Perezida w’u Burundi Pierre Nkurunziza yaraye ashwishuje intumwa za ONU mu Burundi ko nta ngabo y’amahanga ikenewe ku butaka bw’u Burundi kuko igihugu kihagije ku mutekano.
Mu rugendo rw’amasaha make bamaze mu mugi wa Bujumbura intumwa za ONU 15 zakomeje urugendo rwazo zigana I Gitega kubonana na Perezida Pierre Nkurunziza ari naho atuye.
Mu byo zamusabye harimo ko yakwemerera ingabo z’amahanga kuza kugarura umutekano mu Burundi.
Nta guca ku ruhande Perezida Nkurunziza yahise ashwishuriza izo ntumwa za ONU ko nta ngabo y’amahanga ikenewe mu Burundi kuko igihugu gifite umutekano usesuye.
Muri uwo mubonano wamaze amasaha agera kuri abiri Perezida Nkurunziza yabwiye izi ntumwa za ONU ko mu gihugu cy’u Burundi hari amahoro asesuye, nta nzu n’imwe ishya itewe n’umutekano muke ndetse ko nta bantu bapfa bazira umutekano muke.
Mu gusa n’aho yivuguruza mu ijambo rye, yavuze ko kugira ngo umutekano uboneke mu Burundi yasabye ibintu bitanu byakubahirizwa. Bimwe muri ibyo bitanu yagize ati “ Ingorane dufise mu Burundi zizotorerwa umuti na CVR( Commission de Verite et Reconciliation. Naho intererano dukeneye mu Burundi si iy’abasirikare mvamakungu, u Burundi dukeneye intererano ibufasha mu vy’iterambere apana abasirikare mvamakungu. »
Perezida Nkurunziza yagarutse ku buryo yagiye ku butegetsi maze yemeza ko ubutegetsi ariho yabuhawe n’amatora ya 2015. Aya matora akaba yarubahirije itegeko nshinga n’amasezerano ya Arusha.
Izi ntumwa za ONU zagaragaje ko zitanyuzwe n’ibisobanuro byatanzwe na Perezida Nkurunziza bituma bahita burira indege ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu. Izi ntumwa zahise zijya muri Ethiopiya kubonana n’abategetsi b’umuryango w’ubumwe bwa Afurika.
Muri uyu mubonano bazigira hamwe n’aba bategetsi mu kureba uburyo umutekano wagaruka mu Burundi.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Alphonse Munyankindi / Bwiza.com



