Ikipe ya Arsenal yaraye iteje benshi ururondogoro nyuma y’uko inaniwe gutsinda ikipe ya Southampton umukino ukarangira amakipe yombi anganyije ibitego 3-3
Ni umukine wabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu, aho abakurikiranira hafi ikipe ya Arsenal bari bizeye intsinzi ariko siko byaje kugenda kuko umukino warangiye izi kipe zombi zinganyije.
Uyu wari umukino wishiraniro hagati y’aya makipe yombi.Ku isegonda rya 28 nibwo Arsenal yakubiswe igitego imbere y’abafana bayo gitsinzwe na Carlos nyuma y’uko umuzamu Aoron yaramwihereye umupira bityo nta kuzuyaza igitego cyiba kirinjiye.
Ku munota wa 14 nta kuzuyaza Theo Walcott wakiniye Arisenal yaje kubona umupira ahita boneza mu izamu anyeganyeza inshyundura igitego kiba kirabazwe biba bibaye 2-0
Umukino waje gukomeza, Arsenal iza kubona igitego cyatsinzwe na Gabiriel Martinel ishaka uko yagombora icya kabiri ariko bidatinze Southampoton iza gutsinda ikindi biba bibaye 2-1.
Arsena nk’ikipe nkuru rero yaje kwinyara mu isunzu iza kubona ibindi bitego bibiri bikurikiranye mu gice cya kabiri byinjijwe na Duje Caleta ndetse na Bukayo Saka bityo Arsenal iba yikuyeho ikimwaro n’ubwo no kunganya ataribyo byari byitezwe.
Arsenal yanganyije uyu mukino, nyuma y’uko isigaje imikino itandatu kandi muri iyo hakaba harimo ikipe ya Manchester City bizacakirana kuwa gatatu w’icyumweru gitaha.Igikomeje kwibazwa kuri uyu mukino n’ukuntu iyi kipe izikura mu nzara z’umutoza Guardiola.

Nubwo muri premier League byose bishoboka , ariko Arsenal abasesenguzi bagaragaza ko kugirango izikure imbere y’abafana ba Manchester City bigoye mu gihe yaba yananiwe kwikiza Southampton kandi ikaba itagiheruka gutsinda dore ko iherutse kunganya imikino 3 iheruka.




