Minisitiri w’Intebe w’u Burundi, Gervais Ndirakobuca, yirukanye umuyobozi ushinzwe itumanaho mu biro bye, Mélance Ndayisenga, amuziza gutamaza intumwa za Repubulika ya demukarasi ya Congo zari mu nama y’akarere i Bujumbura.
Uwitwa Umuhinga Yigenga uri mu Barundi bakoresha cyane imbuga nkoranyambaga, yashyize hanze ifoto igaragaza umwe mu bayobozi bo muri RDC yicaye iburyo bwa Perezida Félix Tshisekedi, yasinziriye.
Yigenga yageretseho ubutumwa bugira buti: “Mbote! Badugu ba Kinshasa.” Ndayisenga, akoresheje konte ya Twitter y’ibiro bya Minisitiri w’Intebe yasubije agira ati: “Mbona harimo n’abasinziriye.”
Kuri uyu wa 7 Gicurasi 2023, ibi biro bya Minisitiri w’Intebe byatangaje ko Ndayisenga yirukanwe, azira iri kosa rikomeye. Biti: “Nyuma y’ikosa riremereye ryakozwe n’umuyobozi ushinzwe itangazamakuru n’itumanaho muri Primature, yirukanwe kuri iyi mirimo.”
Kwirukanwa kwa Ndayisenga kwamenyesheje Perezida Evariste Ndayishimiye gusa ntabwo ibi biro byatangaje uwasimbuye kuri iyi mirimo.




