COVID-19 ishobora kuzasiga ubukene bunuma mu makipe ya ruhago

Umupira w’amaguru ni rumwe mu nzego icyorezo cya Virusi ya Corona cyagizeho ingaruka, zishobora kuzasigira ubukene bukomeye abawubamo mu gihe icyorezo cyaba kitagenjeje amaguru make.Aho ingaruka za kiriya cyorezo zatangiye kwigaragaza, ni ku mugabane w’Uburayi aho ruhago itunze umubare utari muke w’abantu.

Amezi akabakaba atatu ni yo ashize icyorezo cya Coronavirus cyadutse, mbere y’uko gikwira ku migabane itandukanye y’Isi. Kuri ubu cyahagaritse ubuzima mu nzego zitandukanye, guhagarara k’ubuzima bigendana n’ibihombo mu bice bitanduka bakomeje, bishobora kuzatuma abenshi bagorwa n’ubuzima mu minsi iri mbere.

Magingo aya anarushanwa akunzwe nka UEFA Champions League, UEFA Europa League, na za shampiyona zikomeye nka English Premier league, Spanish La Liga, Germany Bundesliga, Italy Serie A, France Leagues 1 n’andi menshi yarahagaze kubera Coronavirus ikomeje koreka uriya mugabane.

Ibihombo byatangiye kwigaragaza

Ibihombo ntibyatinze kwigaragaza, kuko amafaranga amakipe yinjizaga akuye ku mastade atakiyabona, yemwe n’amateleviziyo yishyuraga amakipe kugira ngo yerekane imikino yayo akaba atagikora.

Abakinnyi mu makipe menshi baracyahabwa imishahara, n’ubwo hari abo mu makipe akomeye nka FC Barcelona, Real Madrid na Juventus bemeye kugabanya 70% by’umushahara wabo mu rwego rwo kurinda ayo makipe kugwa mu bukene.

Ababikurikiranira hafi, basanga iki cyorezo cya Virusi ya Corona gishobora kuzasiga ihungabana rikomeye ry’ubukungu mu makipe y’umupira w’amaguru, nk’iryabayeho muri 2008.

Rodri Baster, Umunya-Espagne washinze umuryango witwa Promoesport ufite abanyamuryango bo muri ruhago barenga 350 avuga ko igihombo n’ihungabana ry’ubukungu muri ruhago bishobora kuzaterwa n’igihe bizafata ngo amarushanwa arangire.

Abisobanura yagize ati”Biragaragara, hazabaho ingaruka runaka z’amafaranga, ariko bizagenwa n’igihe umwaka w’imikino uzarangirira. Nurangira igihombo gishobora kuba hagati ya gatanu n’icumi ku ijana, nutarangira ingaruka zishobora kuba hagati ya 25 na 30 ku ijana.”

Ibi kandi binashimangirwa na Jean Pierre Caillot, Perezida w’ikipe ya Reims yo mu Bufaransa. Caillot asobanura ingaruka zizabaho agira ati” Ikibazo nyacyo cyihuse kizabaho ni amafaranga yinjira kuko nta yazinjira byibura mu gihe kirenga ukwezi. Aho niho tuzareba amakipe akora neza kandi ahagaze neza mu bukungu.”

Amakipe yo mu Rwanda ari mu yashobora gushegeshwa na Coronavirus

Shampiyona y’u Rwanda ni imwe muri nyinshi kuri ubu zitagikinwa kubera icyorezo cya Virusi ya Corona.

Ni shampiyona ababikurikiranira hafi ibya ruhago n’ubukungu bemeza ko amakipe ayigize na yo ashobora kuzakomwa mu nkokora na kiriya cyorezo.

Ababivuga babishingira ku kuba nta muterankunga ifite, ikindi kikaba kubera ko amakipe menshi aterwa inkunga n’uturere tuyavungurira ku ngengo y’imari ya Leta kuri ubu ihanganye na Coronavirus, hagakubitiraho kuba abafana bashobora kutazasubira ku kibuga ku bwinshi kubera ko abenshi bahagaritse imirimo yabo bakaba batakinjiza.

Ibi biri mu bizatuma amakipe menshi ashobora kuzahura n’ibihombo nk’uko byemezwa na Tuyishimire Placide bita Trump, Perezida wa Musanze FC iri mu makipe 16 akina shampiyona y’u Rwanda.

Perezida Trump yagize ati” Ingaruka z’ubukungu zizabaho bitewe n’igihe Coronavirus izamara kubera ko aho amafaranga yavaga batari gukora.”

Perezida w’ikipe ya Musanze avuga ko mu gihe icyorezo cyaba gikomeje amakipe atari yo yahomba gusa, kuko bigaragarira buri wese ko igihombo cyaba icya rusange.

Avuga ko mu gihe uku kwezi kwarangira shampiyona itarasubukurwa, abakinnyi ba Musanze bashobora guhagarikirwa imishahara, ngo kuko udashobora guhemba abantu badakora.

Nkundamahoro Alphonse, umunyamakuru w’Imikino kuri Radio Ishingiro mu karere ka Gicumbi, we asanga Coronavirus ishobora kuzashegesha imibereho y’abakinnyi bakina mu makipe yoroheje, mu gihe yaba itagenjeje make.

Abishingira ku kuba hari amwe mu makipe atanga imishahara mito, bityo mu gihe yaba ayihagaritse nk’uko amwe mu makipe y’Iburayi yabigenje bikaba bishobora kubangamira imibereho y’abakinnyi.

Nkundamahoro yabisobanuye agira ati” Abakinnyi hari n’abashobora kuba abajura nk’uko n’abandi bari kwiba, kuko nk’urugero umukinnyi wa Gicumbi wari usanzwe ahembwa 60,000Rwf na yo ataboneraga igihe mu gihe shampiyona iri gukinwa, nta n’umuntu uri kumukurikirana, nta gitangaza cy’uko ushobora kumufatira mu bujura nk’undi wese.”

Imibare ya Coronavirus ikomeje kuzamuka

Imibare igaragaza ko abakabakaba miliyoni imwe ari bo bamaze kwandura icyorezo cya Virusi ya Corona, mu gihe ababarirwa mu bihumbi 50 bamaze kuyandura.

Ni imibare ikomeje kwiyongera umunsi ku wundi, ibituma ibihugu byongera igihe cyo gukumira abantu kongera kujya mu buzima busanzwe. Ni ibishimangira kandi ko nta kizere cya vuba cy’uko abantu bazongera gusubukura ibikorwa byabo bya ruhago vuba.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *