GridArt_20250908_74615118

Brig. Gen Tom Kabuye yasanzwe yapfuye

Brigadier General Tom Kikoyo Kabuye wari umuyobozi wungirije ushinzwe ubutasi bwa gisirikare mu ngabo za Uganda, yasanzwe yapfuye.

Ku Cyumweru tariki ya 7 Nzeri ni bwo umurambo wa Kabuye mu mujyi wa Kikyusa ho mu karere ka Luwero, nk’uko bitangazwa n’umuryango we.

Itangazo umuryango wasohoye rigira riti: “Mbabajwe gutangaza n’umutima uremereye urupfu rutunguranye rw’umwe muri twe akanaba umwe mu bahungu b’ibihangange b’akarere ka Luwero, Brig. Gen Tom Kabuye muri iki gitondo wasanzwe mu mujyi wa Kikyusa. Roho ye iruhukire mu mahoro.”

Kabuye yari asanzwe ari ari umuyobozi wungirije ushinzwe ubutasi bwa gisirikare, ni umwe mu basirikare bakomeye Uganda yari ifite.

Intandaro y’urupfu rwe ntabwo iramenyekana; ndetse ntacyo Igisirikare cya Uganda kirarutangazaho.

Icyakora abo mu muryango we bavuga ko mu bihe bitandukanye yari yarakunze kurembywa n’indwara yo guturika udutsi tw’ubwonko (Stroke) yari amaranye imyaka ibiri.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *