Ku wa Kabiri, abashinzwe umutekano w’Ikibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Entebbe bahagaritse abagabo icyenda bo muri Uganda bakekwaho kuba bari bagiye mu gisirikare cya Ukraine (UAF) gufasha mu ntambara ikomeje kurwana n’u Burusiya.
Aba bagabo, bose bafite uburambe mu bya gisirikare, bari baranditswe kugira ngo bajye ku rugamba bitwikiriye akazi k’abashinzwe umutekano kunguka, uburyo abapolisi bemeza ko ari bwo bukoreshwa mu gushaka abacanshuro.
Amakuru yatangajwe na polisi nk’uko tubikesha Chimpreports avuga ko iri tsinda riri mu kigare kinini cy’Abagande barenga 100 bivugwa ko binjijwe mu bucanshuro n’ikigo cya baringa cyitwa MAGNIT.
“Dufite impamvu zo kwizera ko bari bagenewe urugamba rwa Ukraine, ntabwo ari ibikorwa by’umutekano bya gisivili. Uku ni ugukoresha imirimo bitemewe no gucuruza abantu, kandi nta kigo cya Leta, harimo na Minisiteri y’Umurimo, Uburinganire n’Iterambere ry’Imibereho Myiza y’Abaturage, cyari cyemereye iyi gahunda. ”




