Inama y’abepisikopi gatolika muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (CENCO), yamaganye igihano cy’urupfu Urukiko Rukuru rwa Gisirikare ruheruka gukatira Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa kiriya gihugu.
Ku wa Kabiri w’icyumweru gishize ni bwo Kabila wayoboye RDC hagati ya 2001 na 2019 yakatiwe urwo gupfa, nyuma yo guhamywa ibyaha birimo kugambanira igihugu, ibyaha by’intambara ndetse no kujya mu mutwe ugambiriye gukuraho ubutegetsi.
Ni ibyaha yarezwe nyuma gato y’uko yavaga mu buhungiro akerekeza mu mujyi wa Goma kuva muri Mutarama uyu mwaka ugenzurwa n’inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23.
Uyu mugabo utaratabwa muri yombi ngo afungwe n’ubwo ntacyo aratangaza ku gihano yahawe, muri Kanama yari yavuze ko Leta ya Kinshasa yahisemo kumurega ibyaha bikomeye nk’uburyo bwo guhisha ibyaha ubutegetsi buyobowe na Perezida Félix Antoine Tshisekedi bumaze igihe bukora.
CENCO ku ruhande rwayo yatangaje ko igihano Kabila yahawe kinyuranyije n’indangagaciro z’ivanjili, bashimangira ko kiri mu mujyo wo kwihorera kandi ko kidateza imbere amahoro cyangwa ubumwe mu gihugu.
Abasenyeri bayigize bavuze ko bashyigikiye ko haba ibiganiro bidaheza bigamije gukemura amakuba yugarije DRC.
Mu butumwa bwa videwo bwasomwe ejo ku wa Mbere n’umunyamabanga mukuru wa CENCO, Musenyeri Donatien Nshole, yavuze ko “ibiganiro bidaheza ni byo nzira nziza cyane yo gucyemura impamvu muzi z’aya makuba [mu bwinshi] no kugarura ubumwe n’amahoro”.
CENCO kandi mu itangazo yasohoye ryashyizweho umukono na Musenyeri mukuru wa Lubumbashi, Fulgence Muteba uyiyobora, yanasabye ko habaho umuhate uhuriweho wo guca igihano cy’urupfu no gushyira imbere kubaka igihugu, no gutuma habaho ubusugire bwa Congo n’imibereho myiza y’Abanye-Congo.
Yongeye gusaba abategetsi ba DRC, abatavuga rumwe n’ubutegetsi bitwaje intwaro n’abatitwaje intwaro, imiryango itegamiye kuri leta (société civile) n’abaturage ba DRC, kurwanya impamvu zinyuranye ziteza amakimbirane zituma habaho umuco w’urupfu n'”ibyago bikomeye byuko igihugu cyacu gicikamo ibice”.
Igihano cy’urupfu Kabila yahawe cyanamaganwe n’umuryango Human Rights Watch uharanira uburenganzira bwa muntu.
Mu itangazo wasohoye ku Cyumweru gishize wavuze ko kuba Kabila yarabunanishijwe adahari kandi atunganiwe ari “ihonyorwa ry’uburenganzira bwo kuburanishwa mu rubanza ruboneye buteganywa mu mategeko mpuzamahanga y’uburenganzira bwa muntu”.
Lewis Mudge, umukuru wa HRW ishami rya Afurika yo hagati, yagize ati: “Hari ugushidikanya guke ku kuba Congo yarabayemo ihonyorwa rikomeye ry’uburenganzira bwa muntu ku butegetsi [leta] bwagiye bukurikirana ndetse abahoze ari abategetsi bakwiye kuryozwa ibyo bakoze nabi.”
Yunzemo ati: “Inzego z’umutekano za leta zakoze ibikorwa byinshi by’ihohotera mu gihe cy’imyaka 18 Kabila yamaze ku butegetsi, ndetse Human Rights Watch n’abandi twakomeje gusaba ko habaho ubutabera. Ariko kuryozwa ibyabaye gutakaza agaciro kose iyo gukozwe binyuze mu manza zisa n’ikinamico.”
HRW ivuga ko igihe uru rubanza rwa Kabila rwabereye na cyo ubwacyo giteye amakenga, kuko Kabila akiri “umuntu ukomeye muri politike ya Congo”, Perezida Félix Tshisekedi akaba ashobora kuba amubona nk'”uteje inkeke ya politike” muri iki gihe ahanganye na M23.
HRW yo yongeraho ko igihano cy’urupfu Kabila yakatiwe kigaragaza neza ko bicyenewe ko “Congo yubaka inzego zikomeye bihagije kuburyo ziryoza [abategetsi], abo mu gihe cyashize n’ab’ubu ibyo bakoze, no kureka gukoresha inkiko nk’intwaro zo kwihimura muri politike”.




