APR FC yanyagiye Mukura VS ya kabiri mu mukino wa gicuti

Ikipe ya APR FC kuri uyu wa Gatatu, yanyagiye Mukura Victory Sports ibitego 4-0 mu mukino wa gicuti wabereye i Shyorongi mu karere ka Rulindo.

Ni umukino amakipe yombi yari yahuriyemo yitegura shampiyona y’ikiciro cya mbere ibura iminsi ibiri igatangira.

Mukura VS y’umutoza Zapata yari yazanye ikipe ya kabiri, binyanye n’uko ikipe ya mbere izakina umukino ufungura shampiyona na Sunrise ku wa Gatandatu yasigaranye i Huye mu myitozo.

Igice cya mbere cy’umukino cyihariwe cyane na APR FC yagiye irema uburyo bwinshi bw’ibitego, kirangira iri imbere n’ibitego 1-0.

Rutahizamu Nshuti Innocent ni we wafunguye amazamu ku munota wa 23 w’umukino, ku mupira yari ahinduriwe na Danny Usengimana.

Mu ntangiriro z’igice cya kabiri Danny Usengimana yaboneye APR FC igitego cya kabiri, ku munota wa 66, Mugunga Yves winjiye mu kibuga asimbura Nshuti Innocent atsinda igitego cya gatatu, ku munota wa 72 Danny Usengimana atsindira APR FC igitego cya kane ku ishoti rikomeye.

Mukura VS yabaye ikipe ya gatatu APR FC yakinaga na yo umukino wa gicuti mu rwego rwo kwitegura shampiyona, nyuma ya Rutsiro yatsinze igitego 1-0 na Marines yatsinze ibitego 2-0.

APR FC iherereye mu tsinda rya mbere ihuriyemo n’amakipe ya Bugesera, Gorilla FC na AS Muhanga.

APR FC izakina umukino wa mbere ku Cyumweru Tariki ya 02 Gicurasi ihura na Gorilla FC.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *