Ikipe ya APR FC yamaze gutangaza ku mugaragaro umutoza wayo mushya, Abderrahim Taleb, w’imyaka 61, ukomoka mu gihugu cya Maroc.
Uyu mutoza yigeze gutoza amakipe akomeye muri Afurika arimo FAR Rabat, Wydad Casablanca, RSB Berkane na TAS Casablanca.
Taleb yasinyiye APR FC amasezerano y’imyaka ibiri, akaba aje gusimbura umutoza wahoze ayobora iyi kipe.
Uyu mutoza aje mu gihe APR FC iri no gukomeza kwiyubaka, aho iherutse no gusinyisha umukinnyi Ronald Ssekiganda ndetse hakaba hitezwe gutangazwa abandi bakinnyi bashya mu minsi ya vuba.
Abakinnyi barimo Ombarenga Fitina, Bugingo Hakim, Ngabonziza Pacifique, Hakizimana Adolphe na Iraguha Hadji baravugwaho kuba bari hafi kwemezwa nk’abakinnyi bashya ba APR FC.







