wazalendo_basanzwe_bifatanya_n_ingabo_za_rdc_mu_kurwanya_m23-edab2

DRC: Imirwano ikomeye yahuje M23 na Wazalendo mu duce twa Busumba na Bunkuba

Muri Teritware ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, haramukiye urugamba rukomeye rwazindutse rubera mu duce dutandukanya ibirindiro by’ ihuriro ry’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umutwe w’ inyeshyamba za M23 zirwanira muri Kivu y’Amajyepfo.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 16/06/2025, ni bwo iyo mirwano yabaye, hagati y’ umutwe wa M23 n’ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Congo zirimo iza FARDC , u Burundi n’imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo, FDLR, ndetse n’imbonerakure zo mu ishyaka rya CNDD-FDD mu Burundi

Amakuru ava muri ibyo bice avuga ko iyo mirwano yabereye mu duce twa Busumba na Bunkuba, duherereye mu birometero nka 10 uvuye muri Centre ya Mweso yo muri Gurupema ya Bukombo, Cheferi ya Bwito muri teritware ya Rutshuru.

Amakuru aturuka muri ibyo bice avuga ko urusaku rw’imbunda ziremereye n’izoroheje rwatangiye kumvikana kuva saa kumi n’ebyiri za mu gitondo rugeza saa tatu z’ amanywa

Iyi mirwano ikaba yatumye abaturage benshi baturiye utwo duce bahunga ku bwinshi berekeza iya Buhumbira no mu bindi bice byo muri Teritware ya Masisi ihana imbibi n’ iya Rutshuru ari nayo yaberagamo imirwano.

Urugamba rwabaye uyu munsi ruje rukurikira urundi rwabaye mu cyumweru gishize, aho na none ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta y’i Kinshasa zagabye ibitero kuri M23, nk’uko zabikoze none bikarangira zikubiswe inshuro.

Bivugwa kandi ko mu cyumweru gishize imirwano yabereye i Katsiro yatumye ibitaro byaho hari ibisasu byaguye kuri ibyo bitaro bokaza kurangira zimwe mu nkuta zabyo zisenyutse.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *