Rubavu: Abanyeshuri ba Kaminuza ya ULK bishyuriye Mutuelle imiryango 107 itishoboye

Abanyeshuri ba Kaminuza yigenga ya Kigali ishami rya Gisenyi (ULK), bo mu cyiciro cya gatatu mu ishami ry’amasomo y’Iterambere (Master’s in Development Studies) bifatanyije n’abaturage b’Umurenge wa Nyakiliba, ndetse bishyurira ubwisungane mu kwivuza imiryango 107 itishoboye, ingana n’amafaranga 323,000 Frw. Iki gikorwa cyabaye kuwa Gatandatu, tariki ya 30 Kanama 2025, mu gutanga umusanzu wabo ku […]
Gen Rwigema Wilson yakwennye FDLR n’abacanshuro b’abazungu bifuzaga gutera u Rwanda

Brig. Gen. Rwigema Wilson, uhagarariye inkeragutabara mu ntara y’iburengerazuba yakwennye umutwe w’iterabwoba urwanya Leta y’u Rwanda wa FDLR n’itsinda ry’abacanshuro b’abanyarumaniya bari bafite umugambi wo gutera u Rwanda, bikarangira bamwe M23 ibafashe mpiri. Ibi Brig. Gen. Rwigema yabigarutseho kuri uyu wa gatatu, tariki 12 Werurwe 2025 ubwo yatangaga ikiganiro ku mutekano n’ubumwe n’ubudaheranwa, ku baturage […]
Meya Kayitesi yasabye Guverineri ubuvugizi ku kibazo cy’abambuwe na Kiliziya Gatolika

Umuyobozi w’akarere ka Rutsiro, Kayitesi Dative, yasabye Guverineri w’intara y’iburengerazuba, Ntibitura Jean Bosco, kubakorera ubuvugizi kugira ngo abaturage bambuwe ibyabo na Kiliziya Gatolika (Paruwasi ya Biruyi) babone ubishyura. Ibi Kayitesi yabigarutseho kuri uyu wa gatatu, tariki 12 Werurwe 2025 ubwo yabazwaga n’abaturage iki kibazo mu maso ya Guverineri Ntibitura wari wagiriye uruzinduko rw’akazi muri aka […]
FDLR na Wazalendo binjiye ku butaka bw’u Rwanda – Guverineri Ntibitura

Ubwo Guverineri w’intara y’iburengerazuba, Ntibitura Jean Bosco yari mu ruzinduko rw’akazi mu karere ka Rutsiro, yahishuye ko abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba urwanya Leta y’u Rwanda (FDLR) babarizwa mu mashyamba ya Repubulika iharanira Demukarasi ya Congo bafatanyije na Wazalendo hari abinjiye ku butaka bw’u Rwanda, aboneraho gusaba abaturage gutangiora amakuru ku gihe bagatabwa muri yombi. Ibi yabigarutseho […]
Rutsiro: Ababyeyi babyarira ku kigo nderabuzima cya Kinihira baratabaza ubuyobozi

Ababyeyi babyarira ku Kigo Nderabuzima cya Kinihira mu Karere ka Rutsiro baratabaza ubuyobozi basaba ko inzu y’ababyeyi yasanwa, ikanagurwa kubera ko iyo basanganwe ari mu mfunganwa kandi ishaje. Ni mu gihe ubuyobozi bw’akarere bwaruciye buvuga ko vuba kiraba cyakemutse. Bamwe muri aba baturage biganjemo abakomoka mu Murenge wa Kigeyo iki kigo nderabuzima giherereyemo baganiriye na […]
Rubavu: Batatu bafunzwe bafatiwe mu kuvunja amafaranga bitemewe

Abagore batatu bo mu karere ka Rubavu, bafunzwe nyuma yo gufatirwa mu kuvunja amafaranga mu buryo butemewe n’amategeko. Aba bagore bafatiwe hafi y’umupaka muto wa Petite barriere, mu mudugudu wa Gasutamo, akagari ka Mbugangali, umurenge wa Gisenyi. Abafashwe bari bafite amafaranga atandukanye, barimo uwitwa Murekatete Beatrice, Icyimanizanye Shadia na Yoborinyana Deborah. SP. Karekezi Twizere Bonaventure, […]
Rubavu: Umusore wavugwagaho ubutinganyi yishwe atewe ibyuma n’uwo bararanye

Umusore witwa Bizumuremyi Eric uri mu kigero cy’imyaka 25 wari ucumbitse mu karere ka Rubavu wavugwagaho kuba umutinganyi yishwe na mugenzi we bararanye amuteye ibyuma mu musaya. Ni mu gihe ubuyobozi buvuga ko amakuru yerekeye iby’ubutinganyi ntayo bahawe. Aya makuru yamenyekanye mu rukerera rwo kuri uyu wa gatanu, tariki 07 werurwe 2025, aho byabereye mu […]
Rusizi: Abakekwaho gukwirakwiza no gucuruza urumogi bafatanwe udupfunyika turenga ibihumbi 3

Batatu bakekwaho gucuruza ibiyobyabwenge (Urumogi) babivanye mu gihugu cya Repubulika iharanira Demukarasi ya Congo bafatiwe mu karere ka Rusizi, bafite udupfunyika tw’urumogi 3100. Aba bose batawe muri yombi kuri uyu wa kabiri, tariki 25 Gashyantare 2025, bafashwe n’ishami rya polisi rishinzwe kurwanya magendu n’ibindi byaba (ASOC), aho iyi operasiyo yakorewe mu murenge wa Kamembe, Akagari […]
Rubavu: Abakekwaho gucuruza urumogi bafatanwe udupfunyika ibihumbi 2

Abagabo babiri bakekwaho gucuruza ibiyobyabwenge (Urumogi) babivanye mu gihugu cya Repubulika iharanira Demukarasi ya Congo bafatiwe mu karere ka Rubavu, bafite udupfunyika tw’urumogi ibihumbi 2. Murengezi Fanuel uzwi nka Kabwana Dada w’imyaka 22 na Nizeyimana Theogene w’imyaka 31 bafashwe kuri uyu wa gatandatu, tariki 22 Gashyantare 2025, ahagana saa cyenda n’igice z’umugoroba, mu Murenge wa […]
Imbamutima z’abakomerekejwe n’ibisasu byaturutse i Goma, Leta yatangiriye gusana ku bikorwaremezo

Bamwe mu batuye akarere ka Rubavu bagizweho ingaruka (Abakomeretse) n’ibisasu n’amabombe byaturutse mu mujyi wa Goma, ubwo umutwe wa M23 wari uhanganiyemo n’igisirikari cya Leta ya Congo FARDC, bagize icyo basaba ku nzitizi bagifite mu kwivuza, mu gihe bashima gahunda ya Leta yo gusaniro no kubakira abo byasenyeye. Bamwe mu bakomerekejwe n’ibi bisasu byaguye ku […]
Bintou Keita yikomye ibikorwa bya M23 i Goma

Mu nama y’ikitaraganya y’Akanama k’Umutekano ka LONI yateranye kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 19 Gashyantare 2025, i New York, iganira ku bibazo biri mu burasirazuba bwa RDC, Bintou Keita yikomye M23 ayishinja kubangamira ibikorwa bya MONUSCO mu mujyi wa Goma. Mu ijambo rye muri iyi nama, Bintou Keita, Umuyobozi wa MONUSCO, yanenze inzitizi zashyizweho […]
Rutsiro: Imiryango irenga 860 ibana mu makimbirane

Imibare igaragaza ko mu karere ka Rutsiro habarurwa imiryango 862 ibana mu makimbirane, igifatwa nk’imwe mu ntandaro y’ubwiyongere bukabije bw’abana bajya mu mirire mibi n’igwingira. Mu kiganiro umuyobozi w’akarere ka Rutsiro wungirije ushinzwe imibereho myiza, Umuganwa Marie Chantal aheruka kugirana na BWIZA muri Mutarama 2025 ahamya ko aya makimbirane yo mu miryango agira ingaruka nyinshi […]
Dutemberane Bukavu yabaye nyabagendwa nyuma yo kwigarurirwa na M23 itabereyemo imirwano (AMAFOTO)

Bidasubirwaho umujyi wa Bukavu ukaba ari nawo munini muri Kivu y’amajyepfo, muri Repubulika iharanira Demukarasi ya Congo, uragenzurwa n’umutwe wa m23 ndetse urujya n’uruza rukaba rwarongeye kugaruka nyuma y’uko bamwe mu bari barawuhunze batangiye gutahuka. Uyu mujyi wagarutsemo amahoro nyuma yo kwigarurirwa n’umutwe AFC/M23 utabereyemo imirwano kuko ingabo za leta ya Kinshasa n’abo bafatanyije urugamba […]
M23 yakiriwe n’abaturage ubwo yasesekaraga Kamanyola

Ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri, tariki 18 Gashyantare 2025, Umutwe wa M23 wakiriwe n’abaturage ubwo wasesekaraga ku mupaka wa Kamanyola, abasirikari b’abarundi bari bawuriho bakwirwa imisharo mu kibaya cya Rusizi. Kuri iki gice cya kamanyola gihana imbibe na Bugarama ku ruhande rw’u Rwanda, ku munsi wejo hashize bazalendo nibo bari biriwe bakigenzura nyuma […]
Bukavu: Abasaga 400 bari barahunze imirwano bagarutse mu byabo banyuze mu Rwanda (AMAFOTO)

Abanye-Congo basaga 400 bari barahunze kubera imirwano hagati y’umutwe wa M23 n’ingabo za Leta ya Congo (FARDC), basubiye iwabo kuri uyu wa mbere, tariki ya 17 Gashyantare 2025, bishimira ko u Rwanda rwabafashije kubona inzira ibasubiza mu byabo. Aba baturagebambukiye ku mupaka wa Kamanyola binjira muri Bugarama ku ruhande rw’u Rwanda binjirira ku mupaka wa […]
Rutsiro: Bagiye kwiba amabuye y’agaciro umwe igisimu kiramugwira arapfa

Hagenimana George, w’imyaka 26 wo mu karere ka Rubavu wari wagiye mu karere ka Rutsiro gucukura amabuye y’agaciro ahabujijwe yagwiriwe n’igisimu cyari cyarahagaritswe gucukurwamo amabuye y’agaciro arapfa, bagenzi be bararusimbuka. Hagenimana, umwe mu itsinda ry’ibihazi byiyitirira izina “Abajongo” wari utuye mu Mudugudu wa Bugoma, Akagari ka Busoro ho mu murenge wa Nyamyumba, yaguye mu kirombe […]
RDC yafunze ikirere cyayo ku ndege za Rwandair

Intambara zo mu burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demukarasi ya Congo, iki gihugu gihanganyemo n’umutwe wa M23 zatumye gifunga ikirere ku ndege zose za Rwandair. L’agence Congolaise de Presse (ACP.CD) yatangaje ko Leta ya Kinshasa yafunze ikirere cyayo ku ndege zose zo mu Rwanda. Nk’uko ibitangaza ngo nta ndege yo muri Rwandair yashoboye kwambuka ikirere cya […]
Nyabihu: Gitifu w’umurenge aravugwaho kugurisha inka 4 z’umuturage

Kabalisa Salomo, Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rambura mu karere ka Nyabihu aravugwaho kugurisha Inka enye z’umuturage bikamuteza ubukene, n’ubwo we abihakana akavuga ko atazi uko zisa. Kuri uyu wa gatanu, tariki 10 Mutarama 2024, Iki ni kimwemu bibazo Guverineri w’intara y’iburengerazuba, Ntibitura Jean Bosco yakirijwe mu ruzinduko amazemo iminsi mu karere ka Nyabihu. Mu kiganiro […]
Rubavu: Impunzi zirenga 600 zari zarahungiye mu Rwanda zatahutse.

Impunzi z’abakongomani 657 nizo zimaze kunyura ku mupaka munini wa Grande Barriere uhuza u Rwanda na Repubulika iharanira Demukarasi ya Congo zisubira mu byazo, nyuma y’iminsi mike bahunze imirwano yari ishyamiranyije Umutwe wa M23 n’ingabo z’iki gihugu FARDC ifatanyije na FDLR, Wazalendo, Abarundi n’Abacanshuro. Aba bose basubiye mu byabo kuri uyu wa gatatu, tariki 29 […]
Rubavu: Nyuma yo gufunga umugore, umugabo nawe yafashwe yenga inzoga zitemewe

Nyuma yo gufunga Murekatete Rebecca wo mu karere ka Rubavu wengega inzoga zinkorano watawe muri yombi, nyuma yo gusanganwa Litiro zisaga 1800, mu murenge wa Rubavu, akagari ka Byahi kuwa gatatu, tariki 05 Gashyantare 2025, Hitiyaremye Fèdele, bashakanye nawe yatawe muri yombi nta n’icyumweru giciyeho. Hitiyaremye Fèdele yatawe muri yombi na Polisi y’Igihugu afatanwa litiro […]
Umufana wa Kiyovu sport Azziz yitabye imana

Binyuze mu butumwa umuvugizi wa Kiyovu Sports, Minani Hemed yacishije ku mbuga za Whatsapp zitandukanye, yabitse urupfu rw’umukunzi akaba n’umushyushyarugamba wa Kiyovu Sports Harerimana Abdulazizi witabye Imana azize uburwayi. Ubutumwa bugira mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri, tariki 11 Gashyantare 2025. Bugira buti “Ubutumwa bw’akababaro bureba abanyamupira bose. Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bubabajwe n’urupfu […]
Rubavu: Umugore wakoraga inzoga z’inkorano yafatanwe litiro zisaga 1800

Umugore wo mu karere ka Rubavu wengega inzoga zinkorano yatawe muri yombi, nyuma yo gusanganwa Litiro zisaga 1800. Murekatete Rebecca uri mu kigero cy’imyaka 41 yafatiwe iwe mu rugo, mu murenge wa Rubavu, akagari ka Byahi kuri uyu wa gatatu, tariki 05 Gashyantare 2025. Aya makuru Bwiza yayahamirijwe n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu ntara […]
Rutsiro: Inka ebyiri z’abaturage zasanzwe zabagiwe mu mashyamba

Inka ebyiri z’abaturage bo mu karere ka Rutsiro zari zibwe zasanzwe mu murenge wa Kigeyo zabagiwe mu mashyamba. Ni amakuru yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu, tariki 22 Mutarama 2025, mu kagari ka Nkora ho mu mudugudu wa Humiro. Bwiza ifite amakuru ko mu ishyamba riri ku rubibi rw’umurenge wa Mushonyi ariko mu […]
Rutsiro: Barashima uruhare rw’abanyeshuri n’abarezi mu kugabanya imirire mibi n’igwingira

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro buvuga ko bushima uruhare rw’abanyeshuri n’abarezi bo mu kigo cy’amashuri abanza cya Francophone cy’i Kayove na Kivu Hills Academy ku ruhare bikomeje kugaragaza mu guhangana n’imirire mibi n’igwingira byugarije abana bagatuye. Ni mu gihe aka karere kaza ku mwanya wa mbere mu ntara y’iburengerazuba ku kugira abana bafite igwingira ku gipimo […]
Rutsiro FC yasinyishije babiri muri batatu yifuza ngo ikomeze ubusatirizi bwayo

Rutsiro FC yemeje ko yasinyishije abakinnyi babiri bakomoka muri Repubulika iharanira Demukarasi ya Congo, ngo ikomeze hagati hayo ari nako yakomeje ibiganiro na Rutahizamu, ngo buzure batatu ikeneye. BWIZA mu kiganiro yagiranye na Visi Perezida wa mbere wa Rutsiro FC, Uwamahoro Thadee yahamije ko bamaze gusinyisha abakinnyi babiri bakomoka muri Repubulika iharanira Demukarasi ya Congo, […]
Nyabihu: Gitifu w’umurenge uhagarikiwe n’ingwe aravugwaho guhoza ku nkeke abakozi

Gitifu w’Umurenge wa Rambura, mu karere ka Nyabihu, bivugwa ko ashyigikiwe n’Ingwe Kabalisa Salomo aravugwaho guhoza abakozi bamwe ku nkeke, abandi akababwira ko batazagira amahoro mu kazi mu gihe akiyoboye uyu murenge. Ni mu gihe Ubuyobozi bw’akarere buvuga ko kuva bwamenya iki kibazo bwagikurikiranye bugasanga bapfa utuntu tw’amafuti. Inkuru y’itotezwa rikorerwa bamwe mu bakorera ku […]
Rutsiro: Gitifu w’umurenge n’umukozi ayobora batawe muri yombi

Abakozi b’akarere ka Rutsiro barimo Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Manihira, Basabose Alex, kumwe n’Umukozi w’uyu murenge witwa Hategekimana Victor, usanzwe ashinzwe iterambere ry’ishoramari bafunzwe bakekwaho gukoresha nabi umutungo wa Leta. Basabose Alex na Hategekimana, Bwiza ifite amakuru ko batawe muri yombi ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere, tariki 07 Mutarama 2025. Aho ku munsi […]
Rubavu: Abarwanyi batatu ba FDLR bishyikirije RDF n’intwaro zabo

Abarwanyi 3 bo muri FDLR irwanya ubutegetsi bw’u Rwanda bambutse umupaka uhuza u Rwanda na RDC, bishyikiriza Igisirikari cy’u Rwanda bitwaje intwaro zabo n’icyombo cy’itumanaho. Amakuru BWIZA ivana mu baturage bi mu murenge wa Busasamana, n’uko bambutse muri iki gitondo cyo kuwa 07 Mutarama 2025, mu masaha ya saa moya z’igitondo banyuze mu kibaya gihuza […]
Rubavu: Ikamyo yo mu bwoko bwa Howo yongeye kugonga ibitaro bya Gisenyi

Ikamyo yo mu bwoko bwa Howo yongeye kugonga ibitaro bya Gisenyi, biherereye mu karere ka Rubavu ikomerekeramo bane. Iyi mpanuka yabaye mu gitondo, cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Mutarama 2025, mu murenge wa Gisenyi, akagari ka Nengo ho mu mudugudu wa Gikarani yakozwe n’imodoka yari yambaye Purake RAF 698 Z, amakuru akaba avuga […]
Rutsiro: Abakora ku kigo nderabuzima cya Mukura bategereje PBF baraheba

Bamwe mu bakozi b’Ikigo nderabuzima cya Mukura mu karere ka Rutsiro bavuga ko bategereje agashimwe bagenerwa kazwi nka Performance Based Financing Procedure (PBF) gatangwa na Minisiteri y’ubuzima mu gihe runaka ngo kunganire abakozi bo mu bitaro no mu bigo nderabuzima, amaso agahera mu kirere. Bamwe mu baganiriye na BWIZA bavuga ko batazi inzitizi zabayeho ngo […]
Rutsiro: Arembeye mu bitaro hafi gupfa nyuma yo gukururwa ubugabo

Turikumwe Jean Pierre wo mu karere ka Rutsiro arembeye mu bitaro bya Mmurunda hafi gupfa nyuma yo gukubitwa akagirwa intere akanzwe ubugabo ndetse umuhogo bakawumena ku buryo atabasha kurya, kunywa no kuvuga. Urugomo Turikumwe yakorewe mu ijoro rya Noheri y’umwaka dusoje, rwabereye mu murenge wa Ruhango, akagari ka Nyakarera ho mu mudugudu wa Marabuye. Amakuru […]
Rutsiro: Baratabaza, inyamaswa yo muri Parike ibarira amatungo bagapfukiranwa

Hari bamwe mu baturage bo mu karere ka Rutsiro batabaza Ubuyobozi bukuru bw’Igihugu bavuga ko inyamaswa yitwa (Imbaka) iva muri Parike ya Gishwati-Mukura ikabarira amatungo ariko Ubuyobozi bukabapfukirana. Abaturage iyi nyamaswa yaririye amatungo mu murenge wa Mukura ni benshi, ariko abaganiriye na BWIZA bavuga ko Ubuyobozi bukomeza kubabindikiranya, bukabeshya ko ari imbwa zabaririye amatungo kugira […]
Rubavu: Bamaze imyaka 11 batswe amafaranga ngo biyubakire ibiro by’akagari none amaso yaheze mu kirere

Hari bamwe mu baturage bo mu karere ka Rubavu bavuga ko bashengurwa n’amafaranga igihumbi (1000 Frw / ku muryango) batswe ngo babashe gukurisha no gutundisha amabuye ngo biyubakire ibiro by’akagari, none imyaka irenze 11 amaso yaraheze mu kirere. Bamwe muri aba baturage abaganiriye na BWIZA bavuga ko byabazwa no kuba akagari kabo katagura ibiro. Bati […]
Rutsiro: Barinubira gusaba serivisi banyagirwa muri Materineti ishaje

Bamwe mu babyeyi bagana Inzu y’ababyeyi (Materineti) ku kigo nderabuzima cya Mukura, mu karere ka Rutsiro Barinubira serivisi zihatangirwa, kuko iyo imvura iguye ibanyagira nk’abari hanze kandi bari mu nyubako, bagasaba ko yasanwa. Abagana iyi nzu y’ababyeyi baganiriye na BWIZA bavuga ko batunguwe no kubona iyi nzu y’ababyeyi bayihererwamo serivisi kandi yarangiritse bigaragaza, bakababazwa n’uko […]
Rutsiro: Hari abakozi b’Ikigo nderabuzima bamaze amezi atatu badahembwa

Hari bamwe mu bakozi b’Ikigo nderabuzima cya Kabona, ho mu karere ka Rutsiro bamaze amezi atatu batazi uko umushahara bakoreye usa. Bamwe muri aba bakozi, baganiriye na BWIZA bavuga ko bakorera mu kigo nderabuzima ku bufatanye n’Umuryango w’abanyamerika ushinzwe kurinda ubuzima n’umudendezo by’abantu, (Centers for Diseases control and Protection). Aba batifuje ko imyirondoro yabo itangazwa […]
Gen. Muhoozi yongeye kurikoroza atangaza ko Imana ari umwirabura w’umunyafurika

Umugaba Mukuru w’Ingabo mu gihugu cya Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko Imana ari umwirabura w’umunyafurika, kandi ko igisirikari cya Uganda nicy’u Rwanda ari byo bya mbere ku isi. Mu gihugu cya Uganda hakomeje kwibazwa ku musimbura wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni umaze imyaka 38 ku butegetsi. Nyuma yo gukomeza kwibaza ibi, Gen. Muhoozi Kainerugaba […]
Rubavu: Abakorera mu isoko rya Cyanzarwe barataka ibihombo

Bamwe mu baturage bo mu karere ka Rubavu, bagana n’abakorera mu isoko rya Cyanzarwe barataka ibihombo bikabije baterwa no kuba imvura igwa ikabacikiraho, bamwe mu ribo bagahitamo kujya gukorera mu nkengero ryaryo aho abarisigayemo bavuga ko hatemewe. N’isoko ryubatse mu murenge wa Cyanzarwe, akagari ka Ryabizige ho mu mudugudu wa Musene. Dukuze Jean Pierre, umucuruzi […]
Rubavu: Bashengurwa no kunyuzwa insinga z’amashanyarazi hejuru batuye mu kizima

Hari bamwe mu baturage bo mu karere ka Rubavu bashengurwa no kuba mu kizima kandi insinga z’amashanyarazi zibanyura hejuru, aho bavuga ko byabadindije mu iterambere. Abaturage bagarutse kuri iki kibazo n’abaganiriye na BWIZA bo mu murenge wa Mudende, mu mudugudu wa Bihungwe akagali ka Bihungwe, Umudugudu wa Kiryoha mu kagali ka Mirindi n’abo mu mudugudu […]
Icyo Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente avuga ku mushinga w’itegeko ry’umushahara fatizo
Kuwa 19 Werurwe 2024, nibwo igitangazamakuru BWIZA cyabagejejeho inkuru yari ifite umutwe ugira uti “Umushahara fatizo: Bite by’umushinga w’itegeko waheze kwa Minisitiri w’Intebe” aho yagarukaga ku byatangajwe na Hon. Dr. Habineza Frank, Umuyobozi w’ishyaka riharanira Demukarasi no kurengera ibidukikije DPGR, aho yavugaga ko ababazwa no kuba umushinga w’itegeko rishyiraho umushahara fatizo mushya ryatowe n’Abadepite, waraheze […]
Kubana badasezeranye: Impamvu yatizaga umurindi amakimbirane mu miryango

Bamwe mu baturage bo mu karere ka Rubavu bavuga ko impamvu mu miryango yabo hahoraga amakimbirane y’urudaca ari uko babanaga badasezeranye imbere y’amategeko, ibyatumaga bamwe muribo bimika ubuharike. Aba baturage ibi babigarutseho ubwo imiryango 20 yasezeranaga imbere y’amategeko mu murenge wa Kanzenze barimo n’abamaze imyaka irenga 10 babana binyuranyije n’amategeko. Umwe mu basezeranye, umugabo witwa […]
Rubavu: Bakomeje kugwa mu bihombo kubwo kudahabwa umuhanda bemerewe na Perezida Kagame

Bamwe mu baturage bo mu karere ka Rubavu bavuga ko bakomeje kugwa mu bihombo byo kubura isoko ry’umusaruro wabo, kubwo kutagira umuhanda ubafasha kuwugeza ku isoko ku buryo bworoshye, mu gihe uwo bemerewe na Perezida Kagame bawutegereje amaso agahera mu kirere. Uyu muhanda abaturage bo mu murenge wa Cyanzarwe bavuga bemerewe n’Umukuru w’Igihugu uzahuza uturere twa […]
Guhindura no kutubahiriza amategeko kw’ibihugu mu bibangamiye Abakora ubucuruzi bwambukiranya umupaka

Abagize inama itaguye y’umutekano mu karere ka Rubavu baganirijwe ku cyakorwa ngo abakora ubucuruzi bucirirtse bwambukiranya umupaka ntibakomeza kugorwa n’amategeko atubahirizwa akabahindukiraho buri munsi (gufunga umupaka saa cyenda z’amanywa), hirengagijwe amategeko y’Umuryango w’ibiyaga bigari CPGL, ibyatumye komisiyo y’ubutabera n’amahoro muri Diyosezi ya Nyundo (CDJP/Nyundo) ihagurukira iki kibazo. Ibi byagarutsweho kuri uyu wa gatatu, tariki 04 […]
Biden mbere yo kuva ku ntebe isumba izindi yarengeye umuhungu we Hunter
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yarengeye umuhungu we, Hunter Biden, mu buryo butunguranye nyuma y’uko inshuro nyinshi yagiye atangaza ko atazitabira ibintu bijyanye n’ibibazo by’amategeko umwana we yari ahanganye nabyo. Iyi ngingo yabaye ishingiro ry’ibiganiro byinshi muri politiki y’Amerika, bamwe barayishimira, abandi barayinenga, bavuga ko bishobora kuba ari ugukoresha nabi ububasha […]
Rubavu: Aborojwe na DASSO bavuze imyato Perezida Kagame

Bamwe mu baturage bo mu karere ka Rubavu bakomoka mu miryango itishoboye, bavuze imyato Perezida Kagame nyuma yo korozwa n’abakozi b’urwego rwunganira akarere ka Rubavu mu by’umutekano rwa Dasso. Mu mwaka wa 2006 nibwo Perezida Paul Kagame yatangije gahunda ya Girinka Munyarwanda igamije ko buri rugo rw’umuturage utunzwe n’ubuhinzi cyangwa ubworozi rugira inka irukamirwa. Imibare […]
Nyagatare:Umukuru w’umudugudu yahishuye uko yafungishije umuturage mu kigo cy’inzererezi
Umukuru w’umudugudu wa Nsheke, Nayizesi Providence ho mu karere ka Nyagatare yahishuye uburyo bajyanye umuturage witwa Ndayisaba Elias uherutse kuzamura inkoni ngo agiye ku mukubita ariko ntabigereho bamujyanye mu kigo cy’inzererezi ngo abanze agororoke. Ibi Nayizesi yabigarutseho mu kiganiro Isanzure gitambuka kuri BWIZA TV, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, tariki 28 Ugushyingo 2024. […]
Mu minsi 6 gusa, indirimbo “Best Friend” ya Bwiza yujuje Miliyoni y’abamaze kuyireba kuri Youtube

Tariki ya 19 Ugushyingo 2024, nibwo umuhanzikazi Bwiza Emmeramce uri mubagezweho yahuje imbaraga na Mugisha Benjamin (The Ben) maze basohora amashusho y’indirimbo bise “Best Friend” kuva uwo munsi ikundwa cyane, ku buryo byatwaye iminsi 6 gusa ngo yuzuze miliyoni irenga y’abamaze kuyireba ku rubuga rwa YouTube. Ni indirimbo yakiriwe neza n’abakunzi b’umuziki nyarwanda, kubera ko […]
Abashakashatsi: Koreya iravugwaho kwagura uruganda rukora misile zikoreshwa n’u Burusiya muri Ukraine
Koreya ya Ruguru yaguye uruganda rukomeye rukora intwaro, akaba ari narwo ruteranyirizwamo ubwoko bwa misile zifashishwa n’u Burusiya muri Ukraine, nk’uko abashakashatsi b’ibigo by’ubushakashatsi byo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika babitangaza, bashingiye ku mafoto yafashwe na satelite. Icyo kigo kizwi nka “Uruganda rwa Gashyantare 11″ n’igice cy’Ikigo cya Ryongsong Machine Complex, giherereye mu mujyi […]
Minisitiri w’Intebe wa Isirayeli yemeye amasezerano y’agahenge na Libani “mu buryo bw’ibanze”
Minisitiri w’Intebe wa Isirayeli, Benjamin Netanyahu, yemeye amasezerano y’agahenge y’umutekano na Hezbollah “mu buryo bw’ibanze” mu nama yagiranye n’abategetsi ba Isirayeli mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru,tariki ya 24 Ugushyingo 2024. Mu nkuru dukesha CNN nk’uko umwe mu bazi iby’ibyo biganiro yabiyitangarije. Isirayeli iracyafite impungenge ku bintu bimwe na bimwe by’amasezerano, aho byitezwe ko bigezwa […]
Amerika: Amashyirahamwe y’abahinzi arasaba Trump kwirinda kwirukana abakozi babo
Amashyirahamwe y’abahinzi muri Amerika arasaba Perezida watowe, Donald Trump, kwirinda gushyira mu bikorwa isezerano rye ryo kwirukana abantu benshi b’abimukira binjiye mu gihugu binyuranyije n’amategeko (abakozi babo) abasubiza mu bihugu bakomokamo, kuko byagira ingaruka ku ruhererekane rw’ibiribwa. Kugeza ubu, abayobozi ba Trump ntabwo baragaragaza niba hari uwo bazarekura mu buryo bwihariye, nk’uko bivugwa mu biganiro […]
Tuyisenge: Nubwo atuye ahatari amashanyarazi yahize abandi mu bizamini bya Leta
Tuyisenge Donathile wo mu karere ka Karongi, wavukiye ndetse agakurira mu murenge wa Mutuntu, mu kagari ka Kanyege ho mu mudugudu wa Manji hataragezwa umuriro w’amashanyarazi avuga ko yize bigoranye, ariko ibyo yanyuzemo ntibimubuze kuza mu banyeshuri bahize abandi mu bizamini bya Leta byo mu mashuri nderabarezi. Tuyisenge Donathile w’imyaka 18, amashuri abanza yayize kuri […]
Rubavu: Ibendera ryari ryibwe ryasanzwe ahamenwa imyanda
Ibendera ryari ryibwe mu kigo cy’ishuri Nderabarezi rya TTC Gacuba II ho mu karere ka Rubavu ryasanzwe ahamenwa imyanda, nyuma yo gufunga abahakora uburinzi. Amakuru y’ibura ry’iri bendera ry’Igihugu yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere, tariki 18 Ugushyingo 2024, mu masaha ashyira saa yine z’amanywa n’ubwo bikekwa ko ryari ryaraye ryibwe mu ijoro. […]
Karongi: Umuturage yatemewe inka n’abataramenyekana irapfa
Hakuziyaremye Protais wo mu karere ka Karongi yatemewe inka n’abataramenyekana irapfa. Ibi byabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu, tariki 16 Ugushyingo 2024, mu murenge wa Rugabano, akagari ka Mubuga ho mu mudugudu wa Karumbi. Ndacyayisenga Emmanuel, Umunyamabanga nshingwabikorwa w’agateganyo w’Umurenge wa Rugabano yahamirije BWIZA aya makuru. Ati: “Inka ya Hakuziyaremye yasanzwe mu kiraro […]
Rubavu: Abakekwaho kuba FARDC binjiye mu Rwanda biba inka
Abasirikari bakekwaho kuba mu gisirikari cya DRC (FARDC) biravugwa ko binjiye ku butaka bw’u Rwanda, mu karere ka Rubavu biba inka z’amuturage 8, ariko 2 muri zo zikaba zananiwe kugenda zigasigara mu mupaka, arizo kuri ubu zimaze kuboneka. Inka zibwe mu gikumba cya Gakuru Alphonse, giherereye mu kilometero kimwe n’igice (1.5 km) uvuye ku mupaka […]
Rubavu: Polisi yashyize umucyo ku ifungwa ry’icyapa cyo kwa Rujende

Abaturage benshi bakomeje gutakambira Leta ko yabafasha iki cyapa kigasubiraho bagaragaza impungenge ko kuba umuntu aje mu mujyi imodoka ikamusiga ku bitaro bikuru bya Gisenyi, cyangwa ikamukomezanya muri gare bisaba kongera gutanga andi mafaranga yiyongera kugiciro cy’urugendo atega moto, igare cyangwa umukarani umutwaza mu gihe yaba afite umuzigo. Iki kibazo nticyahwemye kuvugwa mu bitangazamakuru bitandukanye, […]
Rubavu: Umusirikari wa FARDC yafatiwe ku butaka bw’u Rwanda

Umusirikare wo mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) witwa Niyitanga, yafatiwe ku butaka bw’u Rwanda afite imbunda. Imboni ya BWIZA mu murenge wa Cyanzarwe yadutangarije ko uyu musirikare uri mu kigero cy’imyaka 17 y’amavuko yafashwe ahagana saa saba z’amanywa zo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 16 Ugushyingo 2024. Yafatiwe mu mudugudu […]
Karongi: Babiri muri nyobozi, Perezidante wa njyanama n’abakozi 14 basezeye
Mukase Valentine, wari umuyobozi w’akarere ka Karongi n’umuyobozi wako wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Niragire Theophile na Dusingize Donatha wari Perezidante w’inama njyanama basezeye ku mirimo yabo. Uretse aba bayobozi basezeye kandi hari abakozi 14 biganjemo abo mu ishami ry’imyubakire basezeye, barimo n’abo mu miyoborere myiza. Amakuru BWIZA yakuye ahantu hizewe n’uko aba bose basezeye kuri […]
Karongi: Ababariwe imitungo yabo amaso agahera mu kirere bagiye kwishyurwa
Ubuyobozi bw’akarere ka Karongi bwasezeranyije abaturage babariwe imitungo yabo amaso agahera mu kirere ko bagiye kwishyurwa vuba. Bamwe muri bo bavuga ko bamaze amezi atatu barabujijwe uburenganzira mu mitungo yabo ku bw’ibikorwa by’inyungu rusange, ariyo bavanagaho amaramuko bigakomeza kudindiza iterambere ryabo. Aba ni bamwe mu baturage bafite imitungo mu i santere y’ubucuruzi ya Bupfune, ho […]
Rutsiro: Imbamutima z’abagore bubakiwe no gukirigita ifaranga

Bamwe mu bagore bibumbiye mu matsinda yo kwizigama no kuguruzinya bavuga ko kuri ubu bashima umufatanyabikorwa wabatinyuye bakaba babasha gukirigita ifaranga, mu gihe mu myaka yatambutse bahoraga bategeye amaboko abagabo babo, bikaganisha ingo zabo mu marembera. Ibi aba bagore babigarutseho kuri uyu wa Gatanu, tariki 10 Ugushyingo 2024, mu kiganiro bahaye BWIZA ubwo hatangizwaga ku […]
Rubavu: Zabyaye amahari mu itorero SEIRA abayoboke bafite umwiryane

Mu itorero SEIRA Community Church basubiranyemo maze abayoboke baryo bakora igisa n’imyigaragambyo, bahishura ko Umuyobozi waryo ashaka kuribirukanamo atabasubije ibyo baritakajeho. Ibi byabaye kuri uyu wa Kabiri,tariki 05 Ugushyingo 2024, ubwo abayoboke b’iri torero banganga gutanga imfunguzo ku mushumba mushya bari bohererejwe, asimbujwe uwo bari basanganwe. Mukamuhizi Marie, umubyeyi uri mu kigero cy’imyaka 60 twasanze […]
Ibiti birenga ibihumbi 214 bigiye guterwa ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu

Mu turere twa Rutsiro na Rubavu hagiye guterwa ibiti birenga ibihumbi 214 byiganjemo iby’imbuto ziribwa ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu, ngo bikumire isuri yototera utu duce tw’imisozi miremire yibasirwa n’ibiza, ari nako bigira uruhare mu guhangana n’imirire mibi yiganje mu bana. Ni ibikorwa biri gukorwa mu miganda idasanze yahawe insanganyamatsiko “Igiti ni ukubaho” mu mirenge […]