1000_F_252112100_FyUV8mTAOjlr9cZwMpo1DmULDC3OzLi5

Gasabo: Urubanza rw’umugabo ushinjwa kwica umwana nyuma yo kumusambanya rwapfundikiwe

Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo, rwaburanishije dosiye y’umugabo wishe umwana w’umukobwa nyuma yo kumusambanya, yarangiza akamutaba mu nzu ye.

Mu rubanza, uregwa yemeye ko yasambanyije uwo mwana yarangiza akamwica; asobanurira Urukiko ko yabitewe n’inzoga yari yanyoye kandi ko agira ikibazo cyo mu mutwe; abisabira imbabazi.

Ubushinjacyaha Bukuru dukesha iyi nkuru buvuga ko urubanza rwapfundikiwe, rukazasomwa ku itariki ya 14 Gashyantare 2025.

Icyaha cy’ubwicanyi buturutse ku bushake acyekwaho, giteganywa kandi kigahanishwa ingingo ya 107 y’itegeko no 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *