Umuryango w’akarere ka Afurika y’iburasirazuba (EAC) watangaje ko buri gihugu kiwugize kizohereza ofisiye ku rwego rw’igisirikare i Goma, akazafatanya na komanda w’ingabo zawo mu miyoborere y’ubutumwa bw’amahoro mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC).
Ni icyemezo cyafatiwe mu nama yahuje abakuru b’ibi bihugu kuri uyu wa 7 Ugushyingo 2022 ubwo bari mu Misiri, aho bitabiriye inama y’Umuryango w’Abibumbye irebana n’imihindagurikire y’ibihe, yahawe izina rya COP27.
Aba bayobozi bamenyeshejwe ko ibiri bikuru by’izi ngabo byamaze gushyirwaho, kandi ko na komanda wazo yashyizweho, ndetse yanamaze gutangira iyi nshingano, nk’uko bigaragara mu ngingo ya 6 y’itangazo rya EAC.
Iyi ngingo ni yo ivugwa ku guhagararirwa kwa buri gihugu mu miyoborere y’iyi misiyo. Iti: “Inama yemeje ko buri gihugu cy’ikinyamuryango kizohereza ofisiye w’umuhuza ku biro bikuru by’ingabo kugira ngo afashe Command Centre y’akarere.”
EAC igizwe n’ibihugu 7, bine muri byo: Uganda, Kenya, u Burundi, Sudani y’Epfo ni byo byemeje ko bizohereza ingabo zabyo muri RDC muri iyi misiyo.



