APR FC, kimwe n’andi makipe akomeye yo mu Rwanda, isanzwe igira abakinnyi benshi bahamagarwa mu makipe y’ibihugu byabo. Ariko byatunguye abantu benshi kubona umukinnyi wayo Memel Raouf Dao akuwe ku rutonde rw’ikipe y’igihugu cya Burkina Faso.
Ku wa Kabiri tariki ya 27 Kanama 2025, APR FC yari yatangaje ko uyu mukinnyi yahamagawe mu ikipe y’igihugu cye. Nyuma y’iminsi ibiri gusa, ku wa Kane, hasohotse urutonde rwa nyuma rw’abakinnyi umutoza yahisemo gukoresha, maze hatunguranye isura ya Dao itagaragaho.
Amakuru twamenye avuga ko APR FC yari yakiriye ubutumire bwa Burkina Faso bwo gusaba uyu mukinnyi. Nyuma y’isesengura ry’imyitwarire ye mu minsi yashize, umutoza w’ikipe y’igihugu cye ngo yahisemo kutamwitabaza.
N’ubwo bimeze bityo, bivugwa ko n’umutoza wa APR FC yari yamaze gufata icyemezo cyo kudakoresha Dao mu mikino ya CECAFA Kagame Cup.
Abasesenguzi bo bemeza ko impamvu zatumye uyu mukinnyi atagaragara mu ikipe y’igihugu zikomoka ku buryo yitwaye mu mikino iheruka y’Inkera y’Abaizi, aho atitwaye neza nk’uko byari byitezwe.




