Amashirakinyoma ku byo kuba Yampano n’umukunzi we batorokeye mu Bubiligi

Uworizagwira Florien, wamamaye nka Yampano, yageze mu Bubiligi ari kumwe n’umukunzi we, ibintu byahise bitera ibihuha byinshi ku mbuga nkoranyambaga harimo n’abemezaga ko “batorotse” u Rwanda. Gusa amakuru ava mu bantu ba hafi b’uyu muhanzi ahamya ko uru rugendo rwe rufitanye isano n’akazi ka muzika, atari ukuburanira kure cyangwa guhunga ikibazo. Abakorana na Yampano bemeza […]

Miss Muheto yifurije se ikiruhuko cyiza cy’izabukuru

Nshuti Muheto Divine, wabaye Nyampinga w’u Rwanda mu 2022, yagaragaje urukundo n’ishimwe kuri se, ACP Muheto Francis, washyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru hamwe n’abandi bapolisi 74. Ku mugoroba wo ku wa Kabiri ni bwo Polisi y’u Rwanda yatangaje urutonde rw’abagiye mu kiruhuko, barimo ba komiseri ACP Sam Rumanzi na ACP Muheto Francis. Mu butumwa yanyujije ku […]

ADEPR yavuze ku byo kwanga gusezeranya Vestine Ishimwe n’Umukunzi we

Itorero ADEPR ryahakanye amakuru yavugaga ko ryanze gusezeranya umuramyi Vestine Ishimwe n’umukunzi we Idriss Jean Luc Ouédraogo. Umushumba Mukuru wa ADEPR, Rev. Ndayizeye Isaïe, yavuze ko ibyo byakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga nta shingiro bifite. Ibi yabivugiye mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye ku wa 2 Ukuboza 2025, cyagarutse ku myaka 85 ADEPR imaze ishinzwe n’ibikorwa by’ivugabutumwa byakozwe […]

Cyusa yashyize hanze album yitiriye nyirakuru

Umuhanzi w’umuziki Gakondo, Cyusa Ibrahim, yashyize ku mugaragaro alubumu ye ya kabiri yise “Muvumwamata”, izina yakuye kuri nyirakuru kugira ngo amushimire ku ruhare rukomeye yagize mu buzima bwe no mu iterambere ry’inganzo ye. Iyi alubumu yashyizwe hanze ku wa 1 Ukuboza 2025, ikaba igizwe n’indirimbo 14 zubatse ku muco nyarwanda no ku butumwa bwimbitse bujyana […]

Djihad akurikiranyweho ibirego 9

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yabibwiye abanyamakuru ku wa 1 Ukuboza 2025 ko mu myaka itatu ishize, RIB yakiriye ibirego 9 birega Cyprien Uzabakiriho uzwi nka Djihad. Ku wa 26 Ugushyingo, Djihad na Kwizera Nestor bafashwe na RIB bakurikiranyweho gukwirakwiza amashusho y’ubusambanyi ya Yampano. Bukeye bwaho, dosiye yabo yahise ijyanwa mu bushinjacyaha. Dr […]

Yampano ari gukorwaho iperereza ku mashusho y’urukozasoni ye

Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira Thierry, yavuze ko hakiri gukorwa iperereza ngo hamenyekane niba Yampano yagize uruhare mu gusakazwa kw’amashusho ye n’umukunzi we bari mu bikorwa by’ubusambanyi. Ibi yabivugiye mu kiganiro n’itangazamakuru ku wa Mbere, tariki ya 1 Ukuboza 2025. Dr. Murangira yavuze ko babonye ayo mashusho bagira ngo hari ikindi kibazo yaba afite cyatumye […]

Perezida Kagame si umunyedini: Richard Nick Ngendahayo ku ifungwa ry’insengero 

Umuramyi w’Umunyarwanda uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Richard Nick Ngendahayo, yagarutse ku ifunga ry’insengero mu Rwanda mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru nyuma y’igitaramo gikomeye yakoreye muri BK Arena, cyitabiriwe n’abantu barenga ibihumbi 10. Nyuma yo kuririmba indirimbo ze zamenyekanye mu myaka myinshi amaze mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Ngendahayo yabajijwe ku nsengero […]

Icyo France Mpundu avuga kuri Juno Kizigenza bavuzwe mu rukundo

Nyuma y’igihe kingana n’amezi abiri ari muri Afurika y’Epfo mu marushanwa ya Secret Story Afrique, France Mpundu yagarutse mu Rwanda. Akigera i Kigali, yatangaje byinshi birimo n’uburyo ahagaze mu rukundo rwe na Moctar, umusore wamwambikiye impeta muri iryo rushanwa, ndetse n’inkuru zagiye zimuzwa na Juno Kizigenza mu rukundo. France yashimye Imana n’abamushyigikiye kuba yarabashije gutahana […]

Richard Ngendahayo yasubiye ku rubyiniro i Kigali nyuma y’imyaka 17 (Amafoto)

Umuramyi Richard Ngendahayo, umwe mu bahanzi bakunzwe cyane mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu myaka ya 2000, yongeye gutaramira mu Rwanda nyuma y’imyaka irenga 17. Ni mu gitaramo cyafunguriye BK Arena ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, yacyise “Niwe Healing Concert.” Ngendahayo, uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuva mu 2008, […]

Ukuri ku byavuyemo ibitutsi hagati y’umuhanzi B-Face n’Abanyarwanda

Amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga yerekanye umuhanzi B-Face wo mu Burundi avuga amagambo akarishye ku Banyarwanda, bituma benshi bamurakarira. Ariko nyuma hasobanuwe ko ayo mashusho yari agace gato kakaswe mu kiganiro kirekire, bityo ntihagaragara uko ibintu byari bimeze byose. Mu kiganiro cyuzuye yagiranye n’umunyamakuru, B-Face yasobanuye ko ayo magambo atari aye ahubwo yari ari gusubiramo […]

KNC abitse indirimbo ya nyuma Jay Polly yasize adasohoye

Ku munsi wo ku wa Kane, tariki ya 27 Ugushyingo 2025, Kigali yashyuhijwe n’amakuru adasanzwe mu ruganda rwa hip hop nyarwanda. Umunyamakuru n’umushoramari uzwi cyane, Charles Kakooza Nkuliza (KNC), yatangaje ko afite indirimbo ya nyuma Jay Polly yakoranye na we mbere y’uko yitaba Imana. Ibi yabivugiye mu kiganiro cya mu gitondo cya TV1 Rirarashe, aho […]

Umuramyi Rev. Emmanuel Ganza yatanze Mutuelle 300 ku muryango itishoboye

Umuramyi Rev. Emmanuel Ganza, uzwi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, yatanze ubwisungane mu kwivuza (Mutuelle de Santé) ku batishoboye 300 bo mu Karere ka Kamonyi. Iki gikorwa cyabaye ku wa Gatanu tariki ya 29 Ugushyingo 2024, kibera mu Kagari ka Kabagesera, Umurenge wa Runda. Rev. Ganza, uyobora Abanyarwanda batuye mu gace kamwe k’Umujyi […]

Umugabo wabyaranye na Sheebah Karungi yamaze kumenyekana

Umuririmbyi w’umunyamideli wo muri Uganda, Sheebah Karungi, yongeye kuvugisha abantu nyuma y’aho hagaragaye amakuru mashya y’uwo babyaranye umwana w’umuhungu aherutse kwibaruka, Prince Amir, uzwi nka Little Bird. Hashize amezi menshi abantu bibaza uwo mugabo Sheebah yahishiraga, ariko amakuru mashya yemeza ko ari Jaffar Suleiman, umunyemari ukorera ibikorwa bya muzika mu Bwongereza, utuye i London. Amakuru […]

Umuramyi Dorcas wa Papy Clever yasubije abamuteye imijugujugu nyuma yo kumubona yambaye ipantalo 

Dorcas, umuramyi uririmbana n’umugabo we Papy Clever, yavuze ko atishimiye amagambo abantu banditse ku mbuga nkoranyambaga bamunengera imyambarire ye. Ku mbuga nkoranyambaga hari hakwirakwijwe amashusho yabo bagiye kurira indege. Dorcas yari yambaye ipantalo arenzaho ijipo, ibintu byatumye abantu batanga ibitekerezo byinshi abandi babifata nk’ubuturage, abandi bavuga ko bidakwiye kuba umunyetorero. Dorcas yavuze ko ibitekerezo yasomye […]

Djihad arafunzwe

Tariki ya 26 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi Cyprien Uzabakiriho uzwi nka Djihad, hamwe na Kwizera Nestor, uzwi cyane nka Pappy Nesta, kubera gukekwaho gukwirakwiza amashusho agaragaza Yampano ari gukora imibonano mpuzabitsina. Ibi byatumye umubare w’abamaze gufatwa muri iki kibazo ugera kuri batanu. Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira Thierry, yemeje ifatwa ry’aba […]

Indege yabaye imbarutso ya “Niwe” igiye guhuriza hamwe abarenga ibihumbi 10

Umuramyi Richard Nick Ngendahayo yavuze ko Album ye “Niwe” yayihawe mu gihe yari mu ndege, ubwo yaruhukaga akabona ubutumwa bw’Imana bwaje mu buryo budasanzwe, bukaba bwaragize ingaruka zikomeye ku buzima bw’abantu benshi. Ni nabwo bwamuhaye icyerekezo gishya mu muziki wo kuramya Imana. Nyuma y’imyaka irenga 17 adakorera igitaramo gikomeye mu Rwanda, Richard yongeye kugaruka i […]

Rurageretse hagati ya Papa Cyangwa n’inyubako y’umuherwe

Umuraperi Abijuru King Lewis, wamenyekanye nka Papa Cyangwe yatangaje ko yababajwe cyane n’ukuntu yafungiwe muri Kigali Universe amasaha arenga atanu nyuma yo kumurika Album ye Now or Never. Byabaye mu ijoro ryo ku wa 23 Ugushyingo 2025. Amakuru avuga ko uyu muhanzi yagumishijwe muri iyi nyubako kubera ikibazo cy’amafaranga atishyuwe ku bikoresho bya Sound yari […]

Jimmy Cliff wamamaye mu njyana ya Reggae yatabarutse ku myaka 81 y’amavuko

Umuhanzi Jimmy Cliff wo muri Jamaica, wamamaye mu njyana ya Reggae, yapfuye afite imyaka 81 y’amavuko ahitanwe n’umusonga, nk’uko umugore we yabitangaje kuri Instagram. Nk’uko umugore we yabitangaje mu butumwa bwashyizwe kuri Instagram, uyu muhanzi yari arwaye umusonga. Ubutumwa bwashyizwe kuri konti yemewe y’uyu muhanzi bugira buti: “Mbabajwe cyane no kubamenyesha ko umugabo wanjye Jimmy […]

Murindahabi yasobanuye ibyerekeye Vestine wakomeje gutera urujijo ku mbuga nkoranyambaga

Murindahabi Irene, uyobora MIE Empire ifasha itsinda Vestine & Dorcas, yagize icyo avuga ku byahagurukije rubanda nyuma y’ubutumwa Ishimwe Vestine yashyize kuri Instagram bukaza gusibwa vuba. Vestine aherutse gushyira hanze amagambo agaragaza ko arimo kunyura mu bihe bikomeye mu buzima bwe, agaragaza ko adahumurizwa n’uko ibintu bihagaze mu kubana n’umugabo we. Mu butumwa bwe bwamaze […]

Prince Kid yaburaniye muri Amerika

Urukiko rwo muri Leta ya Texas rwatangaje ko Ishimwe Dieudonné uzwi nka Prince Kid agomba koherezwa mu Rwanda kurangizayo igihano yahawe, nyuma yo kuburana ku birebana n’ubusabe bwe bwo kutoherezwa no guhabwa ubuhungiro. Uyu mwanzuro wafashwe ku wa Kabiri, nk’uko byatangajwe na Ukwezi Tv. Prince Kid yasabaga ko ataherezwa mu Rwanda, avuga ko ataba yizeye […]

Bill Ruzima wafatanwe urumogi yajyanwe kugororwa

Umuhanzi Bill Ruzima, uherutse gufatirwa mu bikorwa bijyanye n’ibiyobyabwenge by’urumogi, yajyanywe mu kigo ngororamuco cyo mu Karere ka Huye mu gitondo cyo ku wa 19 Ugushyingo 2025. Ibi byemejwe n’Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, wavuze ko Ruzima yajyanywe mu kigo Huye Isange Rehabilitation Center kugira ngo yitabweho n’abaganga babashe kumufasha gukira ingaruka zo […]

Urugo rw’umuramyi Ishimwe Vestine rwaba rwasenyutse

Umuririmbyi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ishimwe Vestine, yashyize hanze ubutumwa bwakomeje gutuma abakunzi be bibaza byinshi ku buzima bwe bwite, cyane cyane ku mubano we n’umugabo we Idrissa Jean Luc Ouédraogo, bamaze amezi make bashyingiranywe. Ubu butumwa bwasohotse nyuma y’iminsi 136 gusa basezeranye imbere y’Imana mu bukwe bwavuzwe cyane mu Rwanda no hanze […]

RIB yafunze umuhanzi Bill Ruzima

Umuhanzi Bill Ruzima, yafashwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho ibyaha bijyanye no gukoresha no gutunda ibiyobyabwenge byo mu bwoko bw’urumogi. Iby’ifatwa rye byemejwe n’Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, watangaje ko Ruzima yafatiwe ku wa 15 Ugushyingo 2025. Murangira yagize ati: “Ni byo, yatawe muri yombi ku itariki ya 15 Ugushyingo 2025, akekwaho gukoresha […]

Nicki Minaj muri UN avugira abakiristo bo muri Nigeria bari kwicwa

Umuhanzi w’Umunyamerika Nicki Minaj ategerejwe mu muhango uzabera ku cyicaro cy’Umuryango w’Abibumbye i New York kuri uyu wa Kabiri, aho azaganiriza ku birego byo kwibasira Abakirisitu muri Nigeria. Minaj azahurira ku rubyiniro n’intumwa ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu Muryango w’Abibumbye, Michael Waltz, hamwe na Alex Bruesewitz, umujyanama wa Perezida Donald Trump akaba ari nawe […]

RIB yafunze 2 bakwirakwije amashusho ya Yampano ari gutera akabariro

Nyuma y’uko Uworizagwira Florien (Yampano) atanze ikirego ku mashusho ye ari gukora imibonano mpuzabitsina yasakajwe ku mbuga nkoranyambaga, RIB yavuze ko bamaze gufata abantu babiri bakekwaho kuyakwirakwiza. Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira Thierry, yatangaje ko hafashwe Ishimwe Patrick (Pazzo Man) ku wa 11 Ugushyingo 2025 na Kalisa John (K. John) ku wa 14 Ugushyingo 2025, […]

Yahombye Miliyoni 12 Frw ubwo yashakaga gukora Chapati nini ku isi

Umunyabugeni ukora amashusho y’ibirangaza ukomoka muri Uganda, Raymond Kahuma, yatangaje ko yahombye miliyoni 12 Frw nyuma y’uko umushinga we wo gukora chapati nini kurusha izindi ku isi uhombye. Kahuma, wifuzaga kwandikisha izina rye mu gitabo cya Guinness World Records, yakoreye imyiteguro yose muri Kenya, aho umushinga wamaze iminsi myinshi utegurwa, uhereye ku kubaka ahantu ho […]

Amashusho y’urukozasoni yatumye Riderman asaba RIB kugira icyo ikora

Umuraperi Riderman yasabye Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) gufata ingamba zikomeye ku bantu bakomeje gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni kuri internet. Avuga ko iki kibazo cyabaye icyorezo, cyane cyane ku mbuga nkoranyambaga zikoreshwa n’abatarageza imyaka y’ubukure. Mu kiganiro yagiranye na SK FM, Riderman yavuze ko hari abantu bakomeje gukangisha abandi ko bafite amashusho yabo y’urukozasoni kugira ngo babahatire gukora […]

Richard Nick yahaye umunyarwenya Kadudu ibihumbi 500 by’igishoro

Umunyarwenya Kadudu wari umaze iminsi atekereza uko yabona ibihumbi 200 Frw ngo atangire ubucuruzi bw’ ibiraha. Icyo cyifuzo cyabaye impamo ku mugoroba wo ku wa 13 Ugushyingo 2025, ubwo muri Camp Kigali haberega igitaramo cya Gen-Z Comedy Show. Muri iki gitaramo habaye byinshi, ariko icyatunguye abantu ni uko Richard Nick Ngendahayo yahaye Kadudu ibihumbi 500 […]

Abiyitirira Fatakumavuta ufunzwe bakomeje kwiba abantu 

Sengabo Jean Bosco, uzwi cyane ku izina rya Fatakumavuta, kuri ubu afungiye mu Igororero rya Nyarugenge riherereye i Mageragere, yagaragaje impungenge z’uko hari abantu bamwiyitirira bakaka amafaranga mu izina rye. Mu kiganiro kigufi yagiranye n’Imvaho Nshya ubwo yari yitabiriye ibiganiro byerekeranye n’ubuhuza byatangijwe muri iryo gereza na Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Domitilla Mukantaganzwa, Fatakumavuta yavuze ko […]

Ruti Joel atunze imodoka yari iya nyakwigendera Yvan Buravan

Umuhanzi w’indirimbo za gakondo Ruti Joel yatangaje ko yafashe icyemezo cyo kugura imodoka ya nyakwigendera Yvan Buravan, inshuti ye magara, kugira ngo agire ikintu gifatika kimwibutsa uwo muhanzi w’ibihe byose. Mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru Mugabe Robert, Ruti yavuze ko iyo modoka yo mu bwoko bwa Benz yayihaye izina “Nkongi Cyane”, izina ryari ikivugo cya Buravan. […]

Amashusho y’urukozasoni ya Yampano mu butabera

Umuhanzi w’Umunyarwanda ukizamuka, Florien Uworizagwira, uzwi cyane ku izina rya Yampano yajyanye mu butabera Patrick Ishimwe uzwi nka Pazzo, amushinja kwiba no gusakaza videwo y’urukozasoni yari afitanye n’umukunzi we, nyuma yo kuyikura muri telefoni ye nta burenganzira abifitiye. Iyo videwo yasohotse ku mbuga nkoranyambaga ku itariki ya 9 Ugushyingo 2025, ituma Yampano ashyirwa mu majwi […]

Mwarimu Clement yiyahuriye mu kiyaga cya Muhazi 

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Iraguha Clement, uzwi cyane nka Mwarimu Clement kubera kwigisha abantu gutwara imodoka binyuze ku mbuga nkoranyambaga, yapfuye nyuma yo kwiroha mu Kiyaga cya Muhazi. Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Wellars Gahonzire, yatangaje ko iby’uru rupfu byamenyekanye ku mugoroba wo ku wa 10 Ugushyingo 2025, ahagana saa kumi […]

Amashusho ya Yampano ari mu gikorwa cy’abakuze yarikoroje

Amashusho y’umuhanzi Uworizagwira Florien uri kumenyekana mu muziki nyarwanda nka Yampano ari gukora imibonano mpuzabitsina, akomeje gukwirakwiza ku mbuga nkoranyambaga. Ku Cyumweru tariki ya 9 Ugushyingo ni bwo amashusho y’uyu muhanzi yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga ziganjemo urwa X na Facebook. Muri aya mashusho y’iminota 10, nyirubwite agaragara ari mu buriri ari mu gikorwa cy’abakuze n’inkumi […]

Vestine na Dorcas bahagaritse igitaramo muri Canada ku munota wa nyuma 

Abakunzi b’itsinda rya Vestine & Dorcas bari bategereje igitaramo cyabo mu mujyi wa Winnipeg muri Canada ku wa Gatandatu, tariki ya 8 Ugushyingo 2025, ariko cyaje gusubikwa ku munota wa nyuma. Iki gitaramo cyari kimwe mu byari gisoza uruzinduko rwabo rwo kuririmba mu bihugu bitandukanye byo muri Amerika na Canada. Abafana bari biteguye kuririmbana nabo […]

Umukinnyi wa filime Nana yarwariye ‘Depression’ mu Bubiligi

Uwamwezi Nadège, uzwi cyane nka Nana muri filime Citymaid, yahishuye ko yakomeje guhangana n’indwara y’agahinda gakabije (depression) ubwo yageraga mu Bubiligi mu mwaka wa 2021, ajyanywe no kubana n’umugabo we. Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Nana yavuze ko kwimukira mu gihugu gishya byamugoye cyane cyane cyane kuba yarasize inshuti, abavandimwe n’umuryango we mu Rwanda. Ati: […]

Perezida wa repubulika (Kagame) ndamukunda: Richard Nick Ngendahayo akigera i Kigali

Nyuma y’imyaka irenga 15 yari amaze aba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, umuramyi w’inararibonye Richard Nick Ngendahayo yageze mu Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 3 Ugushyingo 2025. Uyu muhanzi ukunzwe cyane mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana yasesekaye ku Kibuga Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe, yakirwa n’urugwiro n’akanyamuneza […]

Umuhanzi Ngabonziza Augustin, wamamaye mu ndirimbo ‘Ancilla’ yapfuye 

Ngabonziza Augustin, umwe mu bahanzi bakanyujijeho mu myaka irenga 40 ishize, yapfuye azize uburwayi nyuma yo kumara igihe arwariye mu Bitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK). Amakuru yemeza ko yari amaze iminsi arembye, ubuzima bwe bukagenda burushaho kugorana. Ngabonziza azwi cyane mu muziki wo hambere, aho yaririmbaga muri Orchestre Les Citadins, imwe muri bandi yakunzwe […]

Ibyo ntibibareba: Miss Jolly Mutesi asubiza abibaza aho akura amafaranga

Tariki 1 Ugushyingo 2025, Miss Jolly Mutesi wabaye Miss Rwanda mu 2016, yasubije abamubaza aho akura amafaranga ye, avuga ko ibyo bitabareba kandi bakwiye kumureka akagira amahoro. Ibi yabivugiye mu birori bya The Silver Gala byateguwe na Sherrie Silver Foundation. Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru, umwe yamubajije ku bijyanye n’imodoka nshya ihenze aherutse kugura, amubaza n’aho […]

Abahanzi bihaye gushyigikira Samia Suluhu ntiborohewe

Mu gihe Tanzania yari mu matora rusange yo ku wa 29 Ukwakira, abahanzi benshi bakomeye mu njyana ya Bongo Flava bagaragaje ko bashyigikiye Perezida Samia Suluhu Hassan, umukandida wa Chama Cha Mapinduzi (CCM). Icyo cyari kigamije kumwereka urukundo n’ishimwe kubera ibyo yakoze mu buyobozi bwe, ariko byaje gukurura uburakari bukomeye mu baturage bamwe, babashinja gukoresha […]

Ukuri ku rukundo ruvugwa hagati ya Miss Muheto na Prosper Nkomezi

Byavuzwe mbere ko Prosper Nkomezi, umuramyi ukunzwe cyane mu Rwanda, yaba ari mu rukundo na Miss Rwanda 2022, Nshuti Divine Muheto. Ibyo byatangiye gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga nyuma y’uko aba bombi bakunze kugaragara bari kumwe mu bikorwa bitandukanye. Nyamara, mu burori bwo kumurika album ye ya kane yise “Warandamiye”, Prosper Nkomezi ubwe yahisemo kuvuguruza ayo […]

Umuhanzikazi Olisha yapfuye abyara

Amarira n’akababaro byasakaye mu ruganda rw’imyidagaduro muri Uganda nyuma y’inkuru y’incamugongo y’urupfu rwa Olisha M, umwe mu bahanzi b’abagore bari batangiye kwigarurira imitima ya benshi mu njyana ya Afrobeat n’urukundo. Amakuru yemejwe n’ibinyamakuru bitandukanye birimo MBU Uganda, avuga ko Olivia Mildred Namubiru wamenyekanye nka Olisha M, yapfuye mu gitondo cyo ku wa Gatanu, tariki ya […]

P-Diddy yagabweho igitero muri gereza

Umuhanzi w’icyamamare w’Umunyamerika Sean Combs, uzwi cyane ku izina rya P-Diddy yagabweho igitero muri gereza ya MDC Brooklyn aho afungiye muri iki gihe. Nk’uko byatangajwe n’inshuti ye Charlucci Finney, P-Diddy ngo yabyutse nijoro asanga imfungwa yamufatiye icyuma ku ijosi, hafi yo kumuhitana. Finney yabwiye Daily Mail ko atazi niba abashinzwe umutekano aribo batabaye cyangwa niba […]

Umuhanzi Kirkou wo mu Burundi yarwaniye i Kigali

Umuhanzi Kirkou Akil ukomoka mu Burundi yongeye guteza impagarara mu gitaramo cyabereye i Kigali, nyuma y’uko ibyuma by’umuziki byanze gukora ubwo yari ku rubyiniro. Byatangiye ubwo yari ari kuririmba indirimbo ze “Aha Nihe” na “Yarampaye”, ariko ibyuma bitangira kunanirana. Nubwo abafana bakomeje kumufasha kuririmba, Kirkou yaje kugaragaza umujinya, ajya gutonganya abashinzwe ibyuma. Nyuma yo kuva […]

Rurageretse hagati ya Aliah Cool n’umunyamakuru wa Isibo FM

Nyuma y’uko umunyamideli Aliah Cool yerekanye imodoka nshya yo mu bwoko bwa Barbus, ibintu byahise bifata indi ntera ku mbuga nkoranyambaga ubwo umunyamakuru wa Isibo FM, DC Clément, yandikaga amagambo yakoze ku marangamutima ya Aliah Cool. DC Clément yanditse kuri Instagram ati: “Aho kurata imodoka y’Inkongoman nitwa Umukire i Nyarugenge, Umwana w’i Gitwe naguma kuri […]

Umugore wa Akon yamusabye gatanya, atungurwa no gusanga umutungo we wanditse kuri nyina

Umuhanzikazi w’icyamamare ku isi Akon, uzwi cyane mu ndirimbo “Smack That” na “Locked Up”, ari mu byishimo nyuma y’uko umugore we Tomeka Thiam, bari bamaranye hafi imyaka 30 bashakanye, yamusabye gatanya maze aza gutungurwa no gusanga nta mutungo agira. Tomeka yasabye urukiko ko yahabwa miliyoni 100 z’ama-Euro (€100 million), avuga ko yagize uruhare rukomeye mu […]

Abaramyi Chandler Moore na Naomi Raine basezeye muri Maverick City Music

Abahanzi babiri Chandler Moore na Naomi Raine bamenyekanye mu itsinda rimenyerewe mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza ryo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ryitwa Maverick City Music, ko batangaje ko barisezeyemo. Mu itangazo banyujije ku mbuga nkoranyambaga zabo ku wa Mbere taliki ya 6 Ukwaki 2025, batangaje ko bafashe umwanzuro wo kuva muri Maverick […]

P Diddy yatakambiye Perezida Trump

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko umuhanzi Sean “Diddy” Combs yamusabye imbabazi nyuma yo gukatirwa imyaka 4 y’igifungo ku byaha yahamijwe. Trump yabivugiye mu biro bye i Washington agira ati: “Puff Daddy yansabye imbabazi.” Diddy yakatiwe ku wa Gatanu n’urukiko rwa New York imyaka ine muri gereza ndetse amande ya […]

Umunyamakuru Jean Paul Nkundineza yarekuwe

Umunyamakuru Jean Paul Nkundineza yarekuwe kuri iki Cyumweru, tariki ya 5 Ukwakira 2025, nyuma yo kurangiza igihano cy’igifungo cy’imyaka ibiri yari yarakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge. Amakuru yemejwe n’abari hafi ye avuga ko Nkundineza yasohotse muri gereza ahagana saa kumi n’imwe z’umugoroba, yakirwa n’abagize umuryango we n’inshuti ze, barimo n’umunyamakuru Mike Karangwa, bamugaragariza ibyishimo byo […]

P-Diddy yakatiwe gufungwa imyaka 4

Umuhanzi w’Umunyamerika Sean Combs, uzwi cyane ku izina rya Diddy, yakatiwe gufungwa imyaka isaga 4 muri gereza ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nyuma y’urubanza rumaze igihe ruvugwa cyane mu bitangazamakuru. Urubanza rwasojwe ku wa Gatanu tariki ya 3 Ukwakira 2025, n’umucamanza Arun Subramanian, wasomye icyemezo cyo kumuhanisha amezi 50 y’igifungo (ari hejuru gato y’imyaka […]

Diamond Platnumz yavuze ku byo kurongora undi mugore nyuma ya Zuchu

Umuhanzi w’icyamamare wo muri Tanzania, Diamond Platnumz, yahakanye amakuru yari amaze iminsi acicikana ku mbuga nkoranyambaga avuga ko yaba yarongoye undi mugore nyuma ya Zuchu, umukunzi we banabana byemewe. Diamond na Zuchu bakoze ubukwe mu ibanga rikomeye mu kwezi kwa Nyakanga 2025, ibintu byatangaje benshi mu bakunzi babo. Nyuma yaho hakomeje gucicikana ibihuha bivuga ko […]

Rema yanze kwishyura uwamwubakiye inzu

Umuhanzi w’Umunyanijeriya Divine Ikubor uzwi cyane nka Rema, ari mu bibazo by’amategeko nyuma y’uko Amaka Obasi, nyir’ikigo Arden Lifestyle Company, yamushinje kumusebya no kumwambura amafaranga yari yishyuye mu mushinga wo gusana no gushushanya inzu. Nk’uko byatangajwe na Sahara Reporters, aba bombi bari basinye amasezerano ku itariki ya 4 Mata 2025, agamije gukora imirimo yo gushushanya […]

Perezida Museveni yavuze ko Eddy Kenzo ari umwana wa Brig. Chef Ali

Umuhanzi w’Umunya-Uganda wamenyekanye ku rwego mpuzamahanga, Eddy Kenzo yatangaje ku mugaragaro ko se ari nyakwigendera Brigadier Chef Ali, umwe mu basirikare 27 ba NRA barwanye urugamba rwashyize Perezida Yoweri Museveni ku butegetsi mu 1986. Ibi byemejwe nyuma y’uko Perezida Museveni ubwe mu muhango wo kumurika alubumu ye i Speke Resort Munyonyo, ku wa Gatandatu, yagaragaje […]

Lorenzo yasabye ubwishingize muri RIB nyuma y’uko Super Manager amwise umutinganyi

Umunyamakuru Lorenzo Musangamfura yasabye ubufasha Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) nyuma y’uko mu kiganiro cyaciye kuri shene ya YouTube, Gakumba Patrick uzwi nka Super Manager, amuvuzeho amagambo afatwa nk’ateye ubwoba kandi yuzuyemo ivangura. Mu mashusho y’iki kiganiro yasakajwe ku mbuga nkoranyambaga, Super Manager yumvikana ashinja Lorenzo ibikorwa byo kuba umutinganyi, amushinja no kuba “umwaku”, ndetse […]

Teta Sandra amereye nabi umugabo we Weasel

Ku mugoroba wo ku wa 22 Nzeri 2025, ikinyamakuru Galaxy cyo muri Uganda cyashyize hanze amashusho n’amajwi agaragaza umuhanzi Weasel asaba ubufasha, avuga ko umugore we Sandra Teta akomeje kumufata nabi. Mu majwi yumvikanamo umuborogo, Weasel ashinja Teta ko atigeze amuvuza ukuguru kwe kwangiritse ubwo yamugongaga, kandi agasaba ko yakurwa iwe muri Neverland. Muri ayo […]

Perezida Ramaphosa yategetse ko umunyamakuru wazungurije ikibuno mu muhanda afungwa 

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, yatangaje ko yategetse inzego z’umutekano gufata umunyamakuru w’icyamamare kuri radiyo, Penny Ntuli ndetse n’inshuti ye, nyuma y’amashusho yabo yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga bari kubyina ku muhanda. Amashusho yagaragaje abo bombi babyina hafi y’imodoka zinyuraho ku muvuduko, ibintu byatumye bamwe babifata nk’imyidagaduro, abandi bakabigaya nk’imyitwarire ishobora guteza impanuka. Mu itangazo […]

Nyina wa Massamba Intore yapfuye 

Umuhanzi w’umuco nyarwanda, Massamba Intore, ari mu kababaro nyuma y’urupfu rwa nyina witabye Imana ku wa 18 Nzeri 2025 mu bitaro bya Kanombe, aho yari arwariye. Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Massamba yatangaje ko ikiriyo cyo kwibuka ubuzima bw’uyu mubyeyi cyatangiye, yongeraho amagambo yuzuye agahinda ati:“Nguwo uwafashije Gitare kundema, Imana imwakire mu bayo, isangire Sentore […]

RIB yihanangirije inkumi zishaka kurya amafaranga y’abasore nta cyo babakoreye

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwasobanuye ko rutajya rufunga umuntu nta bimenyetso, ahubwo mbere hakorwa iperereza ryimbitse. Ibi byatangajwe n’Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, nyuma y’ikiganiro cyanyuze ku mbuga nkoranyambaga, aho umukobwa witwa Solange (Soso) yavuze ko umukobwa ashobora guhimba ikirego cy’uko afashwe ku ngufu kugira ngo akuremo amafaranga menshi. Muri icyo kiganiro yari […]

Inzu ya miliyari 1 Frw ya Miss Jolly iri kuvugisha benshi

Miss Mutesi Jolly, wabaye Nyampinga w’u Rwanda mu 2016, ari kurangiza imirimo yo gutunganya inzu nshya yubatswe ku buryo bugezweho, ifite agaciro karenga miliyoni 800 Frw kugeza kuri miliyari. Mu mashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga, agaragara Miss Jolly yinjira mu nzu ye nini igizwe n’ibyumba byinshi, ikagira pisine, parikingi ndetse n’ikibuga kinini cyo hanze. Amakuru […]

Bishop Gafaranga yasabiye gufungwa imyaka 5

Ku wa 15 Nzeri 2025, Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rwaburanishije mu muhezo Habiyaremye Zacharie, uzwi nka Bishop Gafaranga, uregwa ibyaha batandukanye yakoreye umugore we Anet Murava. Ubushinjacyaha bwamushinje ibyaha bibiri: guhoza ku nkeke no gukubita no gukomeretsa umugore we, Murava Annette. Murava yavuze ko yahoraga ahangayikishwa n’amagambo mabi, guhatirwa imibonano mpuzabitsina, ndetse no gukubitwa, bigatuma […]

The Ben yeretse ibyamamare umwana we – Amafoto

Mu muco nyarwanda, kugabirana inka bifatwa nk’ikimenyetso gikomeye cy’ubumwe n’ubuvandimwe hagati y’abantu. Ni muri urwo rwego, umutoza w’imyidagaduro Coach Gael yongeye kugaragaza ko we na The Ben basubiranye ubucuti, amugabira inka. Ibi byabereye mu rugo rwa The Ben ruherereye i Rebero, mu ijoro ryo ku wa 13 Nzeri 2025. Ni ibirori byari bigamije kumwereka inshuti […]