CAF Champions league: APR FC yisasiye Azam, isanga Pyramids FC mu ijonjora rya kabiri

Ikipe ya APR FC yageze mu ijonjora rya kabiri rya CAF Champions league, nyuma yo gutsinda Azam FC yo muri Tanzania ibitego 2-0 ikayisezerera ku bitego 2-1.

Ikipe y’Ingabo z’igihugu yari yakiriye Azam kuri Stade Amahoro, mu mukino wo kwishyura wabaye kuri uyu wa Gatandatu.

Ni nyuma y’ubanza abanya-Tanzania bari batsinzemo igitego 1-0 ku Cyumweru gishize.

Igice cya mbere cy’umukino cyaranzwe n’igitutu cyinshi ku basore b’umutoza Darko Novic, gusa bagorwa no kumena urukuta rwa Azam FC yatangiye umukino yugarira.

Byasabye umunota wa 44 w’umukino ngo Nyamukandagira ifungure amazamu ibifashijwemo na Ruboneka Jean Bosco, nyuma y’umupira yari ahinduriwe na Kapiteni Niyomugabo Jean Claude.

Igice cya mbere cy’umukino cyarangiye APR FC iri imbere n’igitego 1-0.

Iyi kipe y’Ingabo yagarutse mu gice cya kabiri ishaka igitego cya kabiri, umurindi w’abafana uyifasha kotsa igitutu Azam FC.

Mugisha Gilbert yatsinze igitego cya kabiri ku munota wa 62 w’umukino, ku mupira
Taddeo Lwanga yahaye Mamadou Sy wari wenyine mu rubuga rw’amahina, ateye mu izamu umupira wanga kuva ku kirenge, ufatwa neza Mugisha wahise awutereka mu izamu.

Azam FC yibutse kwataka mu minota ya nyuma y’umukino gusa uburyo buke yabonye inanirwa kububyaza umusaruro.

APR FC izahurira mu ijonjora rya kabiri na Pyramids FC yo mu Misiri.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *