fardc

DRC: Imirwano yongeye kubura muri Kivu zombi hagati ya AFC/M23 n’ ihuriro rirwana ku ruhande rwa leta

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 24 Kamena 2025, rwabyutse rwambikanye hagati y’inyeshyamba za M23 n’imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo (CMC) iyobowe na Dominique Ndaruhutse, mu Shoferi ya Bwito, Teritwari ya Rutshuru, mu Ntara ya Kivu y’ amajyaruguru.

Ni imirwano yabereye muri Vilaje  ya Bipfura na Kanyatsi, muri Gurupema ya Bukombo, aho amasasu y’intwaro zikomeye n’izoroheje yatangiye kumvikana guhera saa kumi za mu gitondo, nk’uko byatangajwe n’abaturage baho.

Iyi mirwano yateje imyivumbagatanyo mu baturage, abantu benshi bava mu byabo barahunga, aho abaturage benshi bahunze berekeza Mashango na Mwesso, mu bice byo muri Teritwari ya Masisi bibegereye.

Iyi mirwano ije ikurikiye imvururu z’ intambara  zimaze ibyumweru byinshi mu bice binyuranye bya Rutshuru, harimo n’ahandi nk’i Bambo, Tongo na Kihondo, aho imirwano ikomeje abatuye muri ibi bice.

Haba ku ruhande rwa AFC/M23 ndetse n’ imitwe ya Wazalendo bose barakomeza kongera abarwanyi mu bice bagenzura no gutsimbarara mu birindiro byabo ibintu bishobora gutuma umutekano urushaho kumera nabi.

Nimu gihe na none Ihuriro ry’Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo rigizwe na FARDC, FDNB, FDLR na Wazalendo ryazindutse rigaba ibindi bitero ku barwanyi ba AFC/M23 ribarizwamo umutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho

Ni imirwano yatangiye mu rukerera rwo kuwa kabiri tariki ya 24/06/2025, aho bivugwa ko habaye ihangana rikomeye ku mpande zombi mu gace k’ ahitwa Cirunga muri Teritware ya Kabare mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Ku rundi ruhande, bivugwa ko n’ubwo imirwano yamaze hafi amasaha atatu impande zombi zihanganiye muri kariya gace, ariko AFC/M23 yirukanye bikomeye uru ruhande rwayigabyeho igitero bagakwira imishwaro.

Ku cyumweru na bwo ingabo za Congo n’abambari bazo bari bagabye igitero kuri uyu mutwe mu duce duherereye muri Kalehe, Teritware ihana imbibi n’iy’i ya Kabare yazindukiyemo imirwano.

Kugeza ubu uyu mutwe wa M23 uracyagenzura ibice byinshi byo muri Kabare na Kalehe ibice aba barwanyi bo muri AFC/M23 bigaruriye mbere y’uko bafata umujyi wa Bukavu ufatwa nk’umurwa mukuru w’i ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

 

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *