20251001_072611

FARDC yatangije ibitero byo kwisubiza Nzibira

Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zifatanyije n’abarwanyi b’imitwe yitwara gisirikare ya Wazalendo, batangije ibitero byiswe ibyo kwisubiza umujyi muto wa Nzibira wigaruriwe na AFC/M23.

Iri huriro ryatangije ibi bitero ku wa Mbere tariki ya 30 Nzeri, nyuma y’icyumweru kimwe AFC/M23 yigaruriye uriya mujyi uherereye muri Teritwari ya Walungu ho mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Radio Okapi ivuga ko ejo ku wa Mbere imirwano ikomeye yasakiranyije M23 na FARDC yageragezaga kuyirukana muri kariya gace gakungahaye ku mabuye y’agaciro, ariko biba iby’ubusa.

Ni imirwano kandi ingabo za leta ya Kinshasa zakoreshejemo za drones z’intambara zarashe imisozi ya Mulunga, Chirwa, Nyamarhege, Mulamba na Kaniola.

Amakuru avuga kandi aho gusubira inyuma, M23 na yo yari ifite intwaro ziremereye yagerageje kwigira imbere ngo ifate utundi duce turimo Mwenga-Centre na Kamituga.

Uyu mutwe icyakora ngo na wo wakomwe mu nkokora na FARDC na Wazalendo bamaze gushinga ibirindiro bikomeye mu duce twa Culwe, Lubimbe na Ngando duherereye mu bilometero bibarirwa muri 20 uvuye i Nzibira.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *