CAN: Gabon ishobora kwamburwa itike igahabwa RDC kubera amahano yakoze

Ikipe y’igihugu ya Gabon, Les Panthères, ishobora kwamburwa itike y’Igikombe cya Afurika kizabera muri Caméroun yabonye igahabwa RDC, nyuma yo gukinisha umukinnyi ufite imyirondoro ibiri itandukanye.

RDC na Gabon zombi zombi zari zari zihuriye mu tsinda D mu ijonjora ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika giteganyijwe kubera muri Camé

Gabon ya Pierre-Emerick Aubameyang yarangije imikino itandatu yo mu tsinda iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 10 yanganyaga za Gambia zizajyana mu gikombe cya Afurika, mu gihe Congo Kinshasa yarangije ku mwanya wa gatatu n’amanota 9.

RDC yabuze itike y’Igikombe cya Afurika nyuma yo gutsindwa ibitego 3-0 mu mukino wa gatanu wo mu tsinda wabereye mu mujyi wa Franceville.

Mu kirego ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Congo Kinshasa (FECOFA) ryamaze gushyikiriza CAF, ryashinje Gabon kuba yarakinishije muri uriya mukino umukinnyi witwa Guelor Kanga nyamara afite ibya ngombwa bibiri bitandukanye.

Ibyangombwa Gabon ifite byerekana ko uyu mukinnyi wavukiye i Kinshasa afite imyaka 30 y’amavuko, gusa Congo Kinshasa na yo yagaragaje ibindi byerekana ko yavutse mu 1985, ibisobanura ko afite imyaka 36 y’amavuko.

Abakongomani kandi bagaragaje ko amazina nyakuri y’uriya mukinnyi ari Kiaku-Kiaku Kianga wahawe ubwenegihugu bwa Gabon agahindurirwa amazina.

Byitezwe ko Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru muri RDC ndetse n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru muri Gabon agomba kugaragariza CAF ukuri, hanyuma Gabon yatsindwa igahita yamburwa itike ya CAN.

Si bwo bwa mbere byaba bibayeho ko ikipe isezererwa nyamara yaritwaye neza, kuko ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ yigeze gusezererwa mu ijonjora ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2017 nyuma yo gukinisha Daddy Birori wari ufite ibya ngombwa bibiri biriho imyaka itandukanye.

Amavubi yakuwe mu ijonjora rya nyuma mu gihe yari yamaze gusezerera Congo-Brazzaville kuri za Penaliti, birangira ariyo ikomeje ndetse inabona itike ya CAN.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *