, ndetse uyu munya-Uganda byamuhesheje gutorwa nk’umukinnyi w’umukino.
Ikipe ya APR FC yashoboraga gutsinda ibindi bitego mu minota yakurikiyeho, gusa uburyo bukomeye yagiye ibona ntiyabubyaza umusaruro.
Ni uburyo burimo ubwo ku munota wa 67 ubwo William Togui yaherezaga umupira Dao wari mu rubuga rw’amahina, awuteye uca hanze gato y’izamu.
Gutsinda Mlandege byatumye APR FC ikomeza kuyobora itsinda B n’amanota atandatu inganya na KMC yo muri Tanzania, gusa APR FC izigamye ibigo bine mu gihe KMC izigamye bibiri.
Aya makipe yombi azahurira mu kibuga ku wa Mbere w’icyumweru gitaha; mu mukino uzagena igomba gusohoka mu itsinda ari iya mbere.




