Col Camille Karege yakomeje kugereranya Brig. Gen. Frank Rusagara nk’umusazi

Nyuma yo gushinjwa na Col Jill Rutaremera kuri uyu wa Mbere, ubushinjacyaha bwari bwitwaje umutangabuhamya wa kabiri wo gushinja Brig. Gen. (Rtd) Frank Rusagara, ari we Col Camille Karege wasubijwe mu buzima busanzwe akaba yashimangiye ko Gen Rusagara yamubwiye aya magambo “Our guy is Finished, Museveni is smart”, bivuze ko Kagame arangiye mu gihe Museveni we akomeje kuba umunyabwenge uzi kwitwara neza mu bya politiki, cyane mu kibazo cyarebaga ibihugu by’u Rwanda, Congo na Uganda.

Yavuze ko Rusagara yamubwiye ko u Rwanda rutakurikije amategeko mu gufatira imitungo ya Rujugiro, ashimagiza ubwiza bwa RNC n’uko iri gutera imbere, ndetse anagaragaza ko atakiri ku ruhande rwa RDF.

Rusagara

Col.Karege yari yagereranyije Gen.Rusagara nk’umusazi mu nyandikomvugo, ibintu yanasubiyemo mu rukiko, avuga ko atiyumvishaga ukuntu umuntu nka Gen. w’u Rwanda yasebya leta ye, akorera agasebya n’uwamwohereje mu kazi, ati “ibi byatumye mvuga ko General yasaze”.

Uregwa n’umwunganira bafashe iri jambo nko gusebya Gen Rusagara na leta yamaze imyaka irenga 25 akorera, kugeza asezerewe mu cyubahiro nk’aho yaba ikoresha abasazi, bongeraho ko “bivuze ko na Me. Buhuru ubwe ari umusazi kuko yunganira umusazi”.

Nk’uko tubikesha Radio 10, nyuma y’ikibazo yari abajijwe, cyo kuba ataragize ubwoba abonye Gen.Rusagara afashwe agafungwa, Col.Karege yavuze ko nta bwoba yagize kuko ahubwo ngo yari yaratinze gufungwa, mu gihe nka Gen. yirengagije impamvu ingabo z’u Rwanda zari zaragiye muri Congo ahubwo akavuga ko zari zaragiye gusahura umutungo.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Bwiza.com

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *