Burundi: Uwahoze ari umuyobozi muri CNDD — FDD yahamije ko leta iri gukora Jenoside

Uwahoze ari umuyobozi mu ishyaka CNDD — FDD ayoboye itsinda ry’abagore bo muri iri shyaka ku rwego rukuru rw’ishyaka Kanyange Genevieve arashinja leta y’u Burundi kuba iri gukora Jenoside binyuze muri gahunda yiswe Kora yashyizweho na Perezida wa Sena y’u Burundi.
Kanyange Genevieve wayoboye igihe kirekire abakenyerarugamba( Abagore mu ishyaka CNDD — FDD) aravuga ko abashinzwe umutekano n’abategetsi muri rusange batangiye gahunda yashyizweho na Perezida wa Sena gahunda yiswe Kora. Iyi gahunda ikaba ikangurira abarundi gukora Jenoside.

Kanyange
Kanyange Genevieve wemeza ko mu Burundi hari gukorwa Jenoside

Iyi gahunda yitabiriwe n’abashinzwe umutekano barimo abapolisi na bamwe mu basirikare. Nanone kandi iyi gahunda yitabiriwe n’abari mu ishyaka CNDD FDD n’urubyiruko rwaryo rwita Imbonerakure.
Kanyange avuga ko ibyo abapolisi bakora ari amakosa akomeye cyane. Ati “ abapolisi birirwa barakora amaroregwa bica abantu izuba riva ko bariko bararikora mu ntumbero zo kwironkera ibibanza nk’uko umukuru w’inama nkenguzamateka yari yabibemereye igihe yababwira nibahaguruka bagakora n’ibibanza vyo kubakamwo amazu bazobironka”
Uyu mudamu muri iyi minsi arabarirwa mu buhungiro ari mu bagore bari bakomeye cyane ku butegetsi bwa Nkurunziza mbere y’uko yiyongeza iyi manda abatavuga rumwe n’ubutegetsi banenga bavuga ko itubahirije itegeko nshinga n’amasezerano ya Arusha.
Mbere y’uko Perezida Nkurunziza yongera gutorerwa iyi manda , uyu mugore afatanyije n’abandi bayobozi bahoze mu ishyaka CNDD FDD bari bandikiye Perezida Nkurunziza bamubuza kongera kwiyamamariza indi manda. Aha niho ubwumvikane buke n’abamuyobora mu ishyaka bwatangiye.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Alphonse Munyankindi / Bwiza.com

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *