U Rwanda rwiteze inyungu mu mushinga wo gutwara amaraso atabara imbabare hifashishijwe Drones
U Rwanda rwiteze inyungu mu mushinga wo gutwara amaraso atabara imbabare hifashishijwe utudege duto tutagira umudereva, ari two bise ‘Drones’, tugiye gutangira gukoreshwa ku buso bwa 60% bw’igihugu cyose. Ibi byatangajwe nyuma y’umuhango w’isinywa ry’amasezerano hagati ya Ministeri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga na Sosiyete y’Abanyamerika yitwa ZIPLINE, ari na yo izazana kandi ikajya ikoresha utwo tudege. Drone, […]
Burundi: Abahoze muri CNDD-FDD bitandukanyije nayo baba bashinze irindi shyaka bise PPD
Abahoze mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi bakaba baritandukanyije naryo nyuma y’aho ibibazo byatangijwe n’icyemezo cya perezida Nkurunziza cyo kwiyamamariza manda ya gatatu bitangiriye, biravugwa ko kuri ubu baba bamaze gushinga ishyaka ryabo. Aya makuru urubuga rwo mu Burundi rwitwa Burundi24 ruvuga ko rukesha urundi rwitwa burundiindependent.com, aravuga ko abahoze muri CNDD-FDD bitandukanyije […]
Abasirikare 3 b’Abarundi birukanwe mu ngabo za MINUSCA kubera ubwicanyi bashinjwa
Abasirikare 3 b’abarundi bari basanzwe bari mu butumwa bw’amahoro mu ngabo z’umuryango w’abibumbye muri Centrafrica (MINUSCA) birukanwe kubera ibyaha bashinjwa, ibyaha bifitanye isano n’ubwicanyi bumaze iminsi bubera mu Burundi. Nk’uko byatangajwe n’ingabo za MINUSCA, ngo abasirikare 3 b’abarundi bafite amapeti yo ku rwego rwa majoro birukanwe kubera ibyaha by’ubwicanyi bumaze iminsi bubera mu gihugu cy’u […]
Polisi y’u Rwanda yinjiye mu rugamba rwo kurwanya Malaria
Nk’uko iterambere ry’ ubuzima ari kimwe mu byo ishyira imbere, Polisi y’u Rwanda yongereye ubukangurambaga bwo kurwanya Malaria muri gahunda zayo zo kurengera ubuzima bw’abanyarwanda. Nk’uko umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda , Assistant Commissioner of Police (ACP) Celestin Twahirwa abitangaza, ubukangurambaga bwo kurwanya Malaria ni inyongera ku bukangurambaga butandukanye Polisi y’u Rwanda isanzwe ikora mu […]
Uganda yasubije imodoka zibwe mu Bwongereza zisaga 24 mu gihe u Rwanda rwasubije imwe
Imodoka zisaga 24 bikekwa ko zibwe mu Bwongereza zikazanwa muri Uganda kuri uyu wa kabiri zasubijwe abayobozi b’u Bwongereza n’Ikigo cy’igihugu cy’imisoro (URA). Izi modoka zifite agaciro k’amamiliyari y’amashilingi ya Uganda zari ziganjemo izo mu bwoko bwa Range Rovers, Audi, Beattles na Lexus, zafatiwe mu mukwabu wiswe Navigation wo muri Nyakanga 2015. Zimwe muri izi […]
RDC: 15 basize agatwe mu mirwano yashyamiranyije FDLR na Mai Mai
Abantu 15 bishwe abandi 5 barakomereka mu mirwano yashyamiranyije umutwe wa FDLR na Mai Mai NDC/Renove de Guidon. Iyo mirwano ikaba yarabereye i Mukeberwa muri territoire ya Lubero muri Kivu ya Ruguru ku cyumweru tariki ya 7 Gashyantare 2016. Umuyobozi wa Teritoire ya Lubero Bokele Joy avuga ko abakomerekeye muri iyi mirwano boherejwe kuvurirwa mu […]
Minisitiri Mushikiwabo yatangarije abasenateri uko umubano w’u Rwanda n’ibindi bihugu wifashe muri iki gihe
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo yasobanuriye abagize Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe wa Sena uko umubano w’u Rwanda n’ibindi bihugu wifashe agaragaza ko muri rusange umubano n’ibindi bihugu wifashe neza usibye igihugu cy’u Burundi. Hari mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 09 Gashyantare aho minisitiri Mushikiwabo yabanje kuganira n’abasenateri mu muhezo mbere […]
Umusirikare wari umaze iminsi 6 yararengewe n’urubura yatabawe ari muzima bifatwa nk’igitangaza cy’Imana
Umusirikare umwe ukomoka mu gihugu cy’ubuhinde, yatabawe ari muzima nyuma y’iminsi 6 yararengewe n’urubura, inshuti n’abavandimwe bararize barihanagura biyumvisha ko yapfuye. Nk’uko byatangajwe na Leta y’Ubuhinde, ngo mu cyumweru gishize nibwo abasirikare 10 barengewe n’urubura(neige) ahitwa Siachen agace k’urubura rwinshi, ubuyobozi bukaba butizeraga ko hari n’umwe buzasanga agihumeka. Nk’uko byatangajwe na Gén D.S. Hooda, kuri […]
Biravugwa ko habonetse urutare rutanga amafaranga mu karere ka Rulindo
Nyuma yaho bihwihwishijwe ko hari urutare rurimo kuruka amafaranga mu Murenge wa Cyungo, Akagari ka Marembo mu Mudugudu wa Rusayu ho mu karere ka Rulindo, abantu benshi bakomeje kujya gusura urwo rutare ariko bagategereza ko aza bagataha amara masa. Aya makuru yagiye avugwa niyo yatumye abantu benshi bakomeza kugenda basura uru rutare, umutangabuhamya yagize ati: […]
Kenya: Umukinnyi w’urusimbi wariye karungu yivuganye abakozi 2 ba Casino yakiniragamo nawe aricwa
Umukinnyi w’urusimbi mu mujyi wa Nairobi ho mu gihugu cya Kenya yakebutse yashiriwe mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri maze ahita yadukira abayobozi babiri ba Casino yakiniragamo arabatemagura kugeza bapfuye nyuma y’uko yari amaze gutakaza 30,000 by’Amashilingi ya Kenya. Uyu mugabo witwa John Muchanga nawe yaje kwicwa n’igihiriri cy’abantu ubwo yageragezaga gutera undi muyobozi […]
Gen Didier Nyambariza yatangaje aho bageze urugamba bise urwo guhirika Perezida Nkurunziza
Gen Didier Nyambariza umwe mu basirikare bahunze igihugu nyuma agatangaza ko yashinze umutwe wa gisirikare wo kuzagaruka mu gihugu ku ngufu uje guhirika Perezida Nkurunziza w’u Burundi ku butegetsi, kuri ubu yatangaje aho urugamba barugeze bitegura kugaruka. Gen Nyambariza yabanje kugaruka cyane ku bwicanyi bumaze iminsi bukorwa mu Burundi, ubu bwicanyi akaba abuvuga nk’ubushingiye ku […]
Rulindo:Abanyeshuri ba APAPEC-Murambi bigishijwe ububi bw’ibiyobyabwenge
​Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu karere ka Rulindo, Senior Superintendent of Police (SSP) Felix Bizimana, mu mpera z’icyumweru gishize, yagiranye inama n’abanyeshuri bagera kuri 400 biga muri Association des Parents pour la Promotion de l’Education et Culture- Murambi (APAPEC-Murambi) abigisha ubwoko bw’ibiyobyabwenge, ingaruka mbi zabyo, kandi abakangurira kubyirinda no guha Polisi y’u Rwanda amakuru […]
RDC: Amakimbirane hagati y’Abahutu n’Abanande yaguyemo abantu 21 abandi 40 barakomereka — Loni
Byibuze abantu 21 barishwe, abandi 40 barakomereka mu gihe ingo zirenga 10 nazo zatwitswe nyuma y’ibitero byagabwe ku bahutu bo mu burasirazuba bwa Congo nk’uko byatangajwe n’Umuryango w’Abibumbye kuri uyu wa Mbere ugaragaza impungenge z’ubwiyongere bw’amakimbirane ashingiye ku moko. Ibi bitero byo muri iyi weekend ishize bikaba ari ibiheruka byaranze amakimbirane hagati y’Abahutu n’andi moko. […]
Muhanga: Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare bakanguriwe kubahiriza amategeko y’umwuga wabo
​Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare bagera kuri 400 bakorera mu mujyi wa Muhanga, mu murenge wa Nyamabuye, bakanguriwe kubahiriza amategeko agenga umwuga wabo kugira ngo birinde gukora cyangwa guteza impanuka mu muhanda. Ibi babikanguriwe mu mpera z’icyumweru gishize, mu nama yabereye mu kagari ka Gahogo, ikaba yarabahuje na Inspector of Police (IP) Claver […]
Virus Zika yageze mu gihugu cya Uganda.
Nyuma yo gushegesha ibihugu bya Amerika y’epfo cyane cyane igihugu cya Colombie aho yibasiye abagore batwite 3000 igateza abana babo kuvukana ubumuga bw’umutwe no kugira inenge y’ubwoko budashyitse, ubu iyi virus ya Zika yamaze kwambuka amazi magari igaruka muri Uganda mu gace ka Entebbe aho abahanga bavuga ko ariho yaba yarakomotse. Nyuma yo kuva muri […]
Museveni ubu arashaje si uwo guteza intambara — Dr Kiiza Besigye
Museveni ubu arashaje si uwo guteza intambara. Ayo ni amwe mu magambo umukandida w’ishyaka FDC, Dr Kiiza Besigye, abwira abamaze iminsi bakwiza poropaganda zivuga ko Museveni naramuka atsinzwe amatora azahita ateza intambara. “Museveni ubu arashaje si uwo guteza intambara”, uwo ni Dr Besigye wakomeje yibaza ati: “Ni gute yarwana?” “Ntimwumve iterabwoba ry’uko Museveni natsindwa amatora, […]
Dr James Gatera wayoboraga BK kuva mu 2007 yasimbujwe Dr Diane Karusisi
Uwari umuyobozi wa Banki ya Kigali kuva mu 2007, Dr Gatera James yakuwe ku mwanya we asimburwa na Dr Diane Karusisi nk’uko bigaragara mu itangazo ryashyizweho umukono n’Umuyobozi w’inama y’ubutegetsi ya BK, Marc Holtzman n’Umunyamabanga w’iyi Banki, Shivon Byamukama, rivuga ko Banki ya Kigali yemeye ubwegure bwa Dr Gatera, wayoboraga BK kuva mu 2007. Iri […]
Umuyobozi mukuru w’iperereza rya Gisirikare yirukanywe mu mirimo ye
Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ingabo w’Ikirenga yirukanye Major Gen Rutatina wari usanzwe uyoboye iperereza rya Gisirikare (J2) ndetse anahinduranya ku myanya abandi basirikare bakuru bahita batangira imirimo mashya bakimara gutangazwa. Dore uko aba basirikare bakuru bahinduriwe inshingano Nk’uko tubikesha urubuga rwa Minisiteri y’ingaboGen Major Jacques Musemakweli wayoboraga abarinda umukuru w’igihugu ni we ubaye Umugaba […]
U Burusiya buravuga ko bwaburijemo ibitero bya Islamic State muri Moscow n’ahandi
Leta y’u Burusiya iratangaza ko yataye muri yombi abantu barindwi bo mu mutwe wa Islamic State bateguraga kugaba ibitero muri Moscow, Saint Petersburg ndetse no mu karere ka Sverdlovsk. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na serivisi zishinzwe umutekano w’igihugu, haravugwamo ko abo bantu bafatiwe mu mujyi wa Urals wo mu ntara ya Yekaterinburg, aho bivugwa ko […]
Nasho: Umugabo n’umugore bafatanyije kwica umwana wabo
Ku wa gatandatu tariki ya 6 Gashyantare 2016, nibwo umurambo w’umwana w’imyaka 5 watahuwe mu rufunzo rwa Nasho ruherereye mu karere ka Kirehe, Umurenge wa Mpanga mu kagari ka Nasho , se w’uyu mwana akaba atangaza ko ari we wamwishe afatanyije n’umugore we. Mazimpaka Patrick ni we se w’uwo mwana wishwe, akaba yaratangaje ko uwo […]
Internet y’u Rwanda yaba yagabweho igitero na ba rushimusi
Agatsiko kiyise Anonymous kagizwe n’abahanga mu kwinjira mu mabanga abitse muri za mudasobwa bazwi nka Hackers mu cyongereza karavuga ko kagabye igitero ku mbuga zifite aho zihuriye na guverinoma y’u Rwanda nubwo mu Rwanda batarabyemeza. Nk’uko bigaragara mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’aka gatsiko kabinyujije ku ishami ryako ryitwa World Hacker Team, kavuga ko kagabye igitero […]
Uganda: Perezida Museveni ndetse na UPDF barasabwa kuzigengesera mu bihe by’amatora na nyuma yayo
Ibihugu bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Bwongereza, ibihugu bibiri byafashije perezida Museveni kuguma ku butegetsi, byasohoye itangazo bisaba perezida Museveni kuzirengera ingaruka zishobora guterwa no kuzakoresha imbaraga yica abantu bazigaragambya nyuma y’amatora. Igisirikare cya Uganda, UPDF, nacyo cyaburiwe kutazivanga mu bikorwa byo guhiga bukware abazigaragambya, ibintu byatumye umugaba w;ingabo za Uganda, Katumba Wamala […]
Huye: Urubyiruko rw’abakorerabushake mu kwicungira umutekano rwasabwe kuzirikana inshingano zarwo
​Ku itariki 5 Gashyantare, umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu karere ka Huye, Senior Superintendent of Police (SSP) Francis Muheto yagiranye inama n’abagize ihuriro ry’urubyiruko Nyarwanda rw’abakorerabushake mu kwicungira umutekano (Rwandan Youth Volunteers in Community Policing- RYVCP) bagera kuri 40 bo muri aka karere, abasaba kurushaho gukangurira abandi kwirinda ibyaha aho biva bikagera. SSP Muheto […]
Tanzaniya yemeye ko icumbikiye abasirikare 40 bacitse igisirikare cy’u Burundi
Leta ya Tanzaniya yemeje amakuru yavugwaga ariko adafite gihamya ko yaba icumbikiye abasirikare 40 b’Abarundi bacitse mu gisirikare cy’u Burundi. Minisitiri ushinzwe ibibazo by’abinjira n’abasohoka, Charles Kitwanga, yasobanuye ko aba basirikare bagera kuri 40 babafite muri Tanzaniya nk’izindi mpunzi zose z’abarundi ziri muri iki gihugu. Yakomeje avuga ko aba basirikare bakambitse mu nkambi y’impunzi ya […]
Gen. Lafourcarde wari uyoboye Operation Turquoise aricuza Abatutsi bo mu Bisesero bishwe yarashoboraga kubatabara
Umwe mu bayobozi b’ingabo z’u Bufaransa zari muri Operation Turquoise mu Rwanda mu 1994 yasobanuye mu kwezi gushize uruhare rwe ndetse n’urw’ingabo z’u Bufaransa mu gihe cya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, imbere y’ubutabera bw’u Bufaransa. Gen. Jean Claude Lafourcarde yumviswe n’umucamanza Claude Choquet kuwa 12 no kuwa 14 Mutarama nk’umutangabuhamya wiboneye ibyabaye n’amaso ye, […]
Perezida Kabila yarunze abasirikare mu mujyi abuza abakongomani kubyina intsinzi y’igikombe cya CHAN
Mu gihe ibyishimo byari byose mu mujyi wa Kigali, abafana b’ikipe ya Congo babyina intsinzi y’igikombe cya CHAN, abaturage bari bari muri Congo bo babujijwe kubyina intsinzi bahezwa mu ngo zabo. Nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru Popafro cyo muri Congo, Perezida Kabila ubu uri mu mwaka we wa nyuma wa manda ze, ngo niwe watanze itegeko ku […]
Icyo Polisi y’u Rwanda itangaza ku mutekano wagaragaye muri CHAN
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko ishimira abitabiriye Shampiyona y’Ibihugu ya Afurika(CHAN) uburyo bitwaye kugirango irushanwa ryose rigende neza. U Rwanda nirwo rwakiriye iri rushanwa ku nshuro yaryo ya kane, rikaba ryaratangiye ku italiki ya 16 Mutarama 2016 rigomba kumara ibyumweru bitatu kuko ryarangiye ejo ku cyumweru (7/02/2016), rikaba ritegurwa n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF). […]
Burundi: Ubwicanyi bwongeye gukaza umurego, abantu 9 bishwe mu majoro 2
Mu gihe hari hashize iminsi haticwa abantu benshi mu Burundi, kuri ubu ubwicanyi busa nk’ubwongeye gukaza umurego dore ko mu majoro abiri hamaze kwicwa abantu 9. Mu ijoro ryo kuwa Gatandatu tariki ya 6 Gashyantare 2016, mu gace ka Kinama hatewe gerenade 3 zihitana abantu 4 abandi 12 barakomereka, muri abo bahitanwe nazo harimo umwana […]
Uganda: Abanyamakuru 2 ba BBC batawe muri yombi n’igipolisi
Ku mugoroba wo kuri uyu wa gatandatu igipolisi cya Uganda cyataye muri yombi abanyamakuru babiri ba BBC World mu majyaruguru ya Uganda. Abatawe muri yombi nk’uko amakuru yageraga kuri Chimpreports avuga bakaba ari umunyamakuru Catherine Byaruhanga ndetse na cameraman we, Kelvin Brown. Uyu Kevin akaba yari gafotozi wa BBC ushinzwe Afurika n’Uburasirazuba bwo Hagati. Iyi […]
Abaturage bujuje ibisabwa ngo bitorere abayobozi barasabwa kuzazinduka kandi bagatora mu kinyabupfura
Guhera ku isaha ya Saa moya za mugitondo kuri uyu wa Mbere tariki 08 Gashyantare 2016 Abanyarwanda bagejeje ku myaka yo gutora baraba bari mu gikorwa cyo gutora abayobozi ku nzego zitandukanye uhereye ku rwego rw’umudugudu kugeza ku murenge. Abemerewe gutora barasabwa kujya gutora bujuje ibisabwa byose, kugira ngo hatazagira ubuzwa kuzuza inshingano ze n’uburenganzira […]
Polisi y’u Rwanda ifunze abagabo 4 bakurikiranyweho kugerageza kwiba miliyoni 30,5
Polisi y’u Rwanda ifunze abagabo bane bakurikiranyweho kugerageza kwiba miliyoni 30,5 bakoresheje sheki y’impimbano bayavanye muri Banki y’ubucuruzi ya Kenya (KCB) bayimurira muri Banki ya Kigali (BK). Nk’uko Assistant Commissioner of Police (ACP) Celestin Twahirwa akaba n’umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda abitangaza, ngo aba bagabo bahimbye sheki y’umukiliya wa KCB yagombaga kwimurira amafaranga angana na […]
Korea ya Ruguru yarashe igisasu cya kirimbuzi(missile) none byateye impagarara Ubuyapani, Amerika,…
Korea ya ruguru yateye igisasu cya kirimbuzi (missile) kigera kure mu kirere, bivugwa ko ari igeragezwa rya missile bisanzwe bibujijwe. Television ya Leta yavuze ko Korea ya ruguru yarashe icyo gisasu ndetse ko icyo gikorwa cyo gushyira icyo gisasu mu kirere cyagenze neza cyane. Icyo gikorwa cyamaganwe mbere na mbere n’Ubuyapani, Korea y’Epfo na Amerika, […]
Habyarimana, Ndadaye, Sankara na Kadhafi ku rutonde rw’abaperezida ba Afurika bishwe bagambaniwe n’u Bufaransa
Kuva mu 1963 abaperezida barenga 22 bo muri Afurika bari bakiri ku butegetsi bagiye bicwa ku kagambane k’igihugu cy’u Bufaransa abenshi bakaba bari abo mu bihugu bwakolonije cyangwa bwabaga bufite ijambo muri politiki yabyo. Uheruka kwivuganwa akaba ari perezida Kadhafi wa Libya wishwe ku kagambane k’inzego z’ubutasi z’u Bufaransa zirimo SDECE, DGSE na DST bivugwa […]
Abasirikare barindaga Gen Pontien Gaciyubwenge wahunze ashinjwa ubugambanyi ngo bafungiye ahatazwi
Mu gihe bitangazwa ko mu Burundi hakomeje kugaragara ibibazo by’umutekano muke, igikomeje gutera inkeke benshi ni itabwa muri yombi rya bamwe mu bashoferi n’abarindaga umutekano w’abayobozi muri polisi n’igisirikare ubu bahunze igihugu kubera kutavuga rumwe na Perezida Nkurunziza. Bivugwa ko urwego rushinzwe iperereza mu Burundi ari rwo rwirirwa ruta muri yombi cyane cyane abashoferi batwaraga […]
Umugaba mukuru wa FDLR, Lt Gen. Sylvestre Mudacumura yaba aherutse kurusimbuka — Raporo y’Impuguke za Loni
Mu gihe ibikorwa bya gisirikare byo kurwanya imitwe yitwaje intwaro mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo bivugwaho kugenda biguruntege, muri kivu y’Amajyaruguru Sokola II yarakomeje, aho mu mpera z’umwaka ushize, ingabo za congo, FARDC zabashije kwigarurira ibirindiro bikuru bya FDLR ku Gasozi ka Rushihe muri Teritwari ya Walikale ndetse n’ibindi birindiro by’ahitwa Mumo, ariko umugaba mukuru […]
Nyagatare: Abantu 4 bafunze bakekwaho guha ruswa abapolisi
Mu gihe Polisi y’u Rwanda ndetse n’izindi nzego za Leta bakomeje urugamba rwo kurwanya ruswa n’ibisigisigi byayo, hari bamwe mu baturage batarumva ko ruswa itemewe mu Rwanda ndetse ihanwa n’amategeko kuko , ku itariki ya 5 Gashyantare 2016, Polisi ikorera mu karere ka Nyagatare yafashe abagabo 4 bakekwaho guha ruswa abapolisi. Turihiwe Alexandre w’imyaka 31 […]
Bujumbura: Abantu bitwaje intwaro bagabye igitero hicwa abantu 4
Abantu bakekwa ko ari 4 nibo bamaze kwitaba Imana nyuma y’igitero cyagabwe n’abantu batazwi mu gace ka Gikoto, zone ya Musaga muri Bujumbura. Iki gitero cyabaye mu ijroro ryo kuwa Gatanu bishyira kuwa Gatandatu, abamaze kumenyekana ko bishwe ni bane naho abandi batatu bakaba barakomeretse. Amakuru atangwa na bamwe mu baturage baturiye ako gace kabereyemo […]
Kamonyi: Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare biyemeje kugira uruhare mu kurwanya ibiyobyabwenge
​Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare bagera ku 50 bibumbiye mu Koperative yitwa “Twizamure” bo mu murenge wa Runda, mu karere ka Kamonyi, bakanguriwe kurwanya ibiyobyabwenge mu gihe bakora imirimo yabo ya buri munsi ndetse no hanze y’akazi bakora. Ibi babikanguriwe mu nama bagiranye na Superintendent of Police (SP) Donald Kinani , umuyobozi wa […]
Muri Brasil abagore batwite babujijwe gusomana
Mu gihe muri Brasil harimo kubera iserukiramuco (Carnival) abahanga mu bushakashatsi bavumbuye agakoko kandurira mu gusomana kitwa “Zika virus”, abo bashakashatsi bavuga ko ako gakoko gafatira mu macandwe no mu nkari bityo bihanangiriza abagore batwite muri Brasil kwirinda gusomana. ikigo gikora ubushakashatsi muri Brasil Oswaldo Cruz Foundation, kihanangirije abagore batwite ko bagomba kwirinda gusomana n’abantu […]
Nyabihu: Abaturage bakanguriwe kwirinda amakimbirane
​Abaturage bo mu kagari ka Jaba, mu murenge wa Mukamira, ho mu karere ka Nyabihu bakanguriwe kwirinda amakimbirane ayo ari yo yose no gutanga amakuru ku gihe y’abayafitanye kugira ngo bagirwe inama y’ukuntu bayakemura. Ibi babikanguriwe ku itariki 4 Gashyantare mu kiganiro bahawe na Assistant Inspector of Police (AIP) Marie Rose Uwizera, akaba ashinzwe imikoranire […]
EALA yanze ko u Burundi bwirukanwa muri EAC.
Inteko ishinga amategeko y’umuryango w’ibihugu bya Afurika y’Uburasirazuba EALA yanze kwakira icyifuzo cyo gukura u Burundi mu muryango wa Afurika y’ Uburasirazuba EAC nk’uko byari byasabwe n’amashyirahamwe adaharanira inyungu za politiki muri Afurika y’u Burasirazuba afatanyije n’ishyirahamwe ry’abacamanza muri uyu muryango (PALU : Pan African Lawyers Union). Aya mashirahamwe yari yasabiye uBurundi ko bwafatirwa ibihano […]
Abakora umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto bakomeje kugaragaza uruhare mu gukumira ibyaha
​Abakora umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto bakomeje kugaragaza uruhare rwabo mu kwicungira umutekano, ibyo bikaba bigaragarira mu bikorwa bitandukanye bajya bakora nko gushyiraho amahuriro agamije kurwanya no gukumira ibyaha. Abakorera uyu mwuga mu murenge wa Jenda, mu karere ka Nyabihu, bibumbiye muri Cooperative de Taxi Motos Kabatwa- Nyabihu (COTAMOKANYA), ku itariki 4 Gashyantare, na […]
RDC: Abarwanyi ba Mai Mai basize agatwe mu mirwano yabashyamiranyije na FARDC
Abasirikare babiri ba Mai Mai bishwe undi umwe arakomereka naho abaturage batuye aka gace bose barahunga. Ni mu mirwano ikaze imaze iminsi ishyamiranyije uyu mutwe n’ingabo za FARDC mu gace ka Opala mu ntara ya Tshopo. Iyi mirwano yatangiye ku itariki ya 31 Mutarama 2016 igeza ku munsi w’ejo mu duce twa Yabale — Congo […]
UA : Abaperezida bane na Minisitiri w’intebe bagiye gukura ku izima Perezida Nkurunziza
Mu gushaka gukura ku izima Perezida Nkurunziza kugira ngo yemere ibiganiro ndetse n’uko mu Burundi hakoherezwa ingabo zo kugarura amahoro, Umuryango w’ubumwe bwa Afurika (AU)wohereje mu Burundi abakuru b’ibihugu bane na Minisitiri w’intebe ngo babonane na Perezida Nkurunziza baganire kuri ibi bibazo byombi. Abaperezida boherejwe ni Perezida wa Mauritaniya Mohamed Ould Abdel Aziz, uwa Afurika […]
Ubuhamya: Urupfu rwa Col.Muammar Kadhafi rwamukuye umutima runamusigira icyasha
Ali Mohamed yari umusirikare mu ngabo za Libya, avuga ibyamubayeho ku buryo n’ubu yarwaye ihungabana, utanga ubuhamya bwe yagira ati: “ yahuye n’abasirikare ba Libya bizeraga cyane Kadhafi, yashenguwe n’iyo ntambara yahitanye Kadhafi, intambara yatumaga barasa amasasu menshi ku bavandimwe babo. Ali Mohamed afite ibimenyetso bigaragara, iyo yumvishe urusaku rw’amasasu ahita ashiduka, akaboko ke kihutira […]
Iperereza:Igisirikare cya FARDC kiravugwaho kwica abasirikare ba MONUSCO
Raporo y’ibanga yakozwe n’inzobere za ONU ku kibazo cya RDC yashyizwe ahagaragara ku munsi w’ejo irashyira mu majwi ingabo za FARDC kwica abasirikare ba Monusco babiri ikanakomeretsa abandi 26 bose b’abanya Tanzaniya nyuma y’aho bavugiweho gufasha inyeshyamba za ADF NALU. Izi nzobere zivuga ko abasirikare ba MONUSCO ku itariki ya 5 Gicurasi umwaka ushize wa […]
Centrafrique:Abasirikare ba Congo Brazaville bagiye gucyurwa iwabo nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu
Ubuyobozi bwa ONU muri Centrefrique bwafashe icyemezo cyo gushyira mu nkambi yihariye abasirikare 120 baketsweho gufata ku ngufu mu gihe bari gukorwa amaperereza ku byaha byo gufata ku ngufu abagore n’abakobwa bakiri bato. . Raporo yashyizwe hanze n’Umuryango wita ku burenganzira bwa muntu Human Right Watch kuri uyu wa Kane, igaragaza abandi basirikare ba Congo […]
Mali: Ibirindiro bya MINUSMA muri Tombouctou byabyutse bigabwaho igitero gikaze
Agatsiko k’abantu bitwaje ibirwanisho mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 5 Gashyantare 2016, babyutse bagaba igitero ku birindiro by’ingabo z’Umuryango w’Abibumbye muri Mali zibumbiye muri MINUSMA, ahitwa Tombouctou mu majyaruguru ya Mali, aho ubwo iyi nkuru yashyirwaga ahagaragara mu kanya gashize byavugwaga ko imirwano igikomeje nk’uko Reuters ivuga. Iki gitero ngo cyije […]
Kamonyi: Polisi y’u Rwanda yakanguriye abanyeshuri kwirinda ibiyobyabwenge n’ibindi byaha
​Polisi y’u Rwanda mu karere ka Kamonyi, ku itariki 4 Gashyantare 2016, mu kigo cyitwa Groupe Scolaire Ruyumba kiri mu murenge wa Nyamiyaga, mu karere ka Kamonyi , yagiranye inama n’abanyeshuri bagera kuri 350, ibigisha ubwoko bw’ibiyobyabwenge, ingaruka zabyo kandi ibakangurira kubyirinda no kugira uruhare mu kurwanya inyobwa, itundwa n’icuruzwa ryabyo kimwe no kurwanya ibindi […]
Imyaka 30 Museveni amaze ku butegetsi nta kintu kizima yakoze- Amama Mbabazi
Uwahoze ari Minisitiri w’intebe wa Uganda, Amama Mbabazi yashimangiye ko mu myaka 30 Perezida Museveni amaze ku butegetsi nta kintu gifatika yakoze ahubwo ko yakabaye afata ikiruhuko k’izabukuru. Amama Mbabazi ubwo aherutse kujya kwiyamamariza mu mujyi wa Kiboga ku kibuga cya Ssaza yabwiye abamushyigikiye ko mu myaka Perezida Museveni amaze ayobora Uganda ntacyo yamariye abaturage, […]
Ngo hari abarwanyi ba FDLR bakizeye ko amaherezo u Rwanda ruzemera gushyikirana nabo bagataha bemye
Mu ntangiriro za 2014, ngo hari abegereye inyeshyamba z’Abanyarwanda zo mu mutwe wa FDLR baturutse mu miryango yo muri Afurika ndetse n’ibihugu bimwe bazumvisha ko zizafashwa zikagirana ibiganiro na leta y’u Rwanda, ariko bazibwira ko kugirango ibyo bigerweho ari uko zabanza zikarambika hasi ibirwanisho. Aba bantu babashije kwemererwa n’izi nyeshyamba zibarizwa mu mutwe ufatwa nk’umwe […]
Uganda: Perezida Museveni ngo ashobora kwivugana Amama Mbabazi na Dr Kiiza Besigye
Perezida wa Uganda Yoweri K. Museveni amaze iminsi atangaje ko imbehe ye ari Uganda kandi uzashaka kuyimena nawe azamumena. Ibi yabitangaje mu bikorwa byo kwiyamamaza aho yibanze kuri Patrick Amama Mbabazi na Dr Kiiza Besigye bari kumwe mu kwiyamamaza ku ruhande rumurwanya avuga ko iminsi yabo ibaze. Yifashishije umurongo wo muri Bibiliya uvuga ko umwana […]
Gisagara: Abaturage bigishijwe ububi bw’ibiyobyabwenge
​Abatuye mu kagari ka Ndora, ko mu murenge wa Ndora, mu karere ka Gisagara, bigishijwe ububi bw’ibiyobyabwenge,kandi basabwa kubyirinda no kubirwanya. Ibi babikanguriwe ku itariki 2 Gashyantare mu nama bagiranye na Inspector of Police (IP) Marie Chantal Uwambaye, akaba ashinzwe imikoranire ya Polisi y’u Rwanda n’abaturage ndetse n’izindi nzego hagamijwe ubufatanye mu kurwanya no gukumira […]
U Burundi bwiteguye kwemerera ababyifuza kujya kureba ahavugwa ko hashyinguwe abantu mu byobo rusange
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Burundi, Alain Nyamitwe aravuga ko icyemezo cy’abakuru b’ibihugu bya Afurika cyo kutohereza ingabo mpuzamahanga mu Burundi ari ubutumwa ibi bihugu byahaye ibihugu bimwe na bimwe by’i Burayi bw’uko bishatse byakwisubiraho mu bijyanye n’umubano bifitanye n’u Burundi. Bwana Alain Nyamitwe avuga ko nyuma y’iperereza ry’ubutabera u Burundi buzemerera ababyifuza bose kujya kwirebera […]
U Burundi bugiye kuganira n’u Bubiligi nibinanirana barwane
Nyuma y’aho Minisitri w’ububanyi n’amahanga w’u Bubiligi, Didier Reynders avuze ko Niba u Burundi budashyikiranye n’ababurwanya u Bubiligi buzagaba igitero ku Burundi,Vice Perezida w’u Burundi Gaston Sindimwo yatangaje ko bagiye gusubukura ibiganiro na leta y’u Bubiligi bagacoca ibibazo bafitanye byananirana bakegura intwaro bakarwana. Ku munsi w’ejo Tariki ya 4 Gashyantare, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Bubiligi, […]
London: Umusore wivuganye Umugandekazi amaze kumusambanya yakatiwe imyaka 27 y’igifungo
Umusore witwa Kibisu w’umukanishi w’imyaka 23, wafashe ku ngufu ndetse akica umugandekazi wabaga mu Bwongereza wari umunyamategeko witwa Elisabeth Nnyanzi w’imyaka 31, yakatiwe igifungo cy’imyaka 27. Nyakwigendera akaba yaranizwe kugeza apfuye mu mwaka ushize nyuma yo kwanga kuryamana na Kibisu . Ibi bikaba byarabereye iwabo wa nyakwigendera ahitwa Harrow, mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’umujyi wa London. […]
RDC:Abahutu n’Abanande batemaguranye bakoresheje imihoro bakizwa na MONUSCO
Abasirikare ba MONUSCO bashinzwe kugarura amahoro n’umutekano muri RDC, nibo bahosheje imirwano y’imihoro yavuzaga ubuhuha hagati y’abaturage bo mu bwoko bw’Abahutu n’aba Nande, ubwoko buturanye ariko butajya bwumvikana. Nk’uko bitangazwa na radiyo Okapi dukesha iyi Nkuru, yatangaje ko MONUSCO yatabaye ikoresha ibirwanisho byayo irasa amasasu menshi mu kirere kugirango ihoshe iyo mirwano. Yatangaje ko ubu […]
Kigali: Perezida Kagame yakiriye Li Yong uyobora iterambere ry’inganda muri UN
Kuri uyu wa kane tariki ya 4 Gashyantare 2016, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye Li Yong umuyobozi mukuru wa United Nations Industrial Development Organization (UNIDO) , watangaje ko yaje mu Rwanda azi neza ko ari igihugu kimaze gutera intambwe mu bigendanye no guha umurongo mwiza iterambere ry’inganda. Li Yong yatangaje ko yishimiye ibiganiro yagiranye […]
Gupima no guhemba abakobwa b’amasugi byatangiye kwamaganwa muri Afrika y'epfo
Nyuma y’aho imwe mu ntara za Afurika y’epfo ifatiye icyemezo cyo guhemba abakobwa bakiri amasugi mu rwego rwo kurinda ikwirakwiza ry’agakoko gatera SIDA, Umwe mu baminisitiri muri iki gihugu yamaganiye kure iki cyemezo avuga ko kidakurikije amategeko kandi ko kibangamiye uburenganzira bwa muntu. Mu kwezi gushize , ubuyobozi bw’umujyi wa Uthukela mu ntara ya Kwazulu-Natal, […]
Uganda: Gen David Sejusa ashobora gukatirwa imyaka 7 y’igifungo naramuka ahamwe n’ibyaha ashinjwa
Gen David Sejusa wahoze ari umukuru w’inzego z’ubutasi za Uganda kuri ubu akaba ari kubarizwa muri Gereza ya Luzira, ashobora gukatirwa igifungo cy’imyaka 7 naramuka ahamwe n’ibyaha bigera kuri 6 akurikiranweho n’ubutabera. Gen Sejusa kuri uyu wa Kabiri ushize nibwo yagejejwe Mu Rukiko Rukuru rwa Gisirikare muri Makindye ashinjwa ibyaha byo gusuzugura, guta akazi nta […]