Amakuru macye y’inyongera aragenda amenyekana ku myirondoro y’abasirikare bashinjwa gushaka guhirika ubutegetsi muri Burkina-Faso batawe muri yombi, barimo Lt.Col. Cheick Hamza Ouattara (uri ku ifoto), uyobora Légion spéciale ya gendarmerie, na Captain Christophe Maà¯ga, Komanda w’Umutwe udasanzwe ushinzwe gutabara w’iyo gendarmerie, wagereranya na GIGN y’u Bufaransa. Uyu ni umutwe kabuhariwe ushinzwe kurwanya iterabwoba.
Muri ba ofisiye batawe muri yombi kandi harimo na Abdoul Aziz Aouoba, umuyobozi w’ingabo zidasanzwe za Burkina-Faso na Boubacar Keita, umuyobozi mukuru w’ikigo gikuru gishinzwe ubushakashatsi ku kurengera abaturage. Umwe mu bashinzwe umutekano agira ati: “Barimo kumvwa muri iki gihe. Nk’uko amakuru yacu abitangaza, abandi ba ofisiye babiri bahunze, bahoze mu kigo cy’igihugu cy’ubutasi.
Umwe muri bo yaba ari Komanda Sekou Ouedraogo, wahoze ari umuyobozi mukuru wungirije w’ikigo cy’igihugu cy’ubutasi. Uyu mugabo yakuwe ku mirimo ye na Perezida w’agateganyo, Capt. Ibrahim Traoré, ku itariki ya 13 Nzeri nk’uko iyi nkuru dukesha RFI ivuga.
Ubushinjacyaha bwa gisirikare burahamagarira umuntu uwo ari we wese ushobora gutanga amakuru ku bijyanye n’abashaka guhungabanya umutekano kuyageza ku nzego zibishinzwe.



