Musanze: Umukobwa w’imyaka 16 yasanzwe amanitse mu mugozi

Mu murenge wa Muko, akagari ka Songa mu mudugudu wa Butare, haravugwa urupfu rutunguranye kandi ruteye urujijo rw’umwana w’umukobwa w’imyaka 16 witwa Uwitijije Grà¢ce, wasanzwe amanitse ku kimanga mu mugozi waruziritse ku gishitsi cy’ipera. Bivugwa ko akigaragara yapfuye, yabonywe ku wa Kane, tariki ya 22 Kamena 2023 mu gitondo kare nka saa kumi n’ebyiri, biba […]
Musanze: Abagiraneza batangiye gufasha umubyeyi wibarutse abana batatu

Itorero Fatherhood Sanctuary riherereye mu karere ka Musanze ryabaye nyambere mu gufasha umubyeyi Nyiranzabonimpa Julienne wo mu kagari ka Kabeza, umurenge wa Cyuve wibarutse abana batatu aho ryamugeneye bimwe mu bikoresho nkenerwa by’umubyeyi n’iby’abana ubwo bamwe mu babyeyi baba muri iri torero bamusuye mu bitaro bikuru bya Ruhengeri, aho yababyariye. Ni nyuma y’iminsi ibiri ikinyamakuru […]
Musanze: Aravuga ko abo kwa nyirabukwe bamuriganyije umutungo

Umugore witwa Mukasekuru Marie Louise utuye mu mudugudu wa Kadahenda, akagari ka Birira, umurenge wa Kimonyi mu karere ka Musanze avuga ko ari mu karengane aterwa n’inzego zitandukanye zirimo n’ubutabera nyuma y’uko umugabo we w’isezerano Niyonshuti Jean Baptiste amutanye umwana babyaranye ndetse akanagenda amutwaye ibyangombwa byose baguriyeho umutungo basangiye ahubwo ukegurirwa na nyirabukwe witwa Mayiwana […]
Musanze: Umubyeyi mu ihurizo rikomeye nyuma yo kwibaruka 3 icya rimwe
Nyiranzabonimpa Julienne w’imyaka 21 wo mu mudugudu wa Karinzi, akagari ka Kabeza mu murenge wa Cyuve ubana mu buryo butemewe n’amategeko na Harerimana Dieudonné, aratabaza avuga ko yahuye n’ikibazo gikomeye cyo kwibaruka abana batatu icya rimwe kandi yarasanganwe n’undi umwe kandi ntacyo afite cyo kubareresha. Ubwo yavuganaga n’umunyamakuru wa BWIZA, Nyiranzabonimpa, n’intimba nyinshi n’agahinda, yavuze […]
Burera: Barishyuza rwiyemezamirimo Frw miliyoni 4
Abaturage bo mu karere ka Burera by’umwihariko abo mu murenge wa Kinyababa, barasaba inzego zo hejuru kubishyuriza rwiyemezamirimo Murengezi Jean de Dieu bavuga ko yabambuye agera kuri miliyoni enye z’amafaranga y’u Rwanda (4,000,000 Frw) kandi ko biyambaje ubuyobozi bw’akarere bukabarangarana none imyaka ikaba imaze kuba hafi itatu amaso yabo yaraheze mu kirere. Umunyamakuru wa BWIZA […]
Gakenke: Umuhesha w’Inkiko mu rungabangabo kubera abagenagaciro
Umuhesha w’inkiko w’umwuga, Me Muhama Franà§ois yaheze mu rungabangabo kubera abagenagaciro babiri badahuza ku gaciro bagenera ubutaka bumwe nk’uko byagenwe mu mwazuro w’urukiko rwisumbuye rwa Musanze wo kuwa 15/02/2023 mu rubanza N° RCA 00137/2021/TGI/MUS. Ni urubanza rwabaye hagati y’abashakanye mu buryo bwemewe n’amategeko, ari bo: Mugabire Emmanuel Rubel n’umugore we Mukarugina Vestine ariko bikaba ngombwa […]
Musanze: Abarenga 400 bararira kubera igihombo bavuga ko bashowemo

Abaturage basaga 400 bo mu karere ka Musanze, bacururizaga mu gasoko kazwi nka “Ryankandagiro” gaherereye mu mudugudu wa Gasanze, akagari ka Cyabararika mu murenge wa Muhoza, bararira ayo kwarika kubera igihombo bavuga ko batewe n’ubuyobozi bw’akarere, bakaba basaba kurenganurwa bakishyurwa ibyo batakaje bashoramo imari yabo. Ni igikorwa kitashimishije benshi, by’umwihariko abaturage bacururizaga muri aka gasoko […]
Musanze: Gitifu yahannye umuturage akoresheje umusuderi

Abaturage bo mu murenge wa Nkotsi, by’umwihariko abo mu kagari ka Bikara barashinja bamwe mu bayobozi b’inzego z’ibanze barimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa wako, ba mudugudu, bamwe mu bagize urwego rw’umutekano ruzwi nka DASSO ndetse n’umukozi ushinzwe ubutaka n’imiturire mu murenge kubahohotera. Bavuga ko bahohotewe mu bihe bitandukanye bigera aho bihagurutsa izindi nzego zo hejuru ndetse n’iz’umutekano […]
Musanze: Umuturage ari kuvurwa nyuma y’aho abayobozi ‘bamusenyeyeho’ inzu

Mu mudugudu wa Kavumu, akagari ka Karwasa mu murenge wa Gacaca haravugwa inkuru y’ubuyobozi bw’umurenge Gacaca bwasenyeye umuturage Dusingizimana Vanessa Aisha ari mu nzu ye n’umwana we w’amezi 9, bigatuma uyu mugore ajya kuvurirwa mu kigo nderabuzima. Intandaro yo kujya mu bitaro k’uyu mugore ni igikorwa cy’ubuyobozi bw’umurenge wa Gacaca cyo kumusenyera inzu, busobanura ko […]
Amajyaruguru: Ibiciro by’ibiribwa byahagurukije abaminisitiri babiri
Abahinzi n’abacuruzi b’ibirayi barasabwa kubahiriza ibiciro byashyizweho birinda abamamyi babakoresha ibyaha mu nyungu zabo, hirengagizwa amabwiriza yashyizweho na Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda ku bufatanye na Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi. Ni amabwiriza ku biciro by’ umuceri , Kawunga ndetse n’ibirayi yasohotse ku wa 19 Mata 2023 agaragaza uko buri gicuruzwa kigomba kugurishwa ku muturage ariko birangira bamwe mu […]
Green Party irasaba ko abagore bahabwa imyanya y’ubuyobozi 50%

Ishyaka riharanira demokarasi no kurengera ibidukikije (Democratic Green Party of Rwanda-DGPR), risanga urubyiruko rukwiye kugaragara ari rwinshi mu bikorwa bya politiki, himakazwa ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye mu buyobozi ku kigero cy’imyanya 50% ku bagore na 50% ku bagabo, kurengera ibidukikije, kugira uruhare mu matora no mu iterambere ry’igihugu. Mu gihe u Rwanda rwitegura amatora ya Perezida […]
Musanze: Abagifite ingengabitekerezo ya Jenoside bongeye kuburirwa

Ubwo hasozwa icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, hongeye kuburirwa no gukebura abagihembera ingengabitekerezo ya jenoside, bibutswa ko Leta y’ubumwe bw’Abanyarwanda itazihanganira bene abo bantu bagisaritswe n’iyo ngengabitekerezo. Nyuma yo kunamira no gushyira indabo ku rwibutso rwa Busogo ruruhukiyemo imibiri isaga 400 y’abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu […]
Musanze: Umuturage ari mu gihombo cya Frw miliyoni 40 avuga ko yatewe n’ubuyobozi

Umuturage witwa Mushengezi Jean Damascène utuye mu mudugudu wa Mpenge, akagari ka Mpenge, umurenge wa Muhoza arasaba Urwego rw’Umuvunyi ko yarenganurwa, agakurwa mu gihombo cya miliyoni 40 ahamya ko yatewe n’ubuyobozi bw’akarere ka Musanze. Nk’uko abivuga, ngo ni igihombo yagize nyuma yo kugirana amasezerano n’ubuyobozi bw’akarere akora umushinga w’ubworozi bw’amafi, bumukodesha igishanga. Avuga ko yatangiye […]
Musanze: Abaturage baratabaza kubera ibiza by’amazi yo mu birunga

Abaturage bo mu karere ka Musanze, by’umwihariko abo mu midugudu ya Ruhindinka, akagari ka Buruba n’abo mu mudugudu wa Bubandu mu kagari ka Bukinanyana hose ho mu murenge wa Cyuve baratabaza kubera ibiza byatewe n’amazi yo mu birunga yatewe n’imvura yaguye ku mugoroba wo ku wa 3 Mata 2023 ikangiza inzu nyinshi n’imyaka y’abaturage. Ubwo […]
UNESCO mu rugamba rwo gukundisha abakobwa b’Abanyarwanda ikorababuhanga

Kuva kera na kare, imyumvire y’umuryango nyarwanda yahoze ikumira abana b’abakobwa, ibaheza kuri bimwe bikorwa na basaza babo birimo no kwiga amashuri y’imyuga, ubumenyi (science), ubugenge ahubwo bagashishikarizwa kwiga ubuganga, ubwarimu, ubudozi, kurera abana, guteka n’ibindi byaganishaga ku gupfobya ubushobozi bwabo. Nk’uko Isi ya none isigaye igendana n’ikoranabuhanga, ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku burezi n’umuco […]
Nyabihu: Habonetse ibimenyetso bigaragaza ukuri ku kibazo kiri hagati ya koperative n’akarere
Habonetse ibimenyetso bikuraho icyari urujijo ku kibazo gishingiye ku mutungo kimaze igihe kirekire hagati y’abanyamuryango ba koperative yo Guhinga no Guhunika ibirayi yo mu karere ka Nyabihu izwi nka KOGUGU yahoze ari impuzamashyirahamwe I.A.N, n’ubuyobozi bw’akarere. Ibi bimenyetso BWIZA ifitiye kopi byagiye biboneka mu biro bya Leta no mu maboko y’abanyamuryango b’icyari impuzamashyirahamwe I.A.N ndetse […]
Ibikomerezwa byashyiriweho impapuro zo kubita muri yombi, ntibigire icyo bitanga
Perezida w’u Burusiya Vladimir Poutine washoje intambara muri Ukraine, yashyiriweho impapuro mpuzamahanga zo kumufata kugira ngo ashyikirizwe urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICC), ashinjwa ibyaha by’intambara. Ni inyandiko yashyiriweho akurikira ibindi bikomerezwa byinshi ku Isi byazishyiriweho bene izi mpapuro ariko bikarangira ntacyo urukiko rubikozeho kubera impamvu zitandukanye zirimo no guhuzagurika cyangwa kotswa igitutu n’ibihugu bivuga ko bikomeye. […]
Musanze: Gitifu yasenyeye uwubatse aho Meya ahamya ko kuhatura byemewe

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Shingiro mu karere ka Musanze, Hanyurwabake Théoneste aherutse gusenya inzu umuturage witwa Nyirurugo Jean de Dieu yubakaga mu mudugudu wa Burengo, akagari ka Gakingo, mu gihe Meya yemeza ko kubaka aha hantu byemewe kuko ibyangombwa bigaragaza ko ari aho gutura. Niyirurugo yatangarije BWIZA ko mu masaa kumi y’umugoroba wa tariki ya […]
Musanze: Abana babiri baratabarizwa nyuma yo kwihakanwa n’umubyeyi wemeraga ko ari abe
Umugabo witwa Ntakarakorwa Bana Guido utuye mu karere ka Rubavu akaba akomoka mu karere ka Musanze, umurenge wa Musanze mu kagari ka Cyabagarura, aravugwaho gutererana abana babiri; uw’imyaka 17 n’undi ufite imyaka 14, yemeraga ko yabyaranye na Tumukunde Zoula utuye mu murenge wa Cyuve, mu kagari ka Bukinanyana, ariko nyuma akabihakana. Tumukunde avuga ko yabyaranye […]
Musanze: Urupfu rw’umwana w’amezi 2 rwahagurukije Polisi n’Ubugenzacyaha
Mu mudugudu wa Kungo, akagari ka Kabeza, umurenge wa Cyuve mu karere ka Musanze, haravugwa urupfu rutunguranye rw’umwana w’amezi abiri n’igice wapfuye biturutse ku makimbirane n’imirwano yabaye muri iri joro ryakeye ry’iya 4 rishyira iya 5 Werurwe 2023 hagati y’umugabo Twizerimana Innocent n’umugore Nyiramategeko Jeaninne. Ni amakuru yamenyekanye muri iki gitondo cyo ku ya 05 […]
Rutsiro: Abagore barenze ku cyitwaga ‘kirazira’, bagana umurimo w’ubuvumvu

Kuva kera na kare, cyaraziraga kikaziririzwa nta mugore wakamaga inka, ntawagikaga imitiba y’inzuki cyangwa ngo azihakure, ntawuriraga inzu, ntanuwatwaraga imodoka, moto cyangwa igare cyangwa se kwambara ipantalo ariko aka wa mugani w’Abanyarwanda ngo burya “Kiliziya yakuye kirazira”, kuri ubu, byose barabikora kandi bakabishobora ndetse hamwe na hamwe bagasumbya n’abagabo, bakazamura ingo zabo. Rumwe mu ngero […]
Burera: Abakoresha umuhanda Gahunga-Kirambo baratabaza kubera ububi bwawo
Abakoresha n’abaturiye umuhanda Gahunga-Kinoni-Gitovu-Kirambo uri mu karere ka Burera baratabaza kubera ububi bwawo kuko wangiritse bikabije, n’abakozi bawubungabungaga bakaba batakiwugaragaramo. Abawukoresha umunsi ku w’undi harimo abatwara abantu n’ibintu mu buryo butandukanye nk’abamotari, abanyonzi, abatwara abagenzi muri bisi nto, abatwara ba mukerarugendo ndetse n’abandi bawukoresha n’amaguru cyangwa abawuturiye, babwiye BWIZA ko ubahangayikishije kuko wabasubije inyuma mu […]
Ibibazo by’umuhanzi Chriss Eazy na Musanze Caves Hotel byafashe indi ntera
Nyuma yo gushinjwa guhemukira Musanze Caves Hotel ndetse ntiyegere n’ubuyobozi bwayo, umuhanzi Chriss Eazy yahamagawe n’urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha, RIB, inshuro ebyiri. Ni nyuma y’aho Bwiza ibagejejeho inkuru yo ku wa 03 Gashyantare 2023 yavugaga ku buriganya n’ubuhemu Rukundo Nsengiyumva Christian uzwi ku izina ry’ubuhanzi nka Chriss Eazy ashinjwa gukorera Musanze Caves Hotel. Ubuyobozi bw’iyi hoteli […]
Amajyaruguru: Amatara yo ku muhanda atacyaka ngo yahaye abajura urwaho
Abaturage bo mu turere dutanu tugize Intara y’Amajyaruguru, barinubira umwijima usigaye urangwa ku mihanda itandukanye itugize kubera amatara atacyaka, bakavuga ko biri mu mpamvu nyamukuru y’umutekano muke urangwa muri ibyo bice bitakamo amatara. Amatara atacyaka ni amatara aherereye ku muhanda Kigali -Musanze, by’umwihariko mu murenge wa Rusiga mu karere ka Rulindo; Kivuruga na Buranga mu […]
Igiciro cy’ibigori gikomeje gutumbagira kandi Leta yarashyizeho amabwiriza abigenga
Abaturage hirya no hino mu gihugu barinubira ibiciro biriho ubu by’umwihariko ibiribwa nkenerwa n’abaturage umunsi ku w’undi, kandi ubushobozi bw’amafaranga n’aho aturuka bitorohera buri wese. Barasaba Leta ko yagabanya imisoro, bityo n’abacuruzi bakagabanya ibiciro. Ibiciro by’ibyo kurya bikomeje gutumbagira birimo iby’ibishyimbo, ibirayi, ibitoki, ibijumba, amateke, amashaza, ubunyobwa n’ibindi. Bamwe mu baturage n’abacuruzi bo mu mirenge […]
Papa Fransisiko yasabye abantu kwita ku barwayi

Ku nshuro ya 31, Isi yose yongeye kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’abarwayi aho umushumba mukuru wa Kiliziya Gatolika, Papa Fransisiko yasabye abantu bose kwita ku barwayi mu nsanganyamatsiko igira iti “Umwiteho.” Yagize ati: “Impamvu nyamukuru yo kwita ku barwayi ni uko indwara ibashyira mu gice cy’abarushye n’abaremerewe, ba bandi Yezu yitayeho kandi ashyizeho umutima. Yezu ni […]
Igitera indwara y’imidido n’aho ikunze kugaragara mu Rwanda
Imidido ni indwara irangwa no kubyimba ibice runaka by’umubiri cyane cyane amaguru, gusa si yo yonyine ashobora kubyimba kuko n’ibindi bice bishobora kubyimba nk’intoki, cyangwa imyanya ndangagitsina. Iyi ndwara ikaba ari ingaruka z’uko urwungano rwa lymph (aya ni amatembabuzi aba mu mubiri ariko atari amaraso, nayo akaba afite imiyoboro yayo) ruba rwangiritse iyo miyoboro ikipfundika […]
Rurageretse hagati y’umuhanzi Chriss Eazy na Musanze Caves Hotel
Umuhanzi uzwi nka Chriss Eazy araregwa na Musanze Caves Hotel iherereye mu karere ka Musanze kutubahiriza amasezerano yari yagiranye na yo, ahubwo akayigusha mu gihombo ndetse akayihesha isura mbi mu bakiriya bayo. Ni amasezerano yari ashingiye ku gitaramo cyagombaga kubera muri Musanze Caves Hotel tariki ya 14 Mutarama 2023 kuva saa kumi n’ebyiri z’umugoroba ariko […]
Musanze: Umuyobozi w’ishuri afunzwe akekwaho gukubita umunyeshuri w’imyaka 8
Umuyobozi w’ishuri rya ‘Spes Nova Junior Academy’ witwa Niyonsenga Maximilien afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Muhoza kubera gukubita no gukomeretsa umwana w’imyaka 8 mwene Ntirenganya Erneste na Uwizeyimana Alliance, batuye mu mudugudu wa Ntenya, Akagari ka Nyangwe , umurenge wa Gahunga ahazwi nko ku Kanyirarebe. Uyu mwana wiga mu mwaka wa kabiri w’amashuri abanza […]
Gakenke: Urubyiruko rwibukijwe ko ibiyobyabwenge ari intandaro y’umutekano muke

Biciye mu marushanwa “Umurenge Kagame Cup 2022-2023”, abaturage bo mu murenge wa Rusasa mu karere ka Gakenke, basabwe kwiteza imbere, kwita ku isuku, kurwanya ihohoterwa rikorerwa abari n’abategarugori, kwirinda gusambanya abana, kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko kuko aribyo ntandaro y’umutekano muke. Ni ubutumwa bwatanzwe n’umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Uwamahoro Marie Thérèse, ubwo yatangizaga […]
Uwazamuye ibendera ry’u Rwanda rukimara kubona ubwigenge arasaba ubufasha

Umusaza w’imyaka 87 y’amavuko witwa Ntagungira Alphonse utuye mu mudugudu wa Butete, akagari ka Kabyiniro, umurenge wa Cyanika mu karere ka Burera, uzwi cyane ku mateka ko ari we wazamue ibendera ry’u Rwanda ubwo rwabonaga ubwigenge arashima impinduka ziri mu gihugu ariko na none agasaba Leta ko yagira icyo imumarira nk’umuturage wakoreye igihugu. Aganira n’umunyamakuru […]
Musanze: Akarere kabaye kishyuye make abakora isuku mu mihanda batakambaga
Abaturage basaga 500 bakora isuku mu mihanda itandukanye yo mu karere ka Musanze barishimira ko bahembwe imishahara y’amezi atatu ku mishahara y’amezi atanu bari bamaze bakora badahembwa. Ni nyuma y’inkuru yo ku wa 18 Mutarama 2023 yakozwe na Bwiza itabariza aba baturage bayigannye bayisaba kubakorera ubuvugizi bagahembwa amafaranga y’amezi yari agiye kugera kuri atanu bakora […]
Musanze: Abakora isuku ku mihanda bamaze amezi 5 badahembwa
Abakora isuku mu mihanda itandukanye mu karere ka Musanze baratabaza kubera ngo amezi agiye kuba atanu badahembwa kandi bakora umunsi ku wundi ari nako ubuyobozi bw’akarere bugenda bubizeza guhembwa uko ukwezi kurangiye ariko amaso yabo agahera mu kirere. Amakuru agera kuri Bwiza ni uko aba bakozi baheruka amafaranga nk’umushahara muri Kanama 2022. Niyibizi Phocas [ni […]
Kigali-Rubavu: Abize muri UTB bahangayikishijwe no kudahabwa impamyabumenyi

Abanyeshuri bize bakarangiza amasomo mu ishuri rikuru rya UTB (University of Tourism, Technology and Business Studies) barasaba inzego zibishinzwe ko bakemurirwa ikibazo cyabo, bagahabwa impamyabumenyi kuko ngo kutazihabwa biragenda bibatesha amahirwe menshi. Ni abanyeshuri barangije mu mwaka w’amashuri w’2021-2022. Itangazo ryari ryasohotse Bwiza ifitiye kopi, ryavugaga ko bazasobanura ibitabo (Défense) ku wa 20 Nzeri 2022 […]
Burera: Umukecuru w’imyaka 89 aravuga ko yambuwe umutungo n’umuhungu we

Umukecuru w’imyaka 89 wo mu kagari ka Ntaruka, umurenge wa Kinoni mu karere ka Burera witwa Kantamage Hana aratabaza, avuga ko yambuwe n’umuhungu we witwa Kabera Abel umutungo w’amasambu abiri. Arabivuga ashingiye ku cyemezo cyafashwe n’urukiko rwisumbuye rwa Musanze mu rubanza N°RCA 00020/2021/TGI/ MUS cyatesheje agaciro urubanza N°00082/2020/TB/GAH, rwaciwe n’urukiko rw’ibanze rwa Gahunga kuwa 01/03/2021, […]
Musanze: Abageze mu gihe cyo gufata indangamuntu baravuga ko bari kwishyuzwa amafaranga y’umurengera
Bamwe mu bageze mu gihe cyo gufata indangamuntu bo mu murenge wa Cyuve mu karere ka Musanze baravuga ko bari kwishyuzwa amafaranga arenze ateganywa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe indangamuntu (NIDA) kugira ngo bemererwe kwifotoza. Ubusanzwe nk’uko biri gukorwa hirya no hino mu gihugu, umwana wese ugejeje igihe cyo gufata indangamuntu (uwujuje imyaka 16), yishyura amafaranga magana […]
Musanze: Abagana urukiko rwisumbuye barinubira akarengane gasigaye karuranga
Abaturage bagana kandi baburanira mu rukiko rwisumbuye rwa Musanze, bavuga ko barambiwe akarengane n’imikirize mibi y’imanza ziba zajuririwe muri uru rukiko kuko akenshi usanga zikemurwa bishingiye ku marangamutima, ikimenyane na ruswa. Mu manza zivugwa zimaze gucibwa mu buryo bivugwa ko bugoramye, harimo zimwe z’abanyamabanga nshingwabikorwa baburaniye muri uru rukiko baregwa ibyaha bitandukanye. Abaturage baruburaniramo imanza […]
Ububi n’ingaruka ziterwa n’ibikozwe muri palasitiki

Muri iki gihe Isi ikomeje guhangana n’ibibazo biterwa n’iyangirika ry’ibidukikije, ubushakashatsi bugaragaza ko ibikomoka kuri palasitiki biri mu bihumanya ikirere bikozwe n’imyuka inyuranye yoherezwayo n’ibikorwa bya muntu. Iri humana riterwa no kwirundira hamwe kw’imyanda ikozwe muri palasitiki cyangwa iy’ibifitanye isano na yo mu bice binyuranye by’Isi. Ubushakashatsi bugaragaza kandi ko buri segonda, hari toni zirenga […]
Burera: Umuryango w’abantu 6 urasaba gutabarwa

Umuryango utishoboye ugizwe n’abantu batandatu wo mu mudugudu wa Karambo, akagari ka Kagitega, umurenge wa Cyanika urasaba ubufasha ukubakirwa inzu yo kubamo kubera ko iyo babamo ibateye impungenge ko ishobora kubagwira kubera gusaza cyane. Ni Umuryango w’umugabo witwa Ngirabakunzi Bénjamin, umugore we Nyiransenga Espérance n’abana babo bane, bose bakaba barara mu nzu ishaje bafite impungenge […]
Musanze: Umuturage wasenyewe n’umuyobozi akomeje gusiragizwa
Nyirasafari Joselyne utuye mu mudugudu wa Kiruhura, akagari ka Bikara mu murenge wa Nkotsi w’akarere ka Musanze arasaba inzego zibishinzwe kumurenganura, nyuma y’aho umukozi ushinzwe ubicungire y’ubutaka, Uwinema Clémentine wayoboye igikorwa cyo kumusenyera inzu yanze kubahiriza ibwiriza rya Guverineri w’intara ryo kumwubakira. Uyu muturage yasenyewe tariki ya 5 Kanama 2022, ubwo Uwinema ari kumwe n’abadaso […]
Musanze: Arasaba gukurwa mu manegeka yasizwemo n’ababumba amatafari

Nzabakurikiza Donatille w’imyaka 53 utuye mu mudugudu wa Rutemba, Akagari ka Buruba mu murenge wa Cyuve mu karere ka Musanze avuga ko nta cyireze cyo kubaho afite kubera atuye mu manegeka cyangwa se ku manga. Nk’uko yabibwiye umunyamakuru wa BWIZA wamusuye aho atuye yita ku manga, avuga ko aho atuye hamuteye impungenge kuko ngo iyo […]
Musanze: Umusaza w’incike avuga ko inzu abamo irutwa n’ubwiherero yubakiwe

Umusaza w’inshike witwa Munyakaragwe Elie w’imyaka 62 utuye mu mudugudu wa Rwabigwi, akagari ka Cyivugiza mu murenge wa Muko arasaba ubuyobozi ko bwamugoboka, bukamukura mu kangaratete arimo ko kuba mu nzu idahomye, agatandukana n’imbeho dore ko iyo nzu itagira n’icyumba. Aganira n’umunyamakuru wa BWIZA, Munyakaragwe yavuze ko abayeho nabi ko yatandukanye n’umugore kandi ko mu […]
Nyabihu: Barishimira ko ikiraro cya Nyamutera cyongeye kuba nyabagendwa

Isanwa ry’ikiraro cya Nyamutera giherereye mu kagari ka Gakoro, umurenge wa Rugera mu karere ka Nyabihu, kikongera kuba nyabagendwa ni kimwe mu byashimishije abaturage bagikoresha umunsi ku w’undi by’umwihariko abakora umurimo w’ubucuruzi. Iki kiraro gisannye nyuma y’ibyumweru bibiri BWIZA ikoze ubuvugizi aho abaturage basabaga ubuyobozi kugisana kuko cyabahombyaga. Abagenzi bavaga i Musanze bajya Vunga cyangwa […]
Nyabihu: Akurikiranweho kugerageza kwica umuryango we awuteye gerenade

Umugabo witwa Nzabanita Augustin wo mu mudugudu wa Kabere, akagari ka Kanyove, umurenge wa Mukamira mu karere ka Nyabihu afungiye kuri sitasiyo y’urwego rw’ubugenzacyaha ya Mukamira akekwaho gushaka kwica umugore we Nyiramariza Madalina n’umwana we Ujeneza Gisèle abateye gerenade. Byabaye tariki ya 10 Ugushyingo 2022, ahagana saa kumi n’ebyiri n’igice z’umugoroba ubwo Nyiramariza n’umwana we […]
Musanze: Ikimoteri rusange gihangayikishje abagituriye

Abaturage baturiye ikimoteri rusange giherereye mu mudugudu wa Bubandu, akagari ka Bukinanyana mu murenge wa Cyuve barinubira umunuko wacyo, bakavuga ko kibabangamiye mu buryo bwinshi , ngo bakaba biteze ingaruka zacyo mu gihe kitarambiranye. Iki kimoteri gikusanyirizwamo imyanda yose ituruka mu mirenge igize umujyi wa Musanze ari yo: Muhoza, Cyuve, Musanze, Gacaca, Kimonyi na Muko […]
Musanze: Abakekwaho gukubita no gukomoretsa abaturage batawe muri yombi
Abantu bakekwa kugira uruhare mu gukubita no gukomeretsa bikomeye Serugendo François na Dusabimana Ntibakunda Gashuhe bamaze gufatwa bakaba bari mu maboko y’urwego rw’ubugenzacyaha (RIB). Abamaze gufatwa ni abagabo 3 barimo: Maniragaba Evariste, Karekezi Théogène bita Birikorimana, Hakorimana na Munyarurembo Justin undi witwa Karekezi Théogène ugishakishwa. Aba bose bakurikiranweho iki cyaha bakomoka mu mudugudu wa Murambi, […]
Nyabihu: Ikiraro cya Nyamutera kimaze amezi 2 cyangiritse, imodoka ntizicyambuka

Kwangirika kw’ikiraro cya Nyamutera giherereye mu kagari ka Gakoro, umurenge wa Rugera mu karere ka Nyabihu, kubereye abaturage umutwaro uremereye mu gihe abatunze ibinyabiziga n’ibinyamitende bo babyungukiyemo kuko bishyuza abaturage amafaranga y’ikirenga ku yo urwego ngenzuramikorere (RURA) rwagennye. Iminsi igiye kuba 60 iki kiraro cyangiritse kandi kiri ku muhanda nyabagendwa Musanze-Vunga, umwe rukumbi utagira urubererekero […]
Musanze: Ikiraro cyari kimaze amezi atanu gicitse kigiye kubakwa n’abaturage

Ku bwo kurambirana no gukomeza kubangamira imigenderanire n’imihahirane mu baturage, abanyamuryango ba RPF Inkotanyi mu kagari ka Cyabagarura mu murenge wa Musanze biyemeje kwishakamo ibisubizo bakubaka ikiraro cya Rwebeya kimaze amazi atanu cyangiritse kikabura gisana n’ubwo ubuyobozi bw’akarere bwari bwarabyiyemeje ubwo cyangirikaga mu kwezi kwa Gicurasi 2022. Ni umwe mu myanzuro yafatiwe mu nteko rusange […]
Musanze: Umugabo w’imyaka 32 yishimira kwigana n’umwana we mu mashuri abanza

Umugabo w’imyaka 32 y’amavuko witwa Mwangaguhunga Aimable, utuye mu kagari ka Migeshi, umurenge wa Cyuve mu karere ka Musanze, avuga ko kwigana n’umwana we mu mashuri abanza nta pfunwe bimuteye ahubwo ko ari yo mahitamo ye yo kwitegurira ejo heza he hazaza. Kumva cyangwa kubona ibintu nk’ibi ntibimenyerewe, aho ugera mu mashuri abanza ugasanga umubyeyi […]
Musanze: Haravugwa uburiganya mu gikorwa cy’umuyoboro w’amashyanyarazi

Mu murenge wa Kimonyi, akagari ka Ruvumu, umudugudu wa Musezero abaturage bahafite amasambu bavuga hari uburiganya, akarengane n’urujijo mu gikorwa cy’ishyirwaho ry’umuyoboro w’amashyanyarazi wa Kimonyi-Musezero. Mu rwego rwo gushyira mu bikorwa gahunda Leta yihaye y’uko mu mwaka w’2024 buri rugo rw’Umunyarwanda ruzaba rugerwaho n’amashanyarazi, kuri ubu, hirya no hino mu karere ka Musanze harimo gukorwa […]
Musanze: Umuryango w’abantu 9 wabaga mu kiraro cy’inka wakodesherejwe inzu

Umuryango w’abantu icyenda (9) barimo umugabo witwa Ndererimana Hassan, umugore we Muhawenimana Yvonne n’abana barindwi, uri mu byishimo nyuma y’aho ukodesherejwe n’ubuyobozi aho kuba, ukava mu kiraro cy’inka wari waratijwe. Ni umuryango wari ubayeho nabi, mu kiraro cy’inka mu mudugudu wa Kabogobogo, akagari ka Cyabararika mu murenge wa Muhoza mu karere ka Musanze, ariko nyuma […]
Musanze: Aba mu kiraro cyabagamo inka kwa nyirabukwe n’umuryango we wose

Umuryango w’abantu icyenda (9) barimo umugabo ari na we mukuru w’umuryango witwa Ndererimana Hassan, umugore we Muhawenimana Yvonne n’abana barindwi babaye bacumbitse mu cyahoze ari ikiraro cy’inka ya Gira Inka mu mudugudu wa Kabogobogo, akagari ka Cyabararika mu murenge wa Muhoza mu gihe bagitegereje ubufasha. Uyu mugabo Ndererimana Hassan yashakanye na Muhawenimana Yvonne, bombi bavuka […]
Akarere ka Musanze kahaye ibikombe 2 by’amata za mpinja 2 zasizwe na nyina

Ubuyobozi bw’akarere ka Musanze mu ntara y’amajyaruguru, bwasuye umuryango ufite impinja ebyiri zasizwe na nyina wapfuye akimara kuzibyara, maze bagenerwa ibikombe 2 by’amata ndetse n’ ibikoresho byo kuyanywesha bine 4 ( Bibelots). Bwiza.com yatangaje inkuru y’umugabo witwa Ntawiheba Isaac, w’imyaka 33 wo mu mudugudu wa Karinzi, Akagari ka Kabeza mu murenge wa Cyuve , wasabaga […]
Musanze: FPR Inkotanyi mu murenge wa Gataraga iravugwa imyato

Mu inteko rusange yateranye kuri uyu 2 Ukwakira 2022, abanyamuryango ba RPF Inkotanyi bagaragaje ko bishimira ibikorwa bamaze kugeraho mu iterambere n’imibereho myiza yabo kandi ko bazakomeza kubisigasira. Mu kiganiro ku mpinduramatwara cyahawe abanyamuryango, Iraguha Prudence, yabasabye ko buri wese agomba kugira uruhare mu kubaka igihugu kandi yiteza imbere. Yagize ati ” Buri munyamuryango wese […]
Nyabihu: Abanyamuryango ba Koperative KOGUGU barashinja akarere kubariganya imitungo yabo no kubahombya

Abanyamuryango bibumbiye muri Koperative izwi nka KOGUGU ( Koperative Guhinga no Guhunika ) ibirayi mu karere ka Nyabihu babajwe no kutishyurwa ingurane y’ibyabo byigaruriwe n’akarere mu myaka umunani ishize ndetse ngo bakaba barasiragiye inshuro nyinshi mu myaka 8 ishize bishyuza ariko ngo amaso agahera mu kirere. Ni Koperative ngo yabonye ubuzima gatozi mu mwaka wa […]