Umunyapolitiki Donald wo mu ishyaka ry’aba Républicain yongeye gutorerwa kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nyuma yo gutsinda Kamala Harris bari bahatanye mu matora.
Trump yegukanye intsinzi nyuma yo kugeza ku majwi 270 asabwa ugomba gutorerwa kuyobora Amerika.
Ni amajwi atangwa hagendeye kuri Leta 50 zigize Leta Zunze Ubumwe za Amerika, by’umwihariko zirindwi zigira uruhare runini mu kugena uri butorwe.
Izo zirimo iya Arizona, Georgia, Michigan, Nevada, North Carolina, Pennsylvania na Wisconsin.
Muri izi Leta Trump yegukanye intsinzi muri North Carolina, Georgia, Pennsylvania na Wisconsin; ndetse ari imbere muri Michigan, Nevada na Arizona zitararangiza kubarura amajwi.
Amajwi amaze kubarurwa kuri ubu arerekana ko Trump umaze gutorwa n’abarenga miliyoni 70.8 ari imbere n’amajwi 279; ibisobanuye ko yarengeje amajwi arindwi ku yo yasabwaga agasubira muri White House yasohotsemo mu myaka igera kuri ine ishize ubwo yatsindwaga na Joe Biden bari bahatanye.
Visi-Perezida Kamala Harris umaze gutorwa n’ababarirwa muri miliyoni 65.8 ari inyuma n’amajwi 223.
Abayobozi batandukanye bo hirya no hino ku Isi kuva kuri Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, Minisitiri w’Intebe Benjamin Netanyahu wa Israel, Narendra Modi w’u Buhinde, Dr Abiy Ahmed Ali wa Ethiopia, Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa RDC, Ndayishimiye Evariste w’u Burundi n’abandi benshi bari mu bafashe iya mbere mu gushimira Trump.
Trump mu ijambo yavugiye muri Leta ya Florida, yabwiye abamushyigikiye ko agiye kongera gusubiza Leta Zunze Ubumwe za Amerika “mu myaka ya zahabu”.
Yunzemo ati: “Iyi ni intsinzi ikomeye ku baturage ba Amerika, kandi izatwemerera kongera kugira Amerika igihangange”.
Kugeza ubu ntacyo Kamala Harris aratangaza ku ntsinzi ya Perezida Donald Trump bakunze guhangana cyane ndetse no guterana amagambo ubwo bari mu bikorwa byo kwiyamamaza.



