Abagize imiryango ibarirwa mu ijana y’abahinzi b’Abarundi yabaga muri Komine Cibitoke mu Burundi, birukanwe mu byabo baranasenyerwa bashinjwa ko baba bafitanye umubano n’umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Amakuru avuga ko bariya bantu batangiye gusenyerwa mu mpera z’ukwezi gushize kwa Nzeri, bikozwe n’Imbonerakure.
SOS Médias Burundi dukesha iyi nkuru ivuga ko imiryango yasenyewe yiganjemo iyari ituye mu duce twa Bucimbiri, Kabona na Mbanza two muri Zone ya Rugombo, Komine Cibitoke.
Umwe mu baturage basenyewe yabwiye kiriya gitangazamakuru k amazu yabo yari yubatse hafi n’aho bahinga Imbonerakure zayasenye zibabwira ko bayubatse babitegetswe n’umutwe wa M23.
Yavuze ko akazi kabo ka buri munsi kandi kanabatunze ari ubuhinzi, ibyatumye bubaka ahegereye amasambu yabo mu rwego rwo kugira ngo ibiyahinzemo bitibwa.
Ati: “Byadutangaje kuba turi kuzira amasambu twasigiwe n’abasogokuruza. Bizwi ko turi abahinzi, kandi ko ari bwo budutunze. Ariko turabizize!”
Amakuru akomeza avuga ko abenshi muri abo bahinzi bafashwe bakanafungwa bashinjwa guha ibyo kurya abarwanyi ba M23, ndetse ngo hari na bamwe mu bacuruzi bafashwe bambukana ibicuruzwa byabo muri RDC bashinjwa kuba bari babishyiriye uriya mutwe.
Bivugwa ko icyemezo cyo gusenyera bariya baturage cyafashwe nyuma y’inama yahuje umuyobozi wa Komine ya Cibitoke n’inzego zirimo Polisi ndetse n’igisirikare.
Umuyobozi w’iyi Komine, Eloge Najeneza, asobanura ko kiriya cyemezo cyafashwe kubera ko mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo hasigaye hava abantu bitwaje intwaro bagahungabanya umutekano w’abaturage.
Kuri ubu iriya miryango usibye gusenyerwa yanambuwe ubutaka bungana na hegitari 80, ndetse abayigize bagaragaza impungenge z’uko bashobora kubwamburwa burundu kandi ari ubw’ibisekuru byabo.




