Kwamamaza Congo muri Monaco bishobora gutuma Minisitiri wa Siporo yeguzwa

Minisitiri wa Siporo n’Imyidagaduro wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu Ntubuanga, ari mu bibazo bikomeye bya politiki nyuma y’uko hafunguwe iperereza ku masezerano igihugu cye cyagiranye n’ikipe y’umupira w’amaguru ya AS Monaco. Aya masezerano yashyizweho umukono mu mwaka ushize, aho Leta ya RDC yemeye gutanga miliyoni 4.8 z’amayero mu gihe cy’imyaka itatu, mu […]

Haruna Niyonzima yasezeye burundu ku mupira w’amaguru

Uwahoze ari kapiteni w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’, Haruna Niyonzima, yatangaje ku mugaragaro ko asoje burundu umwuga we w’umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga, nyuma y’imyaka hafi 20 awukina ku rwego rwo hejuru. Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru rya Times Sport, Niyonzima yavuze ko hari ibiganiro biri kugirana n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, Rwanda Football Federation (FERWAFA), bigamije […]

Rutahizamu w’umunya-Iran yasezeye ikipe ye ajya kurwanira igihugu

Rutahizamu w’ikipe y’igihugu ya Iran, Mehdi Taremi, usanzwe akinira ikipe ya Olympiakos F.C. yo mu Bugereki, yatangaje ko yifuza gusubira iwabo muri Iran kugira ngo yinjire mu gisirikare, nyuma y’ibitero bivugwa ko byagabwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel kuri icyo gihugu. Uyu mukinnyi w’imyaka 33 y’amavuko, bivugwa ko yamaze kumenyesha ubuyobozi bw’ikipe […]

Perezida wa UCI yihanganishije imiryango y’abaguye mu mpanuka muri Tour du Rwanda i Gatsibo

Perezida w’Impuzamashyirahamwe Mpuzamahanga y’Umukino w’Amagare (UCI), David Lappartient, yihanganishije imiryango y’abantu babiri bahitanywe n’impanuka y’imodoka ya karavani yabaye mu irushanwa rya Tour du Rwanda, inakomerekeramo abandi batandatu. Iyi mpanuka yabaye ku Cyumweru, tariki ya 22 Gashyantare 2026, mu Murenge wa Rwimbogo, Akarere ka Gatsibo, ubwo imodoka ya karavani yamamazaga irushanwa yataga umuhanda bitewe n’imvura nyinshi, […]

Umunya-Espagne Pau Marti yegukanye agace ka kabiri ka Tour du Rwanda 2026

Umukinnyi w’Umunya-Espagne Pau Marti ukinira ikipe ya NSN Development Team ni we wegukanye agace ka kabiri ka Tour du Rwanda 2026, akoresheje amasaha 3, iminota 10 n’amasegonda 10 ku ntera ya kilometero 134,6. Iri siganwa ryabaye ku wa Mbere tariki ya 23 Gashyantare 2026, abasiganwa bahagurukira i Nyamata basoreza i Huye. Mu ntangiriro, abakinnyi bagendeye […]

Lague wa Police FC yatawe muri yombi na Polisi

Rutahizamu Byiringiro Lague ukinira ikipe ya Police FC, amaze iminsi afunzwe nyuma yo gufatwa atwaye imodoka yanyoye ibisindisha. Mu ijoro ryo Ku wa Kane w’icyumwe gishize ni bwo uyu mukinnyi yafashwe n’ishami rya Polisi ishinzwe umutekano wo mu muhanda atwaye imodoka yanyoye ibisindisha. Amakuru avuga ko ubwo abapolisi bamufataga yabanje kubasagararira yitwaje kuba ari umukinnyi […]

Abafana bitwikiyeho Sitade nyuma y’uko ikipe yabo itsinzwe 3-0

Umukino ukomeye wahuzaga amakipe abiri akomeye yo muri Serbia, Red Star Belgrade na Partizan Belgrade, waranzwe n’imvururu zikomeye nyuma y’uko abafana b’ikipe yasuye batwitse igice cya stade, bituma umukino uhagarikwa by’agateganyo. Ibi byabereye kuri stade ya Rajko Mitić Stadium mu mukino uzwi nka “Eternal Derby,” umwe mu mikino irangwa n’ishyaka rikomeye muri Serbia. Abafana ba […]

Kimenyi Yves yasezeye kuri ruhago

Umunyezamu Kimenyi Yves wakiniye amakipe atandukanye mu Rwanda ndetse n’ikipe y’igihugu ‘Amavubi’, yahagaritse gukina umupira w’amaguru. Kimenyi w’imyaka 33 y’amavuko, yemeje ko yafashe kiriya cyemezo biciye mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Gatanu. Yagize ati: “Muryango mugari w’Umupira w’Amaguru, mfashe uyu mwanya ngo mbamenyeshe ku mugaragaro ko nsezeye burundu gukina umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga.” Kimenyi […]

Maroc yakatiye abanya-Senegal bateje akavuyo ku mukino wa nyuma wa Afcon

Urukiko rwo mu Murwa Mukuru wa Maroc, Rabat, rwakatiye igifungo abafana 19 ba ruhago bazira urugomo rwabaye ku mukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika (CAN 2025) wahuje Maroc na Sénégal. Aba bafana barimo Abanyasénégal 18 n’Umufaransa umwe, bakurikiranyweho ibyaha birimo kwangiza ibikorwaremezo bya siporo no guteza urugomo mu gihe cy’umukino. Nyuma y’urubanza rwatwaye amasaha arenga […]

Uwabaye umujyanama wa Bruce Melody arafunzwe

Mike Habinshuti, wamenyekanye cyane mu myidagaduro nyarwanda nk’umujyanama wa Bruce Melodie, yatawe muri yombi ku wa 18 Gashyantare 2026. Amakuru yemejwe n’Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B. Thierry, agaragaza ko Habinshuti akurikiranyweho icyaha cyo gukwirakwiza ibiyobyabwenge, nyuma y’iperereza ryari rimaze iminsi rikorwa. Kugeza ubu afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kimihurura. Habinshuti yamamaye […]

Umukinnyi yatandukanye n’umukunzi we ahita amwiba impeta yari yamwambitse

Uwahoze ari umukinnyi w’icyamamare muri shampiyona ya Basketball muri Amerika (NBA), Gilbert Arenas, yongeye kuvugisha benshi nyuma yo gutangaza uburyo yisubije impeta y’agaciro kanini yari yambitse uwahoze ari umukunzi we Laura Govan. Nk’uko yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Arenas yavuze ko yari yambitse Govan impeta y’isezerano ifite agaciro ka hafi ibihumbi 400 by’amadolari y’Amerika ($400,000). […]

Ikibuga cyuzuyemo ibyondo cyo mu Bwongereza kiri gutangaza benshi – Amafoto

Ku Cyumweru, mu mukino w’irushanwa rya FA Cup, ikipe ya Wolverhampton Wanderers F.C. yatsinze inasezerera Grimsby Town F.C., ibona itike ya 1/8 (round of 16). Icyakora, ibyavugishije benshi si ibyavuye mu mukino, ahubwo ni imiterere y’ikibuga cya Brundell Park cyari cyuzuyeho ibyondo. Amafoto n’amashusho byakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga bigaragaza ibice byinshi by’ikibuga byari byuzuye ibyondo, […]

Ubujurire bwa Mukura VS yemeza yaguze Ishimwe Abdoul bwatewe utwatsi

Komisiyo ishinzwe ubujurire mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, yateye utwatsi ubujurire bwa Mukura VS yari yayitabaje ngo iyirenganure ku kibazo cy’umukinnyi Ishimwe Abdoul. Mu minsi ishize ni bwo uyu myugariro wari umaze imyaka ibiri muri Mukura VS yayiteye umugongo, yerekeza muri APR FC yasinyiye amasezerano y’imyaka ibiri. Mukura VS yahise irega muri FERWAFA Intare […]

Abatoza 688 bahataniye gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryatangaje ko abatoza 688 bujuje ibisabwa ari bo basabye akazi ko gutoza Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’. FERWAFA mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 11 Gashyantare, yavuze ko nyuma y’ubusabe bwa bariya batoza hagomba gukurikiraho kubajonjora hashingiwe ku mpamyabumemyi z’ubutoza, uburambe mu gutoza amakipe y’igihugu no kuba baragize […]

Impamvu 4 Arsenal itakegukana Shampiyona nubwo iyoboye

Ikipe ya Arsenal iri mu bihe byiza cyane muri shampiyona y’u Bwongereza ya Premier League 2025/2026, aho iyoboye urutonde n’amanota atandatu irusha Manchester City, bituma benshi bayibona nk’ikipe ishobora gutwara igikombe bwa mbere kuva mu 2004. Gusa, n’ubwo icyizere kiri hejuru, haracyari impamvu zitandukanye zishobora gutuma inzozi za Arsenal zongeye gusenyuka. Kugeza ubu, Arsenal imaze […]

Miss Jolly Mutesi yabwiye umunyamakuru wa CNN ko yabajije Kagame ubusa

Miss Jolly Mutesi yagaragaje kutishimira imyitwarire y’umunyamakuru wa CNN, Larry Madowo, amwibutsa ko atakabaye akomeza kwibaza ku gisubizo yahawe na Perezida Paul Kagame, kuko ikibazo yabajije cyari kidafite ishingiro. Ibi bije nyuma y’uko Perezida Kagame, mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano, agarutse ku kiganiro yagiranye na Larry Madowo mu 2025, ubwo yamubazaga niba u Rwanda rufite ingabo […]

Rwarutabura yibye igikombe cya FERWABA Super Cup nyuma yo kutishyurwa

Igikombe cya FERWABA Super Cup 2026 cyegukanywe na Tigers BBC nyuma yo gutsinda APR BBC cyateje urujijo, nyuma y’amakuru yavuzwe ko cyatwawe n’abafana batishimiye uburyo bafashwe nyuma y’umukino. Ibi byabaye mu ijoro ryo ku wa Gatanu, tariki ya 6 Gashyantare 2026, nyuma y’umukino wabereye muri BK Arena, warangiye Tigers BBC itsinze APR BBC amanota 78-68. […]

KNC yasabye imbabazi nyuma yo kwandagazwa na APR FC 

Perezida wa Gasogi United, Kakooza Nkuliza Charles Alias ‘KNC’, yasabye imbabazi abafana b’ikipe ye nyuma yo kwandagazwa na APR FC. Ku wa Gatatu tariki ya 4 Gashyantare ni bwo Gasogi United yanyagiwe na APR FC ibitego 3-0, mu mukino w’umunsi wa 18 wa shampiyona wabereye kuri Kigali Pele Stadium. Ibitego byo mu gice cya mbere […]

Myugariro Mukura VS icyemeza ko ari uwayo yerekanwe na APR FC

Ikipe ya APR FC kuri uyu wa Gatatu yerekanye myugariro Ishimwe Abdul, nyuma yo kumutangaza nk’umukinnyi wayo mushya. Iyi kipe ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, yagize iti: “Indi ntare yaje mu kipe. Ikaze mu muryango wa APR. Ishimwe Abdoul ni Intare.” Ni ubutumwa bwari buherekeje amafoto y’uriya myugariro yambaye umwambaro wa APR FC, nyuma yo […]

Maroc yanze ibihano bya CAF

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Maroc (FRMF) ryatangaje ko rigiye kujuririra ibihano n’amande ryaciwe n’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF), nyuma y’akavuyo kabaye ku mukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika wahuje Maroc na Sénégal mu kwezi gushize. CAF yaciye Maroc amande angana na $315,000 inahanisha abakinnyi babiri guhagarikwa imikino. FRMF yavuze ko izajurira igamije “kurengera uburenganzira […]

Urukundo ruragurumana hagati ya Kim Kardashian na Lewis Hamilton

Umukinnyi mu gutwara muri Formula One, Lewis Hamilton, aravugwaho kuba ari mu mubano wihariye n’icyamamare cyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Kim Kardashian, nyuma y’uko bombi bagiriye urugendo rw’ibanga mu cyaro cyo mu Bwongereza. Nk’uko ikinyamakuru The Sun kibitangaza, Kim Kardashian, w’imyaka 45 usanzwe ari umubyeyi w’abana bane, yageze mu Bwongereza avuye i Los […]

Morocco yahimye CAF yanga kwakira igikombe cy’Afurika mu bagore

Morocco yanze kwakira Igikombe cya Afurika cy’Abagore 2026 (WAFCON), icyemezo cyatunguranye cyashyize umupira w’amaguru w’abagore muri Afurika mu rujijo, hasigaye amezi make cyane ngo iri rushanwa rikomeye ritangire. Nyuma y’iki cyemezo, Afurika y’Epfo ni yo yahise itangazwa nk’igihugu kizasimbura Morocco mu kwakira iri rushanwa. Ibi byemejwe ku mugoroba wo ku Cyumweru na Minisitiri wungirije ushinzwe […]

CAF yahaye ibihano biremereye Sénégal na Maroc

Akanama gashinzwe imyitwarire mu Mpuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika, CAF, kafatiye ibihano ibihugu bya Sénégal na Maroc kubera ibikorwa bigayitse byagaragaye ku mukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika cya 2025. Ni igikombe Sénégal yegukanye nyuma yo gutsindira Maroc imbere y’abafana bayo igitego 1-0. Uyu mukino wahagaze iminota irenga 20, nyuma y’uko abakinnyi ba Sénégal babisabwe […]

Umusifuzi yatanze penaliti 3 kandi nta makosa yabayeho

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Cameroon (FECAFOOT 🇨🇲) ryahagaritse by’agateganyo abasifuzi bane nyuma y’imyanzuro yabo yateje impaka nyinshi mu mukino wa shampiyona MTN Elite One wahuje Victoria United na PWD Bamenda, wabereye kuri Centenary Stadium i Limbe ku Cyumweru tariki ya 25 Mutarama 2026. Nk’uko FECAFOOT yabitangaje ku mbuga nkoranyambaga zayo, abo basifuzi bahagaritswe kubera ibyemezo […]

Yirukanwe azira gutoza ikipe akoresheje ChatGPT

Uwahoze ari umutoza w’ikipe y’igihugu ya Espagne, Robert Moreno, yirukanywe mu ikipe ya FC Sochi yo mu cyiciro cya kabiri mu Burusiya, nyuma yo gutsindwa kenshi no gufata ibyemezo byatangaje benshi, byinshi muri byo byashingiraga kuri ChatGPT. Moreno w’imyaka 48 y’amavuko, yavuye muri FC Sochi muri Nzeri umwaka ushize, nyuma yo kubona inota rimwe gusa […]

Ikinyamakuru Daily Star cyasabye ko Senegal yamburwa igikombe cya AFCON2025

Ikinyamakuru Daily Star cyo mu Bwongereza cyasohoye inkuru y’ibitekerezo (opinion) isaba ko Senegal yamburwa igikombe cya Afurika (AFCON) kigahabwa Maroc, ndetse umutoza wa Senegal, Pape Thiaw, agahabwa igihano cya burundu cyo kutazongera kugaragara mu mupira w’amaguru. Iyi nyandiko yanditswe na Jeremy Cross, Umwanditsi Mukuru mu bya Siporo wa Daily Star. Impamvu nyamukuru y’iyi myanzuro ni […]

Amavubi yazamutse ku rutonde rwa FIFA

Ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ yazamutseho umwanya umwe ku rutonde ngarukakwezi rw’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA. Uri rutonde rwasohotse ku wa Mbere tariki ya 19 Mutarama, rwerekana ko Amavubi yageze ku mwanya wa 130 avuye ku wa 131 yariho mu kwezi gushize. Urutonde rushya rwa FIFA rwerekana ko ibihugu byinshi byo ku mugabane wa Afurika byazamutse, […]

FERWAFA yahannye umusifuzi Jabo wabujije APR FC gutsinda Al-Merrikh

Komisiyo y’imisifurire mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri FERWAFA, yahanishije umusifuzi Jabo Aimée Aristote kumara imikino ine adasifura, nyuma yo kwanga igitego cya APR FC cyashoboraga kuyiha intsinzi kuri Al-Merrikh. Uyu musifizi ni we wanze igitego umunya-Ghana Dauda Yussif yatsindiye APR FC Ku munota wa 88 w’umukino, ubwo uriya mukinnyi yatereraga ishoti riremereye inyuma y’urubuga rw’amahina […]

FERWAFA yaruciye irarumira ku cyemezo cy’umusifuzi Jabo, yamagana abafana ba APR FC 

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryamaganye abafana ba APR FC bagaragaje kutishimira ibyemezo by’abasifuzi bayoboye umukino ikipe yabo yaguyemo miswi na Al-Merrikh, ariko ntibwagira icyo buvuga ku cyemezo cyatumye bakora igisa n’imyigaragambyo. Ku Cyumweru tariki ya 18 Mutarama ni bwo APR FC yaguye miswi 0-0 na Al-Merrikh, mu mukino wa shampiyona wabereye kuri Stade […]

Perezida wa Senegal yatangaje ikiruhuko mu gihugu nyuma yo gutwara CAN 2025

Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye Faye, yatangaje ko mu gihugu hose hatanzwe ikiruhuko mu rwego rwo kwishimira intsinzi y’ikipe y’igihugu yegukanye Igikombe cya Afurika 2025 (CAN 2025) cyabereye muri Maroc. Umukino wa nyuma wabereye kuri Prince Moulay Abdellah Stadium warangiye Senegal itsinze Maroc igitego 1-0, cyatsinzwe na Pape Gueye ku munota wa 94, nyuma yo […]

Myugariro w’Amavubi agiye kurongora umugore babyaranye gatatu

Myugariro w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, Phanuel Kavita, yatanze amarenga akomeye y’uko ari hafi kurushinga na Kristin Saunders, umufasha we bafitanye abana batatu. Mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki ya 16 Mutarama 2026, Kavita yanyujije ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga agaragaza urukundo rudasanzwe afitiye Kristin Saunders, anahamya ko mu gihe cya vuba bazaba umwe. Yavuze […]

Senegal yagaragaje impungenge zikomeye mbere ya Final ya AFCON 2025

Ikipe y’igihugu ya Senegal yagaragaje impungenge zikomeye ku myiteguro ya Final y’Igikombe cya Afurika cya 2025 (AFCON 2025), aho yagarutse ku bibazo by’umutekano, amacumbi, imyitozo n’itangwa ry’amatike. Ibi byatangajwe mu itangazo rikakaye ryasohowe ku wa Gatandatu n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Senegal (FSF), rivuga ko ryafashe icyemezo cyo kuvuga ku mugaragaro “mu rwego rwo gukorera mu […]

FIFA yahannye Vision FC

Impuzamashyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, yashyize ahagaragara urutonde rushya rw’amakipe yafatiwe ibihano byo kutemererwa kwandikisha abakinnyi bashya, bitewe n’amadeni afitiye abakinnyi n’abatoza. Ibi byatangajwe mu ijoro ryo ku wa 15 Mutarama 2026, aho FIFA yasobanuye ko ayo makipe atarubahirije inshingano zo kwishyura abo bakorana na bo. Mu makipe yo mu Rwanda yari yarigeze kujya […]

Real Madrid yaburiye abakinnyi bayo

Ikipe ya Real Madrid yaburiye abakinnyi bayo ko bashobora kugerwaho n’ingaruka zikomeye, mu gihe umwaka w’imikino wa 2025-2026 warangira nta gikombe na kimwe batwaye. Iyi kipe yatanze umuburo nyuma y’uko mu ijoro ryakeye yaraye isezerewe mu Gikombe cy’Umwami (Copa Del Rey), nyuma yo gutsindwa n’ikipe ya Albacete ihagaze nabi mu cyiciro cya kabiri ibitego 3-2. […]

Davido yariwe Miliyoni 75 Frw muri Bet 

Umuhanzi w’icyamamare muri Nigeria no ku rwego mpuzamahanga, Davido (David Adeleke), yariwe amafaranga angana na miliyoni 75 z’amafaranga y’u Rwanda nyuma y’uko ikipe y’igihugu ya Nigeria, Super Eagles, isezererwa na Maroc muri kimwe cya kabiri cy’Irushanwa ry’Ibihugu bya Afurika (AFCON) 2025. Uyu mukino wabaye ku wa 14 Mutarama 2026, kuri Stade Prince Moulay Abdellah i […]

Adel Amrouche ntakiri umutoza w’Amavubi

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryatangaje ko umunya-Algérie Adel Amrouche wari umutoza w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ yahagaritswe kuri izo nshingano. FERWAFA yemeje ko yatandukanye n’uyu mutoza mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 14 Mutarama 2026. Iryo tangazo rivuga ko icyemezo cyo guhagarika uriya mutoza cyafashwe, “nyuma y’isengesura ryimbitse, nyuma haza gusangwa ko […]

Mugemana wabaye umuganga wa Rayon Sports imyaka 30 yapfuye

Muganga Mugemana Charles wabaye umuganga w’ikipe ya Rayon Sports, yitabye Imana kuri uyu wa Kabiri tariki ya 13 Mutarama 2026. Mugemana usanzwe ari n’umubyeyi w’umuhanzikazi Queen Cha, yitabye Imana azize uburwayi. Uyu mugabo yabaye muganga wa Rayon Sports mu gihe kingana n’imyaka 30, ndetse mu mwaka ushize wa 2025 yabishimiwe n’abari abayobozi b’iriya kipe.

Ifoto y’umu-Rayon wiyahuye igiye kumanikwa mu biro by’iyi kipe

Perezida w’Abafana ba Rayon Sports, Muhawenimana Claude, yatangaje ko ifoto ya Nizeyimana Alexandre, umufana w’iyi kipe uherutse kwiyahura nyuma yo gutsindwa na APR FC, igiye kumanikwa mu biro bya Rayon Sports mu rwego rwo kumwibuka no guha agaciro urukundo rudasanzwe yari afitiye iyi kipe. Abafana ba Rayon Sports barimo Perezida wabo Muhawenimana Claude, bifatanyije n’abaturage […]

Gen MK Mubarakh yakiriye ku meza abakinnyi n’abatoza ba APR FC

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Gen MK Mubarakh, kuri uyu wa Mbere, itariki 12 Mutarama 2026, yakiriye ku meza abakinnyi n’abatoza b’ikipe ya APR FC kuri Mess y’Abofisiye bakuru, Kimihurura. Ni  mu rwego rwo gushimira APR FC ku ntsinzi ikomeye yegukanye  itsinze Rayon Sports ku mukino w’igikombe cya Super Cup. Mu ijambo rye, Gen […]

Umupfumu wahawe miliyoni 47 Frw asezeranya Mali gutwara AFCON 2025 yatawe muri yombi

Umupfumu wo muri Mali yatawe muri yombi nyuma yo gushuka abakunzi b’umupira w’amaguru abizeza ko ikipe y’igihugu ya Mali izatwara Igikombe cya Afurika (AFCON 2025) kizabera muri Maroc. Uyu mugabo yakusanyije amafaranga arenga miliyoni 47 Frw avuye ku bafana, abizeza ko Mali izatwara AFCON. Uyu mupfumu uzwi ku izina rya Karamogo Sinayogo, yafatiwe mu murwa […]

Abafana ba Manchester United bateguye imyigaragambyo 

Itsinda ry’abafana b’ikipe ya Manchester United rizwi nka The 1958, ryateguye imyigaragambyo igamije kwamagana uko iriya kipe iyobowe. Iyi myigaragambyo iteganyijwe kuba mbere y’umukino wa shampiyona y’Abongereza Manchester United izakiramo Fulham, tariki ya 1 Gashyantare. Mu byo bariya bafana bifuza, harimo ko itsinda rizwi nka Glazer Family rifite iriya kipe na Sir Jim Ratcliffe uyiyoboye […]

Gen. Nyakarundi yasuye APR FC yitegura kwesurana na Rayon Sports 

Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka, Maj. Gen Vincent Nyakarundi, ku wa Kane yasuye APR FC mu myitozo i Shyorongi, mbere y’uko iyi kipe y’ingabo z’igihugu yesurana na Rayon Sports mu mukino wo guhatanira Igikombe kiruta ibindi. APR FC ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X yemeje ko yasuwe n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, gusa […]

Rayon Sports yaguze abanyamahanga 3 barimo umunye-Congo

Ikipe ya Rayon Sports kuri uyu wa Mbere tariki ya 5 Mutarama yerekanye abakinnyi babiri b’abanyamahanga yamaze gusinyisha, ngo bazayifashe mu gice cya kabiri cya shampiyona. Iyi kipe ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yemeje ko yamaze gusinyisha umunya-Bénin Joachim VIGNINOU. Iyi kipe yavuze ko uyu mukinnyi w’imyaka 23 y’amavuko ari rutahizamu usanzwe akinisha akaguru […]

Manchester United yirukanye Rúben Amorim

Ikipe ya Manchester United yo mu Bwongereza, yirukanye umunya-Portugal Rúben Amorim wari umutoza wayo mukuru. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere ni bwo iriya kipe yafashe icyemezo cyo kwirukana uriya mutoza. Amorim yirukanwe mu gihe mu ijoro ryacyeye Manchester United yari yaguye miswi na Leeds United igitego 1-1, ibyatumye umusaruro we ukomeza kuba mubi. […]

Gabriel Jesus ashobora guhanwa kubera ubutumwa ‘Ndi uwa Yesu’

Rutahizamu wa Arsenal, Gabriel Jesus, ashobora guhura n’ibihano biturutse ku Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Bwongereza (FA) nyuma y’uko yishimiye igitego yatsinze Aston Villa akerekana ubutumwa bwanditseho “I belong to Jesus” (Ndi uwa Yesu). Uyu mukino wabaye tariki ya 30 Ukuboza, aho Arsenal yatsinze Aston Villa ibitego 4-1. Gabriel Jesus yari amaze igihe adakina kubera imvune […]

Kwizera Olivier yasubiye muri Rayon Sports

Ikipe ya Rayon Sports kuri uyu wa Gatanu tariki ya 2 Mutarama, yatangaje umunyezamu Kwizera Oliver nk’umukinnyi wayo mushya. Iyi kipe ifite abafana benshi mu Rwanda yemeje Kwizera nk’umukinnyi wayo, mu butumwa yanyujije ku rubuga rwayo rwa X. Biteganijwe ko uyu munyezamu ufatwa nk’umwe mu beza u Rwanda rwagize mu myaka irenga 10 ishize agomba […]

Perezida Kagame yahaye impano y’imipira abana bitabiriye FIFA Football Festival

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, afatanyije na Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), Gianni Infantino, batangije ku mugaragaro gahunda ya FIFA Football Festival yabereye muri Stade Amahoro ku wa Gatanu tariki ya 26 Ukuboza 2025. Iyi gahunda igamije guhuriza hamwe abana bato, ibafasha kwidagadura no gusabana binyuze mu gukina umupira w’amaguru, ikanabashishikariza […]

Sebastian Hertner yapfuye

Isi y’umupira w’amaguru, by’umwihariko mu Budage, yibasiwe n’agahinda gakomeye nyuma y’urupfu rubabaje rwa Sebastian Hertner, wahoze ari umukinnyi mpuzamahanga w’Abadage. Hertner w’imyaka 34 y’amavuko yitabye Imana ku wa Kabiri tariki ya 23 Ukuboza 2025, azize impanuka ikomeye yabereye ku gikoresho cyo kuzamura abantu ku misozi mu kigo cy’imikino ya ski cya Savin Kuk, mu majyaruguru […]

Kitoko muri Rayon Sports

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu ikipe ya Rayon Sports yakiriye, Umunye-Congo Faustin Likua Kitoko Pizzalo wakiniraga Flambeau du Centre yo mu Burundi, aho aje gushyira umukono ku masezerano. Faustin Likua w’imyaka 23 ukina mu kibuga hagati yugarira ashobora gusinya amasezerano y’imyaka ibiri atanzweho miliyoni 21 z’amafaranga y’u Rwanda. Likau Faustin yavuye muri AC […]

Dani Alves agiye kuba umukinnyi w’ikipe ye aherutse kugura

Uwahoze ari myugariro w’ikipe y’igihugu ya Brésil na FC Barcelona, Dani Alves, yamaze kugura ikipe yo muri Portugal yitwa Sporting Clube de São João de Ver, aho anatekereza kuyisinyira amasezerano yo kuyikinira mu gihe cy’amezi atandatu. Nk’uko byatangajwe na ESPN, Dani Alves w’imyaka 42 y’amavuko, arifuza gusubira mu kibuga nyuma y’igihe kinini atagikina umupira w’amaguru. […]

Uwakiniye Man City yiswe amazirantoki n’uwo babyaranye

Scott Sinclair wahoze akinira Manchester City yiswe “amazirantoki” n’uwahoze ari umukunzi we Helen Flanagan, umukinnyi wa filime ya nyuma yo kutabira igitaramo cy’ishuri cy’umuhungu wabo kuko yari yagiye kureba Grand Prix ya Abu Dhabi. Uwahoze ari umukinnyi wa Manchester City, Scott Sinclair, yatewe amagambo akomeye n’uwahoze ari umukunzi we Helen Flanagan, wamwise “igice cy’umwanda w’umuntu”, […]

Al Ismael Ahmed yirukanwe muri Rayon Sports

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwahisemo gusezerera Al Ismael Ahmed, umukinnyi ukomoka mu Misiri wari uri mu igeragezwa, nyuma yo kugaragaza urwego ruri hasi mu myitozo. Uyu mukinnyi yagaragaye bwa mbere mu myitozo ya Rayon Sports ku wa Kabiri tariki ya 16 Ukuboza 2025, aho yari yitezweho kugaragaza impano ye. Gusa, yatunguye benshi kubera uko yitwaye, […]

Rurageretse hagati ya RDC na Nigeria

Ikipe y’igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yasubije ku makuru avuga ko Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Nigeria (NFF) ryatanze ikirego muri FIFA, rishinja RDC gukinisha abakinnyi batabyemerewe mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026 yabereye muri Maroc. Mu butumwa RDC yashyize ku rubuga rwayo rwa Instagram ku mugoroba wo ku wa Kabiri, […]

Uwateguye urugendo rwa Lionel Messi mu Buhinde yafunzwe

Umugabo witwa Satadri Dutta, wateguye urugendo rwa Lionel Messi mu Buhinde, yatawe muri yombi maze akatirwa gufungwa iminsi 14, nyuma y’imvururu zabaye mu gikorwa cyiswe GOAT Tour. Ku wa Gatandatu tariki ya 12 Ukuboza 2025, Lionel Messi yageze mu Buhinde aho yari yitabiriye ibikorwa bitandukanye byo kwamamaza izina rye. Muri urwo ruzinduko, yasuye stade yo […]

Abafana basenya stade bagiye kureba Messi 

Urugendo rwa Lionel Messi, kapiteni w’ikipe y’igihugu ya Argentine akaba n’umukinnyi wa Inter Miami, mu gihugu cy’u Buhinde, rwatangiye mu mvururu nyinshi nyuma y’uko abafana basenye stade bari bitezemo kumubona. Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu, Messi yageze mu Buhinde mu gikorwa cyiswe “GOAT Tour”, kigamije ibikorwa bitandukanye byo guhura n’abafana no kwamamaza. Aho […]

Se wa Niyibizi Ramadhan ukinira APR FC yapfuye 

Umukinnyi wa APR FC, Niyibizi Ramadhan, hamwe na murumuna we Sultan Bobo ukinira Marines FC, bari mu bihe bikomeye byo gushenguka ku mutima nyuma y’urupfu rwa se ubabyara. Nyakwigendera yapfuye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 10 Ukuboza 2025, ahagana saa kumi za mugitondo, mu rugo rwe ruherereye i Rubavu, Gisenyi. Amakuru […]

Polisi yafunze rutahizamu Ivan Toney

Umukinnyi w’ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza, Ivan Toney yatawe muri yombi ku wa Gatandatu nyuma yo gukekwaho gukubita umuntu washatse kumwifotorezaho mu kabari gaherereye muri Soho, i Londres. Ikinyamakuru The Sun cyasohoye ifoto igaragaza Toney w’imyaka 29 asohorwa mu kabari ka 100 Wardour St yambaye amapingu. Amakuru avuga ko Toney yababajwe n’umufana wamufashe ku rutugu agerageza […]

Manzi Thierry na Bizimana Djihad batwaye igikombe 

Al Ahli Tripoli, ikipe ibarizwamo Abanyarwanda Manzi Thierry na Bizimana Djihad, yongeye kwandika amateka nyuma yo kwegukana igikombe cya Libya Super Cup, itsinze Al-Ahly Benghazi kuri penaliti. Ni ubwa kabiri mu mateka y’iyi kipe itwara ibikombe bitatu bikomeye bya Libya mu mwaka umwe. Uyu mukino wari utegerejwe na benshi muri Afurika n’ahandi ku isi, wimurirwa […]

Umugore wageretse inda kuri Heung-min Son yakatiwe imyaka ine y’igifungo

Urukiko rwo muri Koreya y’Epfo rwakatiye imyaka ine y’igifungo umugore w’imyaka 20 wari ukurikiranyweho gutekera umutwe umukinnyi, Son Heung-min, wabaye kapiteni wa Tottenham Hotspur. Uwo mugore, uri mu myaka ya za 20, hamwe n’umugabo bari bafatanije uri mu myaka ya za 40, bahamijwe icyaha cyo gukangisha Son bamubeshya ko atwite inda ye. Urukiko rwumvise ko […]

Miss Kalimpinya Queen yegukanye Shampiyona y’u Rwanda 

Nyuma y’amezi arindwi y’imikino itanu ikomeye, Shampiyona y’u Rwanda yo gusiganwa mu modoka yabonye umuryango mushya w’ubatwara igikombe: Kalimpinya Queen. Uyu mukobwa wahoze ari igisonga cya gatatu cya Miss Rwanda 2017 yegukanye iri rushanwa ku wa 6 Ukuboza 2025, ubwo yari kumwe na Ngabo Olivier, batsindaga isiganwa rya Rallye des Mille Collines ribera mu Karere […]