Ku wa Kabiri, itariki ya 16 Mata, ahagana mu ma saa munani, umunyamakuru w’Umurundikazi, Gérardine Ingabire, w’impunzi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo akaba n’umukozi wa Radiyo y’abaturage, Amani FM, yafatiwe muri Malindi n’abakozi ba komisiyo y’igihugu ishinzwe impunzi (CNR). Ubu afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Mulongwe muri Teritwari ya Fizi, Intara ya Kivu y’Amajyepfo, mu burasirazuba bwa Congo.
Abatangabuhamya benshi bavuga ko Madamu Ingabire yatawe muri yombi ubwo yari agiye ku kazi.
Ibihuha byakwirakwiye mu gace atuyemo bimushinja ko gukorana n’umutwe w’inyeshyamba z’Abarundi witwa Red-Tabara, cyane cyane mu koroshya inama zawo no gucumbikira abayoboke b’umutwe.
Kuri iki cyiciro, ibyo birego ntabwo biremezwa n’amasoko yemewe nk’uko iyi nkuru dukesha SOS Medias Burundi ivuga.
Umutwe wa Red Tabara, ukorera mu burasirazuba bwa DRC kandi ushinjwa kugaba ibitero byinshi mu Burundi, ufatwa nk’umutwe w’iterabwoba n’abayobozi b’u Burundi ndetse na Congo.
CNR yanze kugira icyo itangaza kuri aya makuru . Ku ruhande rwa sosiyete sivile, imiryango y’abagore bakora mu itangazamakuru muri Fizi ni bo batangaje ifatwa rya mugenzi wabo.
Mu itangazo ryabwo, Ubuyobozi bwa Amani FM bwatangaje ko buhangayikishijwe cyane n’ifungwa ry’umunyamakuru wabo kandi bwamaganye byimazeyo ibyo ashinjwa.
![Gerardine-Ingabire–3800x2138_c {"remix_data":[],"remix_entry_point":"challenges","source_tags":["local"],"origin":"unknown","total_draw_time":0,"total_draw_actions":0,"layers_used":0,"brushes_used":0,"photos_added":0,"total_editor_actions":{},"tools_used":{"square_fit":1},"is_sticker":false,"edited_since_last_sticker_save":true,"containsFTESticker":false}](https://i0.wp.com/selective-aqua-hawk.162-0-220-79.cpanel.site/wp-content/uploads/2025/04/Gerardine-Ingabire-3800x2138_c-scaled.jpg?fit=1300%2C600&ssl=1)



