Amerika yatangiye gucyura Abanyamerika nyuma yo kurasa ambasade i Riyadh

Kuri uyu wa Kabiri, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yimuye abakozi badakenewe cyane n’imiryango yabo iri mu bihugu bitandatu harimo na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE). Ni nyuma y’uko Iran irashe kuri Ambasade ya Amerika i Riyadh. Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu zibarizwamo imijyi ibiri yari igezweho ku Isi muri iki gihe, […]

Haruna Niyonzima yasezeye burundu ku mupira w’amaguru

Uwahoze ari kapiteni w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’, Haruna Niyonzima, yatangaje ku mugaragaro ko asoje burundu umwuga we w’umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga, nyuma y’imyaka hafi 20 awukina ku rwego rwo hejuru. Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru rya Times Sport, Niyonzima yavuze ko hari ibiganiro biri kugirana n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, Rwanda Football Federation (FERWAFA), bigamije […]

Guinea: Impungenge ku buzima bwa Doumbouya umaze ibyumweru 2 atagaragara

Muri Guinea, guverinoma iri kugerageza guhagarika ibihuha, aho ku mugoroba wo ku wa Mbere, itariki ya 2 Werurwe, Minisitiri w’Intebe Amadou Oury Bah yatangarije RFI ko Perezida Mamadi Doumbouya, umaze ibyumweru bibiri n’igice atagaragara mu gihugu, “ameze neza”, nk’uko byatangajwe n’ibiro bya minisitiri w’intebe. Perezida Doumbouya yavuye mu gihugu ku itariki ya 13 Gashyantare agiye […]

Senateri Dr. Habineza yamaganye abamushyize mu gatebo kamwe na Rusesabagina na Nahimana

Umuyobozi w’Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda, Senateri Dr. Frank Habineza, yamaganye abamushyize mu gatebo kamwe n’abarimo Paul Rusesabagina na Padiri Thomas Nahimana bafite umugambi wo gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda. Ni nyuma y’ubutumwa bwanditswe kuri konti ya X iri mu mazina y’uwiyita ‘africans’ avuga ko hari amashyaka ya politiki atavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u […]

Muhanga: Umusore w’imyaka 22 akurikiranweho kwica nyina

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Muhanga bukurikiranye umusore w’imyaka 22 ukekwaho kwica mama we  umuteye icyuma mu rubavu. Icyaha uregwa akekwaho cyakozwe ku itariki ya 07 Gashyantare 2026, mu Karere ka Kamonyi, Umurenge wa Runda, Akagari ka Kagina, ubwo uregwa yari avuye ku kabari. Mu ibazwa rye nk’uko inkuru dukesha Ubushinjacyaha Bukuru ivuga, uregwa yemeye icyaha. Avuga ko yatonganye na […]

Ingabo za M23 zari mu nkengero za Kisangani zarashe ku kibuga cy’indege cyaho

Umutwe wa AFC/M23 wigambye kuba ari wo uri inyuma y’ikindi gitero giheruka kugabwa ku kibuga cy’indege cya Kisangani, uvuga ko byakozwe n’ingabo zawo zari ziri mu nkengero z’uriya mutwe mu rwego rwo gusenya za drone zarimo zitegura guhaguruka zigiye kugaba ibitero. Ku Cyumweru tariki ya 1 Werurwe ni bwo ubuyobozi bw’intara ya Tshopo bwatangaje ko […]

Rutahizamu w’umunya-Iran yasezeye ikipe ye ajya kurwanira igihugu

Rutahizamu w’ikipe y’igihugu ya Iran, Mehdi Taremi, usanzwe akinira ikipe ya Olympiakos F.C. yo mu Bugereki, yatangaje ko yifuza gusubira iwabo muri Iran kugira ngo yinjire mu gisirikare, nyuma y’ibitero bivugwa ko byagabwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel kuri icyo gihugu. Uyu mukinnyi w’imyaka 33 y’amavuko, bivugwa ko yamaze kumenyesha ubuyobozi bw’ikipe […]

Icyo u Rwanda ruvuga ku bihano Amerika yafatiye RDF n’abayobozi bayo

Guverinoma y’u Rwanda yagaragaje ko ibihano Leta Zunze Ubumwe za Amerika zafatiye Ingabo z’u Rwanda (RDF) ndetse n’abayobozi bakuru bazo bigoreka imiterere y’amakimbirane yo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Kuri uyu wa Mbere tariki ya 2 Werurwe ni bwo Amerika yafatiye ibihano RDF n’abayobozi bayo barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen […]

Amerika yafatiye ibihano RDF na ba Jenerali bayo 4

Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri uyu wa Mbere tariki ya 2 Werurwe 2026, zatangaje ko zafatiye ibihano Igisirikare cy’u Rwanda (RDF), ndetse n’abasirikare bakuru bane. Ishami rya Minisiteri y’Imari ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika rishinzwe kugenzura umutungo w’abafatirwa ibihano (OFAC), ryatangaje abayobozi bakuru ba RDF bafatiwe ibihano barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, […]

Polisi y’u Rwanda yafunze abasore bakubise umukobwa i Musanze

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwataye muri yombi abasore babiri bagaragaye mu mashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga bakubita ndetse banakurura umukobwa mu muhanda. Amakuru avuga ko ibi byabereye mu Mujyi wa Musanze mu gitondo cyo ku Cyumweru, tariki ya 1 Werurwe 2026, aho uwo mukobwa yakubitiwe mu muhanda rwagati. Mu mashusho, abo basore bagaragara […]

Texas: Uwishe arashe abantu 2 yasanganwe amafoto y’abayobozi ba Iran

Abantu babiri bapfuye abandi barenga icumi barakomereka mu iraswa ryabereye mu busitani bw’ahantu bafatira icyo kunywa i Austin, muri Texas, mu gihe FBI ivuga ko bishobora kuba bifitanye isano n’iterabwoba. Polisi ya Austin yatangaje ko ukekwaho icyaha ari Ndiaga Diagne w’imyaka 53. Yari Umunyamerika ukomoka muri Senegal wahawe ubwenegihugu, nk’uko bitangazwa n’umufatanyabikorwa wa BBC muri […]

Walikale: Iminsi ibaye itatu AFC/M23 na FARDC birwanira kwigarurira Kibati

Imirwano ikomeye yakomeje kuri uyu wa Mbere, itariki 2 Werurwe 2026, i Kibati, muri Guruoma ya Luberike muri Teritwari ya Walikale, muri Kivu y’Amajyaruguru. Iyi mirwano irahuza abarwanyi ba AFC / M23 n’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC), zishyigikiwe n’inyeshyamba za Wazalendo. Uyu ni umunsi wa gatatu wikurikiranya w’imirwano muri uyu mujyi w’ingenzi […]

Kivu y’Amajyepfo: FARDC yongeye gufata Mikenge itarwanye

Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo n’inyeshyamba za Wazalendo, ku Cyumweru, itariki 1 Werurwe 2026, zongeye kwigarurira Umujyi wa Mikenge mu Murenge wa Itombwe, Teritwari ya Mwenga, nta mirwano ibaye. Hari hashize icyumweru kimwe, umutwe w’abarwanyi wa Twirwaneho uhamagarira abaturage kuva muri ako karere nk’uko amakuru agera kuri Kivu Morning Post avuga. Mu gitondo […]

Erik Prince yaburiye Trump ku kohereza ingabo zo ku butaka muri Iran

Erik Prince washinze umutwe w’abacanshuro wa Blackwater, yagiriye Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika akanaba inshuti ye inama yo kutazakora ikosa ryo kohereza muri Iran ingabo zo ku butaka. Erik ubwo yari mu kiganiro ‘War Room’ cyayobowe n’umunyamakuru Steve Bannon, yavuze ko Amerika iramutse ifashe icyemezo cyo gutera Iran biciye mu ngabo […]

Perezida Kagame ategerejwe i Paris

Perezida Paul Kagame ategerejwe i Paris mu Bufaransa, aho agomba kwitabira inama mpuzamahanga yiga ku ngufu za ‘nucléaire’. Iyi nama izaba iba ku nshuro ya kabiri, izabera i Paris ku wa 10 Werurwe 2026. Izahuza abakuru b’ibihugu n’abayobozi bakuru b’inzego zitandukanye. Usibye Perezida Kagame, mu bandi bazayitabira harimo Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa ndetse n’Umuyobozi […]

Iran yarashe uruganda runini rwa peteroli muri Arabia Saoudite

Bivugwa ko drone yoherejwe na Iran yibasiye uruganda rutunganya ibikomoka kuri peteroli rwa Ras Tanura muri Arabia Saoudite, bituma ruhagarika imirimo. Uru ruganda rwa Ras Tanura, rucungwa na Saudi Aramco, rutunganya utugunguru turenga 550.000 ku munsi kandi ni bimwe mu bicuruzwa nyamukuru byoherezwa hanze n’ubwami nk’uko bitangazwa na DW. Niba ihungabana ry’imirimo rikomeje, wakwitega ibi […]

Iran yateye ibirindiro by’u Bwongereza mu gihugu kibarizwa mu Burayi

Drone yaturutse muri Iran yaguye mu birindiro by’igisirikare cyo mu kirere (RAF) cy’u Bwongereza muri Shipure (Cyprus), nk’uko byatangajwe na Perezida w’iki gihugu, Nikos Christodoulides.   Byakurikiranye n’itangazo rya Minisiteri y’ingabo ryavugaga ko hakekwa igitero cya drone ku birindiro bya RAF i Akrotiri ku Cyumweru ahagana mu gicuku ku isaha yaho (22h00 GMT).   Nta […]

Koffi Olomidé yasezeranye n’umugore we – Amafoto

Nyuma y’imyaka irenga 20 babana nk’umugabo n’umugore ndetse n’imyaka 15 bakoze ubukwe bwa gakondo, icyamamare mu njyana ya lumba muri Congo, Koffi Olomidé, n’umuhanzikazi Cyndi Le Cœur, basezeranye ku mugaragaro imbere y’amategeko ku wa Gatandatu, tariki ya 28 Gashyantare, mu murwa mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Kinshasa. Uyu muhango wabereye mu murenge wa […]

‘Indege nyinshi’ z’intambara za Amerika zakoreye impanuka muri Kuwait

Minisiteri y’Ingabo za Kuwait yatangaje ko kuri uyu wa Mbere indege nyinshi z’intambara za Leta Zunze Ubumwe za Leta zakoreye impanuka muri iki gihugu, gusa abapilote bazo bose bashobora kuzisohokamo ari bazima. Kugeza ubu intandaro y’izo mpanuka ntiramenyekana. Minisiteri y’Ingabo za Kuwait yavuze ko yarimo ikorana na Amerika, kugira ngo hamenyekane icyaziteye. Amakuru y’ibanze aravuga […]

Kinshasha: Umusirikare yarashe umukinnyi bateretanaga umukobwa umwe

Mu murwa mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, Kinshasa, mu gace ka Camp Kokolo, habereye inkuru ibabaje y’umusore w’umukinnyi w’umupira w’amaguru witwa Dan Ngwengwa warashwe agahita apfa. Amakuru aturuka aho byabereye avuga ko uwamurashe ari umusirikare witwa Patrick Mabele. Ibi byabaye mu ijoro ahagana saa saba, aho bivugwa ko uyu musirikare yagiye mu rugo […]

Amasasu yumvikanye hafi y’ibiro bya Perezida Captain Ibrahim Traoré

Mu ijoro ryo ku wa Gatandatu rishyira ku Cyumweru, humvikanye amasasu menshi hafi y’ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Burkina Faso, i Ouagadougou, aho atuye kandi akorera Perezida Ibrahim Traoré. Amakuru arambuye ku byabaye ntaramenyekana neza. Radiyo Radio France Internationale (RFI) yatangaje ko bishoboka ko ibyo byabaye bifitanye isano n’ukutumvikana mu basirikare ku bijyanye n’imicungire y’umutekano, cyane […]

Ikibuga cy’indege cya Kisangani cyongeye kugabwaho ibitero bya drone

Ubutegetsi bw’Intara ya Tshopo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwatangaje ko ikibuga cy’indege cy’umurwa mukuru w’iyi ntara, Kisangani, kuri iki cyumweru cyibasiwe n’ibitero by’indege za drone z’ubwiyahuzi zizwi nka Kamikaze. Ikibuga cy’indege mpuzamahanga cya Bangboka cy’i Kisangani, cyaherukaga guterwa na drone ku itariki ya 1 Gashyantare 2026. Icyo gihe umutwe wa AFC/M23 […]

Gicumbi: Depite Masozera yasabye abarwanashyaka ba Green Party guca ukubiri n’ingeso mbi

Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda, ryasabye abarwanashyaka baryo bo mu karere ka Gicumbi kugendera kure ingeso mbi, ahubwo bakagira uruhare mu kubahiriza gahunda za leta bahereye mu midugudu batuyemo. Iri shyaka ryabibasabye kuri iki Cyumweru tariki ya 1 Werurwe, ubwo mu karere ka Gicumbi haberaga inama ikomatanyije n’amahugurwa ku barwanashyaka bahagarariye abandi […]

Itsinda riyobowe na Gen. Rwivanga ryerekeje muri Ethiopia

Kuri uyu wa Gatandatu ushize, itsinda riyobowe na Brig Gen R. Rwivanga, Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, uhagarariye Minisiteri y’Ingabo z’ u Rwanda, riri mu gihugu cya Ethiopia aho bagiye kwitabira ibirori byo kwizihiza ku nshuro ya 130 Intsinzi ya Adwa no gusura ku mugaragaro Inzu Ndangamurage y’Ingabo ya Ethiopia/Urwibutso rw’Intsinzi ya Adwa, Ikigo cya Ethiopia […]

Uko CIA na Mossad byanetse Khamenei wa Iran kugeza yishwe

Urwego rw’ubutasi rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (CIA), byamenyekanye ko rwari rumaze amezi menshi rugenda runono uwari Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei, mbere yo y’uko yicwa ku wa Gatandatu tariki ya 28 Gashyantare. Khamenei yiciwe mu bitero Amerika na Israel bagabye i Tehran, apfana n’abandi bayobozi bakomeye biganjemo ab’igisirikare cya Iran. Mbere […]

Iran yibasiye ibibuga by’indege bya Dubai na Abu Dhabi

Umuntu umwe yapfuye abandi 11 barakomereka ku bibuga by’indege i Dubai na Abu Dhabi, ubwo Iran yagabaga ibitero byo kwihorera ku bitero bya Amerika na Israel.   Abayobozi muri Abu Dhabi bemeje ko indege itagira abadereva yateye Ikibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Zayed (AUH), ikaraswa “ibisigazwa”, bihitana umuntu umwe abandi barindwi barakomereka nk’uko bitangazwa na BBC. […]

Iran: Ibihumbi by’abaturage byatangiye kunamira Ayattolah Khamenei

Ibihumbi by’abaturage bateraniye rwagati mu murwa mukuru wa Iran kunamira Umuyobozi w’Ikirenga Ayatollah Ali Khamenei wiciwe mu gitero kinini cyatangijwe na Amerika na Israel kuwa Gatandatu.   Abatangiye icyunamo, bateraniye kuri iki Cyumweru mu rubuga Enghelab (bivuze impinduramatwara), bambaye ahanini umukara ndetse bamwe barira, bazunguza amabendera ya Iran kandi bafata amafoto ya Khamenei, mu gihe […]

Minembwe: Bombe zikomeje kubica nyuma yo gutwika agace ka Kalongi

Amabombe akomeje kuvuza ubuhuha kuri iki Cyumweru nyuma y’uko kuwa Gatandatu, itariki 28 Gashyantare 2026, saa kumi n’ebyiri n’igice z’umugoroba, ihuriro ry’Ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa zitwitse Umudugudu wa Kalongi, mu Karere ka Minembwe, zikoresheje drone. Itangazo ryashyizwe ahagaragara na AFC/M23 rivuga ko no kuri iki Cyumweru, itariki ya 1 Werurwe 2026, kuva mu gitondo, izo […]

Imirwano ikomeye yahuje AFC/M23 na FARDC mu midugudu myinshi ya Masisi

Imirwano ikomeye kuri uyu wa Gatandatu ushize yahuje abarwanyi ba AFC / M23 n’ihuriro ry’inyeshyamba za Wazalendo zifatanyije na FARDC, mu midugudu myinshi yo muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru mu burengerazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.   Nk’uko amakuru menshi abivuga, imirwano yari yiganje i Ndete, mu gace ka Muhanga […]

Goma: Umunyeshuri wari wabuze yasanzwe mu Kivu yishwe

Kayembe wa Mukendi Dieudonné, umunyeshuri mu mwaka wa karindwi mu ishuri rya Cinquantenaire mu gace ka Mugunga muri Komini ya Karisimbi, mu burengerazuba bwa Goma, basanze yapfuye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 28 Gashyantare, mu gace ka Kyeshero ku nkombe z’ikiyaga cya Kivu, ahantu bakunze kwita BoscoLac.   Amashusho yagiye ahagaragara […]

Itangazamakuru rya Leta ya Irani ryemeje iyicwa rya Ayattollah Khamenei

Itangazamakuru rya Leta ya Irani ryemeje ko Umuyobozi w’Ikirenga Ali Khamenei yishwe, mu bitero bya Israel na Amerika byagabwe kuri Irani byatangiye ku wa Gatandatu mu gitondo. Itangazo ryavuye mu Nama Nkuru y’Umutekano ya Irani, ryatangajwe n’ibitangazamakuru byinshi bya leta, ryemeza ko Ayatollah Khamenei yiciwe mu biro bye mu gitondo cya kare cyo ku wa […]

AFC/M23 yemeje ko Coloneli willy Ngoma yishwe na Leta ya kinshasa

Umutwe wa AFC/M23 wemeje bidasubirwaho ko Coloneli Willy Ngoma, yishwe na Leta ya Kinshasa Kuwa 24 Gashyantare 2026,aho Ingabo za Leta zishe amasezerano nkana zigamije cyane cyane kwica abasirikare ba M23 ndetse n’abaturage b’abasivile bari hanze y’urugamba. Ibi M23 yabitangaje mu itangazo yasohoye ku wa 28 Gashyantare,aho yavuze ko ubutegetsi bwa Kinshasa bwishe nkana amasezerano […]

Rubavu: Impanuka y’ikamyo yahitanye abantu 11

Ku wa 27 Gashyantare 2026, mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, habereye impanuka ikomeye y’ikamyo yahitanye abantu 11, abandi barakomereka. Iyi mpanuka yabaye ahagana Saa Munani z’igicamunsi, mu Kagari ka Nengo, Umudugudu wa Nyaburanga. Ikamyo yo mu bwoko bwa BENZ yagonze moto yari itwaye abantu babiri bahita bitaba Imana, nyuma igonga abanyamaguru babiri […]

Ibimenyetso by’uko Israel yishe Khamenei wa Iran bikomeje kwiyongera

Ibimenyetso by’uko Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ali Khamenei ashobora kuba yiciwe mu bitero bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel biri kugenda byiyongera, nk’uko bitangazwa n’itangazamakuru ryo muri Israel. Televiziyo ya Channel 12 yatangaje ko amakuru yatanzwe n’umuyobozi wa Israel utashatse ko amazina ye atangazwa, avuga ko hari “ibimenyetso byinshi bigenda bigaragaza” ko uriya […]

Shakib Lutaaya yahakanye gutandukana na Zari Hassan

Shakib Lutaaya yatangaje ko amakuru amaze iminsi akwirakwira ku mbuga nkoranyambaga avuga ko yatandukanye n’umugore we Zari Hassan atari ukuri. Yasobanuye ko urugo rwabo ruhagaze neza, nta kibazo na kimwe kiri hagati yabo, anashimangira ko bagikundana nk’uko byahoze. Yavuze ko abantu bamwe bakunda guhanga inkuru zidafite gihamya kugira ngo bakurure amarangamutima y’ababakurikira. Shakib yongeyeho ko […]

Iran yihimuye ku bitero bya Israel na Amerika

Nyuma y’uko Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel bagabye ibitero kuri Iran, kuri uyu wa Gatandatu na yo yagabye ibitero mu bice bitandukanye mu rwego rwo kwihimura. Ibitangazamakuru bitandukanye biravuga ko igisirikare cya Iran cyarashe ‘missile ballistique’ ndetse kigaba ibitero bya drone ku butaka bwa Israel, mu rwego rwo kuyihimuraho. Igisirikare cya Israel (IDF) […]

Icyo Trump avuga ku bitero Amerika na Israel bagabye kuri Iran

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yavuze ko ibitero bihuriweho Amerika na Israel bagabye kuri Iran bigamije “kurandura ibyago byihutirwa” biva mu butegetsi bwa kiriya gihugu. Trump mu kiganiro yahaye abanyamakuru, yagize ati: “Hashize umwanya muto ingabo za Amerika zitangije igikorwa gikomeye cyo kurwana muri Iran. Intego yacu ni ugukingira abaturage ba […]

Theo Bosebabireba yahakanye gusenya urugo rw’umugore babyaranye

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana Theo Bosebabireba yahakanye amakuru aherutse gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga amushinja kuba yaragize uruhare mu gusenya urugo rw’umugore babyaranye. Ibi byakurikiye amashusho y’ikiganiro cyatanzwe na Ruth Muhayimana, aho yavuze ko gutandukana n’uwari umugabo we byatewe n’amakimbirane akomeye mu rugo, akavuga ko uwo muhanzi yabigizemo uruhare. Yagaragaje ko ubuzima arimo […]

Israel yongeye kugaba ibitero kuri Iran

Kuri uyu wa Gatandatu, Israel yatangaje ko yagabye igitero cya gisirikare yise ko cyari icyo kwirinda mbere (pre-emptive strike) ku hantu hafitanye isano n’ibikorwa bya gisirikare n’ibikorwaremezo by’ingenzi bya Iran, nk’uko byatangajwe n’ibitangazamakuru mpuzamahanga bitandukanye. Ibisasu n’iturika rikomeye byumvikanye mu murwa mukuru wa Iran, Tehran, mu gitondo cya kare, aho ibitangazamakuru bya Leta ya Iran […]

Rubavu: Abanyarwanda 208 batashye bava muri RDC

Kuri uyu wa Gatanu, itariki 27 Gashyantare, u Rwanda rwakiriye Abanyarwanda 208 bagize imiryango 59 batashye ku bushake bava muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Aba Banyarwanda banyuze ku mupaka wa La Corniche OSBP i Rubavu, bajyanwa mu kigo cy’agateganyo cya Nyarushishi mu Karere ka Rusizi, bakaba bakiriwe n’Umuyobozi w’Akarere. Mu kubakira, Umuyobozi w’Akarere, Prosper […]

Umuti wa Green Party ku kibazo cy’ibiryo by’amatungo bikomeje gutumbagira

Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda, rirateganya guha aborozi amahugurwa y’uko bajya bikorera ibiryo by’amatungo, mu rwego rwo guhangana n’igiciro cyabyo kiri hejuru. Ubuyobozi bw’iri shyaka bwabitangarije mu karere ka Gakenke, ahabereye ahatangiwe amahugurwa ku barwanashyaka bahagarariye abandi ku rwego rw’akarere. Mu byo bahuguwemo harimo uko bakora imishinga iciriritse, irimo iy’ubuhinzi n’ubworozi. Umurwanashyaka […]

M23 yishe Colonel Ukwishaka wari mu bayobozi bakuru ba FDLR

Amakuru aturuka mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko ingabo z’umutwe wa AFC/M23 zishe Colonel Ukwishaka Nouvelle wari umwe mu bayobozi bakuru b’umutwe wa FDLR. Colonel Ukwishaka wari uzwi nka Mwenesikare, yari asanzwe ashinzwe igenamigambi muri FDLR. Amakuru avuga ko Ukwishaka yiciwe muri Teritwari ya Masisi hakomeje kubera imirwano ikomeye hagati ya […]

Paris: Muhayimana wari warakatiwe imyaka 14 y’igifungo yasabiwe 15 mu bujurire

Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bw’u Bufaransa, Claude Muhayimana, ufite imyaka 65, ari kuburana mu bujurire mu rukiko i Paris kubera uruhare akekwaho muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 n’ibyaha byibasiye inyoko muntu. Kuri uyu wa Kane, itariki ya 26 Gashyantare, ubushinjacyaha bwamusabiye igifungo cy’imyaka 15, cyenda kungana n’icyo yakatiwe mu rubanza rwa mbere, cy’imyaka 14. Kuva […]

Masisi: Haravugwa imirwano ikaze hagati ya AFC/M23 na FARDC i Kinyumba

Imirwano ikomeye iravugwa guhera mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, itariki 27 Gashyantare 2026, muri Teritwari ya Masisi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Iyi mirwano yahuje abarwanyi ba AFC/M23 n’Ingabo za Congo ziri gufashwa n’inyeshyamba za wazalendo, ahitwa Kinyumba, hafi ya centre ya Nyabiondo. “Guhera mu gitondo hari kumvikana amasasu menshi mu nkengero za […]

Trump yahaye ishimwe umupilote wakomerekeye muri operasiyo yo gufata Maduro

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yambitse umudali w’ishimwe umupilote wa kajugujugu ya gisirikare wakomerekeye muri operasiyo yo gufata Nicolas Maduro wahoze ari Perezida wa Venezuela. Warrant Officer 5 Eric Slover w’imyaka 45 y’amavuko, yambitswe uriya mudali ubwo Trump yagezaga ku Banyamerika ijambo ngarukamwaka rizwi nka the State of the Union. Trump […]

Lt. Col Willy Ngoma yaba yamaze gushyingurwa mu ishyamba

Amakuru aturuka mu burasirazuba bwa Congo aravuga ko Lt. Col Willy Ngoma yamaze gushyingurwa mu mashyamba yo muri Masisi, mu gihe abakunzi be bari biteze ko ashobora gushyingurwa mu cyubahiro. Bivugwa ko Ngoma yashyinguwe ku wa Gatatu w’iki cyumweru, nyuma y’umunsi umwe yiciwe mu gitero cya drone cyagabwe muri Teritwari ya Masisi. Umunyamakuru Pero Luwara […]

RDC yemeye kwakira amadolari ya Amerika ibindi bihugu byatinye

Repubulika ya Demokarasi ya Congo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika byemeranyije ubufatanye mu by’ubuzima bwa miliyari 1,2 z’amadolari ya Amerika, nk’uko guverinoma zombi zabitangaje mu kiganiro bahuriyemo ku wa Kane. Iri tangazo rivuga ko ubufatanye buzamara imyaka itanu kuva 2026-2031. Bavuga ko hakubiyemo miliyoni 900 z’amadolari y’ubufasha bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika na […]

Ukuntu Umukobwa wa Pasiteri Antoine Rutayisire yaretse kujya mu tubyiniro kubera izina rya se

Umukobwa wa Pasiteri Antoine Rutayisire, Isimbi Deborah, yavuze ko kuba yarakuranye izina rikomeye rya se byamushyizeho igitutu gikomeye mu mibereho ye, bituma aza gufata umwanzuro wo kureka kujya mu tubyiniro nubwo yabikundaga. Ibi yabigarutseho mu kiganiro cyahuje abubatse ingo, cyateguwe n’Umushumba Mukuru wa Noble Family Church, Mignonne Kabera, kigamije gufasha ingo gukomera no gusangira ubuhamya […]

Umunyamakuru Bianca yarokotse impanuka

Umunyamakuru Uwamwezi Mugire Adelphine uzwi nka Bianca Baby yatangaje ko mu kwezi gushize yarokotse impanuka ikomeye cyane yashoboraga guhitana ubuzima bwe, ashimira Imana yamurinze. Mu ijoro ryo ku wa 26 rishyira ku wa 27, Bianca yashyize ku mbuga nkoranyambaga amashusho agaragaza uko yari ari kwitabwaho n’abaganga nyuma y’iyo mpanuka, nubwo atasobanuye neza icyayiteye. Yavuze ko […]

Pariki y’Akagera: Intare 5 zashyizwe muri gahunda yo kuringaniza imbyaro

Ubuyobozi bwa Pariki y’Akagera bwatangaje ko intare eshanu z’ingore zashyizwe muri gahunda yo kuringaniza imbyaro hagamijwe gukomeza kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima no kugenzura neza ubwiyongere bw’izi nyamaswa. Ibi byamenyekanye binyuze ku butumwa pariki yashyize ku mbuga nkoranyambaga, igaragaza ko iki gikorwa kiri muri gahunda rusange yo gucunga umubare w’intare kugira ngo zidahindura uburinganire bw’ibinyabuzima. Mu kwezi […]

Telefoni yaturutse i Kigali yaburijemo ibihano bya Amerika ku Rwanda

Ibiro bya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika byahagaritse gahunda yo gufatira u Rwanda ibihano, nyuma y’ubuvugizi bwakozwe na Senateri Lindsey Graham w’umunyamerika. The Wall Street Journal yanditse ko mu mpera za Mutarama uyu mwaka, Perezida Paul Kagame yahamagaye Senateri Graham amusaba ubufasha bwo guhagarika umugambi wa White House wo gufatira u Rwanda ibihano. […]

RDC: Umukobwa wa Lumumba agiye guhatana na Mushikiwabo

Julianna Lumumba, umukobwa wa Minisitiri w’Intebe wa mbere wa Congo, Patrice-Emery Lumumba, yatoranyijwe kuri uyu wa Gatanu nk’umukandida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa La Francophonie (OIF) nk’uko byatangajwe na minisiteri y’itangazamakuru n’itumanaho. Umwe mu bayobozi ba Congo yabwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abanyekongo (ACP) ati: “Uburemere bw’amarangamutima n’akamaro k’izina, ubushobozi […]

Gen. Nyakarundi yasuye Ingabo z’u Rwanda i Cabo Delgado

Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butaka, Major General Vincent Nyakarundi, kuri uyu wa Kane, itariki 26 Gashyantare 2026, yatangiye uruzinduko rw’akazi mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique. We n’itsinda ayoboye ubwo bari mu mujyi wa Pemba, bagiranye inama n’Umugaba w’Ingabo za Mozambique (FADM) zirwanira ku butaka, Major General André Rafael Mahunguane. Ibiganiro bagiranye […]

Abimukira hafi 8000 barabuze cyangwa barapfa mu 2025

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Bimukira (IOM) riravuga ko mu 2025 byibuze abantu 7,667 baburiwe irengero cyangwa bapfiriye mu nzira bimukira mu bindi bihugu hirya no hino ku Isi. IOM yasabye ko hajyaho inkunga y’amafaranga y’imiryango itabara imbabare, ndetse no gusenya imiyoboro itwara abantu magendu ishyira ubuzima mu kaga. IOM ivuga ko uyu mubare uri […]

Umurundi wishe ababikira banze kuvura abasirikare bari muri Congo yafatiwe mu Butaliyani

Ubutaliyani bwatangaje ko bwafashe umugabo w’Umurundi w’imyaka 50 ukekwaho kugira uruhare mu iyicwa ry’ababikira batatu b’Abataliyani bishwe mu 2014 mu mujyi wa Bujumbura, umurwa mukuru w’ubucuruzi w’u Burundi. Ubushinjacyaha bwo mu mujyi wa Parma buvuga ko uwo mugabo witwa Guillaume Harushimana akekwaho gutegura, gufasha no gutanga ibikoresho byakoreshejwe muri ubwo bwicanyi bwabaye ku matariki ya […]

Amerika ifunze uwahoze ari umusirikare wayo azira kwigisha Abashinwa gutwara indege z’intambara

Uwahoze ari umusirikare w’ingabo zirwanira mu kirere za Leta Zunze Ubumwe za Amerika akaba n’umupilote, Gerald Eddie Brown Jr., yatawe muri yombi azira gukorana n’ingabo z’u Bushinwa. Brown w’imyaka 65 y’amavuko wamenyekanye mu kazi ke nka “Runner,” yafatiwe muri Leta ya Indiana. Uyu mugabo aregwa gutanga serivisi za gisirikare ku bapilote b’ingabo z’u Bushinwa atabifitiye […]

Ibice 9 by’Umubiri Utagomba Gukoraho

Abahanga mu by’ubuzima bagaragaza ko hari ibice by’umubiri dukoraho kenshi ariko bitagomba gukorwaho n’amaboko yacu, cyane cyane iyo adasukuye neza. Amaboko ni yo akunze kuba yanduye kurusha ibindi bice by’umubiri, kuko akora kuri telefoni, ku miryango, kuri mudasobwa n’ahandi henshi. Iyo duhise tuyashyira ku bice by’umubiri byoroshye, tworohereza mikorobi kwinjira mu mubiri.   Dore ibice […]

Hillary Clinton yahamagajwe n’akanama gakora iperereza ku byaha byakozwe na Epstein

Kuri uyu wa Kane, Hillary Clinton, umugore wa Bill Clinton wahoze ari Perezida wa Amerika, aritaba itsinda ry’abadepite rishinzwe iperereza ku byaha byakozwe na Jeffrey Epstein.   Uwahoze ari umunyamabanga wa leta ushinzwe ububanyi n’amahanga ndetse wabaye n’umukandida ku mwanya wa perezida aherutse kwemeranya,  n’umugabo we, Bill Clinton wahoze ari Perezida, gutanga ubuhamya imbere ya […]