Rusizi: Abiga muri Giheke TSS bamuritse ibyo bagezeho

Abanyeshuri ba Giheke TSS mu Karere ka Rusizi biga tekiniki, imyuga n’ubumenyi ngiro, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 4 Werurwe 2026, bamurikiye ababyeyi babo n’abayobozi banyuranye imishinga bakoze ijyanye n’amasomo bahabwa, abategurira kuzihangira imirimo nibaharangiza. Ibyo bamuritse, nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’iri shuri, Kanyandege Joseph Désiré, bishingiye ku masomo biga ajyanye n’ubwubatsi, amashanyarazi, ikoranabuhanga (Electronic […]

Nyamasheke: Abahinzi b’icyayi barasaba Leta ubufasha ngo bishyure hafi Frw miliyari 2.5 babereyemo BRD

Abahinzi bibumbiye muri Cooperative COTHEGA ihinga icyayi mu mirenge ya Karambi na Cyato y’akarere ka Nyamasheke, baravuga ko bakomeje kuremererwa no kwishyura umwenda w’akabakaba Frw miliyari 2.5 babereyemo Banki nyarwanda itsura amajyambere (BRD), bagasaba Leta kubaha ubufasha bwo kuwishyura. Ni umwenda aba bahinzi bishyura kuva muri 2011; bikaba biteganyijwe ko byibura uzageza muri 2029. Muri […]

Rwamagana na Nyarugenge: Dr Frank Habineza yasoje ibikorwa byo kwiyamamaza

Abaturage b’akarere ka Rwamagana mu ntara y’Iburasirazuba n’aka Nyarugenge mu mujyi wa Kigali ni bo bari batahiwe kumva imigabo n’imigambi y’umukandida w’ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukukije (Democratic Green Party), aho bose yabasezeranyije byinshi by’iterambere igihe bazaba bamutoye. Mu karere ka Rwamagana, Dr Habineza yababwiye ko nibamwicaza mu Rugwiro azabakemurira ibibazo byinshi byihariye bamugaragarije, birimo […]

Imbamutima z’abaturage ba Burera na Musanze nyuma yo kumva Dr Habineza

Ubwo yiyamamarizaga mu turere twa Burera na Musanze mu ntara y’amajyaruguru, Dr Frank Habineza yagaragaje ibiri mu migabo n’imigambi ye, abaturage baganiriye n’itangazamakuru bagaragaza ko bayishimiye baniteguye kumuhundagazaho amajwi ku wa 15 Nyakanga. Hari ku munsi wa 18 wo kwiyamamaza kwe, aho mu karere ka Burera yabwiye abaturage ko ari akarere keza k’ibirunga n’ibindi byiza […]

Imbamutima z’abaturage ba Burera na Musanze nyuma yo kumva Dr Habineza

Ubwo yiyamamarizaga mu turere twa Burera na Musanze mu ntara y’amajyaruguru, Dr Frank Habineza yagaragaje ibiri mu migabo n’imigambi ye, abaturage baganiriye n’itangazamakuru bagaragaza ko bayishimiye baniteguye kumuhundagazaho amajwi ku wa 15 Nyakanga. Hari ku munsi wa 18 wo kwiyamamaza kwe, aho mu karere ka Burera yabwiye abaturage ko ari akarere keza k’ibirunga n’ibindi byiza […]

Gicumbi: Dr Habineza yijeje urubyiruko kuzarutengamaza

Mu karere ka Gicumbi ni ho umukandida w’ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukukije, Dr Frank Habineza yiyamamarije ku munsi wa 17, yizeza urubyiruko kuzarutengamaza arushakira imirimo ihagije natorerwa umwanya w’umukuru w’igihugu. Mbere yo kugira icyo avuga ku rubyiruko, Habineza yavuze ko yishimiye cyane kwiyamamariza muri aka karere k’imisozi myiza miremire asanzwe azi neza kuko yakagezemo […]

Uwibye inkoko cyangwa igitoki ntakwiye gufungwa: Dr Habineza

Umukandida w’Ishyaka Riharanira Demokarasi no kurengera ibidukukije, yijeje abaturage b’akarere ka Muhanga kuzakemura ibibazo biri mutabera, uwibye inkoko cyangwa igitoki igisubizo cyihuse ntikibe kumufunga. Kuri iyi ngingo, Hon. Dr Frank Habineza yavuze ko mu butabera natorwa azakemura ibibazo bibiri by’ingutu bigaragara ko bibangamiye abaturage mu buryo bufatika, birimo icyo gufunga abantu iminsi 30 y’agateganyo bigafata […]

Ab’i Bugesera na Kicukiro bagaragaje ko banyuzwe n’imvugo ya Dr Habineza

Akarere ka Bugesera mu ntara y’iburasirazuba n’aka Kicukiro mu mujyi wa Kigali ni two twari dutahiwe kwakira umukandida w’ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukukije, Dr Frank Habineza n’abakandida depite 50 b’ishyaka rye. Abaturage b’utu turere twombi batangarije BWIZA ko banyuzwe n’imvugo ye, biteguye kumutora ku wa 15 Nyakanga nk’uko yabibasabye. Mu karere ka Bugesera, Habineza, […]

Amajyepfo: Nyaruguru na Nyamagabe bijeje Dr Frank Habineza kuzamuhundagazaho amajwi

951c9482-259c-4060-afaf-140c7f762608.jpg

Uturere twa Nyaruguru na Nyamagabe mu ntara y’amajyepfo ni two twari dutahiwe kuri uyu munsi wa 14 wo kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu kwa Dr Frank Habineza n’abakandida b’ishyaka rye biyamamarizaga umwanya w’ubudepite, abaturage bakaba bamwijeje kuzamuhundagazaho amajwi ku wa 15 Nyakanga,2024. Mu karere ka Nyaruguru Dr Frank Habineza n’umufasha we,babanje kujya kwiyambaza Imana, mu kiliziya, […]

Nimuntora ntimuzicuza: Dr Habineza abwira ab’i Rulindo na Gakenke

Uturere twa Rulindo na Gakenke ni two tubimburiye utundi mu kwakira umukandida w’ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukukije (Democratic Green Party), Dr Frank Habineza mu ntara y’amajyaruguru yakomerejemo ibikorwa bye byoo kwiyamamaza. Aha hombi Dr Habineza yavuze ko kumutora ari uguharahanira ineza yabo, mu mibereho myiza n’iterambere rirambye, bityo ko nibamutora batazicuza. Yagize ati: “Nimuntorera […]

Ibyo tuvuga si igipindi: Dr Habineza wasabye njyanama ya Ngoma kwegura

Umuyobozi w’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukukije akanaba umukandida ku mwanya w’umukuru w’igihugu, Dr Frank Habineza, yanyomoje abavuga ko ibyo avuga yiyamamaza ari igipindi ndetse na we akaba azi neza ko atatsinda amatora y’umukuru w’igihugu, avuga ko iyo aza kuba atiyizeye neza atari kwiyamamaza. Ni bimwe mu byo yavugiye mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye ku mugoroba […]

Dr Habineza yabwiye ab’i Nyabihu na Rubavu ko azatumbagiza imishahara ya RDF na RNP

Umunsi wa 11 wo kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu, umukandida w’ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukukije (Democratic Green Party), Dr Frank Habineza yari mu turere twa Nyabihu na Rubavu mu ntara y’uburengerazuba, aho yatangiye isezerano rw’uko natorwa azatumbagiza imishahara y’abasirikare, abapolisi n’izindi nzego z’umutekano. Muri utu turere twombi, Habineza yishimiye uburyo yakiriwe, haba ku mbaga y’abaturage […]

Uburengerazuba : Dr Habineza yavuze ko natorwa abahunze igihugu kubera imisoro azabagarura

Umunsi wa 10 wo kwiyamamariza umwanya wo kuyobora u Rwanda, Dr Frank Habineza yagarutse mu ntara y’Uburengerazuba yaherukagamo ku wa 29 Kamena 2024, ubwo yari ku Kabaya mu karere ka Ngororero. Uyu mukandida w’ishyaka Riharanira Demukarasi no kurengera Ibidukikije mu Rwanda n’abakandida baryo mu matora y’abadepite biyamamarije mu turere twa Rusizi na Nyamasheke. Mu karere […]

Huye: Dr Habineza yavuze ko yagize uruhare rukomeye mu kuhagarura amashami ya UR

Mu i Rango, mu Murenge wa Mukura w’Akarere ka Huye ni ho umukandida w’ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukukije (Democratic Green Party), Dr. Frank Habineza, yakomereje ibikorwa byo kwiyamamaza ku kuri iki cyumweru, tariki ya 30 Kamena, ari kumwe n’abakandida b’ishyaka rye ku mwanya w’ubudepite mu nteko ishinga amategeko. Aha i Huye abaturage bamwakiriye nk’uwisanga, […]

Dr. Habineza aremeza ko urugwiro yakiranwa n’abaturage rumuha icyizere cyo gutsinda amatora

Umunsi wa munani wo kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu, umukandida w’ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukukije (Democratic Green Party) yari ku Kabaya mu karere ka Ngororero, ahabimburiye ahandi mu ntara y’uburengerazuba, nyuma y’iminsi 7 yibanda mu mujyi wa Kigali, intara y’amajyepfo n’iy’uburasirazuba. Aha hose avuga ko urugwiro yakiranwa n’abaturage rumuha icyizere cyo gutsinda aya matora n’abadepite […]

Amajyepfo : Dr Frank Habineza yagaragarije abaturage ko anyotewe no kwicara mu Rugwiro

Umunsi wa karindwi wo kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu, umukandida w’ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukukije (Democratic Green Party), Dr Frank Habineza yawuhariye uturere twa Gisagara na Ruhango, mu ntara y’amajyepfo, aho yabagaragarije ko anyotewe no kwicara mu Rugwiro, agira ibyo abasezeranya azabagezaho nibamwicazayo ku wa 15 Nyakanga,2024, bakanamuhesha ubwiganze mu nteko ishinga amategeko batora abadepite […]

Kirehe: Dr Habineza yibukije ababyeyi ko kuba abana babo barira ku ishuri ari we byaturutseho

Ku munsi wa kane w’igikorwa cyo kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu, umukandida w’ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukukije (Democratic Green Party), Ho.Dr Frank Habineza yawukomereje mu karere ka Kirehe, aho yakiririwe n’imbaga y’abaturage muri santere y’ubucuruzi ya Nyakarambi. Umuyobozi w’akarere ka Kirehe wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Nzirabatinya Modeste ari mu bamwakiriye. I Kirehe Dr. Habineza yibukije […]

Uburasirazuba: Dr Habineza yijeje kuzahanga imirimo mishya 500,000 buri mwaka

Nyuma ya Gasabo mu mujyi wa Kigali na Kamonyi mu ntara y’amajyepfo, umunsi wa 3 wo kwiyamamaza wa Dr Frank Habineza n’abakandida depite 50 b’ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukukije (Democratic Green Party) bawuhariye uturere twa Ngoma na Kayonza mu ntara y’uburasirazuba. Muri aka karere byagaragaraga ko abaturage bari bategereje cyane Hon. Dr Frank Habineza […]

Kamonyi: Dr Habineza yijeje gukuraho burundu imisoro ku butaka

Ku munsi wa kabiri wo kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu, umukandida w’ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukukije yawugeneye akarere ka Kamonyi, aho yakiririwe ku kibuga cya Santere y’ubucuruzi ya Gihara n’abaturage b’umurenge wa Runda. Umunyamabanga nshingwabikorwa wawo, Ndayisaba Egide ari mu bamwakiriye. Nyuma yo kugeza ku baturage ibyo iri shyaka ryakoze mu buvugizi bwaryo byazamuye imibereho […]

Gasabo: Abaturage basabye Dr Habineza amazi na kaburimbo

Abaturage bo mu karere ka Gasabo basabye umukandida w’Ishyaka Riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda ko mu gihe yaba atorewe kuyobora igihugu yabaha amazi meza ndetse n’umuhanda wa kaburimbo, kuko biri mu byo bakennye kurusha ibindi. Dr Frank Habineza yabisabwe ubwo yari mu mudugudu wa Gitega, akagari ka Bweramvura ho mu murenge wa Jabana; […]

Nyamasheke: Uko Padiri Mategeko Aimé yageze i Shangi n’uruhare rwe muri Jenoside

Padiri Mategeko Amatus ( Aimé) ufungiye mu Igororero rya Mpanga, Akarere ka Nyanza mu majyepfo y’igihugu, wakatiwe burundu n’inkiko gacaca kubera uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi kuri Kiliziya Gatolika ya Shangi, Akarere ka Nyamasheke. Akunda kugarukwaho cyane n’abaharokokeye, akaba yaranavuzwe cyane ubwo hibukwaga ku nshuro ya 30 Abatutsi bahiciwe muri Jenoside. Bwiza.com yashatse kumenya […]

Bahigishijwe imbwa: Iyicwa ry’Abatutsi mu ruganda rw’icyayi rwa Gisakura i Nyamasheke

Abayobozi banyuranye bifatanyije n'abakozi b'uruganda rw'icyayi rwa Gisakura kwibuka Ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi

Abarokokeye mu ruganda rw’icyayi rwa Gisakura n’inkengero zarwo, mu karere ka Nyamasheke, bavuga ko ubugome Jenoside yahakoranywe bwari ndengakamere, kuko uretse abahamagajwe aho bari bihishe, babeshywe ko barindirwa umutekano, baza bagapakirwa imodoka nyinshi bakajyanwa kuri paruwasi gatolika ya Nyamasheke kwicirwayo, abari bihishe mu mirima y’icyayi no muri Nyungwe, bahigishijwe imbwa kugeza bavumbuwe bakicwa . Ni […]

Nyamasheke: Abashomeri batuye aho icyayi cyabuze abasoromyi bijejwe ubufasha

Kanyesigye uyobora uruganda rw'icyayi rwa Gisakura

Abahinzi b’icyayi ba COOPTHE Mwaga-Gisakura na COOPTHEVIGI bakorana n’uruganda rw’icyayi rwa Gisakura mu karere ka Nyamasheke barasabwa imbaraga mu kurushaho kucyitaho bacyongereza ubwinshi n’ubwiza, cyane cyane bongera ubuso bw’imirima gihigwaho, kugira ngo kirusheho kubateza imbere. Babisabwe n’uwari uhagarariye Rwanda Mountain Tea, Bugingo Eric, ubwo muri uru runganda ruri mu murenge wa Bushekeri, hizihirizwaga umunsi mukuru […]

Nyamasheke: Umukobwa w’imyaka 23 yaryamye, bucya yapfuye urw’amayobera

Usabuwera Diane w’imyaka 23, wabanaga na nyina na mukuru we, mu mudugudu wa Butare, akagari ka Rugali, umurenge wa Macuba, akarere ka Nyamasheke, yavuye ku kazi muri santere y’ubucuruzi ya Kirambo, aho adodera, ku wa Kabiri tariki ya 7 Ugushyingo, nimugoroba, saa mbiri z’ijoro ajya kuryama, bucya yapfuye, aba abaye uwa 4 mu muryango upfuye […]

Rusizi: Gitifu afungiye gukubita no gukomeretsa umuturage barwaniye mu biro

Umuturage usanzwe ari inkeragutabara Cpl( rtd) Ngendahayo Adrien arembeye bikomeye mu bitaro bya Mibilizi mu karere ka Rusizi, bigakekwa ko yakubiswe akanakomeretswa na Gitifu w’akagari ka Kabuye,umurenge wa Nyakarenzo,akarere ka Rusizi Hakizimana Céléstin wahise atabwa muri yombi afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Nyakarenzo, uru rugomo rwabereye mu biro by’aka kagari. Uwahaye Amakuru Bwiza.com yavuze […]

Rusizi: Amarira aratemba muri koperative iherutse gutakambira Perezida Kagame

Uyu munyamuryango aravuga ko yagombaga guhabwa Frw ibihumbi 500

Abanyamuryango ba koperative Gisuma Coffee y’abahinzi ba kawa ikorera mu murenge wa Giheke, akarere ka Rusizi, babaye nk’abakubiswe n’inkuba ubwo bitabiraga inama y’inteko rusange yabo, biteguye kugabana inyungu, bakabwirwa ahubwo ko bahombye arenga 4.800.000, ko igihombo kizanakomeza kwiyongera, barikubita bataha inama itarangiye. Bavuga ko ibibabayeho byanababayeho umwaka ushize na bwo babwirwa ko bahombye, bibaza icyo […]

Rusizi: Umwarimu ukekwaho gutorokana amafaranga 1.776.500 yafashwe

Nahimana ubwo yafatwaga yakuwemo inkweto

Nyuma y’amezi 3,5 yihishahisha,ashakishwa n’ubutabera, mwarimu Nahimana Théogène ukekwaho gutorokana amafaranga 1.776.500 ya bagenzi be babanaga mu kimina muri GS Cyato, umurenge wa Nyakarenzo, akarere ka Rusizi, ubuyobozi bw’aka karere buremeza ko yatawe muri yombi amaze kwishyikiriza abarimu bagenzi be n’ubuyobozi bw’umurenge wa Nyakarenzo, afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyakarenzo. Nk’uko Bwiza.com yabitangarijwe na […]

Rusizi: Umugabo ushinjwa amarozi yiciwe mu ruhame

Amakuru aturuka mu mudugudu wa Shara,akagari ka Kamurehe, umurenge wa Gashonga, akarere ka Rusizi ni ay’iyicwa ry’umugabo w’imyaka 44 witwaga Mukeshimana Viateur, wishwe n’abaturage barimo Nyandwi Evariste w’imyaka 28 n’abavandimwe be 5 barimo bashiki be 2, abakekwa bose bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Gashonga, mu gihe hakomeje iperereza. Uwahaye amakuru Bwiza.com, yavuze ko iyicwa […]

Nyamasheke: Abaturage bahingaga icyayi ku butaka bwa Leta bigabije batangiye kubukurwamo

Meya Mukamasabo yabasabye kuzafata neza amafaranga bazahabwa, bayagarura mu buhinzi bw'icyayi kuko ubutaka bagihingaho buhari

Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke Mukamasabo Appolonie aravuga ko ikibazo cy’abahinzi b’icyayi 1096 bo mu mirenge ya Cyato na Karambi, ba koperative ya COTHEGA, bagihingaga ku butaka bwa Leta bigabije, bagiye gutangira guhabwa ingurane nk’uko babyemeranijwe n’ubuyobozi bw’aka karere n’ubw’umushoramari watijwe ubwo butaka, Rwanda Mountain Tea, bakabuvamo, icyayi kikegurirwa uwo mushoramari. Yabitangarije Bwiza.com ku wa 16 […]

Nyamasheke: Umukobwa yishwe atewe icyuma, anajanjaguwe umutwe

Uzabakiriho wafashwe bwa mbere

Kuri sitasiyo ya RIB ya Gihombo mu karere ka Nyamasheke, hafungiye abagabo 2 bakekwaho kwica umukobwa w’imyaka 34 witwaga Nyiranzabandora Peruth, wo mu mudugudu wa Kamina, akagari ka Mutongo, umurenge wa Macuba mu karere ka Nyamasheke, umurambo we wasanzwe mu nzu idatuwemo, mu mudugudu wa Rwabisindu, akagari ka Kibingo, umurenge wa Gihombo muri aka karere, […]

Nyamasheke: Idarapo ryari ryabuze ryasanzwe ritabye mu ifumbire

iri_darapo_ryari_ryabuze_ryasanzwe_mu_bishishwa_bya_soya_mu_murima_w_umuturage_yahashyiriye_kubyazwa_ifumbire__copy.jpg

Abagabo 5 bafunzwe bakekwaho uruhare mu kwibwa kw’idarapo ry’akagari ka Mubumbano,umurenge wa Kagano,akarere ka Nyamasheke, ryibwe mu gicuku cyo ku cyumweru tariki 30 Nyakanga, rikaboneka mu ma saa munani n’igice z’amanywa ku wa mbere tariki ya 31 Nyakanga, mu isambu y’umuturage,mu bishishwa bya soya yarundiye kugira ifumbire. Abaturage baganiriye na Bwiza.com,bayitangarije ko ryabonetse bahangayitse cyane,kuko […]

Nyamasheke: Amayobera ku musozi ucucumuka mo umuriro ugurumana ariko ntugire icyo utwika

Aha hacucumuka umwotsi umuriro ntuboneke

Abaturage b’umudugudu wa Nyakagano, akagari ka Burimba, umurenge wa Shangi, akarere ka Nyamasheke bari mu mayobera n’icyoba cyinshi baterwa n’umusozi batuyeho uhanamye cyane, w’imanga, wa Nyakaningura ucucumukamo umuriro mwinshi n’icyotsi cyinshi, bakavuga ko batakiryama, barara bahagaze banga ibyago byabageraho biwuturutsemo, amayobera akomeye arimo ariko akaba ari ay’uko uwo muriro nta na kimwe utwika. Ni umuriro […]

Nyamasheke: Abayobozi babiri bahagaritswe by’agateganyo

Ndanga Janvier yahagaritswe amezi 3 adahembwa, bivuga ko yazize amabati

Ndanga Janvier uyobora ishami ry’imibereho myiza y’abaturage ku karere ka Nyamasheke yahagaritswe by’agateganyo amezi 3, Tuyishime Augustin ushinzwe iterambere ry’ubukungu n’imibereho myiza (SEDO) mu kagari ka Gakenke, umurenge wa Rangiro ahagarikwa amezi 2, bombi badahembwa, nk’uko amabaruwa abahagarika abivuga. Amakuru Bwiza.com yakuye muri bamwe mu bakozi b’aka karere bakorana bya hafi n’uyu Ndanga Janvier, n’ab’umurenge […]

Rusizi: Meya yahagaritse umwarimu ukekwaho gutorokana amafaranga ya bagenzi be

Icyumweru kirirenze Nahimana Théogène wigishaga muri G.S Cyato, umurenge wa Nyakarenzo, akarere ka Rusizi atagaragara mu ruhame, bigakekwa ko intandaro ari amafaranga 1.776.500 y’ikimina yari abikiye bagenzi be, umunsi w’inama yo kuyagabana ku wa 6 Nyakanga, akababwira ko ayabazanira bukeye bwaho, akaza kubura. Ku wa 13 Nyakanga ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi bwamwandikiye ibaruwa imuhagarika by’agateganyo. […]

Rusizi: Umwarimu yatorokanye amafaranga 1.700.000 ya bagenzi be

Ingabire avuga ko batangiye gutakaza icyizere cy'amafaranga yabo

Kuva ku wa 6 Nyakanga 2023, Nahimana Théogène wigisha Imibare muri G.S Cyato King’s House School, mu murenge wa Nyakarenzo, akarere ka Rusizi yabuze ku kazi n’iwe mu rugo mu mudugudu wa Gitovu, akagari ka Kabagina muri uyu murenge wa Nyakarenzo, bagenzi be bakorana bakavuga ko yavuye ku ishuri avuga ko agiye kubazanira amafaranga yabo […]

Rutsiro: Abaturage babwiye Meya mushya ko batazi uko kurya 2 ku munsi bisa

Bavuga ko iyi misozi kubona ikiyeraho cyabatunga bigoye

Mu kiganiro n’abaturage b’umurenge wa Manihira mu karere ka Rutsiro, ubwo yifatanyaga na bo gushyikiriza Yambabariye Jeannette warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, inzu yubakiwe n’uruganda rw’icyayi rwa Rutsiro, Meya Mulindwa Prospère, bamubwiye beruye ko batazi uko kurya kabiri ku munsi bisa, abenshi barya rimwe, bakemeza ko harimo n’ababurara bakajya mu buriri bakaryama. Babimubwiriye mu kiganiro yari […]

Nyamasheke: Yasanzwe hejuru mu kiziriko nyuma yo gutongana n’umugore

Abaturage b’umudugudu wa Rugarama, akagari ka Bisumbo,umurenge wa Cyato, akarere ka Nyamasheke, bari mu rujijo nyuma yo kubwirwa mu gitondo cy’uyu wa 2 Nyakanga, ko umuturanyi wabo Hagenimana Emmanuel w’imyaka 45 yimanitse mu gikoni nyuma yo gutongana n’umugore we bari bamaranye imyaka myinshi mu makimbirane, bamwe bakavuga ko yaba yishwe akahamanikwa. Ni amakuru akomeje guteza […]

Nyamasheke: Umurambo w’umukecuru wari warabuze wasanzwe ku ruzi

Umurambo w’umukecuru w’imyaka 60 witwaga Nyirangirinshuti Félicité, wari utuye mu mudugudu wa Gakenke, akagari ka Rugali, umurenge wa Cyato, akarere ka Nyamasheke, wabuze ku wa 23 Kamena, wasanzwe ku nkengero z’uruzi rwa Karundura mu gitondo cyo kuri uyu wa 28 Kamena. Nk’uko umunyamakuru wa Bwiza.com yabitangarijwe n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Rugali, Mubayire Eliel, ngo uyu […]

Nyamasheke: Imibiri 849 y’abazize jenoside yashyinguwe mu cyubahiro

Habimana yashimiye abaje kubafata mu mugongo bose, anishimira ko ababo baruhukiye aheza kurushaho

Imibiri 849 y’Abatutsi bishwe muri jenoside, irimo 839 yimuwe ikuwe mu rwibutso rwa Ntendezi, 4 yakuwe aho yari ishyinguye mu ishuri rya EAV Ntendezi, 2 yavuye mu murenge wa Bushenge yabonywe aho yari yarajugunywe muri jenoside, 1 wari ushyinguye mu rugo mu murenge wa Shangi, n’indi 3 yavanywe mu mva mu ngo mu murenge wa […]

Nyamasheke: Umugabo yasanzwe mu muhanda yamenwe umutwe

Mu nama y'umutekano yahise ikoreshwa abaturage, basabwe kwirinda urugomo rumaze gukabya muri aka gace

Mu muhanda rwagati wa Kirambo-Susa, mu mudugudu wa Musagara, akagari ka Kigarama, umurenge wa Kanjongo, akarere ka Nyamasheke, hasanzwe umurambo w’umugabo witwaga Irambona Daniel w’imyaka 34, bivugwa ko yari umwarimu mu mashuri abanza mu mujyi wa Kigali, uwo bikekwa ko yamwishe agahanga yagatemaguye arakajanjagura. Amakuru ya mbere kuri uru rupfu yamenywe n’umumotari n’umugenzi yari atwaye […]

Rusizi: Bashengurwa n’uko Nsabimana Callixte ataboneka ngo afungwe

Habimana Casimir yagaragaje ko Nsabimana ari mu bakongeje Jenoside mu cyari Cyangugu yose

Abarokokeye jenoside yakorewe Abatutsi mu ruganda rw’icyayi rwa Shagasha, bavuga ko bakomeje gushengurwa n’intimba ikomeye yo kutamenya amakuru y’uwabahekuye, abandi akabasigira ubumuga budakira n’ubukene bukabije kubera kubasahura no kubatwikira, Nsabimana Callixte waruyoboraga, bifuza ko yafatwa akabiryozwa. Nsabimana wayoboraga uru ruganda ruri mu murenge wa Giheke, akarere ka Rusizi, yongeye gushyirwa mu majwi cyane ubwo muri […]

Umugabo yarekuwe nyuma y’imyaka 33 afungiwe icyaha atakoze

Nyuma y’iraswa ryabaye ku itariki 27 Ukwakira 1989 muri California ho muri Leta zunze ubumwe za Amerika, Daniel Saldana yahamijwe icyaha cyo kwica akatirwa imyaka 45 y’igifungo. Byavugwaga ko Saldana yari mu bagabo batatu barashe imodoka yari irimo abanyeshuri batandatu bibeshye, bazi ko ari abanyarugomo. Nta wahasize ubuzima ariko babiri muri bo barakomeretse. Kuva icyo […]

Nyamasheke: Umugore aravuga ko yakubiswe n’abaturanyi bimuviramo gukuramo inda

Nyirabakura Julienne w’imyaka 33, utuye mu mudugudu wa Makoko, akagari ka Mubumbano, umurenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke arasaba Meya Mukamasabo Appolonie gukurikirana ikibazo cye, nyuma y’uko ngo akubitiwe mu kimina na bagenzi be bikamuviramo gukuramo inda y’amezi 2,5 akabura ubutabera. Aganira na Bwiza.com, Nyirabakura uvuga ko inda yakuyemo yari iy’imbyaro ya 4, akaba […]

Umugore wabyaranye n’umwana w’imyaka 13 yakatiwe iminsi 90

Andrea Serrano w’imyaka 31 uba muri Leta ya Colorado muri Leta zunze ubumwe za Amerika yakatiwe igifungo cy’iminsi 90 nyuma yo guhamywa icyaha cyo gusambanya umuhungu w’imyaka 13, bakabyarana. Serrano yatawe muri yombi muri Nyakanga 2022, muri Gashyantare 2023 akatirwa igifungo cy’imyaka 10 gisubitse, nyuma yo kugirana amasezerano n’ubushinjacyaha, akemera icyaha. Iki gihano nacyo cyagabanyijwe […]

Rusizi: Meya ahangayikishijwe n’abakozi b’akarere bagera ku kazi bakerewe

Nteziyaremye avuga ko kugera ku kazi mu masaa yine atari ingeso gusa ahubwo ari n'uburwayi

Umuyobozi w’akarere ka Rusizi, Dr Kibiriga Anicet, avuga ko mu bakozi ayoboye hari abokamwe n’ingeso yo gukerererwa mu kazi, bakageraho mu masaa tatu n’igice ndetse na saa yine z’igitondo kandi amasaha mashya yagenwe ari saa tatu z’igitondo, akavuga ko bahagurukiwe, uzagirwa inama agakomeza iyo ngeso azafatirwa ibihano hakurikijwe amategeko. Uku ni ukwezi kwa 5 amasaha […]

Umugore wa Lebron James yavuze ko yahisemo kwita ku kuba umubyeyi mwiza kuruta kuba icyamamare

Savannah James, umugore w’umukinnyi ukomeye cyane mu mukino wa Basketball, Lebron James, babanye guhera mu mwaka w’2013, ntakunze kugaragara mu ruhame. Savannah mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru The Cut, yavuze ku mpamvu zatumye ahitamo kutigaragaza cyane nk’uko abandi bagore b’abakinnyi bakomeye babigenza, bakajya mu biganiro bya televiziyo cyangwa bakaba abavuga rikumvikana. Yavuze ko yashakaga gukomeza kwishimira […]

Umwana wa Patoranking yateye benshi amarangamutima

Wilmer, umwana muto w’umuhanzi Patrick Nnaemeka Okorie wamamaye ku izina rya Patoranking muri Nigeria no ku Isi, yateye benshi amarangamutima ubwo yabwiraga uyu mubyeyi we amagambo meza. Patoranking yasangije abamukurikira videwo imugaragaza ari kuganira n’uyu mwana w’umukobwa, umwana abanza kumusoma maze amubwira amagambo meza adasanzwe. Ati: “Ndagukunda, ndi Spiderman kandi ndi icyamamare.” Uyu muhanzi yagaragaje […]

Menya impamvu abantu bahitamo kwiyambura ubuzima

Biragora kumva no gusobanukirwa icyatumye inshuti, umuvandimwe ahitamo kwiyahura. Akenshi nta bimenyetso uba warabonye byakwerekako mugenzi wawe agiye kwiyahura. Abantu basaga 800000 ku Isi buri mwaka bariyahura, gusa abenshi ntabwo bavuga kimwe ku bijyanye n’impamvu abantu biyahura. Bamwe bavuga ko umuntu aba yagize intege nke abandi bakavuga ko ari amahitamo y’umuntu ariko mu by’ukuri impamvu […]

Rusizi: Ubuyobozi bushya bwa Nkamira SACCO bwiyemeje kwirinda imicungire mibi yeguje ababubanjirije

Niyonzima Donatien avuga ko biteguye gukora impinduka, ibibazo byahahoraga bikaba amateka

Nyuma y’igihe kirekire cya bombori bombori yaterwaga n’imicungire itanoze n’inyereza ry’umutungo w’abatuage ubitse muri Nkamira SACCO ya Kamembe, byatumye abayiyoboraga mbere bavanwaho n’abakozi hafi ya bose bagasezererwa hakazanwa abandi, ubuyobozi bushya bwayo, burizeza ko ibyayivuzwemo icyo gihe cyose bigiye kuba amateka. Bwabitangarije umunyamakuru wa Bwiza.com nyuma y’inama y’inteko rusange yabo iherutse kuba, yasobanuraga uko bihagaze […]

Amahanga akomeje gutera umugongo idolari

Ibihugu byinshi kuva muri Brazil kugeza mu byo mu majyepfo y’iburasirazuba bwa Asia birahamagarira ko ubucuruzi bwakoresha ayandi mafaranga atari idolari rya Amerika. Ubu ibihugu bimwe na bimwe byahagaritse gukoresha amadorari mu bucuruzi. Urugero: nk’u Burusiya n’u Bushinwa na Brazil. Ibi byatangiye cyangwa se byiyongereye nyuma y’intambara y’u Burisiya na Ukraine kuko mbere yuko ino […]

Rusizi: Nta mwenda uri mu rwibutso rwa Nkanka, abashyinguyemo bose bishwe bambitswe ubusa

Dusenge avuga ko kuba nta mwenda n'umwe wasanga mu rwibutso rwabo bibatera intimba ikomeye

Abafite ababo bashyinguye mu rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Nkanka, mu murenge wa Nkanka, akarere ka Rusizi, bavuga ko bashengurwa bikomeye n’intimba yo kutazigera babona bimwe mu bimenyetso by’amateka ya Jenoside ku babo bahiciwe, cyane cyane imyenda bari bambaye,kuko bose babishe babanje kubambika ubusa buri buri. Uku kwicwa urw’agashinyaguro bigera n’aho babambika ubusa burundu […]

Nyamasheke: Abarokokeye muri Karengera bababazwa n’ababiciye ababo batagaragaza ukuri kw’ibyo bakoze

Abarokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi mu cyahoze ari komini karengera, bo mu mirenge ya Karengera na Ruharambuga mu karere ka Nyamasheke baravuga ko bashengurwa n’agahinda gakomeye baterwa n’ababiciye ababo, barimo uwari Burugumesitiri Sinzabakwira Straton wahagarikiye ubwicanyi, batagaragaza ukuri kw’ibyo babakoreye, ntibabe banahinguka mu gikorwa cyo kwibuka, ngo bifataye n’abandi. Babigaragaje mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro […]

Nyamasheke: Mu myaka 2 urwibutso rwa Rwamatamu ruzaba rwubatse mu buryo bugezweho

Abayobozi banyuranye bifatanya n'abarokokeye mu cyahoze ari Rwamatamu kwibuka Abatutsi bahiciwe

Mu gihe abafite ababo bashyinguye mu rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Rwamatamu, umurenge wa Gihombo, mu karere ka Nyamasheke, n’izindi zizavanwamo imibiri izarwimurirwamo binubiraga ubuto bwarwo bubuza imibiri y’ababo kuruhuka mu buryo bwisanzuye, ikanabamo ubukonje, nta n’ubusitani bibukiraho nk’uko babibona mu nzibutso zujuje ibisabwa, barizezwa ko mu myaka 2 ruzaba rwamaze kuvugururwa rukajyana n’igihe. […]

Nyamasheke: Abarokokeye muri paruwasi gatolika ya Hanika ntibarabona imibiri irenga 6.000 y’ababo bishwe

Gatete asaba abazi ahakiri imibiri itarashyingurwa mu cyubahiro kuhagaragaza na yo igashyingurwa

Abarokokeye kuri paruwasi gatolika ya Hanika,mu murenge wa Macuba, mu karere ka Nyamasheke, bavuga ko bagishengurwa n’agahinda ko kutamenya irengero ry’imibiri irenga 6.000 y’ababo bahiciwe n’abiciwe mu nkengero zayo muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ngo ishyingurwe mu cyubahiro, kuko mu barenga 15.000 bari bahahungiye, hafi ya bose bakahicirwa, imibiri 8437 gusa ari yo babonye. Babigarutseho kuri […]

Rusizi: Abataramenyekana biraye mu ikawa z’umuturage, baranduramo ibiti 102

Baziranduranye ubugome bwateye benshi kwibaza

Mu murima w’ibiti bya kawa birenga 250 bigeze igihe cyo kurabya,bya Dusabe Eugène, utuye mu mudugudu wa Nyakivomero,akagari ka Mashesha, umurenge wa Gitambi mu karere ka Rusizi, yabyutse asanga baranduyemo ibiti 102,aho ibyabananiraga kubirandura babiciragamo hagati, barigendera ,bakaba bagishakishwa n’inzego z’umutekano. Ni igikorwa umuyobozi w’umurenge wa Gitambi Hagenimana Jean de Dieu yavuze ko ari icya […]

Nyamasheke: Umurambo w’umukecuru wasanzwe ku nkengero z’ikivu nyuma y’iminsi 3 ashakiswa

Mukankindi Elianne w’imyaka 66 y’amavuko wo mu mudugudu wa Kazimba, akagari ka Rugali, umurenge wa Macuba mu karere ka Nyamasheke,wabuze ku wa 7 Mata, agiye kuzitura ihene yari yaziritse hafi y’ikivu anajyanye ibikoresho yogana ntagaruke, umuryango we ugakeka ko yishwe, umurambo we wasanzwe ku nkengero z’ikivu nyuma y’iminsi 3 ashakishwa. Uwahaye Bwiza.com aya makuru, yavuze […]

Nyamasheke: Mudugudu ukekwaho imikoranire n’irondo ryiba abaturage yegujwe

Nyuma y’igihe kirekire abaturage b’umudugudu wa Nyagafunzo, akagari ka Mwezi, umurenge wa Karengera, mu karere ka Nyamasheke bataka kwibwa imyaka mu mirima nijoro, bagashyira mu majwi abanyerondo babo, abo beguje Umukuru w’uwo mudugudu Sibomana Cyrille akajya abagaruramo mu buryo budasobanutse, bikaza kugaragara ko akorana na bo nyuma y’aho aba banyerondo biraye mu bacuruzi bakabasahura, Mudugudu […]

Nyamasheke: Abacuruzi babyutse basanga abanyerondo babacucuye

Ibi ni bimwe bamwe muri bo bafatanywe mu nzu zabo

Abacuruzi 3 ba santere y’ubucuruzi ya Nyagafunzo, mu mudugudu wa Nyagafunzo, akagari ka Mwezi, umurenge wa Karengera mu karere ka Nyamasheke, bararira ayo kwarika nyuma yo kubyuka bagasanga bimwe mu byo bacuruzaga byibwe, abaturage n’ubuyobozi bakurikirana bakabifatira mu nzu z’abanyerondo 5 bitwaga ko baraririye iyo santere y’ubucuruzi, bagahita banatabwa muri yombi. Amakuru umunyamakuru wa Bwiza.com […]