a95c5a8_1651499749217-000-324b6eb

Burkina Faso: Uwahoze ari perezida arashinjwa kugerageza guhirika Ibrahim Traore

Guverinoma ya Burkina Faso yagize icyo ivuga ku gikorwa cyo gushaka guhirika ubutegetsi giheruka, cyaburijwemo ku wa Gatandatu, itariki ya 3 Mutarama. Mu kiganiro cyatambutse kuri televiziyo y’igihugu, Minisitiri w’umutekano yasobanuye ko abakoze iki gikorwa bagambiriye guhitana Capt. Ibrahim Traoré hamwe n’abasirikare benshi n’abasivili. Abantu benshi batawe muri yombi bakekwaho uyu mugambi, leta ikaba ivuga ko uyu mugambi wari uyobowe n’uwahoze ari perezida w’inzibacyuho, Paul-Henri Sandaogo Damiba akoresheje amafaranga yatanzwe na Côte d’Ivoire.

Nk’uko Minisitiri w’Umutekano, Mahamadou Sana yabitangaje, ngo igikorwa cyo guhungabanya umutekano cyari giteganijwe ku wa Gatandatu, itariki ya 3 Mutarama, saa tanu z’ijoro kandi cyagombaga kuberamo iyicwa ry’abasirikare n’abasivili, “uhereye kuri Capt. Ibrahim Traoré.” Yakomeje agira ati: “Iki gikorwa cyagombaga gukurikirwa no guhagarika ibirindiro by’indege zitagira abapilote ndetse no gutabara kw’ingabo zirwanira zivuye hanze.”

Kuri Guverinoma ya Burkina Faso, uwagize uruhare muri uku kugerageza guhirika ubutegetsi guheruka ni Lt. Col. Paul-Henri Sandaogo Damiba, wahoze ari perezida wa guverinoma y’inzibacyuho. Uyu ubu arabarizwa mu buhungiro muri Togo kuva nyuma yo guhirikwa ku butegetsi muri Nzeri 2022 na Ibrahim Traoré.

Lt. Col. Damiba

Minisitiri Mahamadou Sana ati: “Inshingano ye nyamukuru yari ugutekereza no gutegura ibikorwa, gushaka no gukusanya inkunga, no gushaka abasivili n’abasirikare.” Ati: “Abasirikare bari bahawe inshingano zo guhamagara abandi basirikare no gushinga imitwe y’ibikorwa ifite ubutumwa busobanuwe neza. Kandi abasivili bagombaga gutegura abaturage, abayoboke babo kugira ngo nyuma y’ibikorwa bya gisirikare, bashobore gukangurira abayoboke babo gushyigikira igikorwa cya gisirikare.”

Nta yandi mazina yavuzwe,” kugira ngo bitabangamira iperereza rigikomeje “, nk’uko byatangajwe na minisitiri. Hashyizwe ahagaragara amashusho aho umwe mu bakekwaho kuba bakora ubucuruzi wagize uruhare muri uyu mugambi “yatura”, asobanura uruhare rwe n’ibikorwa byari biteganijwe muri iki gikorwa cyo guhungabanya umutekano.

Hanyuma, Minisitiri Mahamadou Sana yongeyeho ko “igice kinini” cy’inkunga yatanzwe muri iki gikorwa cyo gushaka guhirika ubutegetsi yaturutse muri Cote d’Ivoire kandi ibarirwa muri miliyoni 70 CFA.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *