Abasirikare b’u Burundi ‘banze kurwanya’ M23 baba bagejejwe i Bujumbura
Abasirikare b’u Burundi hafi 200 baravugwaho gucyurwa nyuma yo kwigumura, bakanga kwifatanya n’igisirikare cya Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC) n’imitwe ya Wazalendo mu kurwanya umutwe witwaje intwaro wa M23. Umurundi Pacifique Nininahazwe uyobora umuryango FOCODE utabariza ababurirwa irengero, aherutse gutangaza ko abasirikare b’u Burundi boherejwe kurwanya M23 bacitsemo ibice, bamwe banga kujya kujyayo kuko […]
Mwenda arashidikanya ku bwenge bwa Tshisekedi wagereranyije Kagame na Hitler
Umunyamakuru Andrew Mwenda usanzwe ari inshuti ikomeye y’umuryango wa Perezida Yoweri Museveni, yagaye Félix Tshisekedi uyobora Repubulika ya demukarasi ya Congo wagereranyije Paul Kagame n’umunyagitugu w’Umudage, Adolf Hitler. Tshisekedi tariki ya 8 Ukuboza 2023 ubwo yiyamamarizaga mu mujyi wa Bukavu, yavuze ati: “Ngiye kubwira Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, kubera ko yashatse kwitwara nka Adolf […]
Me Flamme ahamya ko abatangabuhamya 63 bose bashinjuye Basabose
Umunyamategeko Me Jean Flamme wunganira Basabose Pierre mu rukiko rwa rubanda rwa Brussels arasaba ko umukiriya we agirwa umwere kuko ngo abatangabuhamya bagombaga kumushinja, bisanze bamushinjuye. Basabose yabaye umusirikare, aba umushoferi wa Colonel Elie Sagatwa wari muramu wa Habyarimana Juvénal. Yabaye kandi umuvunjayi muri Kigali, aba umunyamigabane wa RTLM, akaba afatwa nk’umwe mu baterankunga ba […]
Dr Habineza arahamya ko ihohoterwa ku barwanashyaka ba Green Party ryagabanyutse cyane
Umuyobozi Mukuru w’ishyaka DGPR (Democratic Green Party of Rwanda) akaba n’umudepite mu nteko ishinga amategeko, Dr Frank Habineza, aravuga ko ihohoterwa ryakorerwaga abanyamuryango baryo ryagabanyutse ku kigero kigera kuri 99%. Ibi yabibwiye abanyamakuru kuri uyu wa 8 Ukuboza 2023 ubwo yari amaze gufungura ku mugaragaro Inteko y’abagore bo muri DGPR mu mujyi wa Kigali. Dr […]
Ingabo za EAC za nyuma zizava muri RDC mu mwaka utaha
Umutwe w’ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro bw’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba muri Repubulika ya demukarasi ya Congo, EACRF, watangaje ko iza nyuma zizava muri iki gihugu mu mwaka utaha. Ingabo za Kenya zigera kuri 300 ni zo zabimburiye izindi, zirataha, hashingiwe ku byemezo abakuru b’ibihugu by’akarere bafatiye mu nama yabereye i Arusha tariki ya 24 Ugushyingo […]
Noà«l Tshiani uvuga ko azatera Kigali ni muntu ki?
Umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika ya demukarasi ya Congo, Noà«l Kabamba Tshiani, aravuga ko afite intego yo kohereza igisirikare cy’iki gihugu, FARDC, mu mujyi wa Kigali, ngo mu gihe “u Rwanda rutava” mu burasirazuba bw’iwabo. Tshiani, mu migabo n’imigambi afite nk’ushaka kuyobora RDC, arahamya ko FARDC iri ku rwego ruri hasi, bityo ko […]
FARDC yatangaje ko iri kwigengesera ku gukura M23 muri Mushaki
Igisirikare cya Repubulika ya demukarasi ya Congo, FARDC, cyatangaje ko kiri kwigengesera ku gukura M23 muri santere ya Mushaki iherereye muri teritwari ya Masisi bitewe n’uburyo ituwe. M23 yafashe Mushaki kuri uyu wa 7 Ukuboza 2023, nyuma y’amezi hafi 9 ihashyikirije ingabo z’u Burundi ziri mu butumwa bw’amahoro bw’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba, EAC. Umuvugizi w’uyu […]
Ni iki cyakorwa mu gihe RIB yakwanga gukora iperereza ku kirego yahawe?
Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha rufite inshingano zo kugenza ibyaha ruhabwa n’itegeko Nº12/2017 ryo ku wa 07/04/2017 rigena imikorere yarwo. Ni inshingano zakorwaga n’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe iperereza ku byaha kuva mu mwaka w’2000 kugeza mu 2017. Ingingo ya 16 y’Itegeko nº 027/2019 ryo ku wa 19/09/2019 ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha yerekana imirimo yose umugenzacyaha […]
Videwo ya Rusesabagina yateje impaka mu rubanza rwa Munyemana
Videwo ya Rusesabagina Paul yumvikanamo asobanura uburyo yafungiwe mu Rwanda n’uko yafunguwe yateje impaka mu rubanza rwa Dr Munyemana Sosthène ruri kubera mu rukiko rwa rubanda rwa Paris mu Bufaransa. Byari biteganyijwe ko Rusesabagina atanga ubuhamya mu gitondo cyo kuri uyu wa 7 Ukuboza 2023, ariko ntibyakunze bitewe n’uko umwunganira mu mategeko yabyanze. Mu masaha […]
Umunyamakuru Nkundineza arakomeza gufungwa
Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwategetse ko umunyamakuru Nkundineza Jean Paul akomeza gufungwa by’agateganyo. Ni icyemezo cyafashwe ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 7 Ukuboza 2023, nyuma y’icyumweru uyu munyamakuru aburanye ubujurire ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo. Uyu munyamakuru yatawe muri yombi tariki ya 16 Ukwakira 2023. Ku ya 7 Ugushyingo ni bwo urukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge […]
RIB mu nzego zifite abakozi bakiriye ruswa nyinshi
Umuryango Transparency International (TI) Rwanda urwanya ruswa n’akarengane wagaragaje ko urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha, RIB, rwaje mu nzego zifite abakozi bakiriye ruswa nyinshi mu mwaka w’2023. Bigaragara muri raporo ‘Rwanda Bribery Index 2023’ yashyizwe hanze n’uyu muryango kuri uyu wa 7 Ukuboza 2023. Raporo irerekana ko impuzandengo ya ruswa abakozi ba RIB bakiri muri uyu mwaka […]
Rusesabagina yahinduye uburyo bwo gutanga ubuhamya mu rubanza rwa Dr Munyemana
Paul Rusesabagina utuye muri Leta zunze ubumwe za Amerika yahinduye uburyo bwo gutanga ubuhamya mu rubanza rwa Dr Munyemana Sosthène uburana ibyaha bya jenoside mu rukiko rwa rubanda rwa Paris mu Bufaransa. Urukiko rwari rwateguje ko mu iburanisha ryo kuri uyu wa 7 Ukuboza 2023 abatangabuhamya barimo Rusesabagina batanga ubuhamya mu buryo bw’ako kanya (live) […]
Perezida Kagame yakuyeho amahooro kuri serivisi n’ibyemezo 12
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho iteka rihagarika kwishyuza amahoro abantu basaba serivisi n’ibyemezo 12 zikenerwa mu nzego za Leta. Ni iteka n° 075/01 ryo ku wa 04/12/2023 rishyiraho amahoro yakwa kuri serivisi no ku byemezo bitangwa n’inzego z’imitegekere y’igihugu zegerejwe abaturage, ryasohotse mu Igazeti ya Leta, nimero idasanzwe yo ku wa 05/12/2023. […]
Me Gisagara yarakajwe n’uhamya ko u Rwanda ruyoborwa nabi
Me Richard Gisagara wunganira abaregera indishyi mu rukiko rwa rubanda rwa Paris yarakajwe n’igitabo cy’umushakashatsi akaba n’umunyamakuru Stephen Smith uhamya ko u Rwanda ruyoborwa nabi. Stephen yifashishijwe mu rubanza rwa Dr Munyemana Sosthène nk’umutangabuhamya ushinjura kuri uyu wa 6 Ukuboza 2023, asobanura ko yageze mu Rwanda bwa mbere mu 1992, ku butegetsi bwa Habyarimana Juvénal. […]
Abadepite ba Uganda basabwe kudacumbika aha make i Kigali
Abadepite bo muri Uganda boherejwe kwitabira imikino ihuza abagize inteko ishinga amategeko y’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba i Kigali, basabwe kubahisha igihugu cyabo, ntibacumbike ahantu ha make. Babisabwe na Anita Aneth Among uyobora inteko ishinga amategeko ya Uganda kuri uyu wa 6 Ukuboza 2023, ubwo yahaga abazitabira iyi mikino ubutumwa bubaherekeza. Iyi mikino y’ubwoko butandukanye irimo: […]
Igisubizo cya Makolo ku wamubwiye ko amajwi Perezida Kagame yagize ahabanye na demukarasi
Umuvugizi wa guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yahakanyije umunyamakuru Stig Abell wa Times Radio wamubwiye ko amajwi 98% Perezida Paul Kagame yagize mu matora y’Umukuru w’Igihugu y’ubushize agaragaza icyuho muri demukarasi. Abell yabwiye Makolo ati: “98% by’amajwi ntabwo ari demukarasi ishyirwa mu bikorwa.” Yahise amusubiza ati “Kubera iki itaba yo?”, umunyamakuru akomeza kumubaza ati: “Ese […]
Raporo ‘Top Secret’ y’indege ya Habyarimana yasobanuwe mu rubanza rwa Twahirwa na Basabose
Umunyamategeko Alexis Deswaef wunganira abaregera indishyi mu rubanza rwa Twahirwa Séraphin na Basabose Pierre, yabwiye urukiko rwa rubanda rwa Brussels mu Bubiligi ko Colonel Bagosora Théoneste yategetse abasirikare ba Leta guhanura indege ya Habyarimana Juvénal. Me Deswaef yasubizaga umunyamategeko wa Basabose, Me Jean Flamme na Me Vincent Lurquin wunganira Twahirwa bakunze kubaza muri uru rukiko […]
Tshisekedi yakiriye Habyarimana

Perezida wa Repubulika ya demukarasi ya Congo aherutse kwakira Habyarimana Mbitse alias Jules Mulumba uri barwanyi bakuru b’ihuriro ry’imitwe yitwaje intwaro rya Wazalendo rifasha ingabo z’iki gihugu guhangana na M23. Mulumba ukorera mu mutwe witwaje intwaro wa CMC/FDP yatangarije ku rubuga rwa X kuri uyu wa 5 Ukuboza 2023 ko we na Héritier Ndangendange wo […]
Umurinzi w’Igihango yasobanuye uko kubwira Ex-FAR ngo ijye kurasa Inkotanyi byamurokoye n’abe
Umurinzi w’Igihango Ntezimana Laurien yabwiye urukiko rwa rubanda rwa Paris mu Bufaransa ruri kuburanisha Dr Munyemana Sosthène ko yasabye bya nyirarureshwa abasirikare ba Ex-FAR kujya kurasa RPA-Inkotanyi, bimufasha kurokoka no kurokora Abatutsi benshi bahigwaga. Ntezimana usanzwe ari umuhanga mu bumenyi bw’iyobokamana no mu mibanire y’abantu, yabivugiye mu buhamya yatanze muri uru rubanza kuri uyu wa […]
Abanzi ba RDC bayobowe na Kagame: Tshisekedi i Lubumbashi
Umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika ya demukarasi ya Congo, Félix Tshisekedi Tshilombo, yabwiye abatuye mu mujyi wa Lubumbashi, intara ya Haut-Katanga ko abanzi b’igihugu cyabo bayobowe na Paul Kagame uyobora u Rwanda. Ibi Tshisekedi yabivuze kuri uyu wa 5 Ukuboza 2023 ubwo yari mu bikorwa byo kwiyamamariza uyu mwanya muri uyu mujyi, nyuma […]
Urubanza rwa Twahirwa na Basabose: Abahemukiwe basabiwe ubutabera
Ubushinjacyaha bubona urukiko rwa rubanda rwa Brussels mu Bubiligi guhamya Twahirwa Séraphin na Basabose Pierre ibyaha bya jenoside n’iby’intambara, hanyuma rukabaha ibihano bikwiye mu rwego rwo guha ubutabera Abanyarwanda bagizweho ingaruka n’ibyaha bubashinja. Nyuma y’amezi hafi abiri humvikana ubuhamya no kwiregura kw’abaregwa, ubushinjacyaha bwabwiye urukiko ko Twahirwa na Basabose bahamwa n’ibi byaha bikomoka kuri jenoside […]
Nta mafaranga u Rwanda rwasabye: Minisitiri Cleverly
Umunyamabanga w’u Bwongereza ushinzwe umutekano w’imbere, James Cleverly, yabwiye itangazamakuru ko nta yandi mafaranga u Rwanda rwasabye guverinoma y’igihugu cyabo kugira ngo bivugurure amasezerano y’abimukira n’ubufatanye mu iterambere ry’ubukungu. Minisitiri Cleverly yabitangaje ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 5 Ukuboza 2023, ubwo we na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane mu Rwanda, Dr Vincent Biruta, bari bamaze […]
RGB yasabye ba Pasiteri badafite ‘diplôme’ kwegura
Umuyobozi w’urwego rw’igihugu rushinzwe imiyoborere (RGB), Dr Usta Kaitesi, yasabye abashumba mu madini n’amatorero badafite byibuze impamyabumenyi y’icyiciro gisoza amashuri yisumbuye kwegura. Ibi yabisabiye mu nama nyunguranabitekerezo yahuje abayobozi bo muri uru rwego ayobora n’abagize akanama k’amadini n’amatorero mu Rwanda, RIC, kuri uyu wa 5 Ukuboza 2023. Dr Kaitesi yibukije abashumba batarangije amashuri yisumbuye ko […]
Ingabo z’u Burundi zamaganye, zihanangiriza M23
Igisirikare cy’u Burundi, FDN, cyatangaje ko cyamaganye cyivuye inyuma amagambo ya Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa, wagishinje kwifatanya n’uruhande rwa Leta ya RDC mu mirwano iri kubera muri teritwari ya Masisi. Mu gitondo cyo kuri uyu wa 5 Ukuboza 2023, Bisimwa yatangaje ko ingabo z’u Burundi ziri mu butumwa bw’amahoro bwa EAC muri RDC zinjiye […]
USA yagumishijeho ibihano yafatiye abakomeye muri Uganda
Leta zunze ubumwe za Amerika, USA, zagumishijeho ibihano zafatiye bwa mbere abakomeye muri Uganda mu mwaka w’2021, hashingiwe ku kuba batarubahirije ibyo zabasabye. Ibi bihano byari byaratangajwe n’ibiro bya USA bishinzwe ububanyi n’amahanga mu 2021 hashingiwe ku myitwarire mibi yaranze amatora y’Umukuru w’Igihugu yabaye, ikanaba nyuma y’aho. Umunyamabanga wa USA, Antony Blinken, kuri uyu wa […]
Amasezerano y’u Rwanda n’u Bwongereza aravugururwa none
Amasezerano ya guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Bwongereza ku bibazo by’abimukira n’ubufatanye mu iterambere ry’ubukungu aravugururwa kuri uyu wa 5 Ukuboza 2023. Ibinyamakuru byo mu Bwongereza birimo Reuters byatangaje ko Umunyamabanga w’umutekano w’imbere, James Cleverly, yafashe urugendo aza mu Rwanda, akaba ari buhagere mu gitondo cy’uyu munsi. Biteganyijwe ko Cleverly ahura na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane […]
Rutaremara arahamya ko Twagiramungu atari umwanzi
Tito Rutaremara uri mu banyapolitiki b’inararibonye mu Rwanda arahamya ko Twagiramungu Faustin wabaye Minisitiri w’Intebe tigeze aba umwanzi w’ubutegetsi bw’iki gihugu, ahubwo ko yari mu bo buhanganye na bo (adversaire). Ibi yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa Kigali Today nyuma y’aho Twagiramungu apfiriye mu buhungiro mu Bubiligi tariki ya 2 Ukuboza 2023. Twagiramungu yakundaga kwifashisha […]
‘Arazira imitungo irimo inzu ya Bizimungu yaguze’: Ubuhamya bw’umuhungu wa Basabose
Umuhungu wa Basabose Pierre witwa Ineza Roger Noà«l yamutanzeho ubuhamya mu rukiko rwa rubanda rwa Brussels mu Bubiligi, aho aburana ibyaha bya jenoside n’iby’intambara. Yasobanuye ko mu byo umubyeyi we azira harimo inzu ya Pasteur Bizimungu yaguze mu cyamunara. Ineza wari ufite imyaka 3 y’amavuko mu gihe cya jenoside yakorewe Abatutsi (ubu afite 32) yifashishijwe […]
Zambia: Nsengiyumva wavuzwe muri dosiye ya Rusesabagina yafunzwe
Nsengiyumva Appolinaire wavuzwe mu mugambi wa Rusesabagina Paul wo gushaka gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda, binyuze mu mutwe witwaje intwaro wa FLN, yafunzwe. Uyu Munyarwanda yumvikanye mu rubanza rwa Nsabimana Callixte alias Major Sankara na bagenzi be muri Werurwe 2021, ubwo uyu musore wabaye Umuvugizi wa FLN yasobanuraga byinshi ku mikorere y’uyu mutwe. Hari tariki 12 […]
U Bwongereza buteganya kohereza abanyamategeko mu Rwanda
Ikinyamakuru BBC cya Leta y’u Bwongereza cyatangaje ko iki gihugu giteganya kohereza mu Rwanda abanyamategeko bagifasha gutegura gahunda yo kuzana abimukira barebwa n’amasezerano yo muri Mata 2022 agiye kuvugururwa. Mu kwezi gushize, urukiko rw’ikirenga rwa London rwatesheje agaciro gahunda yo kohereza abimukira i Kigali, rugaragaza ko hari impungenge yuko batazashobora kuba mu Rwanda, bagahitamo gusubira […]
Umugaba Mukuru w’ingabo za Kenya yahinyuye ibyatangajwe na Tshisekedi
Umugaba Mukuru w’ingabo za Kenya, General Francis Ogolla, yahinyuye Perezida wa Repubulika ya demukarasi ya Congo, Félix Tshisekedi Tshilombo, hamwe n’abandi bategetsi bo muri iki gihugu, bavuga ko zoroheraga umutwe witwaje intwaro wa M23. Ingabo za Kenya zatangiye ubutumwa bw’amahoro bw’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) mu burasirazuba bwa RDC mu Gushyingo 2022, hashingiwe ku cyemezo […]
Abatuye aho Colonel Ruhinda yiciwe bari mu kaga
Umutwe witwaje intwaro wa FDLR-FOCA urwanya Leta y’u Rwanda uravugwaho kubyuka wihorera, wica abasivili b’Abanyekongo, nyuma y’urupfu rwa Colonel Ruvugayimikore Protogène alias Ruhinda wari komanda w’abarwanyi kabuhariwe bayo bazwi nka ‘CRAP’. Urupfu rwa Col. Ruhinda rwamenyekanye kuri uyu wa 3 Ukuboza 2023. Amakuru agera kuri BWIZA aravuga ko uyu murwanyi yapfiriye mu bitaro bya Hill […]
Turabizi ko n’Abagande bafasha M23: Vital Kamerhe
Minisitiri w’ubukungu wa Repubulika ya demukarasi ya Congo, Vital Kamerhe, yatangaje ko ubutegetsi bw’igihugu cye buzi neza ko Abanyarwanda n’Abagande bafasha umutwe witwaje intwaro wa M23. Kamerhe yabitangarije mu mujyi wa Goma kuri uyu wa 1 Ukuboza 2023 ubwo yari mu bikorwa byo kwamamaza umukandida Perezida Félix Tshisekedi Tshilombo wifuza kuyobora manda ya kabiri. Mu […]
Gahunda y’u Rwanda izadufasha kurokora za miliyari: Sunak
Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak, yatangaje ko gahunda y’ubufatanye bw’igihugu cye n’u Rwanda mu gukemura ibibazo by’abimukira n’iterambere ry’ubukungu izabafasha kurokora miliyari z’amapawundi. Sunak yabitangarije abanyamakuru kuri uyu wa 1 Ukuboza 2023 ubwo yari yerekeje i Dubai mu nama ya 28 y’Umuryango w’Abibumbye yiga ku guhangana n’ihindagurika ry’ibihe, izwi nka COP28. Uyu muyobozi yabameneyesheje […]
Mu Rwanda mfite ifamu y’imbwa: Sina Gérard
Umushoramari Sina Gérard yatangaje ko guhorana udushya kwatumye atangira umushinga wo korora imbwa, kuri ubu akaba afite icyo yise « ifamu » yazo kandi ngo azikuramo amafaranga menshi arenze ava mu matungo menshi asanzwe. Ibi yabibwiye abanyeshuri bo muri kaminuza ya UTAB kuri uyu wa 30 Ugushyingo 2023 ubwo biteguraga ibirori byo gusoza amasomo bizwi nka ‘graduation […]
Abana ba Twahirwa baravuga ko bahunze ngo batamutangaho ubuhamya
Abana ba Twahirwa Séraphin, Twahirwa Emmanuel Trésor na Uwiduhaye Twahirwa Olive, babwiye urukiko rwa rubanda rwa Brussels mu Bubiligi ko bahunze u Rwanda kugira ngo badatanga ubuhamya bushinja umubyeyi wabo. Twahirwa Tresor, imfura ya Twahirwa, yatanze ubuhamya tariki ya 29 Ugushyingo 2023, asobanura ko yahungiye muri Afurika y’Epfo, ati: “Ubuhungiro mbumazemo igihe, n’ubu ndacyaburimo.” Uyu […]
Umuhungu wa Munyemana yabwiye urukiko ko urubanza rwa se ari urw’ibinyoma
Umuhungu wa muganga Dr Munyemana Sosthène witwa Gustave Ngabo yabwiye urukiko rwa rubanda rwa Paris ko urubanza rw’umubyeyi we ari urw’ibinyoma gusa kuko ngo nta ruhare yagize muri jenoside yakorewe Abatutsi. Ngabo w’imyaka 41 y’amavuko yabivuze kuri uyu wa 30 Ugushyingo 2023 ubwo yatangaga ubuhamya bushinjura umubyeyi we muri uru rukiko rwo mu Bufaransa. Nyuma […]
Komanda w’ingabo za Uganda zirwanya ADF yinubiye imihanda yo muri RDC
Komanda w’ingabo za Uganda zirwanya umutwe w’iterabwoba wa ADF, Maj. Gen. Dick Olum, yatangaje ko imihanda banyuramo mu burasirazuba bwa Repubulika ya demukarasi ya Congo ibangamira ibikorwa byazo. Umunyamakuru wa The Daily Monitor yafashe amashusho y’uburyo ibinyabiziga bigorwa no kunyura mu mihanda yo mu burasirazuba bwa RDC bitewe n’uko yuzuyemo icyondo. Aya mashusho agaragaramo abasirikare […]
Umunyamakuru Nkundineza yasabiwe gushyirwa ‘mu nzu yabugenewe’
Umunyamakuru Jean Paul Nkundineza kuri uyu wa 30 Ugushyingo 2023 yaburanye ubujurire ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo mu rukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge, ubushinjacyaha bumusabira gufungirwa ahantu habugenewe. Nkundineza yageze mu rukiko ahagarariwe n’umunyamategeko umwe muri babiri bamwunganira, Me Ibambe Jean Paul, yibutsa urukiko rwisumbuye umwanzuro w’urw’ibanze umufunga by’agateganyo, avuga ko atawemera, asobanura impamvu z’ubujurire bwe zirimo […]
Urugendo rw’iminota 10 narugenze iminsi 6: Umutangabuhamya mu rubanza rwa Munyemana
Urubanza rwa muganga Dr Munyemana Sosthène uburana ibyaha jenoside mu rukiko rwa rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwakomeje kuri uyu wa 29 Ugushyingo 2023, humvwa abatangabuhamya. Aba batangabuhamya bahurije ku kuba Dr Munyemana yaragize uruhare mu bwicanyi bwakorewe muri segiteri Tumba ya Butare mu 1994, gusambanya ku gahato no kubohoza Abatutsikazi ndetse no gusahura ingo […]
Kenya: Abatarishyura ubwishingizi bw’ubuzima barakumirwa kuri serivizi 11 z’ingenzi
Perezida wa Kenya, William Samoei Ruto, yashyizeho gahunda nshya y’ubwishingizi mu buzima izakumira abatarabwishyura kuri serivizi 11 z’ingenzi zirimo gusezeranywa imbere y’amategeko no guhabwa akazi muri Leta. Izindi serivisi bakumiriweho ni iyo: guhabwa inguzanyo ku banyeshuri, guhabwa akazi muri Leta, kwandikisha ikinyabiziga, guhabwa icyemezo cy’uko wishyuye imisoro, guhabwa pasiporo n’ibi byangombwa by’inzira, kwandikisha ubucuruzi ndetse […]
Urukiko rwasanze umugore wa Twahirwa yararubeshye
Urukiko rwa rubanda rwa Brussels mu Bubiligi rwasanze umugore wa Twahirwa Séraphin, Uwimana Primitiva, yararubeshye ko baheruka kuvugana mu myaka y’1990 ubwo bari mu buhungiro muri Repubulika ya demukarasi ya Congo. Tariki ya 22 Ugushyingo 2023, Uwimana wari wagiye mu rubanza nk’umutangabuhamya ushinjura, yanze gutangira ubuhamya mu ruhame, abwira urukiko kubera impamvu zirimo umutekano we, […]
U Bwongereza burateganya guha u Rwanda andi mafaranga muri gahunda y’abimukira
Guverinoma y’u Bwongereza yemeje ko muri uyu mwaka w’ingengo y’imari w’2023/2024 izaha iy’u Rwanda andi mafaranga yo kurufasha mu ishyira mu bikorwa rya gahunda y’ubufatanye mu gukemura ibibazo by’abimukira n’iterambere ry’ubukungu. Ibi byatangajwe n’Umunyamabanga Uhoraho mu biro by’Umunyamabanga ushinzwe umutekano w’imbere, Sir Matthew Rycroft, kuri uyu wa 29 Ugushyingo 2023, ubwo yari imbere ya komisiyo […]
Umugore wa Twahirwa ari mu kaga: Umunyamategeko
Umugore wa Twahirwa Séraphin uburana ibyaha bya jenoside n’iby’intambara mu rukiko rwa rubanda rwa Brussels, Uwimana Primitiva, yaba yifuza ubuhungiro mu Bubiligi nyuma yo guhamya ko umugabo wa nta kibi yigeze akora. Umunyamategeko Me Vincent Lurquin agaragaza ko abukwiye kuko ngo “ari mu kaga”. Tariki ya 23 Ugushyingo 2023, Uwimana wari mu batangabuhamya bashinjura, yatunguye […]
Kinshasa: Depite aranenga ko Tshisekedi yitwara nk’aho ikibazo cy’u Rwanda na RDC kitazakemuka

Umudepite mu nteko ishinga amategeko ya Repubulika ya demukarasi ya Congo, Claudel Lubaya, aranenga ko Perezida Félix Tshisekedi, ari kwitwara nk’aho umwuka mubi uri hagati y’igihugu cyabo n’u Rwanda utazarangira. Tshisekedi kuva yatangira ibikorwa byo kwiyamamaza tariki ya 19 Ukuboza 2023, abwira Abanyekongo ko u Rwanda rwateye igihugu cyabo mu burasirazuba kandi ko abakandida batarwamagana […]
Kwa Basabose mu Bubiligi bafite amabendera y’u Rwanda ya kera: Ubuhamya
Urubanza rwa Basabose Pierre ubwo rwari rukomeje kuri uyu wa 28 Ugushyingo 2023, umutangabuhamya yabwiye urukiko rwa rubanda rwa Brussels mu rugo rw’uyu muburanyi mu Bubiligi haba amabendera y’u Rwanda ya kera. Basabose wabaye umucuruzi muri Kigali na Twahirwa Séraphin wabaye Perezida w’Interahamwe muri Gikondo, bari kuburanira muri uru rukiko guhera tariki ya 9 Ukwakira […]
Se w’umwana uherutse kuri Perezidansi aratakamba ngo umugore we afungurwe
Izabitegeka Innocent, umubyeyi w’umwana witwa Ishimwe Innocent uherutse kujya ku biro by’Umukuru w’Igihugu, Perezida Paul Kagame, asaba gufashwa kujyanwa mu ishuri rya FC Bayern Munich, aratakamba asabira umugore we gufungurwa. Izabitegeka na Ishimwe bagiye kuri Perezidansi tariki ya 21 Ugushyingo 2023, basobanura ko ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryamukuye ku rutonde rw’abana bagomba kujya […]
Ntabwo icyerekezo kizongera gukoreramo ikigo kimwe gitwara abagenzi: Minisitiri Gasore
Minisitiri w’ibikorwaremezo, Dr Gasore Jimmy, yatangaje ko bitandukanye n’ibisanzwe, icyerekezo kimwe kitazongera gukoreramo ikigo kimwe gitwara abagenzi mu buryo bwa rusange. Ibi yabitangarije kuri televiziyo y’igihugu kuri uyu wa 28 Ugushyingo 2023, ubwo yasobanuraga amabwiriza mashya yasohotse arebana n’uburyo bwo gutwara abagenzi, yitezweho gukemura bimwe mu bibazo bahura na byo birimo gutegereza imodoka igihe kinini. […]
‘Ari njye, ari Kagame ni nde ushaka ubutabera?’ Ikibazo cyabarijwe mu rubanza rwa Munyemana
Umutangabuhamya mu rubanza rwa muganga Dr Munyemana Sosthène uburana mu rukiko rwa rubanda rwa Paris mu Bufaransa yabajije umunyamategeko wamubajije niba koko Perezida Paul Kagame w’u Rwanda aha abatangabuhamya amafaranga ngo bajye gushinja abakekwaho uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi. Iki kibazo cyabajijwe n’umunyamategeko wunganira abaregera indishyi nyuma y’aho abunganira Dr Munyemana bamaze iminsi bagaragaza ko […]
RCS irahakana gufata CG (Rtd) Gasana mu buryo bwihariye
Urwego rw’igihugu rushinzwe igorora, RCS, rurahakana gufata mu buryo bwihariye umufungwa CG (Rtd) Gasana Emmanuel wabaye Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda na Guverineri w’intara y’Amajyepfo n’iy’Iburasirazuba. Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha, RIB, tariki ya 26 Ukwakira 2023 rwatangaje ko rwataye Gasana muri yombi, rumukurikiranyeho icyaha cyo gukoresha ububasha ahabwa n’amategeko mu nyungu ze bwite n’icyo gusaba […]
Gén. Maj. Ndindiliyimana yabwiye urukiko ko Twahirwa yari mu Nterahamwe zitwaraga nabi
Général Major Ndindiliyimana Augustin wayoboye jandarumori y’u Rwanda mbere no mu gihe cya jenoside yakorewe Abatutsi yabwiye urukiko rwa rubanda rwa Brussels mu Bubiligi ko Twahirwa Séraphin yari mu Nterahamwe zarangwaga n’imyitwarire mibi. Ndindiliyimana ubarizwa mu Bubiligi nyuma y’aho urukiko rwa Arusha rwashyiriweho u Rwanda rwamugize umwere ku byaha bya jenoside, yatanze ubuhamya mu rubanza […]
Itegeko rya Perezida Ruto ryo gukata ku mushahara wa buri mukozi ryateshejwe agaciro
Urukiko rukuru rwo muri Kenya rwatesheje agaciro itegeko rya Perezida William Ruto ryo gukata ku mushahara mbumbe wa buri mukozi wa Leta amafaranga 1.5% kugira ngo ashyirwe muri gahunda yo gufasha abaturage kubona inzu zijyanye n’ubushobozi bwabo. Iyi gahunda yatangiye muri Nyakanga 2023, gusa ntiyavuzweho rumwe mu Banyakenya kuko hari abavugaga ko ari umutwaro ku […]
Umunyamakuru wavuzwe mu rubanza rwa Bunyoni yashyize hanze amabanga ku rupfu rwa Nkurunziza

Umunyamakuru Bob Rugurika wavuzwe n’ubushinjacyaha mu rubanza rwa Général Alain Guillaume Bunyoni ko bateguranye umugambi wo gukura Perezida Evariste Ndayishimiye ku butegetsi bw’u Burundi, arahamya ko Pierre Nkurunziza yapfuye arozwe. Ubushinjacyaha buherutse kuvuga ko Bunyoni yahaye Rugurika amafaranga kugira ngo amufashe kunoza uyu mugambi, ariko uyu Jenerali we yisobanuye ko ayo yamuhaye yari ayo kugira […]
EALA irahamya ko EAC idashobora gukura ingabo muri RDC zitarabona izizisimbura
Inteko ishinga amategeko y’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba, EALA, yatangaje ko ingabo zawo ziri mu butumwa bw’amahoro mu burasirazuba bwa Repubulika ya demukarasi ya Congo zidashobora kuvayo mu gihe zitarabona izizisimbura. Ibi ni Perezida wa EALA, Ntakirutimana Joseph, wabimenyesheje abanyamakuru i Kigali kuri uyu wa 27 Ugushyingo 2023, ubwo bamubazaga ku gihe izi ngabo zizasubirira mu […]
Inshuti ya Kajuga Robert yasobanuye uko Twahirwa yarashe benshi, Habyarimana amaze gupfa
Mucanda Vital alias Kivumbi wari inshuti ikomeye ya Kajuga Robert wabaye Perezida w’Interahamwe ku rwego rw’igihugu yasobanuriye urukiko rwa rubanda rwa Brussels mu Bubiligi uko Twahirwa Séraphin yarashe abantu benshi ubwo yari amaze kumenya ko indege ya Habyarimana Juvénal ihanuwe. Abatangabuhamya batandukanye bumvikanye muri uru rukiko kuva urubanza rwatangira tariki ya 9 Ukwakira 2023, bagiye […]
Uwarokotse jenoside yasobanuriye urukiko uko yagizwe umugore afite imyaka 11
Urubanza rwa Dr Munyemana Sosthène uburana ibyaha bya jenoside n’ibyibasiye inyokomuntu mu rukiko rwa rubanda rwa Paris mu Bufaransa, rwakomeje kuri uyu wa 27 Ugushyingo 2023 humvwa ubuhamya. Ubuhamya bwa mbere bwumviswe ni ubw’umugore w’imyaka 40, akaba ari mu batangabuhamya b’umuryango IBUKA uharanira inyungu z’abarokotse jenoside yakorewe Abatutsi. Ni umwe mu baregera indishyi. Uyu mutangabuhamya […]
Inteko ya EAC yatangaje ko itakwivanga mu bibazo by’u Rwanda na RDC

Perezida w’Inteko ishinga amategeko y’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EALA), Ntakirutimana Joseph, yatangaje ko we na bagenzi be badashobora kwivanga mu bibazo by’umutekano biri ku rwego rwa Repubulika ya demukarasi ya Congo n’u Rwanda. Ibi yabivuze kuri uyu wa 27 Ugushyingo 2023 mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru, ubwo yabazwaga ku mwuka mubi uri hagati y’u Rwanda na […]
U Rwanda na RDC birashimirwa uko biri kwitwara mu kibazo cy’impunzi
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi, UNHCR, rirashimira u Rwanda na Repubulika ya demukarasi ya Congo ku buryo byakiriye impunzi z’Abanyekongo n’iz’Abanyarwanda no kuba byariyemeje gufasha izifuje gutaha. Ni nyuma y’aho ibihugu byombi bihuriye mu biganiro byiga ku kibazo cy’izi mpunzi, byabereye i Nairobi muri Kenya tariki ya 23 n’iya 24 Ugushyingo 2023, ku butumire […]
Abavandimwe ba Twahirwa babwiye urukiko ko nta ruhare rwe bazi muri jenoside
Abavandimwe ba Twahirwa Séraphin, Nyirasafari Espérance, Nkuyinzira Jean Baptiste na mwene se Ruzindana Tharcisse babwiye urukiko rwa rubanda rwa Brussels mu Bubiligi ko nta ruhare rwe bazi muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Urubanza rwa Twahirwa Séraphin rwakomeje tariki ya 24 Ugushyingo 2023, aburana ibyaha bya jenoside n’iby’intambara. Humviswe ubuhamya bw’abarimo aba bavandimwe be babiri […]
Biden ari gucungira hafi ivugururwa ry’amasezerano y’u Rwanda n’u Bwongereza
Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Joe Biden, ari gucungira hafi ivugururwa ry’amasezerano ya guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Bwongereza mu gihe byitezwe ko ashobora kujyana no kwikura mu bubasha bw’urukiko rw’i Burayi rushinzwe uburenganzira bw’ikiremwamuntu. Urukiko rw’ikirenga rwo mu Bwongereza tariki ya 15 Ugushyingo 2023 rwatesheje agaciro gahunda y’iki gihugu yo kohereza abimukira mu […]