fc181bb_ftp-import-images-1-shel2frm7hnh-afp-783e9b8

France: Brigitte Macron yise abantu indaya mbi aratamazwa

Umugore wa Mbere mu Bufaransa kuri ubu, akaba umugore wa Perezida Emmanuel Macron yanenzwe nyuma y’amashusho yagiye hanze amwerekana atuka abaharanira uburenganzira bw’umugore abita indaya mbi (“dirty b****s”) mbere yo kwitabira igitaramo cyo gusetsa cya Ary Abittan, wigeze gushinjwa gufata ku ngufu.

Brigitte Macron, yateje urunturuntu nyuma yo gufatwa amashusho yita abigaragambyaga baharanira uburenganzira bw’umugore “indaya mbi” mbere yo kwitabira igitaramo cy’umunyarwenya, Ary Abittan, wahoze ashinjwa gufata ku ngufu.

Bivugwa ko ibi Macron yavugiye ibi ku Cyumweru inyuma ya stage y’inzu iberamo amakinamico ya Folies Bergère i Paris, aho yari yagiye n’umukobwa we, Tiphaine Auzière kureba igitaramo cya Abittan.

Mu mashusho ya videwo yasohowe ku wa Mbere n’ikinyamakuru cyo mu Bufaransa, Public, Abittan yabwiye Macron ko yagize ubwoba nyuma y’imyigaragambyo yaraye ibaye. Undi yamushubije aseka ati: “Niba hari indaya z’umwanda, turabasohora.”

Ku wa Gatandatu, impirimbanyi z’uburenganzira bw’abagore bo mu itsinda rya #NousToutes barahungabanije igitaramo cya Abittan, bambaye masike igaragaza isura ye n’amagambo agira ati “umuntu ufata ku ngufu” kandi baririmba ngo “Abittan afata ku ngufu.”

Abittan yashinjwaga gufata ku ngufu mu mpera za 2021 n’umugore bari bakundanye. Nyuma y’iperereza ry’imyaka itatu, abashinjacyaha bateye utwatsi iyi dosiye, urukiko rw’ubujurire rushimangira icyo cyemezo muri Mutarama. Kugaruka kwe mu kazi ke k’umunyarwenya byamaganwe n’amatsinda aharanira uburenganzira bw’abagore.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *