Gutwara abantu n’ibintu bisa nk’ibyahungabanye burundu mu gihugu cy’u Burundi, aho kuva ku Cyumweru no ku wa Mbere, imodoka zihagarara i Bujumbura, Gitega, Rumonge, Rugombo, no mu yindi mijyi yo hirya no hino mu gihugu hakomeje kuba ubutayu. Nta bus n’imwe cyangwa taxi voiture zitwara abantu zakoraga. Imyigaragambyo itunguranye y’abashoferi igenda ikwirakwira, yatumye abagenzi ibihumbi n’ibihumbi bajya mu gihirahiro. Ni mu gihe hari ahakora moto gusa kandi na yo igaca umuntu 100,000 Fbu ku rugendo.
Ku munsi wa kabiri wo guhagarika serivisi zo gutwara abantu mu turere twinshi tw’igihugu, ingaruka ziracyafite uburemere ku baturage basanzwe. Ingendo hagati y’Umujyi wa Bujumbura n’imbere mu gihugu zikomeje kuba ingorabahizi.
Kuwa Kabiri ushize nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru RPA, kuri parikingi ya COTEBU, nta bus z’ibigo bitwara abagenzi hagati no mu majyaruguru y’igihugu zari ziri gukora. Abakozi benshi ba Leta bifuzaga kutamenyekana, bavuze ko bamaze iminsi ibiri i Bujumbura batabasha gusubira aho bakorera kubera kubura imodoka. Ntabwo binubira gusa ibyago byo guhanwa kubera gutinda, ahubwo baraninubira amafaranga menshi bakoresha ku macumbi n’ibyo kurya mu murwa mukuru w’ubukungu.

Kuri parikingi ya Musaga, hafi y’Umuhanda wa Kabiri, ahaparika bus z’ibigo bya Buragane, Kayogoro, na Nyaburunga, ibintu bikomeje kuba bibi. Abagenzi benshi, cyane cyane abakozi ba leta, usanga bari mu gihirahiro. Umuturage utuye hafi y’ahakorera ibi bigo yatanze ubuhamya ati: “Kuri Agence Buragane, hari abagenzi benshi. Abatarabashije gufata bus ku Cyumweru barategereje kuva ku wa Mbere. Ibintu birakomeye; Sinigeze mbona ibintu nk’ibyo.”
Imbere mu gihugu, ibintu na ho ngo biteye impungenge. I Ngozi, mu Ntara ya Butanyerera, moto ni zo ziri gutwara abantu i Bujumbura, ariko ku giciro cyo hejuru cyane. Amakuru aturuka muri ako gace avuga ko kuva ku wa Mbere, abantu bagera kuri 300 bategereje bus i Rukeco, ariko bayibuze. “Nabonye ipikipiki itwara abagenzi batatu ku mafaranga 300.000 yo mu Burundi, cyangwa 100.000 ku muntu. Umushoferi ntatinya abapolisi; abantu barihebye. No muri iki gihe, bamwe bakomeje kwishyura iki giciro gikabije. Imana idufashe”.
Abaturage babajijwe na RPA barahamagarira abayobozi kugira icyo babatangariza no gufata ingamba zihuse kugira ngo iki kibazo gikemuke.





