Prince Salomon yibukije abantu ko Imana ari Data

Umuhanzi Prince Salomon yashyize hanze amashusho y’indirimbo ye nshya yise “BABA”, indirimbo igaruka ku buhamya bw’ubuzima bwe no gushimira Imana ku mirimo yamukoreye mu bihe bitandukanye. Iyi ndirimbo irimo ubutumwa bwo gushimira no guhimbaza Imana yamubaye hafi mu rugendo rwe rw’ubuzima. Prince Salomon avuga ko yayihimbye nyuma yo gusubiza amaso inyuma akareba ibihe byinshi yanyuzemo, […]

Platini yavuze kuri Prophet Joshua waguze album ‘Vibranium’ ntayishyure

Umuhanzi Platini yatangaje ko atagifite byinshi avuga ku kibazo cya Prophet Joshua wigeze kwemerera kugura album Vibranium amafaranga angana na miliyoni 5 Frw ariko ntayishyure. Ibi byabereye mu birori byo kumurika iyi album ya Platini na Nel Ngabo byabaye ku wa 29 Kanama 2025 muri Zaria Court. Muri uwo muhango, Prophet Joshua yahagurutse imbere y’abari […]

Koffi Olomidé yasezeranye n’umugore we – Amafoto

Nyuma y’imyaka irenga 20 babana nk’umugabo n’umugore ndetse n’imyaka 15 bakoze ubukwe bwa gakondo, icyamamare mu njyana ya lumba muri Congo, Koffi Olomidé, n’umuhanzikazi Cyndi Le Cœur, basezeranye ku mugaragaro imbere y’amategeko ku wa Gatandatu, tariki ya 28 Gashyantare, mu murwa mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Kinshasa. Uyu muhango wabereye mu murenge wa […]

Shakib Lutaaya yahakanye gutandukana na Zari Hassan

Shakib Lutaaya yatangaje ko amakuru amaze iminsi akwirakwira ku mbuga nkoranyambaga avuga ko yatandukanye n’umugore we Zari Hassan atari ukuri. Yasobanuye ko urugo rwabo ruhagaze neza, nta kibazo na kimwe kiri hagati yabo, anashimangira ko bagikundana nk’uko byahoze. Yavuze ko abantu bamwe bakunda guhanga inkuru zidafite gihamya kugira ngo bakurure amarangamutima y’ababakurikira. Shakib yongeyeho ko […]

Theo Bosebabireba yahakanye gusenya urugo rw’umugore babyaranye

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana Theo Bosebabireba yahakanye amakuru aherutse gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga amushinja kuba yaragize uruhare mu gusenya urugo rw’umugore babyaranye. Ibi byakurikiye amashusho y’ikiganiro cyatanzwe na Ruth Muhayimana, aho yavuze ko gutandukana n’uwari umugabo we byatewe n’amakimbirane akomeye mu rugo, akavuga ko uwo muhanzi yabigizemo uruhare. Yagaragaje ko ubuzima arimo […]

Ukuntu Umukobwa wa Pasiteri Antoine Rutayisire yaretse kujya mu tubyiniro kubera izina rya se

Umukobwa wa Pasiteri Antoine Rutayisire, Isimbi Deborah, yavuze ko kuba yarakuranye izina rikomeye rya se byamushyizeho igitutu gikomeye mu mibereho ye, bituma aza gufata umwanzuro wo kureka kujya mu tubyiniro nubwo yabikundaga. Ibi yabigarutseho mu kiganiro cyahuje abubatse ingo, cyateguwe n’Umushumba Mukuru wa Noble Family Church, Mignonne Kabera, kigamije gufasha ingo gukomera no gusangira ubuhamya […]

Umunyamakuru Bianca yarokotse impanuka

Umunyamakuru Uwamwezi Mugire Adelphine uzwi nka Bianca Baby yatangaje ko mu kwezi gushize yarokotse impanuka ikomeye cyane yashoboraga guhitana ubuzima bwe, ashimira Imana yamurinze. Mu ijoro ryo ku wa 26 rishyira ku wa 27, Bianca yashyize ku mbuga nkoranyambaga amashusho agaragaza uko yari ari kwitabwaho n’abaganga nyuma y’iyo mpanuka, nubwo atasobanuye neza icyayiteye. Yavuze ko […]

Ukuntu Samusure yinjije Sekaganda muri sinema

Hari impano zimurika kare, ariko nyirazo akazibona bitinze. Hari n’igihe umuntu umwe abona kure kurusha abandi, akamenya agaciro k’iyo mpano mbere y’uko iyifite abyiyumvamo. Ibi ni byo byaranze urugendo rwa Niyitegeka Gratien wamamaye nka Papa Sava na Seburikoko, winjiye muri sinema atabishaka, ariko nyuma akaza kuba umwe mu bayigize inkingi ikomeye. Mu kiganiro Karisa Erneste […]

Cira birarura – Willy Ndahiro kuri Bad Rama

Umukinnyi wa filime akaba n’umuyobozi wazo, Willy Ndahiro, yanyomoje amakuru yavuzwe na Mupenda Ramadhan uzwi nka Bad Rama, amushinja kumuhimbira ubutumwa agamije kumugaragaza nk’ushyigikiye ibitekerezo bye byo kunenga u Rwanda n’ubuyobozi bwarwo. Ibi byatangiye nyuma y’uko Bad Rama, uherutse kugaragara mu bavuga nabi ubuyobozi bw’u Rwanda, ashyize hanze ubutumwa agaragaza ko Willy Ndahiro amushyigikiye. Ndahiro […]

Kyra Nkezabera ntiyahiriwe muri Miss Belgique 2026

Mu mpera z’icyumweru gishize mu Bubiligi habaye irushanwa rya Miss Belgique 2026, ryitabiriwe n’abakobwa 32 bageze mu cyiciro cya nyuma. Ikamba ryegukanywe na Olga Lombard w’imyaka 22, usanzwe ari umunyeshuri wiga ibijyanye na Pharmacie muri Kaminuza ya Louvain. Muri aba bakobwa bahatanaga harimo na Kyra Nkezabera w’imyaka 21, ufite inkomoko mu Rwanda kuko se ari […]

Cardi B agiye kwikuzaho amabuno

Umuraperikazi Cardi B yatangaje ko ateganya kugabanya amabuno nyuma yo gusoza urugendo rwe rwa muzika (tour), mu rwego rwo kongera kumva yorohewe n’umubiri we. Uyu muhanzikazi yavuze ko nyuma y’imyaka myinshi akoresheje uburyo bwo kongera imiterere y’ikibuno, ageze igihe yumva hari igice cyabyo kigomba gukurwamo kuko kimutera uburemere no kutoroherwa cyane cyane mu bitaramo. Cardi […]

Inkumi yapfuye yagiye kwibagisha ngo ibe nziza

Inkumi yari izwi ku mbuga nkoranyambaga wo muri Brazil, Bianca Dias, yapfuye ku wa 19 Gashyantare 2026, nyuma y’igihe gito abazwe nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru People magazine. Bianca Dias yari azwi cyane ku rubuga rwa Instagram aho yakurikirwaga n’abantu hafi ibihumbi 60, asangiza abafana be amafoto n’amashusho ajyanye n’imideli, ubuzima bwa buri munsi ndetse n’ingendo yakoraga […]

Ese koko TikTok yabaye Monetize mu Rwanda?

Ku munsi w’ejo hashize ku mbuga nkoranyambaga zigiye zitandukanye hagiye hasakara igipapuro cyigaragaza ko mu Rwanda hatangiye guhembwa abakoresha urubuga rwa TikTok binyuze mu buryo bwa monetize. Minisiteri y’Ikoranabuhanga mu Itumanaho na Inovasiyo mu Rwanda (MINICT) yatangaje ko amakuru yavugaga ko urubuga rwa TikTok rwatangiye kwemerera Abanyarwanda kwinjiza amafaranga (monétisation) atari yo, ahubwo ari ibihuha. […]

Eric Dane yapfuye

Umunyamerika Eric Dane, wamamaye cyane nka Dr. Mark “McSteamy” Sloan muri serial ya Grey’s Anatomy, yapfuye ku wa Kane azize indwara ya ALS (Amyotrophic Lateral Sclerosis). Yari afite imyaka 53. Dane yari yatangaje mu mwaka ushize ko arwaye ALS, indwara ifata uturemangingo tw’imyakura mu bwonko no mu mugongo, igatuma umurwayi agenda atakaza ubushobozi bwo kugenda, […]

Miss Uwicyeza Pamela yapfushije sekuru

Miss Uwicyeza Pamela, umugore w’umuhanzi The Ben, ari mu gahinda gakomeye nyuma yo kubura sekuru wamureraga hafi. Ibi yabimenyesheje abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga ubwo we n’umugabo we bari bavuye mu gitaramo cya Saint Valentin cyabereye i Kampala bagaruka mu Rwanda. Pamela yasangije abantu amafoto ari kumwe na sekuru, ayaherekeza amagambo agaragaza uko yari amukundira n’uko […]

Kwitaba “Yee” byamwimishije ikamba rya Miss Rwanda 2017

Mu bakunzi b’imyidagaduro hakunze kuvugwa ko mu irushanwa rya Miss Rwanda 2017, Kalimpinya Queen yari mu bakobwa bari bafite amahirwe menshi yo kwegukana ikamba. Hari n’abavuga ko bamwe mu bari bagize akanama nkemuramaka bamubonagamo ubushobozi bwo kuba Nyampinga w’u Rwanda. Bivugwa ko mbere gato y’uko hatangazwa uwatsinze, umwe mu bagize akanama nkemuramaka, Mike Karangwa, yahamagaye […]

Marina ukiri isugi yambitswe impeta

Umuhanzi Yvan Muziki yakoze igikorwa cyashimishije benshi mu ijoro ryo ku wa 14 Gashyantare 2026, ubwo yasabaga umukunzi we Marina ko yazamubera umugore, mu gitaramo cyo kumurika album ye nshya yise “Inganzo Ntahangarwa”. Iki gitaramo cyabereye muri Kigali Universe, kikitabirwa n’abahanzi batandukanye barimo Massamba Intore, Jules Sentore, Yvanny Mpano na Kidum, hamwe n’abandi benshi. Mu […]

Kuki Bruce Melodie na The Ben bahisemo ubufatanye aho guhangana?

Abahanzi bakomeye mu muziki nyarwanda, Bruce Melodie na The Ben, batangaje ko bahisemo inzira y’ubufatanye aho gukomeza inkuru z’ihangana zari zimaze igihe zivugwa hagati y’abafana babo. Mu kiganiro bagiranye n’itangazamakuru, aba bombi basobanuye ko nubwo kenshi bagiye bagereranywa ku rwego rw’ibihembo, ibitaramo n’umubare w’ababakurikira, bo ubwabo batigeze bagirana ubushyamirane. Ahubwo ngo babonaga hari inyungu ikomeye […]

Samusure wari warahungiye muri Mozambique yatahutse

Nyuma y’imyaka itatu aba hanze y’u Rwanda, Kalisa Ernest uzwi nka Samusure yongeye gutaha, aho yakiriwe n’umubyeyi we, inshuti ndetse n’abavandimwe be ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali i Kanombe kuri uyu wa 12 Gashyantare 2026. Samusure yari yaragiye kuba muri Mozambique mu Ukwakira 2022, ahunze amadeni arenga miliyoni 11 z’amafaranga y’u Rwanda yari abereyemo […]

Donald Trump yanenze bikomeye igitaramo cya Bad Bunny

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump yateje impaka zikomeye ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo kunenga bikomeye igitaramo cy’umuhanzi Bad Bunny cyabereye mu kiruhuko (halftime show) cya Super Bowl LX 2026. Trump yavuze ko icyo gitaramo kitagaragaje agaciro n’ubuhanga asanga bikwiye imyidagaduro ya Amerika, anenga ururimi rwakoreshejwe ndetse n’imbyino zakozwe imbere y’abarebye icyo […]

Queen wakundanaga na Captaine Regis aravugwa mu rukundo na Nizzo Kabobs

Amashusho agaragaza Nizzo Kaboss wahoze muri Urban Boys ari kumwe na Queen Ringo uzwi muri sinema yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga, atera benshi kwibaza niba aba bombi bari mu rukundo. Aya mashusho yafatiwe mu rugo rw’uyu mukobwa, bombi bagaragara bishimanye banaganira bisanzuye. Nubwo hari abahise babifata nk’ikimenyetso cy’urukundo, ntiharamenyekana neza niba ari byo cyangwa niba hari […]

Kim Kardashian yavuze uko umubano we na Kanye West uhagaze

Kim Kardashian yatangaje ko nubwo yatandukanye na Kanye West, bakomeje gufatwa nk’umuryango kubera abana babyaranye. Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru Complex, yavuze ko we na Kanye “bazahora ari umuryango” kandi ko bombi bashyira imbere icyiza cy’abana babo bane: North, Saint, Chicago na Psalm. Yashimangiye ko nubwo batakiri umugabo n’umugore, bakomeje gufatanya kurera abana mu mahoro. Kardashian […]

Lisa yashyize hanze Ig Post

Lisaa yatangiye umwaka mushya w’umuziki asohora indirimbo nshya yise “Ig Post”, indirimbo avuga ko yamusabye imbaraga n’igihe kinini kugira ngo ayigeze ku rwego rwiza. Iyi ndirimbo imuranga nk’intangiriro y’icyerekezo gishya, aho yiyemeje gukomeza kuzamura izina rye no guhatanira ku rwego mpuzamahanga. Mu bisobanuro yahaye itangazamakuru, Lisaa yavuze ko “Ig Post” itanga ubutumwa bujyanye n’uko urukundo […]

Minisitiri Bizimana yasabye Juno Kizigenza guhindura izina

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascène, yagaragaje ko umuhanzi Juno Kizigenza akwiye guhindura izina azwiho rya “Rutwitsi muzi”, kubera ko rifitanye isano n’amateka ababaje yabaye mu Rwanda. Ibi byakurikiye ijambo Minisitiri Bizimana yatanze imbere ya Sena ku wa Gatatu tariki ya 4 Gashyantare 2026, aho yagarutse ku mikoreshereze y’amagambo amwe n’amwe akunze […]

Bruce Melodie yahuye na Amb Gen. Patrick Nyamvumba 

Nyuma yo kumara iminsi muri Tanzania akora ibikorwa byo kwamamaza indirimbo ye nshya Pom Pom, umuhanzi Bruce Melodie yabanje gusura Ambasade y’u Rwanda muri icyo gihugu mbere yo gusubira i Kigali. Aho yagiranye ibiganiro n’Ambasaderi w’u Rwanda muri Tanzania, Gen. Patrick Nyamvumba, byibanze ku iterambere ry’umuziki nyarwanda. Ambasade y’u Rwanda muri Tanzania ibinyujije ku rubuga […]

Bull Dogg ahamya ko nk’umuhanzi mukuru agomba kwisunga abashya

Abakunzi b’injyana ya hip-hop mu Rwanda biteguye neza igitaramo cyiswe Mic Tribe 2026, giteganyijwe ku wa 7 Gashyantare 2026 kuri Mundi Center. Ibi byagarutsweho mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye aho igitaramo kizabera, cyahuje abaraperi bazariririmba barimo Bull Dogg, Logan Joe, B-Threy, Fifi Raya na Pro Zed. Mu ijambo rye, Bull Dogg, umwe mu nkingi za mwamba […]

Umunyarwenya 5K Etienne yambitse impeta

Umunyarwenya uzwi ku izina rya 5K Etienne, amazina ye nyakuri akaba Iryamukuru Etienne, yamaze kwambika impeta umukunzi we mu rwego rwo kwiyemeza ko bitegura kubana nk’umugabo n’umugore. Mu gitondo cyo ku wa 4 Gashyantare 2026, 5K Etienne yashyize ku mbuga nkoranyambaga amafoto agaragaza uwo muhango wo kwambika impeta, avuga ko umukunzi we yamusubije “Yego”, ashimangira […]

Samusure wahungiye muri Mozambique agiye gutaha

Umukinnyi wa filime Kalisa Ernest uzwi nka Samusure yatangaje ko azagaruka i Kigali ku wa 12 Gashyantare 2026, nyuma y’imyaka isaga itatu yari amaze aba muri Mozambique ahunze ibibazo by’amadeni. Yavuze ko amadeni menshi yari afite yamaze kuyakemura, asigaye ari make ashobora kurangizwa mu bwumvikane. Samusure yagaragaje ko intego ye ari ukwisuganya agasubira muri sinema. […]

Abaraperi bakomeye mu Rwanda bagiye guhurira mu gitaramo kimwe

Abakunzi b’injyana ya hip-hop mu Rwanda baritegura igitaramo gikomeye kizahuza abaraperi bazwi cyane barimo Bull Dogg, B-Threy na Logan Joe cyiswe Mic Tribe 2026, giteganyijwe ku wa 7 Gashyantare 2026 kuri Mundi Center. Iri joro ritegerejwe nk’iryuzuye ingufu n’imyidagaduro, rigamije guhuriza hamwe abakunda hip-hop n’abahanzi babo, bagasangira umuziki nyarwanda mu mwimerere wawo. Mic Tribe yamaze […]

Urukundo ruragurumana hagati ya Kim Kardashian na Lewis Hamilton

Umukinnyi mu gutwara muri Formula One, Lewis Hamilton, aravugwaho kuba ari mu mubano wihariye n’icyamamare cyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Kim Kardashian, nyuma y’uko bombi bagiriye urugendo rw’ibanga mu cyaro cyo mu Bwongereza. Nk’uko ikinyamakuru The Sun kibitangaza, Kim Kardashian, w’imyaka 45 usanzwe ari umubyeyi w’abana bane, yageze mu Bwongereza avuye i Los […]

Ibintu bitanu byitezwe cyane mu ijoro rya Grammy Awards ryo ku Cyumweru

Ijoro rya Grammy Awards ritegerejwe kuri iki Cyumweru rirateganya kugaragaza ibitaramo bikomeye, imyambarire idasanzwe, ibihe by’amarangamutima, ndetse rishobora no kwandika amateka mashya mu muziki ku isi. Dore ibintu bitanu by’ingenzi abantu bakwiye kwitaho muri iri joro rikomeye rizabera i Los Angeles: 1. Album y’umwaka: Ese amateka mashya arandikwa? Igikombe cya Album of the Year, gifatwa […]

Ayra Starr arifuza Burna Boy mu kazi 

Umuhanzikazi w’Umunya-Nigeria Ayra Starr, wamenyekanye cyane mu njyana ya Afrobeats, yatangaje ko Burna Boy ari we muhanzI yifuza gukorana na we kurusha abandi bose. Ibi yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na Billboard, cyashyizwe ahagaragara ku wa Kane, aho yari ari kuganira na Chelley Bissainthe, wamamaye muri Love Island USA, ku bijyanye n’itangwa ry’ibihembo bya Grammy 2026, […]

Yampano yakijijwe ndetse agiye no kurongora

Umuhanzi Yampano yatangaje ko yiteguye gukora ubukwe n’umukunzi we Uwineza Vava, nyuma y’igihe gito cyane yakiriye agakiza mu isengesho ryayobowe na Prophet Akim Hulleman. Ibi yabivugiye mu kiganiro yagiranye n’abamukurikira kuri TikTok mu ijoro ryo ku wa Kabiri, tariki ya 27 Mutarama 2026, aho yagaragaje ibyishimo byinshi, agaruka ku rukundo afitiye Uwineza Vava ndetse n’icyizere […]

“Umugabo si ihene yo kwiba” – Nana

Nyuma yo gusezerana ku mugaragaro n’umugabo we Jean Paul, Umurerwa Nana yahuye n’igitutu n’ibirego byakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga bivuga ko yaba yaratwaye umugabo w’undi mugore. Nana yahise ahakana ayo makuru, ashimangira ko umugabo we atari afite undi mugore, bityo ko nta kwiba kwabayeho. Ibi Nana yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga, aho yari […]

The Ben yagiriye Bruce Melodie impuhwe ntiyamuca Miliyoni 600

Mu kwezi k’Ugushyingo, The Ben na Bruce Melodie basinye amasezerano ajyanye n’ubufatanye mu muziki, harimo no gutegura igitaramo cya The NU-Year Groove ndetse n’ibindi bitaramo byari biteganyijwe gukorwa nyuma. Aya masezerano yari akubiyemo ingingo igena ko uruhande rwayica rwacibwa ihazabu ya Miliyoni 600 z’amafaranga y’u Rwanda. Amasezerano yasinywe ku mugaragaro, ahari The Ben, Bruce Melodie […]

Miss Naomie yahaye gasopo uwavuze ko amaze umwaka mu rushako ataratwita

Miss Nishimwe Naomie, wabaye Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yasubije bikomeye uwitwa Edman Ishimwe ku rubuga rwa X (Twitter), wari wanditse amagambo yavugishije benshi ku bijyanye n’ubuzima bwe bwite. Edman Ishimwe yari yanditse ati: “Umwaka urahise n’undi uratashye, Miss Naomie akoze ubukwe, ariko ntakanunu ko gusama.” Iyi mvugo yahise ikurura impaka ndende ku mbuga nkoranyambaga, […]

Umusobanuzi PK yarongoye

Karemera Hassan uzwi cyane ku izina rya PK, wamamaye mu gusobanura filime mu myaka yashize, yarushinze n’umukobwa bakundanye igihe runaka, Murekatete Diane. Ubukwe bwabo bwabaye ku Cyumweru tariki ya 25 Mutarama 2026, bubera ahitwa Ahava River Hall i Kicukiro, nyuma y’uko babanje gusezerana mu muhango wo gusaba no gukwa, banasezerana imbere y’Imana. Mu Ugushyingo 2025, […]

iShowSpeed yahuye n’uruvagusenya muri Egiputa

Kimenyabose mu gukora live kuri YouTube, iShowSpeed yahuye n’uruvagusenya muri Egiputa ubwo live ye yasibwaga kubera gukoresha ibihangano by’abandi. Nyuma y’uko live ye isibwe akimara kuyikora, uyu musore yatangaje ukuri ku byabaye kuri livestream ye yakoze i Cairo mu Misiri, yasibwe kuri YouTube. Ibi yabivugiye mu kiganiro cye cya Sahara stream yari arimo akorera muri […]

Niyo Bosco yarongoye – Amafoto

Umuhanzi w’icyamamare mu muziki nyarwanda, Niyo Bosco, yasezeranye imbere y’Imana n’umukunzi we Mukamisha Irene, nyuma y’igihe bari bamaze mu rukundo. Uyu muhango wabaye ku wa Gatanu, tariki ya 16 Mutarama 2026, ubera mu busitani bwa Kaleb Garden i Rebero, mu Karere ka Kicukiro. Mbere y’uko basezerana imbere y’Imana, habanje kuba umuhango wo gusaba no gukwa, […]

Rose Muhando yarongowe mu ibanga

Ku wa Gatatu, tariki ya 14 Mutarama 2026  Umuhanzikazi w’icyamamare mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana muri Afurika y’Iburasirazuba, Rose Muhando, yasezeranye n’umushumba Pastor Lumbasi mu buryo bwagizwe ibanga, bityo ashyira iherezo ku byari bimaze igihe bivugwa ku buzima bwe bwite. Aya makuru yemejwe na Pastor Lumbasi ubwe mu materaniro ya vuba mu rusengero […]

Nyina wa Ndimbati yapfuye

Umukinnyi wa filime nyarwanda Uwihoreye Jean Bosco uzwi nka Ndimbati yapfushije nyina umubyara kuri uyu wa 14 Mutarama 2026. Aya makuru yemejwe na Ndimbati aho yavuze ko “ayo makuru niyo, umubyeyi wanjye yitahiye yari mu rugo iwanjye aho yari amaze iminsi.” Uyu mukunnyi wa filime ntiyigeze ashaka kugira byinshi atangaza ku mpamvu y’urupfu rw’umubyeyi we. […]

IShowSpeed yarwaye inzoka ari kuri Live (imbonankubone)

Umunyamerika uzwi cyane ku mbuga nkoranyambaga no kuri YouTube, IShowSpeed, yakomeje kuvugisha benshi mu rugendo rwe muri Afurika, nyuma yo kugera muri Ethiopia avuye muri Kenya, aho yari yarakoze ibikorwa byinshi byishimiwe n’abafana. Ku wa Kabiri tariki ya 13 Mutarama, IShowSpeed yageze muri Ethiopia, yakirwa n’imbaga y’abantu benshi nk’uko byagenze no muri Kenya. Nk’uko asanzwe […]

Mike Tyson yahaye Trump ibaruwa ya Diddy amusaba imbabazi

Uwahoze ari icyamamare mu mukino w’iteramakofe ku isi, Mike Tyson, bivugwa ko yahaye Donald Trump ibaruwa yanditswe n’intoki na Sean “Diddy” Combs, asaba imbabazi Perezida (pardon). Ibi byatangajwe n’ikinyamakuru The Sun, kivuga ko Tyson yahaye Trump iyo baruwa ubwo yari yasuye White House mu Ugushyingo. Mu cyumweru gishize, Perezida Trump yemeje ko Diddy yamwandikiye amusaba […]

Prosper Nkomezi yambitse impeta – Amafoto

Umuhanzi Prosper Nkomezi wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, yambitse impeta umukunzi we Retina Nkurunziza, mu rwego rwo gutangira urugendo rwo gushinga urugo. Iyi nkuru yayimenyesheje abamukurikira abinyujije ku mbuga nkoranyambaga. Yabanje gusangiza ubutumwa agaragara yicaye wenyine yambaye imyenda y’umweru, agaragaza icyizere cy’abiringira Imana, avuga ko abazagera mu ijuru bazicara bakishimira imbuto zaho. […]

Ish Kevin yahagaritse kunywa itabi

Umuraperi Semana Kevin uzwi cyane ku izina rya Ish Kevin yatangaje ko yamaze kureka kunywa itabi n’ibindi biyobyabwenge, aho amaze amezi atandatu atabyikoza. Ibi yabihishuriye IGIHE, asobanura ko byaturutse ku cyemezo yafashe ku bushake bwe bwite. Ish Kevin yavuze ko nta muntu n’umwe wigeze amuhatira kureka ibyo biyobyabwenge, nta wamukangishije cyangwa ngo amuhane, ahubwo ko […]

Tessy yarongowe

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne uzwi nka Tessy n’umuraperi Hakizimana Ishimwe Agappe (Shizzo) basezeranye imbere y’Imana mu birori byabereye ku Intare Conference Arena i Rusororo, ku wa Gatandatu tariki 10 Mutarama 2026. Uyu muhango wabaye nyuma yo gusaba no gukwa, ukaba warakurikiwe n’ibirori byo kwiyakira byitabiriwe n’inshuti, imiryango n’abantu batandukanye bazwi mu myidagaduro no mu itangazamakuru. Bombi […]

IShowSpeed yashimishije imbaga y’abafana muri Stade Amahoro

Umunyamerika Darren Jason Watkins Jr., uzwi cyane ku izina rya IShowSpeed, uri mu ruzinduko mu Rwanda, yagaragaje ibyishimo byinshi ubwo yasuraga Stade Amahoro, aho yasusurukije abafana mu gihe gito yahagaze aho. Ku mugoroba wo ku wa Gatandatu, tariki ya 10 Mutarama 2026, ni bwo uyu munyabugeni w’icyamamare yageze muri stade yari irimo kubera umukino wahuje […]

IShowSpeed yageze mu Rwanda

Umunyamerika Darren Jason Watkins Jr uzwi ku mbuga nkoranyambaga nka IShowSpeed, yaraye ageze mu Rwanda aho yakomereje urugendo amaze iminsi agirira muri Afurika. Amakuru avuga ko uyu musore yageze i Kigali mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki ya 9 Ukuboza, mbere yo guhita yerekeza mu karere ka Musanze. Byitezwe ko IShowSpeed wageze mu Rwanda […]

Dr. Claude yabitswe ari muzima

Dr. Claude yatangaje ko amaze iminsi yakira ubutumwa bwinshi bw’abantu bamubika, avuga ko abo bantu ari abo yise “Contre Succès”, bamwifuriza ikibi. Yabibwiye itangazamakuru ko amakuru yavugaga ko yapfuye atari yo, kandi ko ayo makuru yatangiye gukwirakwira cyane cyane avuye i Burundi. Yagize ati nubwo abantu benshi bamuhamagara bava mu Burayi, muri Amerika n’ahandi, ari […]

Umuhanzikazi Fille Mutoni arembeye mu bitaro

Umuhanzikazi w’Umunya-Uganda Fille Mutoni yajyanywe mu bitaro, nyuma yo kongera kwisanga mu kibazo cyo gukoresha ibiyobyabwenge. Aya makuru yamenyekanye nyuma y’uko umukunzi we MC Kats yashyize ku mbuga nkoranyambaga amafoto agaragaza Fille ari mu bitaro. Ku mafoto yashyizwe hanze, Fille agaragara aryamye, asa n’uwasinziriye cyangwa waciwe intege n’imiti ndetse yanahawe uburyo bwo kumufasha guhumeka. MC […]

Diez Dola ntakiri umuhanzi ukizamuka

Umuraperi w’Umunyarwanda Diez Dola yatangaje ko umwaka wa 2026 uzaba intambwe nshya mu rugendo rwe rwa muzika, aho avuye ku kugerageza byinshi atarangije agana ku gushyira mu bikorwa bihamye, gutegura neza no gukora mu murongo uhoraho. Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Diez Dola yavuze ko mu myaka ibiri ishize yamaze igihe kinini yiga, agerageza amajwi atandukanye […]

Simi yibarutse impanga

Umuhanzi w’icyamamare muri Nigeria Adekunle Kosoko, uzwi nka Adekunle Gold, yatangaje ko we n’umugore we Simi bibarutse impanga. Iyi nkuru yishimiwe n’abatari bake, yayitangarije ku rubuga rwe rwa Snapchat ku wa kane. Nubwo batatangaje igitsina cy’izo mpanga, abakunzi b’umuziki n’abandi bahanzi bahise bohereza ubutumwa bw’ibyishimo n’ishimwe kuri uyu muryango. Mu kwezi kwa Ukuboza, Simi yari […]

Wizkid agiye kwiyamamariza kuba perezida wa Nigeria

Umuhanzi w’icyamamare muri Nigeria Ayodeji Ibrahim Balogun, uzwi nka Wizkid, yateje impaka zikomeye ku mbuga nkoranyambaga nyuma y’uko hasohotse amashusho avuga ko ashobora kwiyamamariza kuyobora Nigeria. Aya mashusho yasakaye ku wa 8 Mutarama 2026, agaragaza Wizkid ari kumwe n’inshuti n’umuryango, avuga ibijyanye na politiki mu buryo busa n’urwenya ariko bufite amagambo akomeye yatunguye benshi. Mu […]

Bruce Melodie yasabye Leta gufata abahanzi nk’ingagi

Bruce Melodie, umwe mu bahanzi bakomeye mu Rwanda, yavuze ko umuziki ufite ubushobozi bwo kwinjiriza igihugu amafaranga menshi no gukurura ba mukerarugendo, ashimangira ko wahawe agaciro kangana n’aka Leta iha urwego rw’ubukerarugendo. Ibi yabivugiye mu kiganiro IGIHE Sports Club, aho yagaragaje ko n’ubwo hari ibitekerezo byinshi aba yifuza kugeza ku Muyobozi w’Igihugu, akenshi abiburamo kubera […]

Umunyamakuru Tessy n’umuhanzi Shizzo basezeranye imbere y’amategeko

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne uzwi nka Tessy yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we Hakizimana Ishimwe, uzwi mu muziki nyarwanda nka Shizzo Afropapi, umuhanzi wamamaye mu njyana ya Hip Hop. Iyi mihango yabaye kuri uyu wa Kane mu Murenge wa Kinyinya mu Mujyi wa Kigali. Uyu muhango wari witabiriwe n’inshuti n’abagize imiryango y’impande zombi, aho Tessy na Shizzo […]

Abakozi ba FBI bakoraga iki ku mukino wa RDC na Algeria?

Mu gihe irushanwa ry’Igikombe cya Afurika cya 2025 rikomeje kubera muri Maroc, hamenyekanye ko abakozi b’Urwego rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika rushinzwe iperereza (FBI) bari mu bitabiriye umukino wahuje ikipe y’igihugu ya Algeria n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RD Congo). Uyu mukino wabaye ku wa Kabiri kuri Stade Prince Moulay Hassan i Rabat, […]

Na M23 ntiyankanze: Alyn Sano

Umuhanzikazi Alyn Sano yatangaje ko adaha agaciro impungenge zo gutinya gusohora ibihangano bye bitewe n’amakuru aba yiganjemo mu itangazamakuru, ashimangira ko nta kintu na kimwe cyamubuza gushyira hanze igihangano cye. Mu kiganiro yagiranye na ISIMBI, Alyn Sano yavuze ko kuba atari umuhanzi wibanda ku ndirimbo zo kumvwa mu kanya gato ari byo bituma adahungabanywa n’uko […]

Urukiko rwasubitse urubanza rwa DJ Toxxyk

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwongeye gusubika urubanza ruregwamo DJ Toxxyk, wari waje kuburanishwa ku bijyanye n’ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo. Ku wa 07 Mutarama 2026, DJ Toxxyk yitabye Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge akurikiranyweho ibyaha bine birimo gutwara yasinze, kwica bidaturutse ku bushake, gukoresha ibiyobyabwenge ndetse no gutwara ikinyabiziga atabifitiye uruhushya. Ahagana saa tatu n’iminota 51, Urukiko rwahamagaye […]

Tiwa Savage yiyamye uwihaye kuvuga ku mwana we

Umuhanzikazi w’icyamamare mu njyana ya Afrobeats, Tiwa Savage yatanze umuburo ukomeye ku mu-influencer wo ku rubuga X (yahoze ari Twitter) witwa Dami Foreign, amusaba guhagarika kwinjiza umwana we Jamil Balogun mu byo amwandikaho ku mbuga nkoranyambaga. Ibi byabaye nyuma y’uko Dami Foreign ashyizeho ubutumwa abaza impamvu umwana wa Tiwa Savage agaragara asa n’utishimye, ibintu byarakaje […]