20251003_094541

APR FC yagiye muri Egiputa ihawe umukoro gukuba 2 imbaraga yakoresheje kuri Pyramids

Mu rucyerera rwo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 3 Ukwakira, ikipe ya APR FC yahagurutse i Kigali yerekeza i Cairo mu Misiri, aho yitabiriye umukino wo kwishyura mu ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions league izakirwamo na Pyramids FC.

Ni umukino uteganyijwe ku Cyumweru tariki ya 5 Ukwakira 2025, saa 19:00 z’i Kigali.

APR FC nyuma yo gutsindirwa kuri Kigali Pele Stadium ibitego 2-0 byombi by’umunye-Congo Fiston Kalala Mayele, kuri ubu irasabwa gukora ibitangaza ngo isezerere Pyramids FC kuri ubu ifatwa nk’ikipe ya mbere ikomeye kurusha izindi muri Afurika.

Iyi kipe icyakora nk’uko umuyobozi mukuru wayo, Brig. Gen Deo Rusanganwa yaraye abibwiye abakinnyi mbere yo guhaguruka i Kigali, ngo iracyafite icyizere cyo kwishyura umwenda w’ibitego bibiri yatsindiwe imbere y’abafana bayo ikaba yasezerera Pyramids.

Ibanga ryo kubigeraho nk’uko Brig. Gen Rusanganwa yabisabye abakinnyi, ni ugukuba kabiri imbaraga bakoresheje mu mukino ubanza wabaye ku wa Gatatu w’iki cyumweru.

Yagize ati: “Icyizere kirahari, ndakibona mu maso yanyu. Mukwiye gukuba kabiri imbaraga mwatanze hano i Kigali kugira ngo mukore ibirushijeho”.

Kuri ubu APR FC irasabwa gutsinda Pyramids ibitego biri hejuru ya bitatu, ikabona kugera mu ijonjora rya kabiri rya Champions league.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *