Amakuru aturuka mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo aravuga ko Colonel Rukunda Michel ‘Makanika’ wari umuyobozi w’umutwe wa Twirwaneho yaba yishwe.
Inkuru y’urupfu rw’uyu musirikare yatangiye guhwihwiswa kuri uyu wa Gatatu tariki ya 19 Gashyantare, mbere yo kwemezwa n’ibitangazamakuru birimo Ijwi rya Amerika.
Bivugwa ko Colonel Makanika yiciwe mu gitero cya drones ihuriro ry’Ingabo za Leta ya RDC zagabye ahitwa Gakangara ho muri Teritwari, aho we n’abandi bagenzi be babarirwa muri batanu bari bari.
Abari kumwe n’uriya musirikare na bo ngo baba bariciwe muri kiriya gitero nk’uko amakuru abivuga.
Kugeza ubu yaba uruhande rw’Ingabo za Leta cyangwa umutwe wa Twirwaneho, nta wuravuga ku makuru y’iyicwa rya Colonel Makanika.
Muri 2020 ni bwo Makanika wari Ofisiye Mukuru mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) yahisemo kwitandukanya na zo, ajya gushinga umutwe wa Twirwaneho.
Ni umutwe yashinze mu rwego rwo kurwanirira bene wabo bo mu bwoko bw’Abanyamulenge bari bamaze igihe bicwa n’Ingabo za Leta ya RDC ndetse n’indi mitwe yitwaje intwaro irimo Mai-Mai ikorera muri Kivu y’Amajyepfo.





2 Responses
byaba bibabaje pee
ngewe ndumva ntakibabaje kirimo kuko numurwanyi urwanya Leta kimwe nabandi barimumitwe urwanya DRC,ahubwo niyongeze imbaraga ihige nabandi bayirwanya.