Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gasabo bwakiriye dosiye iregwamo umwana w’umukobwa w’imyaka 16 ukurikiranyweho icyaha cyo kwihekura.
Icyaha uyu mwana w’umukobwa akurikiranweho cyakozwe ku itariki 09 Kamena 2025 mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Rusororo.
Kuri uwo munsi nk’uko bitangazwa n’Ubushinjacyaha Bukuru, uyu mwana w’umukobwa yabwiye abo babana ko arwaye, bamujyanye kwa muganga, hamenyekana ko yabyaye.
Bamubajije aho yashyize umwana ababwira ko yaguye mu musarane, abaturage basenye uwo musarani basangamo umwana yapfuye.
Uyu mwana w’umukobwa ntiyemera ko yataye uwo mwana mu musarane ku bushake, ahubwo avuga ko yagiye mu bwiherero umwana akagwamo atabishaka.
Icyaha cyo kwihekura uyu mwana w’umukobwa akurikiranyweho giteganywa n’ingingo ya 8 y’Itegeko nº 059/2023 ryo ku wa 04/12/2023 rihindura ingingo ya 108 y’Itegeko nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.




