Umutoza wa Rutsiro FC, Gatera Moussa, yahagaritswe ku kazi ku wa 28 Mata 2025 nyuma y’uko ikipe ye itsinzwe na APR FC ibitego 5-0. Ubuyobozi bwa Rutsiro FC bumushinja umusaruro mubi, ariko Gatera arabihakana avuga ko ibyo bamurega bidafite ishingiro.
Mu kiganiro na B&B FM, Gatera yavuze ko yari afite intego zo kugeza ikipe mu makipe 10 ya mbere, kandi ubu iri ku mwanya wa gatanu. Avuga ko icyemezo cyafashwe kitubahirije amasezerano ye, cyane ko gutsindwa umukino umwe atari impamvu yo guhanwa.
Gatera yemeza ko agiye kwandika ibaruwa asubiza, agaragaza ingingo z’amasezerano ye, kugira ngo baganire ku buryo bwemewe n’amategeko. Yongeraho ko gutsindwa na APR FC atari igitangaza, kandi ko hari amakipe menshi yigeze kunyagirwa gutyo.
Rutsiro FC izakurikizaho gukina na Rayon Sports, ikiyobowe by’agateganyo n’Umutoza wungirije, Rubangura Omar.




