Kwamamaza Congo muri Monaco bishobora gutuma Minisitiri wa Siporo yeguzwa

Minisitiri wa Siporo n’Imyidagaduro wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu Ntubuanga, ari mu bibazo bikomeye bya politiki nyuma y’uko hafunguwe iperereza ku masezerano igihugu cye cyagiranye n’ikipe y’umupira w’amaguru ya AS Monaco. Aya masezerano yashyizweho umukono mu mwaka ushize, aho Leta ya RDC yemeye gutanga miliyoni 4.8 z’amayero mu gihe cy’imyaka itatu, mu […]

Netanyahu agereranya ubutegetsi bwa Iran n’umwanzi wa kera uvugwa muri Bibiliya

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, ku Cyumweru yifashishije amagambo yo muri Torah agereranya ubutegetsi bwa Iran n’“Amaleki”, umwanzi wa kera uvugwa muri Bibiliya y’Abaheburayo. Nk’uko byatangajwe na Middle East Monitor, ayo magambo yayavugiye aho igisasu cya misile bivugwa ko cyaturutse muri Iran cyaguye. Yagize ati: “Mu isomo rya Torah ryo muri iki cyumweru, dusoma […]

Rutahizamu w’umunya-Iran yasezeye ikipe ye ajya kurwanira igihugu

Rutahizamu w’ikipe y’igihugu ya Iran, Mehdi Taremi, usanzwe akinira ikipe ya Olympiakos F.C. yo mu Bugereki, yatangaje ko yifuza gusubira iwabo muri Iran kugira ngo yinjire mu gisirikare, nyuma y’ibitero bivugwa ko byagabwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel kuri icyo gihugu. Uyu mukinnyi w’imyaka 33 y’amavuko, bivugwa ko yamaze kumenyesha ubuyobozi bw’ikipe […]

Amasasu yumvikanye hafi y’ibiro bya Perezida Captain Ibrahim Traoré

Mu ijoro ryo ku wa Gatandatu rishyira ku Cyumweru, humvikanye amasasu menshi hafi y’ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Burkina Faso, i Ouagadougou, aho atuye kandi akorera Perezida Ibrahim Traoré. Amakuru arambuye ku byabaye ntaramenyekana neza. Radiyo Radio France Internationale (RFI) yatangaje ko bishoboka ko ibyo byabaye bifitanye isano n’ukutumvikana mu basirikare ku bijyanye n’imicungire y’umutekano, cyane […]

Gereza 10 ziteye ubwoba

Mu bihugu bitandukanye ku isi, imikorere ya gereza iratandukanye cyane bitewe n’amategeko, ubushobozi bw’ibihugu, n’intego za sisitemu y’ubutabera. Hari aho gereza zubakwa zigamije gufasha abagororwa kwisubiraho, ariko ahandi zikavugwaho ubuzima bubi, ihohoterwa rikabije n’ibura ry’ibikoresho by’ibanze. Raporo zitandukanye zerekana ko hari gereza zimwe zamenyekanye kubera ubukana bw’ibihe abagororwa babamo: ubucucike bukabije, indwara, inzara, ihohoterwa n’ikorwa […]

Uwari Perezida wa Korea y’Epfo yakatiwe igifungo cya burundu 

Urukiko rukuru rwa Seoul Central District Court rwahamije icyaha cyo kugambanira igihugu uwahoze ari Perezida wa South Korea, Yoon Suk Yeol, rumukatira igifungo cya burundu nyuma yo gusanga yaragize uruhare mu mugambi wo guhungabanya inzego z’ubutegetsi. Urubanza rwasomwe ku wa Kane, rugaragaza ko icyemezo Yoon yafashe mu Ukuboza 2024 cyo gutangaza ibihe bidasanzwe bya gisirikare […]

Tanzania: Impunzi z’Abarundi zanze gutaha ziri kumeneshwa

Imibereho y’impunzi z’Abarundi ziba muri Tanzania ikomeje kuba mibi, cyane cyane mu nkambi ya Nyarugusu. Amakuru atangwa n’impunzi n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu aravuga ko hari ifatwa ry’abapasiteri, iyicarubozo ndetse no gusenywa kw’inzu z’abaturage. Abatangabuhamya bavuga ko bamwe mu bayobozi b’amadini bashinjwa kubuza abayoboke babo gutaha mu Burundi. Umwe mu batanze amakuru yavuze ko pasiteri […]

Icyo Mushikiwabo avuga ku kuba u Burundi na RDC bimurwanya ngo atazongera gutorerwa kuyobora OIF

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yatangaje ko nta kibazo abona mu kuba u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byarwanya ko atorwa muri Manda ya gatatu, kuko kuba itorwa rye ryarwanywa biri mu bigize umukino. Mushikiwabo yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru Jeune Afrique. Ni ikiganiro cyibanze ku cyemezo u […]

Donald Trump yanenze bikomeye igitaramo cya Bad Bunny

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump yateje impaka zikomeye ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo kunenga bikomeye igitaramo cy’umuhanzi Bad Bunny cyabereye mu kiruhuko (halftime show) cya Super Bowl LX 2026. Trump yavuze ko icyo gitaramo kitagaragaje agaciro n’ubuhanga asanga bikwiye imyidagaduro ya Amerika, anenga ururimi rwakoreshejwe ndetse n’imbyino zakozwe imbere y’abarebye icyo […]

Miss Jolly Mutesi yabwiye umunyamakuru wa CNN ko yabajije Kagame ubusa

Miss Jolly Mutesi yagaragaje kutishimira imyitwarire y’umunyamakuru wa CNN, Larry Madowo, amwibutsa ko atakabaye akomeza kwibaza ku gisubizo yahawe na Perezida Paul Kagame, kuko ikibazo yabajije cyari kidafite ishingiro. Ibi bije nyuma y’uko Perezida Kagame, mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano, agarutse ku kiganiro yagiranye na Larry Madowo mu 2025, ubwo yamubazaga niba u Rwanda rufite ingabo […]

Armenia: Hasabwe ko hashyirwaho Minisiteri y’Imibonano mpuzabitsina

Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Armenia ryateje impaka rikimara gutangaza igitekerezo cyo gushyiraho icyo ryise “Minisiteri y’Imibonano mpuzabitsina”, rivuga ko byafasha gukemura ikibazo cy’igabanuka ry’abana bavuka muri icyo gihugu ndetse n’abagore batanyurwa muri icyo gikorwa. Umuyobozi w’ishyaka Strong Armenia, Sargis Karapetyan yavuze ko iki cyifuzo kigamije guteza imbere imibereho myiza y’abaturage no kurwanya igabanuka rikabije […]

Tshisekedi yakiriwe muri Amerika, asabwa kurandura FDLR na Wazalendo

Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yakiriwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika asabwa kugaragaza uruhare rufatika mu gukemura ikibazo cy’imitwe ya FDLR na Wazalendo. Tshisekedi ari muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuva ku wa Kabiri w’iki cyumweru, aho yitabiriye amasengesho yo gusabira kiriya gihugu. Ku wa Gatatu tariki ya 4 […]

Umuhungu wa Gaddafi yishwe arashwe

Saif al-Islam Gaddafi, umuhungu wa Col Muammar Gaddafi wahoze ayobora Libya, biravugwa ko yishwe arashwe n’abantu bataramenyekana. Yari afite imyaka 53. Amakuru yatangajwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Amakuru muri Libya avuga ko urupfu rwe rwemejwe ku wa kabiri n’umuyobozi w’itsinda rye rya politiki. Umwunganizi mu mategeko wa Gaddafi yabwiye ibiro ntaramakuru AFP ko igitero cyagabwe n’itsinda ry’abantu […]

RDC yemeje ko izatanga umukandida wo guhatanira na Mushikiwabo kuyobora OIF 

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yemeje ko izatanga umukandida wo guhatanira na Louise Mushikiwabo kuyobora Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu Bikoresha Ururimi rw’Igifaransa (OIF). Icyemezo cya Kinshasa cyo gutanga umukandida cyafatiwe mu nama y’abaminisitiri bagize Guverinoma ya kiriya gihugu yabaye ku wa Gatanu tariki ya 30 Mutarama. Ubwo Minisitiri w’Itumanaho n’Itangazamakuru akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma ya RDC, […]

Gen Muhoozi yaretse X, ajya mu masengesho yo kwiyiriza ubusa

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko agiye kugabanya cyane imikoreshereze ye ku mbuga nkoranyambaga, by’umwihariko ku rubuga X (rwari Twitter), nyuma y’impaka n’amarangamutima byatewe n’inyandiko ze zitavugwaho rumwe. Muhoozi, umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni, amaze imyaka myinshi ari umwe mu banyapolitiki n’abayobozi ba gisirikare bavugisha cyane rubanda binyuze ku mbuga […]

Gen Muhoozi yasabye imbabazi Amerika

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda (UPDF), Jenerali Muhoozi Kainerugaba, yasabye imbabazi Leta Zunze Ubumwe za Amerika nyuma yo kuyishinja, mu butumwa yashyize ku rubuga rwa X (Twitter), gufasha umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, wari umaze iminsi avugwa nk’uwaburiwe irengero. Mu butumwa yasohoye nyuma y’igihe gito ashyize ahagaragara ayo magambo, Jenerali […]

Cap Ibrahim Traoré yasenye amashyaka yose ya politike

Ubutegetsi bwa gisirikare buyoboye Burkina Faso bwatangaje ko buseshe amashyaka yose ya politiki yo mu gihugu, ndetse bukanakuraho amategeko yayagengaga, nk’uko byemejwe n’itegeko ryemejwe na Guverinoma ku wa Kane. Iki cyemezo kije gikurikira izindi ngamba zitandukanye zafashwe n’ubu butegetsi kuva bwafata ubutegetsi binyuze muri coup d’État yo mu 2022, aho abaharanira uburenganzira bwa muntu bavuga […]

UPDF yahakanye ko iri guhiga Bobi Wine

Ingabo za Uganda (UPDF) zahakanye ibivugwa ko zirimo guhiga Perezida w’ishyaka National Unity Platform (NUP) akaba n’uwigeze kwiyamamariza kuyobora igihugu, Robert Kyagulanyi Ssentamu, uzwi cyane nka Bobi Wine. Ibi byatangajwe na Colonel Chris Magezi, Umuvugizi w’Agateganyo w’Umugaba Mukuru w’Ingabo, nyuma y’uko Kyagulanyi avuze ko ingabo zagabye igitero ku rugo rwe mu ntangiriro z’icyumweru gishize, bigatuma  […]

Abasirikare b’u Burusiya babohewe ku biti bacuritse ndetse bambaye n’ubusa

Mu mashusho akomeje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga, bivugwa ko abayobozi b’igisirikare cy’u Burusiya bagaragaye bahana abasirikare babiri bashinjwaga guta inshingano no kutubahiriza amabwiriza ku rugamba rwo muri Ukraine. Ayo mashusho, bivugwa ko yafashwe hafi y’ahari imirwano, agaragaza abasirikare bombi bambitswe ubusa bw’imbere gusa, baziritswe ku biti mu mbeho ikabije. Umwe muri bo yari amanitswe umutwe […]

Igisubizo cya Green Party ku bayishinja gukorera mu kwaha kwa FPR-Inkotanyi

Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda), rivuga ko kuba FPR-Inkotanyi hari ibyo ishobora kuvuga rikaba ryabyemera bitavuze ko rikorera mu kwaha kwayo. DGPR yavuze ibi isubiza abiganjemo abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda bakunze kugaragaza ko mu Rwanda nta ‘opozisiyo’ ihaba, bagashinja amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi gukorera mu kwaha kwa […]

Sonia Rolland asanga RDC yari kuba ikize ku isi iyo yemera gukorana n’u Rwanda

Sonia Rolland, umukinnyi wa filime wanabaye Nyampinga w’u Bufaransa mu 2000, yavuze ko iyo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikorana n’u Rwanda kuva mu myaka 30 ishize, uyu munsi iba ari cyo gihugu gikize kurusha ibindi muri Afurika. Yabitangaje mu kiganiro cyanyuze kuri YouTube ya Les Funérailles des Tabous, aho yasobanuye ko imwe mu mpamvu […]

Wizkid agiye kwiyamamariza kuba perezida wa Nigeria

Umuhanzi w’icyamamare muri Nigeria Ayodeji Ibrahim Balogun, uzwi nka Wizkid, yateje impaka zikomeye ku mbuga nkoranyambaga nyuma y’uko hasohotse amashusho avuga ko ashobora kwiyamamariza kuyobora Nigeria. Aya mashusho yasakaye ku wa 8 Mutarama 2026, agaragaza Wizkid ari kumwe n’inshuti n’umuryango, avuga ibijyanye na politiki mu buryo busa n’urwenya ariko bufite amagambo akomeye yatunguye benshi. Mu […]

Ndayishimiye yasubiriye u Rwanda 

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yongeye kwibasira u Rwanda mu ijambo risoza umwaka wa 2025 yaraye agejeje ku baturage b’igihugu cye. Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi muri iryo jambo yavuze ko ashimishijwe n’uko igihugu cye kibanye neza n’ibihugu byo mu karere baturanye, usibye u Rwanda yeruye ko bafitanye inzika. Ati: “Ku bireba igihugu cy’u Rwanda, ntitunejejwe […]

Green Party yasoje ibikorwa bigenewe abarwanashyaka byari bimaze amezi 10

Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda, Democratic Green Party of Rwanda, kuri iki cyumweru tariki ya 28 Ukuboza ryasoje ibikorwa birimo inama n’amahugurwa ryari rimaze igihe rikorera hirya no hino mu gihugu. Ni ibikorwa byasorejwe mu karere ka Nyamagabe mu ntara y’Amajyepfo. Muri Gashyantare uyu mwaka ni bwo ubuyobozi bwa ririya shyaka bwatangiriye […]

Senateri Dr. Habineza yatorewe kuyobora amashyaka arengera ibidukikije ku Isi

Umuyobozi w’Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda, Senateri Dr. Frank Habineza, yatorewe kuba umuyobozi w’amashyaka arengera ibidukikije ku Isi (Global Greens). Itorwa rya Senateri Dr. Habineza ryemejwe n’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’amashyaka ya Global Greens, izo nshingano akaba agomba kuzifatanya n’umunya-Suéde, Bodil Valero wongeye gutorwa. Global Greens isobanura Senateri Dr. Frank Habineza nk’umuntu ufite “ubumenyi […]

Jenerali w’u Burusiya yaturikiye mu modoka 

Umujenerali w’ingabo z’u Burusiya yapfiriye mu gitero cya bombe cyatezwe imodoka ye mu murwa mukuru Moscow, nk’uko byemejwe n’inzego z’umutekano z’icyo gihugu. Komite y’Ubugenzacyaha y’u Burusiya yatangaje ko Lt Gen Fanil Sarvarov, wari ufite imyaka 56, yapfuye mu gitondo cyo ku wa Mbere nyuma y’uko igisasu giturika cyari cyatezwe munsi y’imodoka ye gituritse. Sarvarov yari […]

Bénin: Uwahoze ari Minisitiri w’Ingabo afunzwe akekwaho kugira uruhare muri Coup d’État yapfubye

Mu gihugu cya Bénin, uwahoze ari Minisitiri w’Ingabo ndetse n’umunyapolitiki ukomeye utavuga rumwe n’ubutegetsi, Candide Azannai, yashyizwe muri gereza by’agateganyo mu rwego rw’iperereza ku gikorwa cyo gushaka guhirika ubutegetsi cyaburijwemo mu ntangiriro z’uku kwezi k’Ukuboza. Nk’uko byatangajwe na AFP, Azannai akurikiranyweho ibyaha birimo gucura umugambi wo guhungabanya Leta no gushishikariza abaturage kwigomeka ku butegetsi, nyuma […]

Hon. Bazivamo Christophe mu bayobozi bashya ba FPR-Inkotanyi

Ishyaka FPR-Inkotanyi kuri uyu wa Gatanu tariki ya 19 Ukuboza ryemeje abayobozi baryo bashya, barimo Hon. Bazivamo Christophe wakoze imirimo itandukanye muri Guverinoma nka Minisitiri ndetse na Ambasaderi. Bazivamo na bagenzi be bemerejwe mu nama nkuru ya 17 ya FPR yabereye ku cyicaro gikuru cy’iri shyaka i Rusororo. Ni inama yayobowe na Perezida Paul Kagame, […]

Hari icyizere cy’uko mu matora ataha tuzabona amajwi ahagije: Hon. Mugisha wa Green Party

Ubuyobozi bw’Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda), rivuga ko inama zikomatanyije n’amahugurwa bumaze igihe bukorera hirya no hino mu gihugu zabuhaye icyizere cy’uko ririya shyaka rizabona amajwi ahagije ndetse rigatsindira imyanya myinshi mu matora yo muri 2029. Byatangajwe na Komiseri Mukuru muri iri shyaka, Hon. Mugisha Alexis, ubwo […]

Ykee Benda yakoze impanuka agiye kwamamaza Perezida Museveni

Umuhanzi w’icyamamare muri Uganda, Ykee Benda, ari mu mashimwe nyuma yo kurokoka impanuka ikomeye y’imodoka ubwo yari mu rugendo rwo gushyigikira ibikorwa byo kwamamaza Perezida Yoweri Museveni. Iyi mpanuka yabaye ku wa Mbere, tariki ya 8 Ukuboza 2025, ubwo Ykee Benda n’itsinda rye bari berekeje mu Karere ka Kyegegwa mu Ntara y’Iburengerazuba bwa Uganda, aho […]

Burkina Faso yafunze abasirikare 11 ba Nigeria

Leta ya Burkina Faso yatangaje ko yafashe indege ya gisirikare ya Nigeria yo mu bwoko bwa C-130 yari itwaye abasirikare 11, ikavuga ko yinjiye mu kirere cyayo mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Amakuru yatangajwe n’Ikigo cy’Amakuru cya Burkina Faso mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Umuryango w’Ibihugu byo muri Sahel (Alliance des États du Sahel – AES), avuga […]

U Burundi bwijumditse u Rwanda kubera Ingabo zabwo zikomeje kwicirwa muri Congo

Guverinoma y’u Burundi yashinje u Rwanda gukomeza “ibikorwa bihungabanya umutekano” ku mupaka ubuhuza na Repubulika ya Demokarasi ya Congo, inerura ko ingabo zabwo ziri ku butaka bwa Congo zitazavayo kugeza igihe akazi kazijyanye kazaba karangiye byuzuye. Byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Bizimana Edouard, mu kiganiro ku Cyumweru gishize yahaye abahagarariye ibihugu byabo n’imiryango […]

Tshisekedi yashyize ibirego ku Rwanda mu ijambo yavugiye mu Nteko Ishinga Amategeko 

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagejeje ijambo ku mitwe yombi y’Inteko Ishinga Amategeko y’igihugu cye ryaranzwe no gushyira ibirego ku Rwanda. Tshisekedi yavuze iryo jambo nyuma y’iminsi mike we na Perezida Paul Kagame bashyize umukono ku masezerano y’amahoro, mu muhango wabereye imbere ya Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe […]

Perezida Museveni agiye gukomorera Facebook muri Uganda

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje ko guverinoma iri gusuzuma uburyo bwa nyuma bwo kongera gufungura urubuga rwa Facebook, rumaze imyaka irenga itanu rufunze mu gihugu. Urubuga Facebook rwigeze kuba urubuga ruyoboye mu itumanaho, ubucuruzi no kwamamaza kuri interineti muri Uganda, rwahagaritswe mu gihe cy’amatora yo mu 2021. Kuva icyo gihe, Abanya-uganda barenga miliyoni […]

Ndayishimiye na we azaherekeza Perezida Kagame na Tshisekedi kwa Trump

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yemeje ko ateganya kwerekeza i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ahazabera umuhango wo kwemeza amasezerano y’amahoro y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ni umuhango byitezwe ko uzabera i Washington ku wa Kane tariki ya 4 Ukuboza, ahategerejwe ba Perezida Paul Kagame na Félix Antoine Tshisekedi. […]

Ndayishimiye yongeye kwikoma Perezida Kagame 

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yongeye kwikoma mugenzi we Paul Kagame w’u Rwanda, amushinja kwinjiza impunzi z’Abarundi ziba mu Rwanda mu gisirikare mbere yo kuzohereza kurwana mu mutwe wa AFC/M23 yavuze ko ufite Icyicaro Gikuru cy’Ingabo i Kigali. Ndayishimiye yongeye guzura ibi birego kuri Perezida Kagame ubwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye mu biro bye, […]

Umwe muri ba Perezida ba EAC azaherekeza Perezida Kagame na Tshisekedi i Washington 

Perezida William Samoei Ruto wa Kenya, biravugwa ko azitabira umuhango wo kwemeza amasezerano y’amahoro u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byasinyanye mu mezi atanu ashize uzabera i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Kwemeza ariya masezerano yashyizweho umukono ku wa 27 Kamena uyu mwaka, bizakorwa na ba Perezida Paul Kagame w’u Rwanda […]

RDC yasabye SADC ubufasha bwo kotsa u Rwanda igitutu 

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yasabye umuryango wa SADC kuyifasha gushyira igitutu ku Rwanda, kugira ngo rubashe gucyura ingabo ivuga ko ziri ku butaka bwayo. Kinshasa yatanze ubu butumwa biciye muri Perezida mushya w’Inteko Ishinga Amategeko yayo, Aimé Boji Sangara, ubwo yari mu nama y’ihuriro ya Komite Nshingwabikorwa y’Inteko Ishinga Amategeko y’umuryango wa SADC yabereye […]

Ukraine yaturikije MI-8 y’Uburusiya

Ingabo za Ukraine zatangaje ko zagushije helikopteri y’igisirikare cy’Uburusiya yo mu bwoko bwa Mi-8 mu gace ka Rostov, bakoresheje drone yo mu bwoko bwa deep-strike, ku nshuro ya mbere kuva intambara yatangira. Ibyo byatangajwe n’Urwego rw’Abasirikare bihariye rwa Ukraine (SSO) ku rubuga rwa Telegram kuri uyu wa 23 Ugushyingo, nubwo batanatangaje amatariki n’amakuru arambuye y’igikorwa […]

RDC: ADF yishe abasivile 89

MONUSCO itangaza ko abarwanyi ba ADF bifitanye isano n’umutwe wa Islamic State bishe abantu 89 mu bitero byinshi byabaye hagati ya tariki ya 13 na 19 Ugushyingo muri Lubero, mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Gatanu, MONUSCO ivuga ko abaguye muri ibyo bitero barimo nibura abagore 20 ndetse n’abana bataramenyekana […]

Kera kabaye Sudan yemeye ibiganiro by’Amerika na Arabia Saudite 

Sudan yongeye gutanga icyizere gishya mu rugendo rwo gushaka amahoro nyuma y’imyaka ibiri y’intambara imaze gusenya igihugu. Ubuyobozi bwa Sudan buyobowe na Jenerali Abdel Fattah Abdelrahman al-Burhan bwatangaje ko bwiteguye gukorana bya hafi na Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Arabia Saudite kugira ngo habeho inzira ihamye ijyana igihugu mu mahoro arambye. Ubutumwa bwa Burhan: […]

Minisitiri Nduhungirehe yahoberaniye na Maxime Prévot w’u Bubiligi i Kigali

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga ndetse n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaye ahoberana na mugenzi we w’u Bubiligi, Maxime Prévot uri mu Rwanda. Abakuru ba dipolomasi z’ibihugu byombi bahuriye i Kigali, aho bari bitabiriye inama ya ba Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga b’ibihugu bigize Umuryango Mpuzamahanga w’ibikoresha ururimi rw’Igifaransa yahabereye ku wa Gatatu tariki ya 18 Ugushyingo 2025. Amashusho yafashwe […]

Abasirikare n’umupolisi bashatse kwica Perezida wa Brazil bakatiwe

Urukiko rw’Ikirenga rwa Braziliya rwakatiye abasirikare batatu n’umupolisi igifungo hagati y’imyaka 21 na 24, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gutegura umugambi wo kwica Perezida Luiz Inacio Lula da Silva mbere y’uko arahirira kuyobora igihugu. Uyu mugambi wari ugamije gukuraho amajwi y’amatora yo mu 2022 aho Lula yatsinze uwari Perezida, Jair Bolsonaro, wari uhagarariye ibitekerezo by’uruhande […]

Icyo IMF ivuga ku birego Leta y’u Rwanda iregwa byo gusesagura umutungo wa rubanda

Raporo nshya yashyizwe ahagaragara n’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF) mu Ukwakira 2025 yerekana ishusho itandukanye cyane n’ibivugwa n’abakunze kunenga uko u Rwanda rukoresha umutungo rusange. Mu gihe bamwe mu barwanya ubutegetsi bavuga ko amafaranga ya Leta akoreshwa nabi, cyane cyane mu mishinga minini y’ibikorwa remezo, IMF ivuga ko mu by’ukuri u Rwanda ruri mu bihugu bikeya […]

DR Congo mu bihugu Ubwongereza bugiye guhagarikira viza

U Bwongereza burateganya gufatira ibihano Angola, Namibia na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) mu gihe bitafatanya nayo mu kugarura abaturage babyo binjiye muri icyo gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Ibi bihugu bishobora guhagarikirwa gutanga viza ku baturage babyo barimo ba rwiyemezamirimo, ba VIP n’abasura u Bwongereza niba bidashyize imbaraga mu kwakira abimurwa. Ibi biri […]

Mike Pompeo yagizwe umujyanama w’uruganda rwa gisirikare rwo muri Ukraine

Uwabaye umunyamabanga wa Leta wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mike Pompeo, yinjiye mu nama njyanama y’uruganda rwa gisirikare rwa Ukraine rwitwa Fire Point, ruzwi cyane kubera drones zishobora kugera kure cyane zirasa mu ntera ndende mu gihugu cy’u Burusiya. Ibi bibaye mu gihe urwo ruganda rukiri gukorwaho iperereza ry’inyerezwa ry’imitungo no mu micungire y’amasezerano. […]

U Rwanda rwatesheje agaciro imyanzuro y’inama ya CIRGL yabereye kwa Tshisekedi 

Leta y’u Rwanda yatesheje agaciro imyanzuro y’Inama Mpuzamakungu y’Ibihugu byo mu karere k’Ibiyaga Bigari (CIRGL) iheruka kubera i Kinshasa, igaragaza ko ntacyo ivuze ku makimbirane akomeje kubera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ni bwo iriya nama yabaye, yitabirwa n’abakuru b’ibihugu barimo Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, João […]

U Burundi buravuga ko bukwiye kwicara ku meza y’ibiganiro by’u Rwanda na RDC

Guverinoma y’u Burundi iravuga ko ikwiye kwinjizwa mu biganiro by’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kugira ngo izibe icyuho amasezerano y’amahoro ibihugu byombi byasinyanyiye i Washington yasize. Gitega yemeje ko yifuza kwinjira muri ibi biganiro biciye muri Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wayo, Bizimana Édouard, mu kuganiro aheruka kugirana na Deutsche Welle. Ku wa 27 […]

Mali yahagaritse ibitangazamakuru 2 byo mu Bufaransa

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Itangazamakuru muri Mali (HAC) rwatangaje ko ruhagaritse imiyoboro ibiri y’Abafaransa, LCI na TF1, rubashinja gutangaza amakuru atarimo ukuri ku kibazo cy’ihagarikwa ry’ibikomoka kuri peteroli. Mu ibaruwa HAC yandikiye abatanga serivisi z’amashusho mu gihugu kuwa 13 Ugushyingo, ruvuga ko aya muyoboro yombi yakoze “ibirego bitapimwe n’ibinyoma” mu kiganiro cyo kuwa 9 Ugushyingo, birimo […]

Liberia yemereye Abanyarwanda kwinjira no gusohoka nta Viza

Leta ya Liberia, binyuze mu Ishami ry’Abinjira n’Abasohoka (Liberia Immigration Service – LIS), yatangaje ko Abanyarwanda batagikeneye viza kugira ngo binjire cyangwa basohoke muri Liberia. Ibi byatangajwe mu itangazo ryashyizweho umukono na Elijah F. Rufus, Komiseri Mukuru wa LIS, ku wa 11 Ugushyingo 2025. Iyi politiki nshya ishingiye ku masezerano yasinywe ku wa 10 Nzeri […]

Utavugarumwe n’ubutegetsi bwa Tunisia yajyanwe mu bitaro nyuma yo kwigaragambya kuri Leta

Utavugarumwe na Leta yo muri Tuniziya ufungiwe muri gereza yajyanywe mu bitaro nyuma yo kubura imbaraga kubera kwishora mu myigaragambyo yo kwanga ibiryo. Umuryango wa Jawhar Ben Mbarek watangaje ko yajyanywe mu bitaro kubera kugira umwuma ukabije, ubwo ubuzima bwe bwakomezaga kuba bubi nyuma y’iminsi irenga ibiri mu myigaragambyo yo kwanga kurya. Ben Mbarek, umwe […]

Abantu 29 bapfiriye mu gitero karundura Uburusiya bwagabye muri Ukraine

Umurwa mukuru wa Ukraine, Kyiv wagabweho igitero gikomeye mu gitondo cyo ku wa 14 Ugushyingo. Kugeza ubu, abantu 29 bamaze kwemezwa ko bapfuye, nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’umujyi. Meya wa Kyiv, Vitaly Klitschko, yanditse kuri Telegram ko: “Ingabo zishinzwe kurinda ikirere zirimo gukora i Kyiv. Ni igitero gikomeye umwanzi yagabye ku murwa mukuru.” Amakuru akomeje avuga ko […]

Minisitiri Kayikwamba yigaramye ubufasha bwa FARDC kuri FDLR

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Thérèse Wagner Kayikwamba, yahakanye ko nta bufasha igihugu cye giha umutwe w’iterabwoba wa FDLR urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda. Kayikwamba yabitangarije mu kiganiro yagiranye na Televiziyo ya Al Jazeera. Ni nyuma y’uko muri Kamena uyu mwaka RDC yasinyanye n’u Rwanda amasezerano y’amahoro, nyuma y’ibiganiro ibihugu byombi byahurijwemo […]

Abanyakenya barenga 200 bari kurwana mu ntambara y’Uburusiya na Ukraine 

Abantu basaga 200 bo muri Kenya barimo kurwana ku ruhande rwa Russia mu ntambara iri kubera muri Ukraine, kandi hari abandi bashobora kongerwa mu mirwano, nk’uko byatangajwe n’inzego z’igihugu. Muri abo barimo n’abahoze mu nzego z’umutekano za Kenya, nk’uko byemejwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Musalia Mudavadi. Bamwe mu bakuweyo basanze barakoreshwaga mu gukora drones no […]

FDLR yagiye i Kinshasa kwiga gukoresha drone bisabwe na Leta ya Kongo

Uwahoze ari umusirikare wa FDLR witwa Mbale Hafashimana yatangaje amabanga akomeye ku itsinda ryihariye ry’uyu mutwe ryitwa CRAP Unit, ryashinzwe gukora ibikorwa by’iterabwoba mu Rwanda no gufasha ingabo za Kongo (FARDC) mu ntambara ziri mu burasirazuba bwa RDC. Mu kiganiro yagiranye na Kigali Today, Hafashimana yavuze ko CRAP Unit igizwe n’abarwanyi bagera kuri 600, batoranyijwe […]

Ubudage bwafunze ikihebe cya Hamas cyari cyigiye kwica abayahudi bo mu Burayi

Mu ijoro ryo ku wa 11 Ugushyingo 2025, Ubushinjacyaha Bukuru bw’Ubudage bwategetse ifatwa by’agateganyo rya Borhan El-K., ukomoka muri Libani, ukekwaho kuba umunyamuryango w’umutwe w’iterabwoba mpuzamahanga HAMAS. Ifatwa ryabaye ku muhanda wa A17, ubwo ukekwaho yinjiye mu Budage avuye muri Repubulika ya Czheck. Ubushinjacyaha buvuga ko Borhan El-K. yagizemo uruhare mu gutegura ibitero by’iterabwoba mu […]

Gen. Muhoozi yasabye Kenya kubaha uburenganzira ku nyanja vuba na bwangu 

Umuhungu wa Perezida wa Uganda akaba n’umuyobozi w’ingabo z’igihugu, General Muhoozi Kainerugaba yongeye gushyigikira amagambo aherutse kuvugwa na se, Perezida Yoweri Museveni, avuga ko Uganda ikwiye kugira uburenganzira bwo kugera ku Nyanja y’Abahinde. Mu butumwa bwe bwumvikanamo ubwirasi, Muhoozi yagize ati: “Kenya igomba kuduhereza vuba inzira ituganisha ku Nyanja y’Abahinde. Nitabikora, bizateza ibibazo bikomeye mu […]

Nicolas Sarkozy yarekuwe

Urukiko rw’i Paris rwatangaje ko rwemeye kurekura by’agateganyo Nicolas Sarkozy, wahoze ari Perezida w’u Bufaransa, mu gihe ategereje kuburana ubujurire ku rubanza yakatiwemo igifungo cy’imyaka itanu. Ibi byatangajwe kuri uyu wa Mbere, tariki ya 10 Ugushyingo 2025. Sarkozy, wayoboye u Bufaransa kuva mu 2007 kugeza mu 2012, yari afunzwe nyuma yo guhamywa ibyaha bijyanye n’amafaranga […]

Perezida wa Zambia yatewe amabuye ari ku rubyiniro

Ku wa gatandatu tariki ya 8 Ugushyingo 2025, Perezida wa Zambia, Hakainde Hichilema yatewe amabuye n’abaturage bari bamuteze amatwi mu gikorwa cyabereye mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’igihugu, bituma abashinzwe umutekano bamuhungisha vuba cyane. Perezida Hichilema yari yagiye mu mujyi wa Chingola, mu ntara ya Copperbelt, gusura abaturage no kureba ingaruka z’inkongi y’umuriro yari yibasiye isoko rya […]