Perezida wa Burkina Faso, Capitaine Ibrahim Traoré, yasheshe Komisiyo y’Amatora mu gihugu cye avuga ko kuba yari iriho byari “gupfusha ubusa amafaranga y’igihugu”.
Televiziyo ya Leta ya Burkina Faso (RTB), yatangaje ko Minisiteri y’Umutekano w’Imbere muri Burkina Faso ari yo izajya itegura amatora mu bihe biri imbere.
Traoré ayobora Burkina Faso kuva muri 2022 ubwo yafataga ubutegetsi biciye mu nzira ya Coup d’état.
Mu mwaka ushize byari byitezwe ko muri Burkina Faso haba amatora yagombaga gutuma ubutegetsi busubira mu maboko y’abasivile, gusa birangira abasirikare bayoboye igihugu bemeje ko ubutegetsi bw’inzibacyuho bukomeza kubaho kugeza muri 2029.
Ibiro Ntaramakuru AFP by’Abafaransa byasubiyemo Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu muri Burkina Faso, avuga ko byibura Komisiyo y’Amatora muri kiriya gihugu yakoreshaga abarirwa muri $870,000 (Arenga Frw miliyari) ku mwaka.
Minisitiri Emile Zerbo yavuze ko gusesa iriya Komisiyo bizatuma Burkina Faso igira ubusugire mu kugenzura uko amatora agenda muri iki gihugu, binashyire iherezo ku ruhare amahanga yayagiragamo.




