aSUk9kpTURBXy80MTYxMjMwNmE0ZGM5MDcwZjNlNWQ0ZjZiZDAxZTZjMC5qcGeSlQMAzJ3NB9DNBGWTBc0DFs0Brt4AAqEwBqExAA

Burkina Faso yafunze abasirikare 11 ba Nigeria

Leta ya Burkina Faso yatangaje ko yafashe indege ya gisirikare ya Nigeria yo mu bwoko bwa C-130 yari itwaye abasirikare 11, ikavuga ko yinjiye mu kirere cyayo mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Amakuru yatangajwe n’Ikigo cy’Amakuru cya Burkina Faso mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Umuryango w’Ibihugu byo muri Sahel (Alliance des États du Sahel – AES), avuga ko indege ya Nigeria “yategetswe kugwa” mu mujyi wa Bobo-Dioulasso mu gihe yari mu kirere cya Burkina Faso.

AES, igizwe na Burkina Faso, Mali na Niger, yemeje ko kwinjira kw’iyo ndege mu kirere cyayo bifatwa nk’igikorwa “cy’amakosa cyabangamiye ubusugire bw’ibihugu.” Uyu muryango mu buryo bukarishye wategetse ko ubwirinzi bw’ikirere bushyirwa ku rwego rwo hejuru, ndetse uha uburenganzira bwo “guhanura indege yose” izongera kuvogerera ikirere cyayo.

Hari kandi amakuru avuga ko uyu muryango ushobora gufata ibyemezo kuri abo basirikare 11 bafashwe, hashingiwe ku byo Burkina Faso yita kubangamira ubusugire bwayo.

Ibi bibaye mu gihe hakomeje umwuka mubi mu karere, nyuma y’uko Nigeria ikoze ibitero by’indege mu gihugu cya Benin mu rwego rwo guhagarika abageragezaga guhirika ubutegetsi.

Abagize AES bashinjije Nigeria guhutaza ubusugire bw’ibihugu byabo, bavuga ko “bamaganye n’uruhare rurenze urugero” mu  kwinjira mu kirere cyabo, kandi basaba ko bihagarara.

Mu itangazo ryasohowe, bavuze ko ubwirinzi bw’ikirere n’uburwanya indege biri ku burinzi bukomeye, ku buryo indege izafatwa nka kimwe mu bibangamiye umutekano izahita ikurwa mu kirere.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *