Abaturage batuye mu gace ka Kithyoko muri Kenya bemeza ko banze gutabara umusirikare wabo ufite ipeti rya ‘Major’ wakoreye impanuka mu ndege, batinya ko yabanduza icyorezo cya Covid-19.
Iyi mpanuka yabaye kuri uyu wa Mbere tariki ya 13 Nyakanga 2020 ubwo abapilote babiri bari mu myitozo, bahasiga ubuzima gusa umwe utari wagashizemo umwuka yabanje gusaba ubutabazi arabubura.
Umuturage witwa Ann Kaluki yatangarije igitangazamakuru cya Daily Nation ko yari agiye ku isambu ye, abona indege imanuka, ni ko kubwira bagenzi be ko indege igiye gukora impanuka, bariruka. Ati: “Nabonye indege igiye kuduhanukira, benshi bumva urusaku rwanjye.”
Kaluki yakomeje avuga ko indege ikimara gukora impanuka, umupilote umwe yari akiri muzima, asaba ubutabazi. Gusa ngo kubera ko batinye ko yabanduza Covid-19, ntabwo bamutabaye. Ati: “Abasore bahageze, basanga umupilote aracyazirikiwe mu mukandara gusa hari ubwoba bwa Coronavirus n’ikibatsi cy’umuriro.”
Undi muturage wari uhari yagize ati: “Twe nk’abaturage ntabwo twari tuzi uburyo twatabara. Twahagaze aho dufite ubwoba ko twakwanduzwa Covid-19.”
Ingabo za Kenya zageze aho impanuka yabereye, zibasha gukuramo imirambo y’aba basirikare bombi bari bafite amapeti ya ‘Major’.



