KYCNnma2jOQtRl05q1Fszg8w

DRC: Abagera kuri 2,000,000 bari barahunze imirwano bamaze gutahuka

Ishami rya Loni rishinzwe kugenzura ibikorwa by’ubutabazi (OCHA) ryatangaje ko kuva muri Mutarama uyu mwaka wa 2025 kugeza uyu munsi, abantu hafi Miliyoni ebyiri bari barahunze imirwaano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bamaze gutahuka kuri ubu bakaba barasubiye mu ngo zabo.

Nkuko bigaragara muri Raporo yashyizwe ahagaragara na OCHA ku munsi w’ ejo ku wa gatandatu tariki ya 9 Kanama 2025, igaragaza ko abaturage batahutse abenshi biganje mu ntara eshatu zakunze kurangwa mo intambara n’ ibikorwa by’ ubugizi bwa nabi.

Muri iyo ntara harimo Intara ya Kivu y’Amajyaruguru aho abatashye barenga miliyoni 1,4, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo hatahutse ibihumbi 502, na ho mu Ntara ya Ituri hasubiyeyo ibihumbi 85.

Nubwo kugeza ubu hari abamaze gutahka kandi na nubu bakaba bagitaha, OCHA iravuga ko ikibazo cy’ubuhunzi imbere mu gihugu kigikomeje kuba ingorabahizi cyane, kuko abantu bagera kuri miliyoni 5,9 bakiri mu buhungiro imbere mu gihugu.

Muri abo, miliyoni 1,5 bari mu Ntara ya Ituri, abandi miliyoni 1,5 bari mu Kivu y’Amajyepfo, naho miliyoni imwe ikaba iri mu Kivu y’Amajyaruguru.

Impamvu nyamukuru ituma abantu bakomeza guhunga akaba ari intambara z’ urudaca, amakimbirane ashingiye ku moko umutekano muke mu bice byinshi by’igihugu n’ ibindi.

Iyi Raporo ya OCHA inarerekana ko hari n’ ibibazo byinshi kandi bikomeye byugarije abaturage bauwe mu byabo n’ intambara, aho abantubagera kuri miliyoni 27,7 bugarijwe n’ bukene bukabije bwo kutabona ibiribwa ibyo kurya, ndetse n’abana babarirwa muri miliyoni 4,5 bakaba bafite ikibazo cy’ imirire mibi.

Ariko kandi OCHA ivuga ko gutahuka kw’ aba baturage ari ikimenyetso ko umutekano urimo kugenda ugaruka muri izi ntara kuri ubu igice kinini cyazo kiri mu maboko y’ inyeshamba z’ umutwe wa M23.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *