20260116_234448

Bobi Wine yanyomoje amakuru yavugaga ko yatawe muri yombi

Umunyapolitiki Robert Kyagulanyi uzwi cyane nka Bobi Wine, yanyomoje amakuru yavugaga ko yaraye atawe muri yombi n’igisirikare cya Uganda gikoresheje kajugujugu.

Amakuru y’ifatwa rya Bobi Wine yari yatangajwe n’ishyaka rye rya NUP, mu butumwa ryari ryanditse ku rubuga rwarwo rwa X.

Ryari ryavuze ko “Kajugujugu ya gisirikare yaguye mu mbuga ya Perezida Bobi Wine, imufata ku mbaraga imujyana ahantu hatazwi.”

Bobi Wine abinyujije ku rubuga rwe rwa X, yavuze ko atigeze atabwa muri yombi n’ubwo ijoro ryacyeye ryari rigoye cyane ku rugo rwe ruherereye mu gace ka Magere.

Ati: “Ijoro ryacyeye ryari rigoye cyane iwacu i Magere. Igisirikare na polisi baduteye. Bakupye amashanyarazi baca zimwe muri kamera zacu za CCTV. Hari kajugujugu zarimo ziguruka hejuru y’urugo.

Yakomeje agira ati: “Ndagira ngo nemeze ko nabashije kubacika. Ubu ntabwo ndi mu rugo, n’ubwo umugore wanjye n’abandi bagize umuryango wanjye bagifungiwe mu rugo. Nzi ko aba bagizi ba nabi banshakisha ahantu hose, kandi ndimo kugerageza uko nshoboye kose kugira ngo nirinde.”

Bobi Wine yavuze ko abizi ko habayeho kugira impungenge nyinshi n’ibihuha ku bijyanye n’aho aherereye, ibyo yahuje n’impamvu yatumye Leta ya Uganda ikupa internet mu gihe cy’amatora.

Bobi Wine ari mu bakandida umunani ku wa Kane bahatanye mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye muri Uganda.

Amajwi y’agateganyo arerekana ko Perezida Yoweri Kaguta Museveni uhabwa amahirwe yo gutsinda ariya matora ari imbere n’amajwi 75%, mu gihe Kyaluganyi ari mu majwi abarirwa muri 20%.

Uyu mugabo yongeye kugaragaza ko atemera “ibyavuye mu matora Byabakama arimo gutangaza”.

Yamaganye kandi “ubwicanyi bwakorewe abaturage benshi kugeza ubu bagerageje kwigaragambya mu mahoro bamagana ubugizi bwa nabi bubera ku manywa y’ihangu”, ashimangira ko “abaturage ba Uganda bafite uburenganzira bwo kwigaragambya barengera uburenganzira bwabo bwo gushyiraho guverinoma bihitiyemo.”

Yunzemo kandi ko usibye ubujura bugaragara bw’amatora ya perezida, ubutegetsi bwakoresheje uburyo butandukanye bw’uburiganya kugira ngo bwigarurire ubushake bw’abaturage mu turere twinshi hirya no hino mu gihugu.

Yavuze ko abakandida ba NUP barimo kwibasirwa, mu gihe bafite ibimenyetso 100% byerekana ko batsinze.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *