Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku mugabane wa Afurika (CAF), yafatiye ibihano umunya-Botswana Joshua Bondo na bagenzi be batatu, nyuma y’amakosa bakoreye mu mukino wahuje Bénin n’u Rwanda bayoboye.
Abasifuzi Joshua Bondo, Mogomotsi Morakile, Kitso Sibanda na Tshepo Mokani Gobagoba ni bo basifuzi bane bayoboye umukino wo mu tsinda L Les Guépards ya Bénin yaguyemo miswi n’Amavubi y’u Rwanda igitego 1-1, bashaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2023 kizabera muri Côte d’Ivoire.
Ni umukino wabereye i Cotonou muri Bénin ku wa 22 Werurwe 2023.
Icyahanishije aba basifuzi ni ikarita y’umuhondo yeretswe Kevin Muhire gusa ntibayigaragaze muri raporo Komiseri w’umukino yashyikirije CAF, bigatuma uyu musore akinishwa umukino wo kwishyura wabereye i Kigali u Rwanda na Bénin nanone baguyemo miswi igitego 1-1.
Nyuma y’uyu mukino Bénin yahise irega u Rwanda muri CAF irushinja gukinisha umukinnyi utemewe, bijyanye no kuba Kevin Muhire wari wareretswe indi karita y’umuhondo ubwo Amavubi yatsindwaga na Sénégal igitego 1-0 yari yamaze kuzuza amakarita abiri y’umuhondo yikurikiranya yamukumiraga kugaragara muri uriya mukino wabereye kuri Kigali Pele Stadium.
CAF mu itangazo rigenewe abanyamakuru yasohoye kuri uyu wa Gatanu, yavuze ko yahagaritse Joshua Bondo wari umusifuzi mukuru muri uriya mukino w’i Cotonou igihe kingana n’amezi atandatu, na ho bagenzi be buri wese ahagarikwa amezi atatu.
Ni nyuma y’uko Komisiyo yayo ishinzwe abasifuzi yateranye ku itariki ya 31 Werurwe (mu buryo bw’ikoranabuhanga) igasanga bariya basifuzi barakoze “amakosa akomeye” ahabanye n’amahame ngengamyitwarire ya CAF.
Kugeza ubu iyi mpuzamashyirahamwe ntiratangaza icyo yanzuye ku kirego Bénin yarezemo u Rwanda, gusa byitezwe ko mu gihe byagaragara ko hari amakosa rwakoze rwaterwa mpaga y’ibitego 3-0.



