Kigali: Abageni baraye mu Kagali nyuma yo kubura aho kurara

Mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, abageni bashya baraye ku biro by’Akagari ka Rwampara nyuma yo kubura aho bataha ku munsi w’ubukwe bwabo. Byaje kugaragara ko umugabo yari yarabwiye umugore ko afite inzu i Nyamirambo bazabamo, ariko nyuma bikaza kumenyekana ko atari byo. Ibi byabaye ku wa Kane tariki ya 12 Gashyantare 2026. […]

Yavuye mu Budage asanga nyirarume yariye amafaranga yo kumwubakira inzu

Umugabo w’Umunyakenya wari umaze imyaka igera kuri 15 atuye kandi akorera mu Budage yagarutse mu gihugu cye afite inzozi zo gutaha mu rugo rwe rushya, ariko ibyo yari yarategereje bihinduka inkuru y’akababaro. Uyu mugabo avuga ko mu gihe cy’imyaka irenga 10, yakoraga cyane mu Budage yohereza amafaranga menshi kuri nyirarume we, amwizeye nk’umuntu wo mu […]

Abakobwa miliyoni 4.5 bazasiramurwa muri 2026

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku baturage (UNFPA) rivuga ko nibura abakobwa miliyoni 4.5 bashobora kuzahura n’ikibazo cy’isiramurwa mu mwaka wa 2026. UNFPA igaragaza ko ku isi hose abagore n’abakobwa bagera kuri miliyoni 230 bamaze gukorerwa iri hohoterwa, rifatwa nk’ikorwa rinyuranyije n’uburenganzira bwa muntu. Nubwo hari aho bikorwa n’abakozi bo mu rwego rw’ubuvuzi, UNFPA ivuga ko […]

Bakubiswe kugeza bapfuye nyuma yo gukundana badahuje idini

Abaturage bo muri leta ya Uttar Pradesh mu Buhinde batangajwe kandi bababazwa n’urupfu rw’agahomamunwa rw’umusore n’umukobwa bakundanaga ariko badahuje idini, bishwe bazira urukundo rwabo. Uyu mukobwa witwa Kajal, wari ufite imyaka 19 akaba yari Umuhindu, n’umusore witwa Mohammad Arman w’imyaka 27 wari Umu- Islam, basanzwe bapfuye, imibiri yabo ihambwe hafi y’umugezi uherereye hafi y’umudugudu wa […]

Afunzwe azira gukuraho igisenge cy’umupangayi we wanze kumuvira mu nzu

Polisi ya Leta ya Rivers muri Nigeria yataye muri yombi umuturage wo muri Ghana witwa Samuel Frimpong, ushinjwa gusakambura (gukuraho igisenge) inzu y’uwari umupangayi we Anozie Tochukwu mu gace ka Mgbuoba, mu Karere ka Obio/Akpor. Polisi ivuga ko Frimpong yakuyeho igisenge cy’inzu y’uwari umupangayi we nyuma y’uko yanze kumuvira mu nzu nyuma y’igihe cy’iminsi 14 […]

Uruhinja rwavukanye umudali wa Kiliziya

Mu Karere ka Gomba, mu mudugudu wa Saali, havutse umwana w’umuhungu watunguye abaturage n’igihugu muri rusange, nyuma yo kuvugwa ko yavutse afashe umudali wa Mutagatifu Antuwani wa Padua mu kiganza cye. Uyu mwana yavutse ku wa Mbere, tariki ya 2 Gashyantare 2026, avukana n’uwo mudali w’idini rya Gatolika ugaragaza Mutagatifu Antuwani atwaye Umwana Yezu, ibintu […]

Yibye banki kugira ngo ajyanwe muri gereza gutorokesha umugore we

Umugabo w’imyaka 71 witwa Lawrence John Ripple, wigeze kwiba banki mu mujyi wa Kansas City muri Leta ya Kansas avuga ko yabikoze agamije kujyanwa muri gereza aho kuba mu rugo iwe, yakatiwe igihano cyo gufungirwa mu rugo amezi atandatu, aho gufungirwa muri gereza. Ripple yari yemeye icyaha cyo kwiba banki muri Mutarama 2017, icyaha gihanishwa […]

Yabyariye mu kazi atazi ko atwite

Umugore ukorera ikigo gitwara imizigo FedEx muri Leta ya Iowa muri Amerika yakiriye inkuru itunguranye cyane, nyuma yo kwibarukira mu kazi atazi ko atwite. Amethyst Blumberg, umukozi wa FedEx, ku wa Mbere tariki ya 26 Mutarama 2026, yumvise atamerewe neza mu mubiri maze ajya mu bwiherero. Icyo atari azi ni uko uwo mwanya wari ugiye […]

Yigize umukozi wa FBI ajya gufunguza uwishe umukozi wa leta

Umugabo wo muri Leta ya Minnesota, witwa Mark Anderson (ufite imyaka 36), yatawe muri yombi akurikiranyweho kwiyitirira kuba umukozi wa Leta ya Amerika (FBI), nyuma yo gukekwaho kugerageza gucikisha Luigi Mangione muri gereza i New York, nk’uko amakuru aturuka mu nzego z’umutekano abivuga. Anderson akurikiranyweho kuba yarageze ku Metropolitan Detention Center (MDC) i Brooklyn, avuga […]

Umugabo n’umugore bishimuse kugira ngo babone Miliyoni 10

Abashakanye batuye mu mujyi wa Lagos muri Nigeria, bazwi ku mazina ya Fred na Goodness, batawe muri yombi n’inzego z’umutekano bakekwaho guhimba inkuru y’ishimutwa ryabo bagamije kwaka amafaranga angana na miliyoni 10 z’ama-naira mu miryango yabo n’inshuti. Amakuru dukesha PUNCH Metro avuga ko aba bashakanye bishimuse ku wa 7 Mutarama 2026, bagatangira guhamagara bene wabo […]

Yahawe inzu yakodeshaga kubera kwishyura ku gihe

Umugore wo mu mujyi wa Melbourne yakoze benshi ku mutima nyuma yo kuragwa inzu yari amazemo imyaka irenga 23 ayikodesha, bitewe n’ubudahemuka n’imyitwarire myiza yamurangaga mu buzima bwe bwa buri munsi. Jane Sayner yatangiye gukodesha inzu ifite ibyumba bibiri byo kuraramo mu gace ka St Albans guhera mu mpera z’imyaka ya 1990. Nyir’inzu, John James […]

Yagizwe umwere n’urukiko nyuma y’imyaka 70

Urukiko rwo mu Ntara ya Dallas rwatangaje ku mugaragaro ko Tommy Lee Walker, umunyamerika w’umwirabura wari warakatiwe igihano cy’urupfu kubera icyaha cyo gufata ku ngufu no kwica umuzungukazi witwaga Venice Parker, yagizwe umwere, nyuma y’imyaka 70 yari amaze afunzwe. Walker yari afite imyaka 19 gusa ubwo yakatirwaga urwo rubanza mu 1954, maze akicwa mu 1956. […]

Yemeye gufungwa aho gusubiza Miliyoni 272 zayoberejwe kuri konti ye

Muri Nigeria, umugabo witwa Ojo Eghosa Kingsley, umukiriya wa First Bank, yisanze mu kibazo gikomeye cy’amategeko nyuma y’uko iyi banki iyobereje kuri konti ye amafaranga angana miliyari 1.5 Aho kumenyesha banki cyangwa gusubiza ayo mafaranga, Kingsley bivugwa ko yayakoresheje ku nyungu ze bwite hagati ya Kamena na Ugushyingo 2025. Ibi byatumye Urwego rushinzwe kurwanya ibyaha […]

Yuriye inzu y’amagorofa 101 nta migozi cyangwa umutaka

Umukinnyi w’umunyamerika uzwi mu kuzamuka ahahanamye, Alex Honnold w’imyaka 40, yakoze amateka nyuma yo kuzamuka inyubako ndende kurusha izindi muri Taiwan, Taipei 101, adakoresheje umukandara w’umutekano (harness) cyangwa insinga zo kumufata, aba abaye umuntu wa mbere ubikoze. Abantu amagana n’amagana bateraniye hafi y’iyo nyubako ubwo Honnold yatangiraga urugendo rutoroshye rwo guterera Taipei 101, ifite uburebure […]

Yarongoye abagore 2 icyarimwe – Amafoto

Umugabo witwa Mampomo Jeannot Sylvain yakoze amateka adasanzwe, ashakana ku mugaragaro n’abagore be babiri mu muhango wabereye ku biro bya Douala I Council, igikorwa Umuyobozi w’Umujyi (Mayor) yavuze ko ari gake cyane abona ibintu nk’ibyo mu kazi ke. Uyu muhango wabaye mu mpera z’icyumweru, witabirwa n’imiryango yombi, aho Mampomo Jeannot Sylvain yasezeranye n’abagore be Tchoumo […]

Musanze: Akarere kahakanye amakuru yavugaga ko Bikira Mariya yabonekeye mu giti

Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze bwanyomoje byimazeyo amakuru yari yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga avuga ko habaye ibonekerwa rya Bikira Mariya Nyina wa Yesu mu giti giherereye muri aka karere. Aya makuru yatangiye gusakazwa ku gicamunsi cyo ku wa 17 Mutarama 2026, bituma abaturage benshi bahurura bajya kureba igiti giherereye mu Murenge wa Gataraga, bakeka ko cyagaragayemo […]

Ghana: Kwima uwo mwashyingiranwe ni icyaha

Muri Ghana, inzego z’umutekano n’ubutabera zatangaje ko kwima uwo mwashakanye imibonano mpuzabitsina mu buryo buhoraho bishobora gufatwa nk’ihohoterwa rishingiye ku marangamutima, bikaba byakurikiranywa n’amategeko. Abayobozi basobanuye ko iyo umwe mu bashakanye cyangwa abakundana akomeje kwima undi uburenganzira bwo kuryamana nta mpamvu zifatika, uwahohotewe yemerewe gutanga ikirego kuri polisi, dosiye igashyikirizwa inkiko ikaburanishwa hashingiwe ku mategeko […]

Ababyeyi bagabye igitero ku ishuri maze birukana abarimu ndetse banafunga ikigo

Ababyeyi n’abaturage bo mu Karere ka Kisii muri Kenya bateye ishuri rya St Thomas Raganga Secondary School nyuma y’uko abanyeshuri baryo bose batsinze nabi mu bizamini bya Leta bya KCSE 2025. Ku wa Mbere tariki ya 12 Mutarama 2026, ababyeyi binjiye mu kigo, birukana abarimu barimo n’umuyobozi w’ishuri, banakinga inyubako y’ubuyobozi. Ababyeyi bavuze ko bababajwe […]

Yagiye mu bwiherero bumugwa hejuru ari gukora ibikomeye

Umugabo w’imyaka 42 wo mu Karere ka Mansa ho muri Zambia yarokowe ari muzima nyuma y’uko ubwiherero bwa gakondo bumuguyeho ubwo yari arimo akora ibikomeye. Ibi byabaye ku wa Gatandatu ahagana saa saba z’amanywa n’iminota 53, mu Mudugudu wa Chitakwa. Uwo mugabo witwa Paul Kunda, bivugwa ko yaguye mu mwobo w’ubwiherero wapimaga metero 1.5 kuri […]

Yaguye igihumure nyuma yo kwiha kumara amasaha 80 ahobeye igiti

Umugabo wo mu karere ka Murang’a witwa Pasiteri Jimmy (James) Irungu, w’imyaka 30, yaguye igihumure nyuma yo kumara amasaha 79 n’iminota 40 ahobeye igiti, mu gikorwa yari agamije kurenza agahigo ka mbere k’amasaha 72 kari karashyizweho n’umugore witwa Truphena Muthoni. Ibi byabaye ubwo Irungu yari hafi kurangiza iki gikorwa cy’amasaha 80, aho abaturage bari bateraniye […]

Umuhanzi Ebo Noah arafunzwe

Polisi ya Ghana yemeje ko yafashe Evans Eshun, uzwi cyane ku izina rya Ebo Noah, wamenyekanye cyane nyuma yo kubaka inkuge nyinshi avuga ko yazubatse ku mabwiriza y’Imana, ahamya ko isi izarengerwa n’amazi ku munsi wa Noheli. Mu itangazo Polisi yashyize ku rubuga rwayo rwa interineti ku wa Gatatu tariki 31/12/2025, yavuze ko Eshun yafashwe […]

Ubuhanuzi bwa Ebo Noah y’uko isi yari kurangira kuri Noheli bwapfubye

Umugabo wo muri Ghana witwa Ebo Noah, wamenyekanye cyane ku mbuga nkoranyambaga no mu bitangazamakuru bitandukanye kubera kubaka inkuge nini imeze nk’ubwato (ark) no guhanura umwuzure wari guhitana isi guhera tariki 25 Ukuboza, yasobanuye impamvu ibwo buhanuzi butasohoye. Ebo Noah yatangiye kuvugwa cyane muri Kanama uyu mwaka, nyuma yo gutangaza ko Imana yamuhaye ubutumwa bumubwira […]

Umugore yashyingiranywe n’ifoto yakozwe na AI (AMAFOTO)

Yurina Noguchi w’imyaka 32 yashyingiranywe n’umugabo we wa AI witwa Lune Klaus Verdure, yaremye ashingiye ku mukinnyi wo mu mukino wa video (video game) abifashijwemo na ChatGPT. Mu muhango wabereye i Okayama, Noguchi yarebaga umugabo we kuri telefoni binyuze mu madarubindi ya augmented reality, maze bagahana impeta nk’abandi bashakanye basanzwe. Indahiro z’umugabo wa AI zasomwe […]

Umugabo yasenye inzu yubakiye inshoreke nyuma yo kumenya ko itwitwe

Ku wa Mbere, tariki ya 15 Ukuboza 2025, habaye inkuru yateje impaka nyinshi ku mbuga nkoranyambaga nyuma y’uko umucuruzi umwe asenye inzu yari yarubakiye umugore bakundanaga mu ibanga, nyuma yo kumenya ko atwite inda y’undi mugabo. Amakuru aturuka hafi y’aho byabereye avuga ko uwo mucuruzi yumvise ahemukiwe bikomeye, maze agafatwa n’umujinya ukabije. Nyuma yo kumenya […]

Yahombye Miliyoni 12 Frw ubwo yashakaga gukora Chapati nini ku isi

Umunyabugeni ukora amashusho y’ibirangaza ukomoka muri Uganda, Raymond Kahuma, yatangaje ko yahombye miliyoni 12 Frw nyuma y’uko umushinga we wo gukora chapati nini kurusha izindi ku isi uhombye. Kahuma, wifuzaga kwandikisha izina rye mu gitabo cya Guinness World Records, yakoreye imyiteguro yose muri Kenya, aho umushinga wamaze iminsi myinshi utegurwa, uhereye ku kubaka ahantu ho […]

Umugabo mubi ku isi yizihije imyaka 22 amaze arongoye

Baguma Godfrey, uzwi nka Ssebabi, umwe mu bantu bazwi cyane muri Uganda, hamwe n’umugore we Namande Cate, bazihije isabukuru y’imyaka 22 bamaze bashyingiwe. Mu gusangiza abantu urugendo rwabo rw’ubukwe, Cate Namande yavuze ko yarongowe n’uyu mugabo ubwo yari afite imyaka 18 gusa. Icyo cyemezo cye cyakurikiwe n’amarangamutima menshi n’amarushanwa y’imiryango n’inshuti, bamwe bibazaga impamvu yihisemo […]

Bakoze ubukwe bambaye imyenda y’ishuri

Emmanuel Friday Joseph na Grace Gideon Akpan bo muri Nigeria bakoze ubukwe budasanzwe bwavugishije benshi nyuma y’imyaka 18 bakundana. Icyatangaje abantu benshi ni uko mu mafoto y’ubukwe bwabo bifotoje bambaye impuzankano y’ishuri ryisumbuye bamenyaniyemo, nk’urwibutso rw’aho urukundo rwabo rwatangiriye. Urukundo rwabo rwatangiye ubwo bombi bigaga muri Comprehensive Secondary School Ediene Abak. Emmanuel wari ugeze mu […]

Ubujura budasanzwe i Paris bwatangaje isi yose

Inzu ndangamurage ya Louvre yo mu Bufaransa, imwe mu zisurwa cyane ku isi, yafunzwe by’agateganyo nyuma y’uko abajura b’umwuga bayibyemo imirimbo y’akataraboneka. Ku cyumweru mu gitondo hagati ya saa 03:30 n’iya 03:40 (GMT), abantu bane bitwaje imodoka ifite urwego ruzamura abantu hejuru binjiye muri Galerie d’Apollon, igice cy’iyi nzu gikungahaye ku mirimbo y’ibwami, baciye ku […]

Yanyaye kuri Alitari ya Bazilika ya Mutagatifu Petero ubwo hasomwaga misa 

Umugabo utatangajwe amazina yafashwe n’inzego z’umutekano za Vatican nyuma yo kunyara kuri Alitari nkuru ya Bazilika ya Mutagatifu Petero i Roma, ubwo hasomwaga Misa yitabiriwe n’imbaga y’abizera. Byabaye mu gitondo cyo ku wa Gatanu, ubwo uwo mugabo yacaga mu rihumye abashinzwe umutekano maze yegera Alitari nkuru, ahantu Papa asanzwe ayoborera imihango mikuru ya Kiliziya, ahita […]

Yishwe n’inzara nyuma yo kwiha ibyo kurya imbuto gusa

Umukobwa witwa Karolina Krzyzak, w’imyaka 27 y’amavuko, yapfiriye muri hoteli yo muri Bali, nyuma yo kumara igihe kinini akurikiza uburyo bw’imirire bukomeye buzwi nka “fruitarian diet” uburyo bushingiye ku kurya imbuto gusa. Nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru The Sun, Karolina yari amaze igihe yarahisemo kubaho atarya ibindi byose uretse imbuto, ibintu byamugejeje ku kurwara indwara zituruka ku […]

Abaganga bakuye mu nda y’umugabo ibiyiko 29 uburoso 19 n’ikaramu 2

Abaganga bo mu Buhinde bakoze urugendo rw’ubuvuzi rutangaje, bakura mu nda y’umugabo ibikoresho bisanzwe byo mu rugo birimo ibiyiko 29, uburoso bw’amenyo 19 n’amakaramu abiri. Uyu mugabo w’imyaka 35 y’amavuko witwa Sachin, yari yajyanywe mu kigo cyita ku bantu bakira ingeso mbi z’ibiyobyabwenge mu gace ka Ghaziabad, muri Leta ya Uttar Pradesh. Nyuma y’igihe gito, […]

Umwana w’imyaka 13 yagendeye mu ipine ry’indege mu rugendo rw’iminota 94

Umwana w’umuhungu w’imyaka 13 ukomoka mu mujyi wa Kunduz muri Afghanistan yabashije kurokoka urugendo rw’iminota 94 ari mu cyuma cy’amapine y’indege, ubwo yinjiraga mu ndege ya KAM Air yari ivuye i Kabul ijya i Delhi mu Buhinde. Nk’uko byatangajwe n’abashinzwe umutekano ku kibuga cy’indege cya Indira Gandhi (CISF), uwo mwana yifuzaga kujya muri Irani, ariko […]

Ingaruka mbi zo kwitera makeup cyane

Makeup ni kimwe mu bintu bikoreshwa cyane n’abagore n’abakobwa ku isi yose, aho ifasha benshi kongera ikizere no kugaragara neza mu ruhame. Ariko kandi, abahanga mu buzima bavuga ko gukoresha makeup kenshi, nabi, cyangwa gukoresha iyitujuje ubuziranenge bishobora kugira ingaruka mbi ku ruhu n’ubuzima muri rusange. Bamwe mu baganga b’uruhu bavuga ko ibikoresho bya makeup […]

Banki yirukanye umukozi ihita imusimbuza AI yatozaga 

Kathryn Sullivan, w’imyaka 63 wari umaze imyaka 25 akora muri Commonwealth Bank muri Australia, yatangaje ko yirukanwe mu kazi nyuma yo gufasha gutoza “chatbot” yaje kumusimbura. Uyu mukozi wari usanzwe yakira abantu muri banki yavuze ko atari azi ko ibyo yakoraga byo kwandika no kugerageza ibisubizo bya “Bumblebee AI” byari bigamije kumusimbura. Ati: “Sinigeze ntekereza […]

Umuneke ukozwe mu ishusho y’igitsina cy’umugore wagurishijwe miliyoni 16 Frw

Umuhanzi w’ibibumbano wo muri Danimarike, Thyra Hilden yakoze igihangano cy’igitangaza: umuneke ushushanyije mu ishusho isa n’imyanya ndangagitsina y’umugore. Iki gihangano cyatangaje benshi ubwo cyagurishwaga mu imurikagurisha mpuzamahanga Enter Art Fair ryabereye i Copenhagen, ku cyumweru, tariki 31 Kanama 2025. Iki guhangano cyaguzwe na Anders Andersen, watangije co-working spaces aho yishyuye mafaranga angana na asaga miliyoni […]

Umugabo wubatse yahimbye urupfu rwe kugira ngo yibanire n’inshoreke ye

Mu ntara ya Wisconsin, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, umugabo w’imyaka 45 witwa Ryan Borgwardt yakatiwe igifungo cy’amezi atatu nyuma yo guhimba ko yaburiye mu mazi, kugira ngo asige umugore n’abana batatu akomeze ubucuti yari afitanye n’umugore bahuriye kuri murandasi. Urukiko rwamuhamije icyaha cyo kubeshya inzego z’umutekano, rumuhanisha igifungo cy’iminsi 89, bingana neza n’igihe […]

Yatwitse Café yanze kumushyirira mayonnaise ku mugati

Polisi yo muri Espagne yataye muri yombi umugabo ukekwaho gutwika café iherereye mu mujyi wa Los Palacios y Villafranca mu ntara ya Sevilla, nyuma y’uko abakozi b’iyo café banze kumushyirira mayonnaise mu mugati. Amashusho yafashwe na camera z’umutekano yerekanye uwo mugabo usanzwe ari uwo mu ntara ya Cordoba, asuka lisansi ku meza maze aratwika. Ibyo […]

Wa mugore ufite iminwa minini ku isi yongeye kurikoroza

Andrea Ivanova, umunya-Bulgaria w’imyaka 28, yamamaye ku isi kubera iminwa ye minini yongeye kwibagisha iminwa maze igirwa minini kurushaho. Kugeza ubu amaze gukoresha amafaranga abarirwa muri £20,000 (asaga miliyoni 30 Frw) kugira ngo igaragare nk’uko abyifuza. Ubusanzwe yakundaga kwisiga amavuta yoroheje (nude lip gloss), ariko ubu yahisemo guhindura agaragara yisiga “red lipstick”, ibintu byatunguye abamukurikira […]

Kigali: Yabuze ayo kwishyura indaya, ifatira imyenda ye

Umugabo wo mu Murenge wa Kinyinya, mu Karere ka Nyarugenge, yisanze mu mazi abira nyuma yo kuryamana n’indaya ariko akabura amafaranga yo kuyishyura. Byabereye mu Rwampara, ku mugoroba wo ku wa 17 Kanama 2025. Ababonye ibyabaye babwiye itangazamakuru ko uyu mugabo yari yabanje kumvikana n’iyo ndaya ko azayishyura amafaranga ibihumbi bitanu (5,000 Frw). Nyuma yo […]

Umugabo yabyutse asanga igitsina cye cyazimiye

Muri Afurika hakomeje kugaragara kibazo aho abantu bavuga ko gituruka mu bwonko bitewe no gutakaza igitsina cyabo. Iki kibazo cyamenyekanye cyane bwa mbere muri Nigeria ariko kimaze kugera no mu bindi bihugu birimo na Ghana. Nk’uko byatangajwe, hari umugabo ukiri muto wavuze ko igitsina cye cyaburiwe irengero nyuma yo guhura n’undi muntu. Uwo mugabo yagaragaye […]

Abagabo bikubye kabiri mu burebure kurusha abagore – Ubushakashatsi

Ubushakashatsi bushya bwerekanye ko abantu bagiye barushaho gukura mu burebure no mu buremere mu kinyejana gishize bitewe n’imibereho myiza n’imirire myiza. Ariko, izi mpinduka ntizabaye ku rugero rumwe hagati y’abagabo n’abagore. Abagabo bagize ubwiyongere bwihuse mu burebure no mu buremere kurusha abagore nk’uko ubushakashatsi bwatangajwe mu kinyamakuru Biology Letters bwabisobanuye. Abashakashatsi bo mu Butaliyani, Leta […]

Umupolisi yaguye hejuru y’umugore basambanaga muri Hoteli

Umupolisi witwa Lawal Ibrahim ukorera kuri sitasiyo ya polisi ya Kwali muri Nigeria, yapfuye ku wa Kane tariki ya 16 Mutarama mu cyumba cya hoteli ya Palasa Guest Inn iherereye i Gwagwalada, mu mujyi wa Abuja. Byatangajwe ko urupfu rwe rwabaye nyuma yo kuraara asambana n’umugore bari bahuriye ku mbuga nkoranyambaga. Amakuru aturuka mu bitangazamakuru […]

Umuryango w’umukobwa wagabye igitero ku musore wanze kurongora umukobwa wabo

Mu gace ka Karauli mu ntara ya Rajasthan mu Buhinde, habereye inkuru idasanzwe ubwo umuryango w’umukobwa warakazwaga bikomeye  n’umusore wambitse impeta umukobwa wabo maze ntiyamurongora. Uyu musore wari warambitse impeta yaje kubenga uwo yambitse impeta ku munsi w’ubukwe aho byarakaje umuryango w’umukobwa bigatuma ugaba igitero ku muryango w’uyu musore. Ubwo bagabo igitero muri uru rugo, […]

Yaroze umwana we agamije kwibonera aba-followers kuri TikTok

Umugore w’imyaka 34 ukomoka muri Australia umenyerewe ku rubuga rwa TikTok, yatawe muri yombi ashinjwa kurogoya umwana we no kumukorera iyicarubozo kugira ngo abone inkunga y’amafaranga ndetse yongere n’umubare wabamukurikira kuri uru rubuga.  Amashusho yerekana uyu mugore wo muri Queensland arira ubwo abapolisi bamwambikaga amapingu mbere yo kumujyana mu modoka ya polisi. Uyu mugore arashinjwa […]

Ku myaka 120 ibura amezi 2 yaciye agahigo ko kuba umuntu ukuze cyane ku isi

Umukecuru w’imyaka 119 wo muri Leta ya Rio de Janeiro muri Brazil, Deolira Gliceria Pedro da Silva aritegura kwizihiza isabukuru y’imyaka 120 mu mezi abiri ari imbere, ndetse akaba agiye no kwemezwa na Guinness World Records nk’umuntu ukuze kurusha abandi ku isi. Uyu mwanya kuri ubu ufitwe n’undi Munya-Brazil witwa Inah Canabarro Lucas, umubikira w’imyaka […]

Umukozi wo mu ndege yirukanwe azira kumansurira mu kazi

Umukozi wo mu ndege wari umaze amezi arenga atandatu akora muri Alaska Airlines, Nelle Diala yirukanwe ku kazi nyuma yo gushyira ku rubuga rwa TikTok amashusho yamugaragazaga ari kumansurira mu ndege. Nk’uko byatangajwe na New York Post, aya mashusho yafashwe ubwo yari ari mu kazi aho byatumye ashinjwa kurenga ku mategeko y’ikigo yerekeye imikoreshereze y’imbuga […]

Yakoze ubukwe bikino none yisanze mu nkiko

Mu gihugu cya Australia, haravugwa inkuru y’umugore wasabye urukiko gutesha agaciro amasezerano yo gushyingiranwa yakoze yibwira ko ari imikino aho yashakaga kwibonera abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga. Uyu mugore utatangajwe amazina yavuze ko ibyo byabaye mu birori byo mu Ukuboza 2023 byari byateguwe n’uwari umukunzi we, aho bari bagamije kuzamura abamukurikira (followers) ku rubuga rwa Instagram. […]

Yafunzwe azira gishyira igitsina cye mu zuru ry’ifarasi

Mu kwezi gushize muri Leta ya Florida, polisi yataye muri yombi umugabo witwa Donald Calloway w’imyaka 53 nyuma yo gushinjwa ibikorwa bifitanye isano no guhohotera inyamaswa byakorewe ifarasi. Ibi byabereye mu gace ka Lake Wales ku itariki ya 26 Ukuboza 2024 nk’uko byemezwa n’abatangabuhamya babonye uyu mugabo ari gukora ayo mahano. Nk’uko bigaragara mu nyandiko […]

Inka yishe umugabo washatse kuyifata ku ngufu

Mu gihugu cya Brazili, mu gace ka Samambaia mu Mujyi wa Federal haravugwa urupfu rw’umukozi wo mu rwuri w’imyaka 45 bivugwa ko yageragezaga gufata inka ku ngufu. Uyu mugabo utatangajwe amazina yasanzwe yapfuye aryamye iruhande rw’inka yambaye agakingirizo yari agiye gukoresha afata kungufu iyo nka. Amakuru yatangajwe n’abakozi bagenzi be avuga ko uyu nyakwigendera yari […]

Yaretse gukina Basketball ajya gucuruza ubwambure bwe kuri murandasi

Liz Cambage, umwe mu bakinnyi b’imena b’umupira w’amaboko w’abagore ku isi yongeye kugaruka mu itangazamakuru mu buryo budasanzwe nyuma y’uko aretse gukina akajya gucuruza ubwambure bwe kuri murandasi. Uyu mukobwa wahoze akina muri shampiyona ya WNBA muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yemeje ko amafaranga yinjije mu cyumweru cya mbere ajya kuri OnlyFans urubuga rucuruza  […]

RDC na Sudan biyoboye isi mu kugira abagabo bibitseho ibitsina bya rutura

Ubushakashatsi bwakozwe na Data Pandas isoko y’amakuru atandukanye ku buzima n’imibare y’abaturage, ubukungu ndetse n’ibindi bwerekanye uko ibihugu bihagaze ku bipimo by’uburebure bw’igitsina cy’abagabo igihe cyafashe umurego. Ubu bushakashatsi bwagaragaje ko impuzandengo y’uburebure bw’igitsina cy’abagabo ku isi ari hafi santimetero 13.12 (inch 5.16) mu gihe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ari santimetero 14.1 (inch […]

Amabere y’umukobwa yikubye inshuro 4 mu bunini nyuma yo guterwa urukingo rwa Covid-19

Mu gihe cy’amezi atandatu nyuma yo guterwa urukingo rwa Covid-19 rwa Pfizer, umukobwa w’imyaka 19 wo muri Canada yabayeho ubuzima butangaje ubwo amabere ye yabaga manini  cyane aho bitangazwa ko yikubye inshuro 4.  Uyu mukobwa watangiriye ku ngano ya B cup akagera kuri G cup (ubunini bw’amabere) yatangiye kumva amabere ye ari kugenda abyimba nyuma […]

Umunya-Canada yapfiriye muri Kenya nyuma yo kumara ijoro yikinisha

Umunya-Canada witwa Gregory John Kilgour, w’imyaka 66 yasanzwe yapfuye mu cyumba cye giherereye i Shanzu, Mombasa muri Kenya mu gitondo cyo ku wa Mbere. Bikekwa ko urupfu rwe rwatewe n’ibikorwa byo kwikinisha yarayemo mu ijoro ryo ku cyumweru rishyira ku wa Mbere yapfiriyeho. Nk’uko Polisi yo muri Kenya yabitangaje, umurambo wa Kilgour wasanzwe mu nzu, […]

Umugeni yatorotse ubukwe ku munota wa nyuma kubera ubwoba bwo kurongorwa (Amafoto)

Umugeni witwa Nansik Dashe wari utegerejwe n’imiryango n’inshuti mu birori by’ubukwe bwe yatorotse umunsi umwe mbere y’ubukwe bwe mu karere ka Plateau mu gihugu cya Nigeria. Ubukwe bwa Nansik Dashe na Kapnan Daniel Ventur bwari buteganyijwe kuba ku wa 27 Ukuboza 2024 mu rusengero rwa COCIN LCC, NIMTIM, PIL Gani. Amakuru aturuka ku bantu ba […]

Umugore wari ukuze cyane ku isi yapfuye

Umugore w’Ubuyapani, Tomiko Itooka wari ufite imyaka 116 n’agahigo ko kuba umuntu ukuze kurusha abandi ku Isi, yapfuye ku wa 29 Ukuboza 2024. Urupfu rwe rwemejwe n’inzego z’ubuzima kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 4 Mutarama 2025. Tomiko, wavukiye mu Mujyi wa Osaka mu Buyapani ku wa 23 Gicurasi 1908 yari yarahawe agahigo na Guinness […]

Umugore ufite Tatuwaje umubiri wose yatangaje isi

Amber w’imyaka 28 uzwi nka “Dragon Girl,” yashyize hanze ifoto itangaje y’uko yari ameze afite imyaka 20 atari yashyira tatuwaje ku umubiri we wose, ibintu byatangaje abamubonye. Uyu mugore w’umunyamideli ukomoka i Brisbane ubu afatwa nk’umugore ufite tatuwaje nyinshi cyane aho 99% by’umubiri we batakagijwe n’ibishushanyo. Amber yatangaje ko amaze gushora arenga $280,000 arenga miliyoni […]

Umugore yahawe impyiko y’Ingurube

Towana Looney, umugore w’imyaka 53 wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, arimo koroherwa nyuma yo guhabwa impyiko y’ingurube yahinduriwe utunyangingo mu kwezi gushize. Iki ni igikorwa cy’amateka mu buvuzi kuko gikuraho imyaka umunani yari amaze akoresha imashini isukura amaraso (dialysis). Looney yabaye Umunyamerika wa gatanu uhabwa urugingo rw’ingurube rwahinduwe kugira ngo rube nk’ur’umuntu, azaniye […]

Itandukaniro riri hagati ya Android na iOS

Mu isi y’ikoranabuhanga rigezweho, Android na iOS ni porogaramu zifite uruhare runini mu matelefoni agezweho, azwi nka smartphones. Nubwo zombi zifite intego imwe yo gufasha abantu mu buzima bwa buri munsi, hari itandukaniro rinini hagati yazo. Ibikoresho Byihariye Android ni porogaramu ikoreshwa n’ibikoresho byinshi, birimo Samsung, Xiaomi, na Huawei. Ni uburyo bwashyizweho na Google, bugamije […]

Ukuntu umugabo yashatse kuyobya indege yajyaga muri Mexico akayijyana muri Amerika

Ku Cyumweru, umugenzi wari mu ndege y’isosiyete y’indege ya Volaris yatawe muri yombi nyuma yo kugerageza kuyobya indege yari igiye i Tijuana, muri Mexique, ngo ayerekeze muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Indege ifite nimero Flight 3041 yari iturutse ku kibuga cy’indege cya Baj?o International mu gace ka Mexique yo hagati, aho yahagurutse saa moya […]