Reba VIDEO ikurikira nibwo usobanukirwa biruseho Amakuru yizewe agera kuri Bwiza Media yemeza ko mu gihugu cy’Uburundi bari mu kiriyo kivanze n’urujijo nyuma y’aho abasirikare barenga 100 b’icyo gihugu hamwe n’ab’izindi nyeshyamba zabiyunzeho basanzwe bishwe.
Leta y’Uburundi ntiremeza cyangwa ngo ihakane aya makuru icyakora amasoko yacu yatwemeje ko imirambo y’aba basirikare kuri ubu iri mu bitaro bya gisirikare. Abishwe ngo “Barimo abo mu ngabo za Leta y’Uburundi (FDNB), abarwanyi bo mu nyeshyamba za FDLR zirwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, abo mu mbonerakure, ndetse n’abandi.
Birakekwa ko abo bose bari bari muri iri shyamba rya Kibira mu mugambi wa Leta y’Uburundi wo gukomeza guhuriza hamwe abarwanyi bayifasha muri gahunda yo kugaba ibitero ku gihugu cy’u Rwanda. Abasesenguzi bagakeka ko izo ngabo zishobora kuba zaba zishwe biturutse ku gusubiranamo hagati yazo.
Amakuru ava i Burundi akemeza ko Leta ikomeje gutoza abarwanyi aho ngo “Bakeneye ingabo ibihumbi 50 ziganjemo abo mu mitwe isanzwe irwanya ubutegetsi bw’u Rwanda mu rwego rwo kwitegura kurugabaho ibitero.
Si ubwa mbere muri iri shyamba habonetse imirambo y’Abasirikare kuko no muri Gicurasi uyu mwaka nabwo hari hatoraguwe imirambo igera kuri 32 yambaye impuzankano y’Ingabo za DRC.




5 Responses
Burundi: Urujijo ku rupfu rw’Abarwanyi 80 biciwe mu ishyamba rya Kibira
iyi nterahamwe iyobora u Burundi yishe absturai mu Rwanda tuzayigenza gute ra?
Burundi: Urujijo ku rupfu rw’Abarwanyi barenga 100 biciwe mu ishyamba rya Kibira
Abo basirikare imana ibakire mubayo
Burundi: Urujijo ku rupfu rw’Abarwanyi barenga 100 biciwe mu ishyamba rya Kibira
imana ibakire mubayo abo bishwe
Burundi: Urujijo ku rupfu rw’Abarwanyi barenga 100 biciwe mu ishyamba rya Kibira
Ariko nukuberiki umuntuwese utemeyekuba igikoresho cyurwanda muhita mumwita Interahamwe? nangwa nuko interahamwe ari abahutu nawe akaba arumuhutu?
Burundi: Urujijo ku rupfu rw’Abarwanyi barenga 100 biciwe mu ishyamba rya Kibira
Ayo makuru nibaza ko ari ibihuha kuko hari abayatohoje neza. Bwabundi sinarinzi ko urubuga rwa Bwiza.com narwo rukwiragiza impuha.